Umusore witwa Tuyizere Fabien yagwiriwe n’ikirombe ubwo yarimo agicukuramo itaka bimuviramo gupfa.
Abatuye mu Midugudu imwe n’imwe yo mu Murenge wa Minazi mu Karere ka Gakenke, bavuga ko bakigowe no kubaho mu icuraburindi, riterwa no kuba batagira umuriro w’amashanyarazi, aho bibasaba gukora ingendo zitaboroheye, bajya gushaka serivisi zikenera ingufu z’amashanyarazi, gusa bahawe icyizere cy’uko icyo kibazo gikemuka (…)
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yagaragaje uburyo indangagaciro zirimo ubupfura, ubushishozi, kunga ubumwe, ubutwari n’ubwitange ziri muri nyinshi urubyiruko rushobora kubakiraho, rukabasha urugamba rw’iterambere n’umutekano by’Igihugu.
Imirenge, Utugari n’Imidugudu yitwaye neza kurusha indi mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2022-2023 yo mu Karere ka Gekenke, yabishimiwe inahabwa ibihembo, abahayobora ndetse n’abaturage biyemeza gukomereza mu mujyo wo gukora cyane barangwa n’ubufatanye.
Impuguke ziturutse mu Kigo cyitwa Fundación Meridiano cyo muri Argentine, nyuma yo gusura Ikigo cy’Igihugu cy’Amahoro (Rwanda Peace Academy), giherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze, zanyuzwe n’intambwe u Rwanda rwateye mu kwigisha amahoro n’umusanzu warwo mu kuyabungabunga hirya no hino ku Isi.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Musanze iratangaza ko yataye muri yombi abantu bane, bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umusore witwa Habimana bakamuta mu buvumo.
Imirimo yo kubaka ibiro bishya by’Akarere ka Burera yari yarigeze gukomwa mu nkokora n’icyorezo cya Covid-19, igeze kure aho ubu habura amezi atanu ngo irangire bigatangira gukorerwamo.
Mu Murenge wa Minazi mu Karere ka Gakenke huzuye umuyoboro w’amazi, Rwagihanga-Kabaya-Buheta ureshya ka Km 51, wuzuye utwaye Miliyari ebyiri na Miliyoni 700 z’Amafaranga y’u Rwanda, gusa hari abawukozeho batishyuwe amafaranga yabo, ubuyobozi bukabizeza kuyabona bitarenze iminsi 10.
Abaturage bo mu Karere ka Gakenke baremeza ko imyaka 29 ishize u Rwanda rwibohoye, bakomeje gutera intambwe ifatika igaragarira mu iterambere ry’ubukungu n’imibereho myiza.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Musanze ruhamya ko ibikorwa biteza imbere aka Karere n’imibereho y’abaturage, bakomeje kubyubakiraho mu gusigasira umurage bakomora ku Ngabo zari iza RPA, zagize ubutwari bwo kubohora Igihugu.
Inama Njyanama y’Akarere ka Gakenke iheruka guterana ku wa Kane tariki 29 Kamena 2023, yameje ingengo y’imari aka Karere kazifashisha mu mwaka wa 2023-2024, y’Amafaranga y’u Rwanda asaga Miliyari 34, azakoreshwa mu bikorwa biteza imbere ubukungu, imibereho myiza ndetse n’imiyoborere myiza.
Abagore n’abakobwa bo mu Karere ka Musanze, bagaragaza impungenge batewe n’abarimo gushinga ingo bakagirana amakimbirane zitamaze kabiri, ntibanatere intambwe yo kuyahosha cyangwa ngo banayashakire umuti urambye, bishingikirije imyumvire y’uko ari ko ingo zubakwa.
Mu rugo rw’umugabo witwa Ntakirutimana hatahuwe Litiro 1,200 z’inzoga z’inkorano, zikaba zari mu ngunguru n’amajerekani, zihita zimenwa.
Imbogo yatorotse Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, yagaragaye mu rugo rw’umuturage witwa Nyirandabaruta Athalie, yamaze kuraswa irapfa.
Abakina umukino njyarugamba wa Karate bo mu Karere ka Musanze, baranenga abataragize icyo bakora ngo baburizemo umugambi wo gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi, kuyigerageza no kuyishyira mu bikorwa, kuko byashyize mu kaga ubuzima bw’imbaga y’Abatutsi.
Abatuye mu Mudugudu wa Kazi, Akagari ka Bisoke mu Murenge wa Kinigi, batunguwe no kubyuka basanga imbogo iri mu mbuga y’urugo rw’umwe mu bahatuye, none baheze mu nzu.
Inyamaswa yitwa ‘Igitera’ yari imaze iminsi ibangamiye umutekano w’abaturage, yiciwe mu Karere ka Gakenke, abiganjemo abagore cyari kimaze iminsi gisagarira, biruhutsa impungenge n’ubwoba bari bamaranye iminsi babitewe n’iyo nyamaswa.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yibukije Intagamburuzwa IV ko indangagaciro zishingiye ku gusigasira umuco no gushyira hamwe, zikenewe cyane kugira ngo iterambere rirambye ry’Igihugu rishoboke.
Imiryango 400 yo mu Karere ka Gakenke yiganjemo iyari ituye mu bice by’amanegeka, igiye kubakirwa umudugudu uzuzura utwaye Miliyari zisaga umunani z’Amafaranga y’u Rwanda.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze biganjemo ab’amikoro macye, bavuga ko bagiye kurushaho kugira uruhare rufatika mu kurengera ibidukikije, baca ukubiri no gutema amashyamba, babikesha Amashyiga avuguruye arondereza ibicanwa.
Abantu bane bakomerekeye mu gikorwa cyo guhosha amakimbirane hagati y’Umugabo witwa Mbarushimana Jean Pierre n’umugore we, bo mu Karere ka Musanze.
Umugabo yafatiwe mu cyuho ataburura imbuto y’ibirayi, byari byatewe mu murima w’umuturage ahita atabwa muri yombi. Abamuzi bakaba bavuze ko basanzwe bamukekaho ubujura bw’imyaka muri ako gace.
Abaturage bo mu Mirenge ya Gataraga, Shingiro na Busogo mu Karere ka Musanze, bavuga ko inzoga z’inkorano zicururizwa mu tubari twaho, ziri mu bikomeje gutiza umurindi ubusinzi bikabakururira umutekano mucye. Bakifuza ko inzego bireba zarushaho gukaza ingamba mu gutahura aho izo nzoga zengerwa no guhana abagira uruhare mu (…)
Ababyeyi bo mu Karere ka Nyabihu baributswa ko aribo ba mbere bakwiye gukomera ku burere n’imikurire y’abana, baharanira kubarinda ihohoterwa, imirimo ivunanye, ibikorwa by’urukozasoni n’ibindi byose bishobora kubangamira urugendo barimo rwo kubaka ahazaza habo.
Ubwo mu minsi ishize hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga bw’uruhu rwera, ubutumwa bwagarutsweho n’abahagarariye inzego zinyuranye, bwagarutse ku gukangurira abafite ubumuga bw’uruhu rwera, guhuza imbaraga binyuze mu matsinda, amashyirahamwe cyangwa amakoperative kugira ngo iterambere ryabo n’iry’umuryango (…)
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), Prof. Claude Mambo Muvunyi, ahamagarira abaturage kurandura amakimbirane mu miryango, bagashyira imbere imibanire myiza kuko mu gihe byitaweho abagize urugo babona uko bajya inama, z’uburyo bwo kwita ku mirire bikarinda abana kugwingira.
Imiryango iheruka gusenyerwa n’ibiza yo mu Karere ka Gakenke, iravuga ko ubufasha Leta ikomeje kubagezaho, bukomeje kubagarurira icyizere cyo kongera kwiyubaka; aho ngo bizeye ko bidatinze ubuzima buzongera kuba nk’uko bwahoze mbere.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda, yabwiye Abofisiye bakuru baturutse mu bihugu 11 byo ku mugabane wa Afurika ko bahanzwe amaso mu kubakira ku bumenyi bakesha amasomo bahawe, abasaba kurushaho gusigasira ubusugire bw’ibihugu bakomokamo.
Imiryango 100 iheruka kwibasirwa n’ibiza yo mu Murenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze, yashyikirijwe ibiribwa, imyambaro n’ibikoresho by’ibanze byo kubunganira mu mibereho no kubafasha guhangana n’ingaruka ibyo biza byabasigiye.
Umugabo witwa Rukundo Ndahiriwe Laurent, yaguye mu mpanuka yaturutse ku cyuma gikoresha ikoranabuhanga mu kuzamura no kumanura abantu mu igorofa, kizwi nka asanseri (Ascenseur) ahita apfa.