Urubyiruko rwo mu Karere ka Gakenke, nyuma yo gusura Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo Kubohora u Rwanda, yo ku Mulindi w’Intwali mu Karere ka Gicumbi, biyemeje kubakira ku bumwe, barinda ibyagezweho, mu kwihutisha iterambere ry’igihugu.
Umuyobozi wa Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge Bishop John Rucyahana, ahamagarira urubyiruko guhaguruka bagatahiriza umugozi umwe, mu gukumira akarengane ako ariko kose, kandi bagashishikarira gucukumbura ibyatuma amajyambere y’ibyo igihugu kimaze kugeraho, arushaho kwiyongera ndetse akaramba.
Abaturage bakoresha imihanda yangiritse, yo mu bice bitandukanye by’Akarere ka Burera, bagaragaza ingaruka zirimo imihahiranire n’imigenderanire batanoza uko bikwiye, bakadindira muri serivisi harimo no kugeza umusaruro ku masoko.
Isoko ry’amatungo magufi, ririmo kubakwa, mu Murenge wa Gatebe mu Karere ka Burera, rikaba riri hafi kuzura, abiganjemo aborozi bo muri uwo Murenge, kimwe n’abo mu Murenge wa Kivuye byegeranye, baremeza ko nibatangira kuricururizamo, bizaca akajagari, no guhendwa n’abamamyi, bahoraga babapfukamaho, bayabaguriraga ku giciro (…)
Imiryango 110 ituriye Igishanga cy’Urugezi mu Mirenge ya Kivuye na Gatebe mu Karere ka Burera, irishimira ko ibigega bifata amazi yashyikirijwe, bigiye gufasha abayigize guca ukubiri n’imvune baterwaga no kuvoma amazi y’ibirohwa muri icyo gishanga, yajyaga anabatera indwara.
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier, asanga abagifite imyumvire ituma bafata umuryango w’Urubyiruko rw’Abakorerabushake ‘Youth Volunteers’, nk’inzira y’ubusamo, abantu banyuramo kugira ngo babone amahirwe y’akazi bahemberwa cyangwa kuba abayobozi, ikwiye guhinduka, kuko aribwo n’indangagaciro zo gukorera Igihugu (…)
Abaturage bo mu Karere ka Gakenke, barakangurirwa kugira intego yo kwimakaza umuco w’Imihigo mu muryango, abawugize bagatahiriza umugozi umwe mu bituma babasha kuyesa, kuko aribwo iterambere ryawo rizarushaho gushinga imizi.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Rosemary Mbabazi, yagaragaye yiteye umwambaro uzwi nka ‘rumbiya’, ari muri gahunda yo kureba ibikorwa, by’umushinga wahanzwe na rwiyemezamirimo w’urubyiruko witwa Ngabo Karegeya, washinze Kompanyi yitwa ‘Ibere rya Bigogwe Tourism Company’, yita ku guteza imbere ubukerarugendo bushingiye ku (…)
Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Rosemary Mbabazi, asanga ba rwiyemezamirimo b’urubyiruko bo mu Karere ka Burera, hari intambwe ishimishije bakomeje gutera, mu kuvumbura no guhanga imishinga itanga ibisubizo by’iterambere; akarusaba gukomereza muri uwo murongo, bubakira ku bufatanye no kuzuzanya, kureba kure, kandi bagahanga (…)
Abaturage bo mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko amazi y’imvura yiroha mu mazu yabo, akanangiza imirima yabo, akomeje kubashyira mu gihirahiro; bagasaba inzego bireba gushaka uko iki kibazo kibonerwa umuti.
Inzu y’ubucuruzi iherereye mu mujyi rwagati wa Musanze, ahazwi nko kwa Kanuma, ahateganye n’inzu y’igorofa izwi nko kwa Gasore, yafashwe n’inkongi y’umuriro mu rukerera rwo ku wa Kabiri tariki 17 Mutarama 2023, ibicuruzwa byarimo hafi ya byose birahatikirira.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze, burizeza abaturage ko amavuriro y’ibanze (Poste de santé), aherereye mu Mirenge ya Musanze, Gataraga na Nyange, yari amaze umwaka urega yaruzuye, akaba atari yagatangiye guha abaturage serivisi, ubu hari gahunda y’uko muri Gashyantare 2023, azatangira gukora.
Abaturage biganjemo abo mu Murenge wa Musanze, ngo batewe impungenge n’abajura badukanye amayeri yo kwiba bitwaje imbwa z’impigi, bagasaba inzego bireba guhagurukira iki kibazo.
Ababyeyi b’abana barererwa mu ngo mbonezamikurire zizwi nka Home based ECDs yo mu Karere ka Musanze, bifuza ko zarushaho gufashwa kubakirwa ubushobozi, butuma abana baharererwa bajya barushaho kubona indyo yuzuye ya buri munsi, kandi amasaha abo bana bahamara akarushaho kwiyongera, kugira ngo ubuzima bwabo burusheho (…)
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage, Ingabire Assumpta, arasaba abagenerwabikorwa barimo abahemberwa imirimo y’amaboko bakora, abahabwa amafaranga y’inguzanyo cyangwa ay’inkunga y’ingoboka muri gahunda ya VUP, ko mu gihe bayakoresheje neza, ari imbarutse n’uburyo (…)
Mu nka zisaga 327,558 zibarizwa mu Ntara y’Amajyaruguru, izigera ku 86,649 ni izimaze guhabwa imiryango itishoboye yo muri iyi Ntara, muri gahunda ya Girinka Munyarwanda, kuva yatangira mu mwaka wa 2006.
Abiganjemo abaturiye n’abarema isoko rya Gahunga, bahangayikishijwe n’umugabo ufite uburwayi bwo mu mutwe ukubita abantu akabakomeretsa, akagerekaho no kwangiza isoko, aho bahamya ko nta gikozwe ngo avuzwe mu maguru mashya, yazarisenya burundu bagasubira gucururiza mu mihanda no ku gasozi.
Umugabo witwa Ndamiyabo Ferdinard, yapfiriye mu nzu igenewe gukorerwamo imyitozo ngororamubiri (Gym), iherereye mu mujyi wa Musanze.
Abana babiri b’abahungu, basanzwe mu nzu bamaze gushiramo umwuka, bazize imbabura nyina yari yasize mu nzu yaka.
Abajyanama b’Ubuzima bo mu Karere ka Burera, batangiye kubaka Hoteli, izatwara akabakaba miliyoni 800Frw, yitezweho korohereza abagana ako Karere kubona aho bacumbika.
Inzego zifite aho zihurira n’ibikorwa byo kubungabunga ubuzima zo mu turere twa Burera na Rulindo, ziyemeje kongera ubukangurambaga busobanurira abaturage kumenya uburyo bwo kwirinda indwara ya Malariya no kuyivuza hakiri kare.
Imihanda yo mu mu Karere ka Musanze, cyane cyane iya kaburimbo, ikunze kugaragaramo abatwara abagenzi cyangwa imizigo ku magare(Abanyonzi), bayatwara bafashe ku binyabiziga biba byiganjemo amakamyo, Fuso cyangwa Daihatsu, yaba apakiye cyangwa adapakiye.
Imibare y’abantu bahitanwe n’impanuka yiturika ry’ikamyo yari itwaye gaz, iheruka kubera mu gace k’iburasirazuba bw’umujyi wa Johannesburg, mu ijoro rya Noheli, ikomeje kwiyongera, aho ubu habarurwa abagera kuri 34, barimo 10 b’abakozi bo mu bitaro byegereye agace yabereyemo.
Muri 2022, urwego rw’Uburezi mu Rwanda rwagaragayemo ibikorwa n’impinduka zitandukanye, harimo izijyanye n’ingengabihe y’umwaka w’amashuri, izamurwa ry’umushahara wa mwarimu, amasaha yo gutangiriraho amasomo; Minisiteri y’Uburezi yakunze kugaragaza ko zigamije kurushaho kuzamura ireme ry’Uburezi.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyaruguru, itangaza ko muri uyu mwaka, ibyaha birimo icy’ubujura buciye icyuho, magendu, kwambukiranya imipaka mu buryo butemewe, gukubita no gukomeretsa, ari byo byagaragaye cyane mu Ntara y’Amajyaruguru.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze, bugaragaza ikibazo cy’ibikorwaremezo byorohereza ishoramari birimo imihanda, amashanyarazi n’amazi meza, bitaragezwa mu cyanya cy’inganda cy’ako Karere, nka bimwe mu bikomeje gukoma mu nkokora gahunda yo kuhubaka inganda.
Kamanzi Ernest wari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, ahagarariye urubyiruko yeguye kuri iyi mirimo.
Minisiteri y’Uburezi yagaragaje gahunda ivuguruye y’amasaha mashya y’ishuri, izatangira gukurikizwa guhera tariki 1 Mutarama 2023.
Nyirandinganire Denyse wubakiwe inzu hamwe na bagenzi be b’abanyamurango ba RPF-Inkotanyi mu Karere ka Musanze, barahamya ko uyu muryango kuva ubayeho, imibereho n’ubukungu bya benshi byiyongera umunsi ku wundi; ibyo bikaba igihamya cy’iterambere rirambye no mu hazaza.
Ibitaro bikuru bya Ruhengeri, byashyikirijwe ibikoresho byifashishwa mu gukora inyunganirangingo n’insimburangingo, byitezweho korohereza abantu bafite ubumuga babigana kugerwaho na serivisi, bitabasabye koherezwa kuzishakira mu bindi bitaro bya kure.