MENYA UMWANDITSI

  • Abayobozi baha umwe mu bitandukanyije na FDLR ibikoresho by

    Abitandukanyije n’imitwe yitwara gisirikare bahawe ibikoresho bijyanye n’imyuga bize

    Abatahutse mu Rwanda bavuye mu mitwe yitwara gisirikari, ibarizwa mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), bahawe ibikoresho by’imyuga, babitezeho kubabera imbarutso yo gushyira mu bikorwa no kunoza imishinga yo kwiteza imbere.



  • Musoni Straton yatunguwe n

    Musoni Straton wabaye Visi Perezida wa FDLR arashima uko yakiriwe mu Rwanda

    Musoni Straton, wahoze ari Visi Perezida w’Umutwe w’inyeshyamba za FDLR, kimwe n’abandi bitandukanyije n’imitwe yitwara gisirikari ibarizwa mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), bahamya ko bicuza igihe batakaje, mu bikorwa bihungabanya umutekano w’u Rwanda, bagahamagarira abakiri mu bikorwa nk’ibyo (…)



  • Ubuyobozi bw

    Covid-19 yakerereje imirimo yo kubaka ibiro bishya by’Akarere ka Burera

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera, buvuga ko igihe bwari bwihaye cy’imyaka ibiri, cyo kuba kujuje inyubako y’ibiro bishya by’ako karere, gishobora kwiyongeraho andi mezi macye, bitewe n’uko imirimo yagiye ikererezwa n’icyorezo cya Covid-19.



  • Abashyitsi bitabiriye uyu muhango bafashe ifoto y

    Abapasiteri n’Abadikoni bo mu Itorero Angilikani basabwe gukumira ibibazo byugarije umuryango

    Abadikoni n’Abapasiteri 21 b’Itorero Angilikani Diyosezi ya Shyira, nyuma yo kurobanurwa, bahawe umukoro wo gusesengura ibibazo byugarije umuryango no kubishakira ibisubizo, kugira ngo uruhare rw’itorero mu iterambere, rurusheho kugaragara.



  • Abo bahoze ari abarimu barasaba guhabwa ibyo bemererwa n

    Burera: Abari abarimu barizezwa kwishyurwa ibirarane n’imperekeza bimaze imyaka 23

    Abahoze ari abarimu bo mu Karere ka Burera, bavuga ko babangamiwe no kuba bamaze imyaka 23, basiragira ku mafaranga y’ibirarane by’imishahara, ay’ubwiteganyirize ndetse n’imperekeza batigeze bahabwa kuva basezererwa ku kazi, ubuyobozi bw’ako karere ariko burabizeza ko mu ngengo y’imari y’umwaka utaha bazishyurwa ibyabo.



  • Gakenke: Abantu babiri bapfiriye mu kirombe cy’amabuye y’agaciro

    Abantu bane bari mu kirombe bagerageza gucukura amabuye y’agaciro, babiri bibaviramo kuhasiga ubuzima. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Murehe, Akagari ka Rukore mu Murenge wa Cyabingo, mu Karere ka Gakenke, ku wa Gatandatu tariki 18 Gashyantare 2023, mu masaha y’igicamunsi.



  • Imirimo yo kubaka Ikigo cy

    Musanze: Imirimo yo kubaka Ikigo cy’Urubyiruko igeze kuri 51,2%

    Inzego zikurikiranira hafi imirimo yo kubaka Ikigo cy’Urubyiruko cy’Akarere ka Musanze, ziratangaza ko igeze ku kigero cya 51,2% ishyirwa mu bikorwa. Iki kigo kizuzura gitwaye Miliyari 1 na Miliyoni 700 z’amafaranga y’u Rwanda, kirimo kubakwa mu mujyi rwagati wa Musanze, mu Kagari ka Mpenge, Umurenge wa Muhoza; (…)



  • Urwo rubyiruko rwatahanye ingamba z

    Abamaze umwaka bagororerwa Iwawa batashye biyemeje kuba intangarugero

    Urubyiruko rwo mu Karere ka Musanze rwari rumaze umwaka rugororwa mu kigo Ngororamuco cya Iwawa, ruratangaza ko amasomo bahigiye yatumye barushaho kwitekerezaho, biyemeza guhindura imyitwarire mibi bahoranye, ubu bakaba batahanye ingamba zo kuba intangarugero mu miryango bakomokamo kandi bakarangwa n’umwete.



  • Burera: Ayo bizigamiye yarariwe none babuze icyo bishyura ubwisungane mu kwivuza

    Abaturage bibumbiye mu itsinda ryitwa “Ngobyi Dutabarane Karambi II” bari mu gihirahiro, nyuma y’aho amafaranga bari barakusanyije, ngo bishyure ubwisungane mu kwivuza, yarigishijwe n’umwe muri bo, kugeza ubu akaba akomeje kwanga kuyabasubiza.



  • Nsanzumuhire Barthazar ahamya ko imbuto y

    Abahinze imbuto y’ibigori ituburirwa mu Rwanda barashima umusaruro itanga

    Abahinzi b’ibigori bo mu Turere twa Burera na Gakenke, bavuga ko imbuto nshya zabyo zatuburiwe mu Rwanda, bamaze iminsi bageragereza mu mirima ntangarugero, zikomeje kugaragaza umwihariko mu bwiza ndetse n’umusaruro, ku buryo ubu batakirambirije ku bundi bwoko bw’imbuto zaturukaga hanze.



  • Minisitiri Bizimana yibukije Intagamburuzwa za AERG guhamya igihango bafitanye n

    Minisitiri Bizimana yahamagariye Intagamburuzwa za AERG gukomera ku gihango bafitanye n’Igihugu

    Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, asanga urubyiruko nirusigasira indangagaciro z’Ubunyarwanda, rwirinda gutatira igihugu, kutagisebya kandi rugashyira imbaraga mu kuvuguruza abakivuga uko kitari; ari bumwe mu buryo bwo guhamya nyabyo igihango rufitanye na cyo.



  • Mu bibazo abaturage bagaragarije Umuvunyi Mukuru birimo n

    Burera: Ikirombe gicukurwamo amabuye cyabashyize mu manegeka

    Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Umuvunyi, Nirere Madeleine, abaturage baherutse kumugaragariza impungenge bakomeje guterwa n’amazu batuyemo, bavuga ko yenda kubahirimaho, biturutse ku kirombe gicukurwamo amabuye, cyabateye kuba mu manegeka; bagahamya ko nta gikozwe mu maguru mashya, ayo mazu ashobora kuzabahirimaho, (…)



  • Burera: Batangiye kuvugurura centre bakoresheje uburyo bwo komeka amakaro ku nzu zaho

    Abafite inzu z’ubucuruzi, zo muri Centre y’ubucuruzi ya Kivuye, baravuga ko amakaro bakomeje kuyafata nk’inkingi ya mwamba mu rugendo barimo, rwo kunoza isuku no kubaka ibiramba.



  • Abarimo n

    Burera: Miliyari icyenda zigiye gukoreshwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru, buratangaza ko bwamaze gushyikirizwa Miliyari 9 z’amafaranga y’u Rwanda azifashishwa mu gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi, ku buryo bitarenze umwaka utaha wa 2024, kutagira amashanyarazi muri ako Karere bizaba byabaye amateka.



  • Babiri bakomerekeye mu mpanuka y’imodoka ebyiri zagonganye

    Mu Murenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yagonganye na Ritco hakomereka abantu babiri. Iyo mpanuka yabaye mu ma saa kumi z’umugoroba wo ku wa Gatatu tariki 8 Gashyantare 2023, ubwo izi modoka zombi zari zigeze mu makorosi y’umuhanda wa kaburimbo mu Mudugudu wa Bigogwe, Akagari ka (…)



  • Muri ibi birori banasabanye mu mukino w

    Amajyaruguru: Bizihije Umunsi w’Intwari biyemeza gusigasira ibyo zaharaniye (Amafoto)

    Kimwe n’ahandi mu gihugu, mu Turere twose tugize Intara y’Amajyaruguru, ku wa gatatu tariki 01 Gashyantare 2023, abaturage bifatanyije n’ubuyobozi mu nzego zitandukanye, kwizihiza Umunsi w’Intwari, bishimira ko ibyo u Rwanda rumaze kugeraho, bikomoka ku kwiyemeza, ubushake n’umurava byaranze izo ntwari z’u Rwanda.



  • Basuye Ingoro Ndangamateka y

    Basuye Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo kubohora Igihugu biyemeza kurinda ibyagezweho

    Urubyiruko rwo mu Karere ka Gakenke, nyuma yo gusura Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo Kubohora u Rwanda, yo ku Mulindi w’Intwali mu Karere ka Gicumbi, biyemeje kubakira ku bumwe, barinda ibyagezweho, mu kwihutisha iterambere ry’igihugu.



  • Urubyiruko 469 ni bo bitabiriye Intako rusange ya RPF-Inkotanyi

    Urubyiruko rushamikiye kuri FPR-Inkotanyi rwasabwe kutareberera icyasubiza inyuma amajyambere

    Umuyobozi wa Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge Bishop John Rucyahana, ahamagarira urubyiruko guhaguruka bagatahiriza umugozi umwe, mu gukumira akarengane ako ariko kose, kandi bagashishikarira gucukumbura ibyatuma amajyambere y’ibyo igihugu kimaze kugeraho, arushaho kwiyongera ndetse akaramba.



  • Uburyo bwo gutunganya umuhanda hakoreshejwe itaka batsindagira mu mifuka, buratanga igisubizo

    Burera: Umuganda wibanze ku gusana imihanda no kubakira abatishoboye

    Abaturage bakoresha imihanda yangiritse, yo mu bice bitandukanye by’Akarere ka Burera, bagaragaza ingaruka zirimo imihahiranire n’imigenderanire batanoza uko bikwiye, bakadindira muri serivisi harimo no kugeza umusaruro ku masoko.



  • Imirimo yo kubaka iri soko igeze kuri 80%

    Burera: Hagiye kuzura isoko rizaca akajagari mu bucuruzi bw’amatungo

    Isoko ry’amatungo magufi, ririmo kubakwa, mu Murenge wa Gatebe mu Karere ka Burera, rikaba riri hafi kuzura, abiganjemo aborozi bo muri uwo Murenge, kimwe n’abo mu Murenge wa Kivuye byegeranye, baremeza ko nibatangira kuricururizamo, bizaca akajagari, no guhendwa n’abamamyi, bahoraga babapfukamaho, bayabaguriraga ku giciro (…)



  • Abahawe igigega biyemeje kubifata neza kuko bibaruhuye imvune

    Burera: Imiryango 110 ituriye Igishanga cy’Urugezi yahawe ibigega bibika amazi

    Imiryango 110 ituriye Igishanga cy’Urugezi mu Mirenge ya Kivuye na Gatebe mu Karere ka Burera, irishimira ko ibigega bifata amazi yashyikirijwe, bigiye gufasha abayigize guca ukubiri n’imvune baterwaga no kuvoma amazi y’ibirohwa muri icyo gishanga, yajyaga anabatera indwara.



  • Urubyiruko rw

    ‘Youth Volunteers’ si inzira y’ubusamo ku bifuza akazi cyangwa kuyobora - Mayor Ramuli

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier, asanga abagifite imyumvire ituma bafata umuryango w’Urubyiruko rw’Abakorerabushake ‘Youth Volunteers’, nk’inzira y’ubusamo, abantu banyuramo kugira ngo babone amahirwe y’akazi bahemberwa cyangwa kuba abayobozi, ikwiye guhinduka, kuko aribwo n’indangagaciro zo gukorera Igihugu (…)



  • Amarushanwa mu mikino itandukanye mu Karere ka Gakenke ageze ku rwego rw

    Gakenke: Bifashishije siporo mu kwibutsa abaturage kwimakaza umuco w’Imihigo

    Abaturage bo mu Karere ka Gakenke, barakangurirwa kugira intego yo kwimakaza umuco w’Imihigo mu muryango, abawugize bagatahiriza umugozi umwe mu bituma babasha kuyesa, kuko aribwo iterambere ryawo rizarushaho gushinga imizi.



  • Uhereye ibumoso, Minisitiri Mbabazi, Ngabo Karegeya na Meya wa Nyabihu Mukandayisenga

    Minisitiri Mbabazi yagaragaye yambaye ‘rumbiya’ (Amafoto)

    Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Rosemary Mbabazi, yagaragaye yiteye umwambaro uzwi nka ‘rumbiya’, ari muri gahunda yo kureba ibikorwa, by’umushinga wahanzwe na rwiyemezamirimo w’urubyiruko witwa Ngabo Karegeya, washinze Kompanyi yitwa ‘Ibere rya Bigogwe Tourism Company’, yita ku guteza imbere ubukerarugendo bushingiye ku (…)



  • Minisitiri Mbabazi ubwo yasuraga uruganda rwa Kayitesi rutunganya kawunga

    Minisitiri Mbabazi yanyuzwe n’imishinga y’urubyiruko itanga ibisubizo ku iterambere

    Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Rosemary Mbabazi, asanga ba rwiyemezamirimo b’urubyiruko bo mu Karere ka Burera, hari intambwe ishimishije bakomeje gutera, mu kuvumbura no guhanga imishinga itanga ibisubizo by’iterambere; akarusaba gukomereza muri uwo murongo, bubakira ku bufatanye no kuzuzanya, kureba kure, kandi bagahanga (…)



  • Imidugudu ya Nsakira na Bugarama yugarijwe bikomeye n

    Nyabihu: Babangamiwe n’amazi y’imvura akomeje kubangiriza inzu n’imirima

    Abaturage bo mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu, bavuga ko amazi y’imvura yiroha mu mazu yabo, akanangiza imirima yabo, akomeje kubashyira mu gihirahiro; bagasaba inzego bireba gushaka uko iki kibazo kibonerwa umuti.



  • Ibicuruzwa byinshi byahatikiriye, abacuruzi barataka igihombo gikomeye

    Musanze: Inkongi y’umuriro yibasiye amaduka ibyarimo birakongoka

    Inzu y’ubucuruzi iherereye mu mujyi rwagati wa Musanze, ahazwi nko kwa Kanuma, ahateganye n’inzu y’igorofa izwi nko kwa Gasore, yafashwe n’inkongi y’umuriro mu rukerera rwo ku wa Kabiri tariki 17 Mutarama 2023, ibicuruzwa byarimo hafi ya byose birahatikirira.



  • Iyi ni imwe muri Poste de santé zimaze umwaka zuzuye ariko zidakora

    Musanze: Bishimiye ko ‘Poste de santé’ bubakiwe zigiye gutangira gukora

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze, burizeza abaturage ko amavuriro y’ibanze (Poste de santé), aherereye mu Mirenge ya Musanze, Gataraga na Nyange, yari amaze umwaka urega yaruzuye, akaba atari yagatangiye guha abaturage serivisi, ubu hari gahunda y’uko muri Gashyantare 2023, azatangira gukora.



  • Musanze: Abajura badukanye amayeri yo kujya kwiba bitwaje imbwa

    Abaturage biganjemo abo mu Murenge wa Musanze, ngo batewe impungenge n’abajura badukanye amayeri yo kwiba bitwaje imbwa z’impigi, bagasaba inzego bireba guhagurukira iki kibazo.



  • Minisitiri Ingabire yasuye, yahamagariye ababyeyi kugira uruhare rufatika mu bituma izo ngo zibasha kwita ku bana

    Musanze: Bifuza ko amarerero yo mu ngo yakongererwa ubushobozi

    Ababyeyi b’abana barererwa mu ngo mbonezamikurire zizwi nka Home based ECDs yo mu Karere ka Musanze, bifuza ko zarushaho gufashwa kubakirwa ubushobozi, butuma abana baharererwa bajya barushaho kubona indyo yuzuye ya buri munsi, kandi amasaha abo bana bahamara akarushaho kwiyongera, kugira ngo ubuzima bwabo burusheho (…)



Izindi nkuru: