Abashinzwe kwamamaza Donald Trump wiyamamariza kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika (US) ku ruhande rw’aba Repubulikani, bikomye ishyaka riri ku butegetsi mu Bwongereza (Labour Party) barishinja ko ririmo kwivanga mu matora binyuze mu gushyigikira ibikorwa byo kwamamaza mukeba we Kamala Harris w’umu Demukarate.
Ishami rya UN ryita ku mpunzi (UNHCR), ryavuze ko ribabajwe cyane n’inkuru y’impunzi enye Leta ya Kenya yasubije muri Turukiya (Turkey).
Umunyamakuru Martin Mateso, wakoreye ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda no mu Bufaransa, yitabye Imana azize umutima ku myaka 70.
Major General Alex Kagame, ni we Mugaba Mukuru w’Inkeragutabara kuva kuwa Mbere tariki 14 Ukwakira 2024, aho yasimbuye Major General (Rtd) Frank Mugambage, wari uri muri uwo mwanya nk’umusigire.
Kubera ko telefone zigezweho zizwi nka smart phone zikoze mu buryo zishobora kwangirika ubusa, abazikoze bateganyije n’ibirahure byo kuzirinda (screen protector), kugira ngo zidashwaraduka cyangwa zikaba zameneka igihe zituye hasi zikazamo imitutu ituma ikirahure kidakora neza.
Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete y’Ubwishingizi y’u Rwanda (SONARWA General Insurance) Rees Kinyangi Lulu, hamwe n’uwari umucungamutungo wa Hotel Nobilis Aisha Uwamahoro, bari mu maboko y’ubugenzacyaha kuva ku itariki 2 Ukwakira 2024, aho bakurikiranyweho kunyereza arenga miliyoni 117 Frw.
Nihon Hidankyo, itsinda ry’abayapani barokotse ibisasu bya kirimbuzi (bombe atomic), ryatsindiye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel cya 2024.
Ihuriro ry’Amashyirahamwe y’Abafite Ubumuga mu Rwanda (NUDOR), mu ntangiriro z’icyi cyumweru ryamuritse icapiro rishya rishushanya insimburangingo rikanazisohora uko zakabaye, hifashishikwe ikoranabuhanga rizwi nka 3D printer, kimwe mu bikorwa biri muri gahunda yo guteza imbere ubuzima bw’ababuze ingingo bafashwa kubona (…)
Umujyi wa Kigali wasabye abafite ubutaka mu nkengero z’ahagenewe icyanya cya siporo i Remera mu Karere ka Gasabo, gutanga ibishushanyo byerekana uko bazavugurura inyubako zabo bakabitanga mu gihe kitarenze amezi abiri kugira ngo bahabwe impushya zo kubaka no gukoresha ubutaka bubahiriza igishushanyo mbonera cy’Umujyi.
Urubanza rw’umuraperi Sean Combs uzwi nka Diddy ushinjwa guhohotera abagore barimo n’uwo bigeze gucudika (Cassie Ventura), no gucuruza urubyiruko mu mibonano mpuzabitsina rukomeje kugenda ruhindura isura.
Ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza mu Karere ka Kicukiro, kuwa Kabiri 01 Ukwakira hafunguwe ku mugaragaro imurika bise ‘Traces of the Genocide Against the Tutsi’ (Ibimenyetso bya Jenoside yakorewe Abatutsi).
Abadepite mu Nteko Ishinga Amageko muri Kenya, batangiye gushyira mu bikorwa gahunda yo kuvanaho Visi Perezida wa Kenya.
Muri Israel impuruza zirimo kumvikana impande zose ziburira abaturage ngo bihishe, nyuma y’uko Iran itangiye kurasayo ibisasu bya misile mu kanya kashize.
Muri iki cyegeranyo, harimo amagambo ya nyuma n’ubutumwa bwasizwe n’abantu b’ibyamamare babayeho mu buzima butandukanye, aribo: Mahatma Gandhi, Edson Arantes do Nascimento (Pelé), Nelson Mandela na Kobe Bean Bryant.
Milli Vanilli ryari itsinda ry’abasore babiri bo mu Budage, Fab Morvan na Rob Pilatus, bakahanyujije mu gihe kitageze ku myaka ibiri, kuko itsinda ryabayeho guhera mu 1988 kugeza mu 1990, isi imaze kumenya ko amajwi n’umuziki twumvaga bitari ibyabo.
Umunyamakuru Scovia Mutesi benshi bakunze kwita Mama Urwagasabo, ni umubyeyi wubatse, uri hafi kuzuza imyaka 40, akaba umwana wa gatandatu mu bana icyenda.
Nyuma yo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi no gutsinda urugamba rwo kubohora igihugu, ingabo za RPF Inkotanyi zari ziyobowe na Paul Kagame, zashyizeho Guverinoma y’Ubumwe bw’Abanyarwanda muri leta y’inzibacyuho ku itariki 19 Nyakanga 1994, iyobowe na Pasteur Bizimungu nka Perezida, na Maj. Gen Paul Kagame nka Visi (…)
Tito Jackson, umwe mu bashinze itsinda Jackson 5 kabuhariwe mu njyana ya pop akaba n’umuvandimwe wa nyakwigendera Michael Jackson, yitabye Imana ku myaka 70; ariko impamvu y’urupfu rwe ntiramenyekana.
Abantu 37 barimo Abanyamerika batatu, Umwongereza, Umubiligi n’Umunyakada bakatiwe igihano cy’urupfu ku byaha bashinjwa byo gushaka guhirika ubutegetsi bwa Felix Tshisekedi wa RDC.
Inzoga isembuye ya PRIMUS yatangiye gukorwa n’Uruganda rwa Brasseries, Limonaderies et Malteries SARL (BRALIMA) guhera mu 1923, mu mujyi wa Léopoldville mu cyahoze ari Congo Bélge ku bukoloni bw’Ababiligi, nyuma gihinduka Zaire nyuma y’ubwigenge. Ubu ni Repubulika ya Demukarasi ya Congo.
Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan yamaganye ubwicanyi ndengakamere bwakorewe umuyoboke mukuru w’ishyaka Chadema ritavuga rumwe n’ubutegetsi, washimuswe, agakubitwa bikomeye ndetse akanemenwa aside mu isura.
Mu Mujyi wa Kigali munsi y’ikibuga baparikamo imodoka nto, imbere y’inzu izwi nka ‘Downtown’ imodoka y’ijipe itari irimo umuntu yimanuye, iragenda irenga umukingo, igwa mu muferege wa sima uri ku muhanda muto w’ibumoso umanuka uva kuri Downtown.
Perezida w’u Bushinwa Xi Jinping yijeje Afurika ko azayihangira byibuze imirimo miliyoni muri gahunda igihugu cye kihaye yo kuba umufatanyabikorwa w’ingenzi mu iterambere ry’ibihugu bikiri inyuma mu nganda.
Twagirayezu Cassien ni umwe mu bahanzi bakahanyujije ahagana mu myaka ya za 80-90, mu ndirimbo z’urukundo, impanuro n’ubuzima rusange. Mu ndirimbo ze zakunzwe cyane harimo iyitwa ‘Muhoza wanjye’ ikunze gusubirwamo mu birori by’ubukwe n’abahanzi bo muri iki gihe by’umwihariko uwitwa Cyusa Ibrahim.
Mu gihe u Bushinwa na Afurika byongeye guhura ku nshuro ya Cyenda nama ihuza Abayobozi b’ibihugu bya Afurika n’u Bushinwa (FOCAC), Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) kiravuga ko mu myaka 20 ishize, imikoranire y’u Bushinwa n’amahanga (diplomacy) yatanze umusaruro ufatika.
Iki ni icyegeranyo ku magambo yavuzwe na bamwe mu bantu b’ibyamamare babayeho mu buzima butandukanye, uhereye ku bavugwa mu iyobokamana, muri filimi, muri politike, mu mikino n’imyidagaduro, abahanzi n’abandi. Ni amagambo bavuze mu minota ya nyuma y’ubuzima bwabo, hari n’abo habaga habura gato ngo bashiremo umwuka.
Mu gice cyabanje twababwiye abaperezida babiri bayoboye u Rwanda, none tugarutse kubabwira abandi babakurikiye. Nyuma ya Gregoire Kayibanda wabaye perezida wa repubulika ya mbere, igice cya kabiri cy’iyi nkuru kiribanda kuri Juvenal Habyarimana wabaye perezida muri repubulika ya kabiri kuva mu 1973 kugeza apfuye yishwe mu (…)
Umuntu ukekwaho kuba umwicanyi ruharwa muri Kenya yatorotse uburoko, none abashinzwe umutekano barimo kumuhigisha uruhindu nk’uko byatangajwe na polisi muri icyo gihugu.
Abashinzwe ubutabazi mu mujyi wa Sicily mu Butaliyani bakomeje guhura n’akazi katoroshye ko kugera mu bice by’imbere by’ubwato bw’abaherwe bwo mu Bwongereza, bwarohamye mu rukerera rwo kuwa Mbere 19 Kanama 2024.
Umwongereza w’umuherwe mu bijyanye n’ikoranabuhanga Mike Lynch ni umwe mu bantu batandatu batarabonerwa irengero nyuma y’impanuka y’ubwato bw’abaherwe bwarohamye mu nyanja hafi y’umujyi wa Sicily mu rukerara rwo kuri uyu wa mbere.