Tungurusumu ni igihingwa gifite umumaro utandukanye mu buzima bw’umuntu, ari mu buvuzi no mu gutegura amafunguro, ariko hari benshi badakunda umwuka umuntu asohora mu kanwa iyo yayiriye.
Urugaga Mpuzamahanga rw’Ubushakashatsi kuri Jenoside (RESIRG asbl) ruratangaza ko rwishimiye raporo ya Komisiyo Duclert, ikubiyemo amakuru yabonetse mu bushyinguranyandiko avuga ku ruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Ubushakashatsi buheruka gukorwa mu Bwongereza, burerekana ko abantu banywa umuvinyo byibuze ml 0,14 mu cyumweru, ngo bibagabanyiriza ibyago byo kurwara ishaza mu jisho, cyane cyane iyo ari umuvinyo utukura (red wine / vin rouge).
U Bufaransa bwasubiye muri Guma mu rugo ku nshuro ya gatatu mu gihe imibare y’abandura ikomeje kwiyongera ku buryo hari impungenge ko ibitaro biza kubura aho bibashyira.
Urukiko Rwisumbuye rw’Akarere ka Gasabo muri iki cyumweru rwahamije ibyaha abari Abayobozi bakuru muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) no muri Minisiteri y’ibikorwa Remezo (MININFRA), ruhita rutegeka ko bafungwa imyaka itandatu (6) nyuma yo guhamwa n’ibyaha byo gutanga amasoko ya Leta mu buryo bunyuranyije (...)
Itsinda ry’abimukira b’urubyiruko baba mu mujyi wa Nantes mu Bufaransa, barimo gusabirwa ibyangombwa byo kuba mu Bufaransa nyuma yo gutabara umuryango w’abantu batatu bari bagiye guhira mu nzu ku cyumweru.
Mu gihe ubuhamya n’ibimenyetso bishinja bikomeje kuboneka ari byinshi mu rubanza rw’abayobozi 22 n’abayoboke b’umutwe w’iterabwoba wa FLN, ibitangazamakuru byo mu bihugu byateye imbere biracyatsimbaraye mu rugamba rwo kwikoma u Rwanda.
Uruganda rwa NIKE rukora imyambaro n’inkweto bya siporo rwareze ikigo cy’ubucuruzi cya Brooklyn art collective MSCHF, kiganye inkweto za NIKE kikazita “Inkweto za Satani”, zirimo n’ibitonyanga by’amaraso y’abantu ku gikandagizo.
Umubyeyi wo mu mujyi wa Kigali utarashatse kuvugwa amazina, yatwoherereje akabaruwa k’urukundo umwana w’umukobwa wiga mu mwaka wa mbere w’amashuri abanza yandikishije agashyikiriza umwana w’umuhungu bigana amubwira ko amukunda bikomeye, undi na we akajya kugasomesha.
Polisi n’ubuyobozi mu nzego z’ibanze mu Karere ka Nyanza, ku cyumweru gishize baguye gitumo abantu barenga 30 barimo gusengera ahantu hatemewe, kandi nta n’umwe wari wubahirije amabwiriza yo kwirinda Covid-19, cyane ko nta n’umwe wari wambaye agapfukamunwa.
U Burusiya bwahamagaje Ambasaderi wabwo uri Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), mu biganiro byo kureba uko bafatirana umubano hagati y’ibihugu byombi utararushaho kuba mubi.
Mu ngamba urubuga rwa Instagram rwafashe zo kurinda abarukoresha, rwongeyemo izifasha ingimbi n’abangavu kwirinda ubutumwa badashaka bohererezwa n’abantu bakuru.
Amavuta y’inka ni meza mu gikoni kandi araryoha, kuyarya bifitiye akamaro kanini umubiri kuko afite intungamubiri nyinshi kandi agafasha mu igogora.
Leta y’u Bushinwa yemeje urukingo rushya rwa Covid-19 rugomba gukoreshwa aho byihutirwa rwakozwe n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe gukumira ibyorezo (CDC), rukaba rubaye urukingo rwa gatanu mu nkingo zose zimaze gukorwa n’icyo kigo.
Ubuyobozi bwa Vatican ku wa Mbere tariki 15 Werurwe 2021 bwemeje ko Kiliziya Gatolika idashobora guha umugisha umubano w’ababana bahuje igitsina kuko Imana “idashobora guha umugisha icyaha”.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC) cyihaye intego yo kuzamura umubare w’abagabo bisiramuje bakava kuri 40% bakagera byibuze kuri 70%.
Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG), yamuritse igitabo kiri mu Kinyarwanda, Icyongereza n’Igifaransa. Icyo gitabo kigiye ahagaragara mu gihe u Rwanda rwitegura kunamira ku nshuro ya 27 abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana Jean Damascene yavuze ko (...)
Inzego z’ubuzima mu Bwongereza zatangiye guhura n’akazi katoroshye nyuma y’iminsi mike batangiye gutera urukingo rwa mbere rwa covid-19 ku bantu barengeje imyaka 80, kuko barimo kuva mu rugo bitemewe.
Bobi Wine umwe mu b’ingenzi batavuga rumwe n’ubuyobozi muri Uganda ari mu mazi abira nyuma y’amakuru avuga ko ashobora kuba afite imodoka idatoborwa n’amasasu.
Nicolas Sarkozy wahoze ari Perezida w’u Bufaransa n’abandi bantu babiri bakoranaga nawe bakatiwe igifungo cy’imyaka itatu – harimo ibiri yasubitswe – nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya ruswa.
Kuva namenya ubwenge ahagana muri za 80, iyo umuntu yatabwaga muri yombi akekwaho icyaha runaka, mu rwego rw’amategeko inzego z’umutekano zabanzaga kumufungira aho bitaga kuri burigade (brigade) cyangwa kuri sitasiyo (station) ya Polisi, hanyuma yahamwa n’icyaha agafungwa bakavuga ko “Bamumanuye”.
Mu Bwongereza haravugwa umusore uri mu kigero cy’imyaka 20 wamazeho abagore n’abakobwa amafaranga ari muri gereza, akoresheje applications zitandukanye zihuza abantu bashaka abakunzi (dating Apps) hifashishijwe murandasi (Internet).
Bobi Wine ufatwa nk’ingenzi mu batavuga rumwe n’ubuyobozi muri Uganda yavuze ko yavanye ikirego cye mu rukiko, aho yavugaga ko amatora y’Umukuru w’igihugu yo muri Mutarama 2021 yabayemo uburiganya.
Umujyi wa Auckland muri New Zealand ugiye muri Guma mu rugo y’iminsi itatu nyuma y’uko habonetse abantu batatu barwaye coronavirus, bikaba ari ubwa mbere bibaye mu gihugu mu minsi 21 ishize.
Murandasi (Internet) imaze kuba igikoresho gikenerwa cyane mu buzima bwa buri munsi, haba mu bucuruzi, umutekano, gushaka akazi, imyidagaduro, ubuvuzi, ubuyobozi n’ibindi byinshi.
Abademokarate barangije gutegura ikirego gishinja Donald Trump ko ari we uri inyuma y’imyigaragambyo yabereye ku ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika (Capitol), ndetse baburira Leta ko ashobora kongera kubikora niba atajyanywe mu butabera.
Nyuma y’amagambo yuzuyemo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aherutse gushyirwa ku rubuga rwa YouTube n’umugore witwa Idamange Iryamugwiza Yvonne, abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu murenge wa Muhima, baravuga ko iki ari igihe cyo guhuriza hamwe ijwi bakamagana abapfobya n’abahakana Jenoside, (...)
Utubari n’ibindi bikora nkatwo mu Mujyi wa Dubai byategetswe gufunga imiryango nyuma y’uko imibare y’abandura Covid-19 ikomeje kwiyongera, guhera mu ntangiriro z’uyu mwaka.
Itsinda ryo ku rubuga nkoranyambaga rwa WhatsApp rihuriyemo Abanyamuhima mu karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ryakusanyije inkunga y’asaga ibihumbi 300 by’Amafaranga y’u Rwanda yo kugoboka bagenzi babo bagizweho ingaruka na Guma mu rugo.
Umubyeyi witwa Mukasarasi Godelieve wo mu Karere ka Kamonyi, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yabonye uburyo bagenzi be bapfakajwe na Jenoside ikanabasiga bamwe barwaye kubera gufatwa ku ngufu abandi bakabyara abana batifuzaga, asanga agomba kugira icyo akora nk’umuntu wari wagize amahirwe yo kurokokana (...)