Imirambo y’abantu bane mu baheruka kugwirwa n’ikirombe giherereye mu Mudugudu wa Kamatongo mu Kagari ka Budakiranya mu Murenge wa Cyinzuzi Umurenge wa Cyinzuzi mu Karere ka Rulindo, yakuwemo ihita ijyanwa mu Bitaro bya Rutongo, gukorerwa isuzumwa.
Ikirombe cyaridukiye abantu umunani bagicukuragamo amabuye y’agaciro, kugeza ubu abagera kuri batatu biracyekwa ko bahise bagipfiramo, mu bo cyagwiriye hakaba hari n’abakirimo gushikishwa irengero ryabo kuko bitazwi niba bakiri bazima cyangwa bapfuye.
Abacuruzi bo mu Ntara y’Amajyaruguru, bari kwigishwa uko ishoramari bakora, baribyazamo imishinga igamije kurengera ibidukikije hagamijwe kugabanya ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe, nk’ikibazo gikomeje guhangayikisha isi.
Mu mirenge itandukanye y’igice cy’Umujyi wa Musanze, hari gutunganywa site zishyirwamo imihanda mishya y’ibitaka, mu rwego rwo kunoza imiturire, kandi uretse n’ibi, abafite ubutaka hafi y’aho ziri gutunganywa, bishimira ko ubutaka bwabo bugiye kurushaho kugira agaciro, ndetse imigenderanire hagati yabo ikarushaho kunoga.
Umusore witwa Nahimana Eric yapfuye nyuma yo kumara icupa ry’inzoga y’urwagwa mugenzi we yari yamutegeye, ubwo bari mu kabari bishyira abaturage mu rujijo.
Abaturage bo mu Murenge wa Mulinga mu Karere ka Nyabihu, bamurikiwe ikiraro cy’abanyamaguru cyo mu kirere, bituma biruhutsa ingorane zo kutanoza imihahirane bitewe n’amazi cyane cyane yo mu gihe cy’imvura y’umuhindo cyangwa iyo mu gihe cy’itumba, yuzuraga ntibabone aho banyura, hakaba ubwo anabateje impanuka zo (...)
Kimwe n’ahandi mu Gihugu, abaturage bo mu Karere ka Musanze bazindukiye mu gikorwa cy’Amatora ya Perezida wa Repubulika ndetse n’abagize Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze biganjemo abo mu Mirenge ikora kuri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, bagiye borozwa amatungo magufi muri gahunda ya ‘Intama ya Mituweli’, bavuga ko bikomeje kubafasha gutangira ubwisungane mu kwivuza ku gihe, ku buryo ubu batakirembera mu ngo.
Mu gikorwa cyo kwamamaza Paul Kagame, umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Mureshyankwano Marie Rose yafashe umwanya wo kuvuga ibigwi bye yagaragaje ko ibikorwa bye by’indashyikirwa bitivugira mu Rwanda gusa ahubwo byamaze kugera ku rwego rw’Isi aho amaze kubihererwa ibihembo byinshi mpuzamahanga.
Abaturage biganjemo abo mu Mirenge ya Cyanika, Kagogo n’indi byegeranye yo mu Karere ka Burera ikora ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda, basabwa kugira amakenga no kwirinda ababashora mu kunyura inzira zitemewe zizwi nka ‘Panya’ babizeza akazi n’ibindi bikorwa bibyara amafaranga yihuse, kuko ahanini bibakururira gushorwa (...)
Mu rugendo rw’Imyaka 30 ishize u Rwanda rwibohoye, ugendeye ku bikorwa bikubiye mu nkingi zirimo iy’Ubukungu, Imibereho myiza n’Imiyoborere, ni byinshi abaturage bo mu Turere tugize Intara y’Amajyaruguru bemeza ko byahinduye imibereho yaho, ku buryo kuri bamwe iyo uganiriye, bakubwira ko iyo basubije amaso inyuma (...)
Kuri uyu wa mbere tariki 8 Nyakanga 2024, mu Karere ka Musanze kimwe n’ahandi mu Gihugu abanyeshuri batangiye ibizamini bisoza icyiciro cy’amashuri abanza, basabwa kubahiriza amabwiriza yose agenga ibizamini no kutagira igihunga kugira ngo bazabashe gutsinda.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana, yahamagariye urubyiruko ruri mu Itorero Indangamirwa Icyiciro cya 14, gushyira imbere amahitamo y’ibyiza, kugira ngo mu cyerekezo Igihugu kirimo, bazabe ab’ingirakamaro.
Imiryango y’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ibarirwa mu 140, yo mu Karere ka Musanze, irimo ituye mu nzu zamaze gusaza, indi na yo ikaba itagira aho ikinga umusaya, irimo abagaragaza ko bagikomwa mu nkokora mu rugendo barimo rwo kwiyubaka, bitewe n’icyo kibazo, bakifuza ko bafashwa kugikemura, na bo bakagendana (...)
Umukobwa w’imyaka 33 utarifuje ko amazina n’amajwi bye bijya mu itangazamakuru wo mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu, mu mwaka wa 2018 ubwo yari afite imyaka 27, mugenzi we wari inshuti ye, yamuhamagaye kuri telefoni amubwira ko hari ahantu ashaka kumurangira akazi mu bihugu by’Abarabu, ndetse nyuma y’iminsi (...)
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’Imiti n’Ibiribwa Rwanda FDA, cyahagaritse ubwoko bw’imiti harimo ufite numero A4042 witwa EFFERARGAN VITAMIC C 500mg/200mg (“comprimé efferverscent), uzwiho kuvura indwara y’umutwe, ukaba warakozwe n’uruganda rwo mu gihugu cy’u Bufaransa, rwitwa UPSA SAS.
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Kayiranga Théobard, aburira abagishora abana mu mirimo y’ubucukuzi bwo mu birombe by’amatafari, ubucuruzi bw’ibisheke, ubuconco n’indi mirimo ibujijwe ku bana bagamije kubabyazamo amafaranga, ko bikomeje kuvutsa abo bana uburenganzira bw’ishuri (...)
Manzi Jean Luc na Ashimwe Rugwiro Gabriella, biga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza, bavumbuye uburyo bushobora kwifashishwa mu gucunga umutekano w’inyubako zihuriramo abantu benshi no kunoza isuku yazo hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Abaturage bo mu Karere ka Burera bishimira ko kuba baregerejwe Ibitaro bivura indwara ya Kanseri bya Butaro hiyongeyeho na Kaminuza Mpuzamahanga y’Ubuvuzi n’Ubuzima University of Global Health Equity (UGHE), byatumye barushaho kumenya iyo ndwara, aho ubu batakiyitiranya n’amarozi nk’uko byahoze mbere.
Mu gihe imyaka ishize ari myinshi abaturage bagaragaza ingorane baterwa no kuba amazi meza bayabona mu buryo bugoranye, Umuyobozi w’Akarere ka Burera, atanga icyizere cy’uko inyigo y’umushinga mugari wo kubaka uruganda rutunganya amazi, nibura mu kwezi kutarenga kumwe izaba yarangiye hagakurikiraho gutangira kw’imirimo yo (...)
Hirya no hino mu bice by’umujyi wa Musanze no mu nkengero zawo hamwe no mu bice by’icyaro, mu masaha y’urukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu tariki 22 Kamena 2024, abaturage benshi bari bamaze gusesekara mu mihanda, babukereye na morale nyinshi, barimo berekeza ku kibuga kinini kiri I Busogo, aho umukandinda w’Umuryango RPF (...)
Abanyamabanga Nshingwabikorwa bane barimo ab’Imirenge n’ab’Utugari batungwa agatoki kutuzuza inshingano no gukoresha ububasha bahabwa n’itegeko ibiri mu nyungu zabo bwite, birukanywe ku mirimo.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari tugize Akarere ka Burera, bashyikirijwe moto nshya, bavuga ko zije kuba igisubizo cy’imbogamizi bagiraga zo kudacyemura ibibazo by’abaturage ku gihe, bitewe n’ingendo ndende zivunanye bakoraga badafite uburyo babageraho.
Mu muhango wo gutaha ku mugaragaro inyubako y’ibiro nshya by’Akarere ka Burera, yuzuye itwaye Miliyari 2 na Miliyoni 996, abaturage bagaragaje ko babyitezeho imitangire ya serivisi itabasiragiza kuko noneho yo ijyanye n’igihe ndetse ikaba inagutse.
Abasore n’inkumi bitabiriye irushanwa ry’isiganwa ry’abatwara abagenzi ku magare rizwi nka “Visit Musanze Tournament 2024” bo mu Karere ka Musanze, bahize abandi bashyikirijwe ibihembo, biyemeza kurangwa n’imyitwarire ibahesha agaciro, bagakuraho urujijo ku bafata umwuga wabo nk’akazi kadafite icyo kamaze.
Umusore witwa Dufitumugisha Desiré, bamusanze hafi y’igisimu cyahoze gicukurwamo amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa gasegereti yamaze gushiramo umwuka.
Abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga basanga hari imbogamizi zikomeye zituruka ku kuba ururimi rw’amarenga rutaremerwa gukoreshwa mu Rwanda ku rwego rumwe n’izindi ndimi zemewe, kuko hari serivisi nyinshi n’uburenganzira batabona mu buryo bwuzuye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera buratangaza ko guhera ku wa Kane tariki 13 Kamena 2024, buzaba buri gukorera mu nyubako nshya yubatswe mu buryo bujyanye n’igihe, iheruka kuzura mu Kagari ka Kabona mu Murenge wa Rusarabuye.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, avuga ko abagihisha amakuru y’ahari imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro y’Abatutsi bazize Jenoside, ari abo kunengwa kuko babangamira inzira y’Ubumwe, Kwiyubaka n’Ubudaheranwa abanyarwanda bahisemo.
Ubuyobozi bwa IBUKA mu Karere ka Musanze, burakangurira abaturage kugendera kure ingengabitekerezo ya Jenoside, no gukumira abagifite imyitwarire iganisha ku gusubiza inyuma ibyo abanyarwanda bagezeho, mu rugendo bamazemo imyaka isaga 30, rwo kubaka igihugu.