MENYA UMWANDITSI

  • Abitabiriye ibiganiro bya BNR

    Muri Nyabihu, ’ifaranga ryose ni iry’umugabo’

    Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) irakangurira abagore kwitabira gukoresha ikoranabuhanga rya telefoni muri serivisi z’imari, kuko ari ingenzi mu kuzamura iterambere bagizemo uruhare.



  • Mfitumukiza arashaka uwamukiza

    Umubyeyi witwa Mukanoheli Grace wo mu Kagari ka Kabeza mu Murenge wa Cyuve Akarere ka Musanze, aratakamba asaba abagiraneza kumugirira umutima w’impuhwe, bakamufasha kubona amafaranga angana na Miliyoni eshatu n’igice y’u Rwanda, kugira ngo umwana we w’umuhungu avurwe kandi akire ubumuga bw’ingingo bukomeje kumuzahaza.



  • Abikorera bashyize indabo ku mva iruhukiyemo imibiri isaga 800 mu rwibutso rw

    Imari yanyu si iyo gushora mu bikorwa bisenya Igihugu - Guverineri Mugabowagahunde

    Abagize Urugaga rw’Abikorera (PSF) bo mu Karere ka Musanze, bibukijwe ko amahirwe y’ishoramari bafite ubu atari ayo gushora mu bikorwa bisenya Igihugu n’ibindi bidafite umumaro, ahubwo ko bakwiye kuyakoresha mu gusigasira ibyagezweho.



  • Ni isoko rizaba riri ku rwego rumwe n

    Ikibazo cy’umusaruro w’imboga n’imbuto wangirikaga kigiye kubonerwa igisubizo

    Abahinzi b’imboga n’imbuto biganjemo abo mu Ntara y’Amajyaruguru, bagiye kubakirwa isoko rihuriweho, bazajya bagurishirizaho umusaruro w’ibyo bihingwa, ryitezweho koroshya uruhererekane nyongeragaciro rw’imboga n’imbuto, kongera ubuziranenge no gukemura ibibazo by’igihombo baterwaga n’umusaruro wangirikaga.



  • Ndungutse hamwe n

    Uwo yatekerezaga ko azamubera umutwaro yamubereye igisubizo - Ubuhamya

    Ndungutse Leopord, ni umwe mu babyeyi babona gahunda ya ‘Tubarerere mu Muryango’ nk’uburyo bufasha abana kwigarurira icyizere, no kwiyumva nk’abandi mu muryango kuruta kubaho batagira abo bita abavandimwe cyangwa ababyeyi.



  • Burera: Bararaga barwana n’ibisimba none babonye ubwugamo

    Imiryango 348 yo mu Karere ka Burera, ku wa kabiri Kamena yashyikirijwe inzu nshya yubakiwe, yiruhutsa kubaho isembera nyuma yo gukurwa mu byabo n’ibiza byibasiye amanegeka bari batuyemo.



  • Ubushakashatsi bwerekana ko umuntu umwe kuri 20 afite indwara itandura

    Umuntu umwe kuri 20 afite indwara itandura - Ubushakashatsi

    Abanyeshuri n’Abarimu bo muri Kaminuza y’u Rwanda Ishami ryigisha Ubuhinzi, ubumenyi n’ubuvuzi bw’amatungo (UR-CAVM), iherereye mu Karere ka Musanze, basanga igihe kigeze ngo abantu bitabire kwibanda ku mirire n’imyitwarire ituma bakumira indwara zitandura, zugarije abatari bacye muri iki gihe.



  • Abamurika bagaragaza ibyo bakora bifite aho bihuriye no kuzamura imyumvire y

    Basanga kwitabira imurikabikorwa atari ubutembere ahubwo ari ukwiga

    Mu Karere ka Burera hatangijwe imurikabikorwa rigiye guha abaturage urubuga mu kumenya ibibakorerwa, gusobanukirwa icyerekezo cy’Igihugu n’uruhare rwabo mu rugendo rwo kwikura mu bukene, bityo bagasanga kuryitabira atari ubutembere ahubwo ari ukwiga.



  • Gakenke: Abaturage baremeye Imiryango 17 y’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

    Abaturage bo mu Murenge wa Kamubuga mu Karere ka Gakenke, baremeye imiryango y’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, amatungo magufi agizwe n’intama, banayiha ibiribwa hamwe n’ibikoresho by’isuku.



  • Inzu yahihe n

    Musanze: Inkongi yibasiye inzu y’ubucuruzi hakekwa Gaz

    Inzu y’ubucuruzi y’ahazwi nko ‘Kuri 40’ yafashwe n’inkongi y’umuriro ibyarimo birashya birakongoka, bikekwa ko yatewe n’iturika rya Gaz.



  • Abana ibihumbi 22 bataye ishuri mu Majyaruguru

    Amajyaruguru: Abana ibihumbi 22 bataye ishuri, harakorwa iki ngo barigarukemo?

    Abana babarirwa mu bihumbi 22 ni bo babaruwe mu Ntara y’Amajyaruguru bataye ishuri, muri uyu mwaka w’amashuri wa 2024-2025. Ni ikibazo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Irere Claudette, yagaragaje ko buri muntu wese akwiye kugira icyo agikoraho, umubare munini w’abo bana ukagabanuka basubizwa mu ishuri.



  • Munderere yabaye umworozi w

    Iwawa hamuhinduye rwiyemezamirimo, ibikorwa bye bihagaze Miliyoni 300Frw

    Munderere Viateur, wigeze gusarikwa n’ibiyobyabwenge kugeza ku rwego byamuviriyemo kujyanwa kugororwa mu Kigo cy’Igororamuco cya Iwawa, akigishwa amasomo harimo n’ajyanye n’umwuga w’ubuhinzi n’ubworozi, ubu yabaye rwiyemezamirimo watanze akazi ku buryo abo mu gace k’aho akorera umushinga we, bamufata nk’icyitegererezo.



  • Avoka, imari nshya abahinzi b’i Nyanza bazaniwe na SAIP

    Abahinzi bo mu Karere ka Nyanza bari barazahajwe n’ingaruka zo guhinga barumbya imyaka kubera ubutaka busharira bayobotse ubuhinzi bwitaweho bwa Avoka bakorera ku butaka buhuje, bakaba bategereje umusaruro uzatuma bihaza mu biribwa bakanasagurira amasoko.



  • Rulindo: Imana yahaye abahinzi imvura ibongereraho urugomero rwa Muyanza

    Abahinga mu cyanya cyuhirwa n’urugomero rwa Muyanza bavuga ko kuva batangira kwitabira uburyo bwo kuhira imyaka umusaruro wiyongereye mu bwinshi ndetse no mu ireme.



  • Kumara amezi atanu bakora badahembwa bibangamiye imibereho yabo

    Burera: Hari abakorera Poste de Santé basaba guhembwa ibirarane by’amezi 5

    Bamwe mu bakora mu mavuriro mato azwi nka ‘Poste de Santé’ yubatswe ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda mu Karere ka Burera, bavuga ko bakomeje kuba mu ihurizo ry’imibereho ibagoye mu miryango yabo, biturutse ku kuba bamaze amezi arenga atanu badahembwa, bakaba basaba gukemurirwa icyo kibazo.



  • Bashyize indabo ku mva yo ku Rwibutso rwahoze ari Cour d

    Ibitaro bya Ruhengeri bigiye gukora ubushakashatsi ku makuru y’Abatutsi babyiciwemo muri Jenoside

    Ubushakashatsi buzasesengura amakuru y’Abatutsi biciwe mu bitaro bikuru bya Ruhengeri mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, bwitezweho gukemura ibibazo bimaze imyaka 31 abayirokotse bahora bibaza, aho batasibye gusaba umuntu wese waba afite ibyo azi, ku makuru y’ababo bahiciwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kugeza ubu (…)



  • Imiryango ifite abana bari mu mirire mibi yirojwe inkoko zitera amagi ngo bajye babona ibyunganira amafunguro bategurira abana

    Burera: Biyemeje gukura abana bose mu mirire mibi bitarenze amezi atatu

    Abagore n’Urubyiruko bagize Urugaga Rushamikiye ku Muryango RPF-Inkotanyi bo mu Karere ka Burera, batangije ubukangurambaga bufatwa nk’umuyoboro wo guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi n’igwingira ry’abana.



  • Burera: Abashoramari ijana bategereje gutangira imishinga y’ubukerarugendo

    Ku wa 17 Mata, inzego zifite aho zihuriye n’ishyirwa mu bikorwa ry’imikoreshereze y’ ubutaka mu Karere ka Burera, zahuriye mu biganiro nyunguranabitekerezo, bigamije kurebera hamwe ibizibandwaho mu kunonosora igishushanyombonera, kugira ngo bagire amakuru yimbitse ashobora gufasha abaturage n’abashoramari kuzajya bagishyira (…)



  • Musanze: Imodoka yafashwe yikoreye inzoga zitujuje ubuziranenge

    Iyo modoka yari ipakiye Litiro 2,720 z’inzoga mu majerekani n’ingunguru byari byuzuye, izivanye mu Murenge wa Rugera mu Karere ka Nyabihu, ikaba yafashwe na Polisi y’u Rwanda ubwo yarimo yerekeza mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanze ku wa Kane tariki 27 Werurwe 2025.



  • Bafatanywe toni 40 z

    Amajyaruguru: Abantu 13 batawe muri yombi bazira magendu

    Abantu 13 bakoraga ubucuruzi bw’ibishyimbo mu buryo bwa magendu, bo mu Turere twa Burera na Gicumbi, batahuwe na Polisi bagerageza kwambutsa Toni zisaga 40, babijyanye mu gihugu cy’abaturanyi ibata muri yombi.



  • Minisitiri w

    Umutekano umuturage atagizemo uruhare ntushobora kuramba - Minisitiri Gasore

    Mu gutangiza ibikorwa bya Polisi n’Ingabo z’u Rwanda, bigamije kuzamura imibereho myiza n’iterambere by’abaturage, igikorwa cyabereye mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, kuri uyu wa Mbere tariki 17 Werurwe 2025, Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore, yavuze ko umutekano umuturage atagizemo uruhare udashobora (…)



  • Abantu barakangurirwa kureka gucukura amabuye y

    Rulindo: Abantu 9 bafashwe bacukura amabuye y’agaciro binyuranyije n’amategeko

    Abo bantu bari bitwikiye ijoro, bafatiwe mu cyuho ubwo barimo bacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko, mu birombe bitagikorerwamo biherereye mu Mirenge ya Base, Rukozo na Cyungo mu Karere ka Rulindo.



  • Bamwe mu bafashwe bakekwaho ubujura bw

    Amajyaruguru: Abantu 27 bakekwaho ubujura bw’amatungo batawe muri yombi

    Abo bantu uko ari 27 bakekwaho ubujura bw’amatungo, barimo abafatanwe inka, ihene, intama ndetse n’inkwavu, bakaba bafatiwe mu turere tugize Intara y’Amayaruguru, muri gahunda yateguwe na Polisi y’u Rwanda yo kurwanya ubujura bw’amatungo, byakozwe hagati y’itariki 10 na 14 Werurwe 2025.



  • Basanga abanyeshuri batagaburirwa ibifite intungamubiri zihagije

    Abanyeshuri ntibagaburirwa ibifite intungamubiri zihagije - Ubushakashatsi

    Abashakashatsi bo muri Kaminuza y’u Rwanda Ishami ry’Ubuhinzi, Ubworozi n’Ubuvuzi bw’Amatungo (UR-CAVM), na bamwe mu bakozi bo mu bigo bifite aho bihuriye no guteza imbere gahunda yo kugaburira abana ku mashuri, basanga igihe kigeze ngo ibigo by’amashuri bitere intambwe ikwiye mu kugaburira abana ibiribwa bikize ku ntungamubiri.



  • Igishushanyo mbonera kigaragaza imiterere y

    Musanze: Abafite ubumuga bashakiraga serivisi z’Ubugororangingo kure barasubijwe

    Mu Mudugudu wa Mata, Akagari ka Kabirizi mu Murenge wa Gacaca w’Akarere ka Musanze, ni ho hatangiye kubakwa Ikigo kigenewe kwita ku bana bafite ubumuga bw’ingeri zitandukanye, kizaba gifite ubushobozi bwo kwakira abasaga 400; kikazajya gitanga n’ubujyanama ku babyeyi babo, buzatuma barushaho kugira ubumenyi buhagije butuma (…)



  • Bamwe mu bafashwe bakekwaho ubujura

    Amajyaruguru: Abantu 21 batawe muri yombi bakekwaho ubujura

    Abantu 21 bakekwaho icyaha cyo kwiba abaturage babambuye ibyo bafite mu ntoki, cyangwa batoboye inzu mu Turere twa Musanze na Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru, batawe muri yombi, biturutse ku mukwabu Polisi yakoze mu Mirenge imwe n’imwe y’utu Turere, hagamijwe kurwanya icyaha cy’ubujura.



  • Barasuzuma bakanavura indwara zo mu matwi

    Indwara zo mu matwi muri 20 zivuzwa na benshi - RBC

    Mu bitaro bikuru bya Ruhengeri, kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, hatangijwe ku mugaragaro ubuvuzi bw’indwara zo mu matwi, mu muhogo no mu mazuru, igikorwa cyahujwe no kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wo Kumva.



  • Umusaruro mubonye mwirinde kuwurwaniramo - Dr. Ngirente i Burera

    Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yagaragaje ko gucunga neza umusaruro w’Ibihingwa ari umusingi utuma intego zo kubahiriza no gushyira mu bikorwa gahunda za Leta zigamije kuzamura iterambere ry’umuryango zigerwaho.



  • Umwe mu bafashwe n

    Rulindo: Abantu 9 batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa kanyanga

    Abantu 9 bo mu Karere ka Rulindo barimo abazwiho gukora kanyanga n’abayicuruza, Polisi y’u Rwanda yabafatiye mu cyuho bari muri ibyo bikorwa ihita ibata muri yombi.



  • Abiga muri INES-Ruhengeri bamuritse imico y’ibihugu bakomokamo

    Abanyeshuri baturuka mu bihugu 14 birimo ibyo ku mugabane wa Afurika n’uw’u Burayi, biga mu Ishuri Rikuru ry’Ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri, bamuritse umuco w’ibihugu bakomokamo, igikorwa cyiswe “INES Interculturel Day” bahamya ko ari umwanya mwiza wo kurushaho gusabana no kumenya umwihariko w’imibereho ya bagenzi babo, (…)



Izindi nkuru: