MENYA UMWANDITSI

  • Amb. Charity Manyekure (umugore) yanyuzwe n

    Ambasaderi Manyekure yanyuzwe n’iterambere ry’ubukerarugendo mu Rwanda

    Ambasaderi wa Zimbabwe mu Rwanda, Charity Manyekure, aratangaza ko hari byinshi abashoramari bo mu gihugu cye biteguye kuza kwigira no kwagurira ibikorwa byabo mu Rwanda, mu rwego rw’ubukerarugendo, by’umwihariko bukorerwa mu Karere ka Musanze.



  • Bazayasoza amahugurwa bari ku rwego rwo guhugura abo mu nzego z

    Ba Ofisiye 23 barongererwa ubumenyi mu guhugura aboherezwa mu butumwa bwa UN

    Aba Ofisiye 23 baturutse mu bihugu 10 byo ku mugabane wa Afurika, kuva ku wa mbere tariki 15 Kanama 2022, batangiye amahugurwa, abera mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (Rwanda Peace Academy), giherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze.



  • Meya Ramuli(uhagaze hagati y

    Abanyeshuri bari mu biruhuko basabwe kurangwa n’imyitwarire myiza

    Abana n’urubyiruko bo mu Karere ka Musanze, baravuga ko gahunda y’Intore mu biruhuko, bakomeje kuyifashisha nk’umuyoboro bagaragarizamo uruhare rwabo mu myitwarire n’imibanire myiza, mu rwego rwo gukomeza gusigasira ibyiza Igihugu gifite ubu.



  • Musanze: Imodoka yaguye mu manga umuntu umwe arakomereka bikomeye

    Imodoka yo mu bwoko bwa Daihatsu yataye umuhanda igwa mu manga y’umusozi, umuntu umwe muri batatu bari bayirimo arahakomerekera bikomeye. Iyi modoka yari itwawe n’uwitwa Hakorimana Dieudonné, yari ipakiye ibirayi n’ibitoki, ibikuye mu isoko rya Vunga, riherereye mu Murenge wa Shyira Akarere ka Nyabihu, ikaba yerekezaga (...)



  • Ian Kagame mu basoje amasomo ya gisirikare mu Bwongereza

    Ian Kagame, umuhungu wa Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Kanama 2022, yasoje amasomo mu bya gisirikari, amushyira ku rwego rwa Sous-Lieutnent, mu birori bibereye ijisho byabereye ku cyicaro cy’Ishuri rya gisirikari rya Sandhurst(Royal Military Academy), riherereye mu majyepfo y’Umujyi wa Londres mu gihugu (...)



  • Amashuri y

    Amajyaruguru: Kongera ahigishirizwa imyuga bizafasha abajyaga kuyigira kure

    Nyuma y’aho bimariye kugaragara ko hari urubyiruko rwinshi, rukenera kwigira imyuga hafi yabo, ariko bakagorwa n’uko nta mashuri yabugenewe abegereye hafi, Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru, buvuga ko bugiye gushyira imbaraga mu kongera ibyumba bigenewe kwigishirizwamo imyuga(TVET); ibi bikazagenda byubakwa ku bigo (...)



  • Ibi bigega abubatsi basanze bimaze imyaka myinshi bitabye mu mbuga y

    Musanze: Bavumbuye ibigega bya lisansi bimaze igihe bitabye mu butaka

    Abaturage biganjemo abo mu mujyi wa Musanze, by’umwihariko abubakaga inzu y’igorofa iherereye mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Muhoza, Akagari ka Mpenge mu Mudugudu wa Rukoro, batangaye nyuma yo kuvumbura ibigega bya lisansi byari bimaze igihe bitabye mu mbuga y’ahari kuzamurwa igorofa.



  • Bifuza kubakirwa ibiro by

    Musanze: Bifuza kubakirwa ibiro by’Umurenge n’Utugari bisimbura ibishaje

    Abaturage bo mu Murenge wa Gashaki mu Karere ka Musanze, bifuza kubakirwa ibiro by’Umurenge n’iby’Utugari bishyashya, cyangwa inyubako bisanzwe bikoreramo zikavugururwa ku rwego rujyanye n’igihe; kuko bakomeje kubangamirwa n’imitangire ya serivisi bitewe n’uko zishaje kandi ari ntoya.



  • Guverineri Nyirarugero Dancille yavuze ko abirengagiza inshingano zo guhahira ingo bakayashora mu nzoga ntaho bataniye n

    Guverineri Nyirarugero yanenze abadahahira ingo bakamarira amafaranga mu nzoga

    Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille, aranenga abaturage bahugira mu tubari banywa inzoga, bakirengagiza inshingano zo guhahira ingo zabo, imyitwarire avuga ko ikomeje guteza ibibazo imiryango, bikabangamira imibanire, bigateza n’amakimbirane.



  • Mu Karere ka Musanze abayobozi n

    Amajyaruguru: Tumwe mu dushya twaranze Umuganura (Amafoto)

    Kimwe n’ahandi mu gihugu, mu Mirenge yose igize Intara y’Amajyaruguru, ku wa Gatanu tariki 05 Kanama 2022, hizihijwe umunsi w’Umuganura; uyu ukaba ari umunsi, uba buri wa Gatanu w’icyumweru cya mbere cy’ukwezi kwa Kanama.



  • Akarere ka Gakenke kaza imbere y

    Amajyaruguru: 58% by’ubutaka buhingwa bwibasiwe n’isuri

    Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Kayisire Marie Solange, arasaba inzego zitandukanye mu Ntara y’Amajyaruguru, gufatanya zikagabanya ubuso bw’ubutaka bwangizwa n’isuri, kuko bikomeje kugira uruhare rukomeye mu igabanuka ry’umusaruro w’ubuhinzi, bikoreka ubukungu bw’Igihugu n’iterambere ryacyo ntiryihute uko bikwiye.



  • Imyigishirize ya mwarimu ngo igiye kurushaho kugira ireme abikesha umushahara yongerewe

    Amajyaruguru: Imbamutima za bamwe mu barimu bongerewe umushahara

    Izamurwa ry’umushahara w’abarimu, ni kimwe mu byateye abantu benshi ibyishimo, by’umwihariko Abarimu, harimo n’abo mu Ntara y’Amajyaruguru.



  • Imbabura zirondereza ibicanwa zigera ku bihumbi 12 ni zo zizahabwa abaturage

    Nyabihu: Ingo zisaga ibihumbi 12 zigiye guhabwa imbabura za rondereza

    Ingo zisaga ibihumbi 12 zo mu Karere ka Nyabihu, zigiye gushyikirizwa imbabura za kijyambere zirondereza ibicanwa, muri gahunda y’umushinga wo kubungabunga ibidukikije no guhangana n’ikibazo cy’imihindagurikire y’ikirere.



  • Hakizimana Olivier wanikiye bagenzi be yashimiwe

    Burera: Abahize abandi mu gusiganwa ku magare bashyikirijwe ibihembo

    Mu marushanwa yateguwe n’Akarere ka Burera, agamije kugaragaza impano yo gutwara amagare mu rubyiruko rukomoka mu Mirenge uko ari 17 igize ako Karere, mu bayitabiriye batandatu bahize abandi, bashyikirijwe ibihembo bigizwe n’amagare, mu rwego rwo kurushaho kubatera ingabo mu bitugu.



  • Umuhanda utunganyijwe ugakomeza kubungabungwa ugira uburambe bw

    Nyabihu: Barabungabunga imihanda bifashishije imifuka batsindagiramo igitaka

    Abiganjemo abasore n’inkumi bahagarariye abandi, baturuka mu Mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, bari bamaze iminsi 10, bigishwa tekiniki yitwa Do-Nou, yo gusana imihanda yangiritse, baravuga ko bagiye gusakaza ubu bumenyi mu bandi, kugira ngo babashe guhangana n’ingaruka zituruka ku iyangirika ry’imihanda yo hirya no (...)



  • Mu Mirenge ya Gataraga na Shingiro ahegereye Pariki y

    Musanze: Kutagira amazi hafi bituma bakomeza kuvogera Pariki bajya kuyashakirayo

    Abatuye mu bice bikora kuri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, ku ruhande rw’Umurenge wa Gataraga n’uwa Shingiro mu Karere ka Musanze, ngo barambiwe guhora bavogera iyo Pariki, bajya kuvomayo amazi yo mu bidendezi n’ibirohwa badaha mu miferege, bigasa n’aho bayasahuranwa n’inyamaswa zaho, biturutse ku kuba batagira amazi meza (...)



  • Abagize Urugaga rw

    Musanze: Baranenga abagore bagize uruhare mu gutangiza Jenoside yakorewe Abatutsi

    Abagore bo mu Rugaga rushamikiye ku muryango RPF-Inkotanyi bo mu Karere ka Musanze, baranenga bagenzi babo bafashe iya mbere mu gutangiza igeragezwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi no kuyishyira mu bikorwa, mu cyahoze ari Komini Kinigi. Basanga umugore nyawe, ufite indangagaciro z’Ubunyarwanda nyabwo ari ugira umutima, (...)



  • Mukagatare agaragariza Umuyobozi Mukuru wa LODA uburyo inkunga y

    Nyabihu: Bahamya ko bakomeje kwikura mu bukene kubera gahunda Leta ibagenera

    Bamwe mu bagenerwabikorwa ba gahunda zitandukanye Leta igenera abatishoboye, zirimo VUP na Girinka Munyarwanda, bo mu Karere ka Nyabihu, baremeza ko zikomeje kugira uruhare rwihuse mu gutuma bakora imishinga, aho bemeza ko buri uko umwaka utashye, bagenda babona impinduka zifatika z’imibereho myiza.



  • Abasengera ahatabugenewe barasabwa kubicikaho

    Musanze: Abagisengera ahashyira ubuzima bwabo mu kaga baraburirwa

    Muri iki gihe bikomeje kugaragara ko hari abasengera mu bihuru, amashyamba, mu buvumo, mu bitare, ku nkengero z’imigezi n’biyaga n’ahandi hitaruye insengero, hamenyerewe ku izina ryo mu ’Butayu’; bamwe mu bakunze kuhagana bavuga ko bajya kuhasengera bagamije kuhabonera ibitangaza n’imigisha baba bamaze imyaka n’imyaka (...)



  • Amajyaruguru: Bamenye akamaro ka Mituweli none ntibakibwirizwa kuyishyura

    Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Musanze, ngo ntibakirindira kubwirizwa kwishyura mituweri, kuko bamaze kubona inyungu n’ibyiza byo kuyishyura hakiri kare, harimo no kuba batakirembera mu ngo, bityo n’imirimo iyo ari yo yose bakaba bayikora bizeye umutekano usesuye w’ubuzima bwabo.



  • Ibigo by

    Musanze: Abanyeshuri biyemeje kuba umusemburo w’impinduka zizira amacakubiri n’ingengabitekerezo

    Nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Musanze, bagasobanurirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri, bibarizwa mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, bahakuye amasomo, atuma biyemeza kuba umusemburo w’impinduka zizira amacakubiri, (...)



  • Guverineri w

    Amajyaruguru: Bihaye imyaka itatu yo kugabanya umubare w’abarwara Malariya

    Muri iki gihe bikomeje kugaragara ko indwara ya Malariya hari abo yugarije mu Ntara y’Amajyaruguru, abagize inzego z’ubuzima n’iz’ibanze, biyemeje gushyira imbaraga mu kwita, ku ngamba zivuguruye zifasha gukumira iyi ndwara, barushaho kwigisha abaturage ububi bwayo, kubakangurira kuyirinda no gukurikirana ko abayirwaye (...)



  • Dr Shelly Whitman, yashimye ireme ry

    Musanze: Abakozi b’Ikigo cya Gen Romeo Dallaire banyuzwe n’ireme ry’amasomo arengera abana

    Itsinda riturutse mu Kigo “The Dallaire Institute for Children, Peace and Security”, baheruka kugirira uruzinduko mu Karere ka Musanze, rugamije kureba imikorere y’Ishuri rikuru rya gisirikari (Rwanda Defence Force Command and Staff College), ndetse n’Ikigo cy’Igihugu cy’Amahoro (Rwanda Peace Academy), byombi biherereye i (...)



  • Polisi yasanze arimo apakira urwo rumogi mu mifuka no mu mashashi

    Musanze: Yafatanywe udupfunyika tw’urumogi 10,160

    Polisi y’u Rwanda, ikorera mu Karere ka Musanze, yafatanye umugore witwa Nyiraguhirwa, udupfunyika (boule) 10,160 tw’urumogi, imusanze iwe mu rugo ubwo yarimo adufunga mu mashashi.



  • Abaturage bishimiye ko abakozi ba serivisi z

    Burera: Bishimiye kwegerezwa serivisi z’ubutaka

    Abaturage bo mu Karere ka Burera barishimira kongera kwegerezwa hafi serivisi zituma babona ibyangombwa by’ubutaka mu buryo bwihuse, igikorwa bemeza ko baherukaga mbere ya Covid-19.



  • Uwimana Fikiri Jayden, Umuyobozi wa RAN avuga ko akato kahabwaga abafite ubumuga bw

    Haracyari abafite ubumuga bw’uruhu bitinya bigatuma batagera ku iterambere

    Inzego zitandukanye harimo n’iz’ubuyobozi, zivuga ko kwiheza no kwitinya bikigaragara kuri bamwe mu bafite ubumuga bw’uruhu rwera, bibavutsa amahirwe harimo n’ayo kutabona uko bishyira hamwe mu matsinda, ngo babyaze umusaruro gahunda na serivisi bashyiriweho, zituma babasha gukora imishinga yagira uruhare mu kubateza imbere.



  • Bamwe mu bari bahagarariye imiryango itari iya leta biyemeje gushyira imbaraga mu mikoranire

    Musanze: Imiryango itari iya Leta yasabwe kurangwa n’ubunyamwuga mu byo ikora

    Imiryango itari iya Leta ibarizwa mu Karere ka Musanze, irasabwa gutahiriza umugozi umwe kugira ngo icyuho kikigaragara mu buvugizi ikorera abaturage gikurweho, nabwo burusheho kuzana impinduka.



  • Musanze: Gufatirwa mu kabari witwaje inkoni cyangwa umuhoro birahanirwa

    Mu Murenge wa Musanze, mu Karere ka Musanze, kuri ubu umuturage ugaragaye mu kabari afite inkoni cyangwa umuhoro, arabihanirwa ndetse n’akabari asanzwemo cyangwa bigaragayemo kagacibwa amande.



  • Bashyize indabo ku rwibutso

    Abiga muri UR-CAVM na INES-Ruhengeri baranenga abishoye muri Jenoside

    Urubyiruko rw’abanyeshuri n’abarimu bo muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami ryigisha Ubuhinzi, Ubworozi n’ubuvuzi bw’amatungo (UR-CAVM) Busogo, ndetse n’abo mu Ishuri ry’Ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri, banenga uburyo bamwe mu bari abanyeshuri n’abarimu, ari bo bafashe iya mbere mu gutandukira ubushishozi n’ubuhanga bari (...)



  • Bakoze isuku mu muhanda no mu nkengero zawo

    Amajyaruguru: Biteguye Inama ya CHOGM bashyira imbaraga mu isuku n’isukura

    Ku wa Mbere tariki 6 Kamena 2022, mu Turere twose tugize Intara y’Amajyaruguru, hatangijwe icyumweru cy’ubukangurambaga, bugamije gukangurira abaturage gushyira imbaraga mu kwimakaza umuco w’isuku n’isukura, mu rwego rwo kurushaho kunoza imyiteguro y’Inama ya CHOGM, iteganyijwe kubera mu Rwanda mu minsi iri imbere.



Izindi nkuru: