Nyabyenda Narcisse wamamaye cyane kubera gutoza itorero ry’ikinamico rya Radiyo Rwanda (Indamutsa), ubu ni umusaza ugeze mu zabukuru (imyaka 72). Yavukiye ahahoze ari muri komine Nshiri perefegitura ya Gikongoro, ubu ni mu karere ka Nyaruguru.
Ubusanzwe uturemangingo twose tw’umubiri dukenera amazi kugira ngo dukore neza; ariko iyo umuntu anyweye amazi menshi arenze urugero bigira izindi ngaruka mu mubiri. Ni byo mu kiganga bita ‘overhydration’ (amazi arenze akenewe mu mubiri).
Umuhanzi Ngarambe François-Xavier wamenyekanye cyane mu ndirimbo ‘Umwana ni umutware’ avuga ko iyo arimo kuririmba iyo ndirimbo ifatwa nk’ikirango cye nyamukuru, aba yumva yageze mu ijuru akiri mu mubiri.
Indirimbo We are the World yakunzwe cyane hirya no hino ku isi yaririmbwe n’abahanzi benshi mu 1985, muri bo bamwe baracyariho abandi bitabye Imana.
Ndagijimana Juvenal wari umwuzukuru wa Rukara rwa Bishingwe wamamaye cyane nk’Intahanabatatu mu 1912 (kubera kwica abazungu barimo umupadiri), yitabye Imana kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Ugushyingo 2021 azize uburwayi.
Umugati Kugira ngo umugati ubashe kumara igihe kirekire utangiritse, ushobora kuwubika mu ishashi yabigenewe ukawuzingiramo, cyangwa ukawushyira mu gafuka ka plastic gafite imashini gashobora kongera gukoreshwa, cyangwa se mu gasanduku gato kagenewe imigati (bread box).
Sylvester Gordenzio Stallone (1985 - 2021) Sylvester Gordenzio Stallone bakunze kwita Rambo kubera filime yakinnye mu 1986 yitwa The Mission, akomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Yavutse ku itariki 6 Nyakanga mu 1946, ubu agize imyaka 75.
Umuhanzi Kabengera Gabriel ni uwa kabiri mu bana barindwi (7) akaba mwene Mubiligi Justin na Mukamihigo Suzan. Yavutse mu 1949 avukira ahahoze ari muri Komine Gishamvu, muri perefegitura ya Butare ubu ni mu Karere ka Huye.
Baganizi Eliphaz ni umwe mu bari bagize itorero Indamutsa ryakinaga ikinamico kuri Radiyo Rwanda muri Ofisi y’Igihugu y’Amatangazo ya Leta (ORINFOR) mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ngabonziza Augustin ukunze kwitwa Ngabo Augustin ni umwe mu bahanzi bo hambere ahagana mu 1980. Yagize uruhare rukomeye mu kuzamura muzika y’u Rwanda dore ko yacuranze akanaririmba mu matsinda (orchestres) atandukanye kandi na yo yari yihagazeho.
Bikorimana André ni umwe mu baririmbyi bari bagize itsinda (Orchestre) Nyampinga ry’ahahoze ari muri Perefegitura ya Butare, ubu ni mu Karere ka Huye. Bikorimana yavutse mu 1959 i Muhembe muri Komini Runyinya muri Nyaruguru, ubu ni mu Murenge wa Karama, Akarere ka Nyaruguru. Bikorimana yitabye Imana mu 1995.
Makanyaga Abdul w’imyaka 74 y’amavuko ni umuhanzi n’umucuranzi mu myaka isaga 50 ishize, akaba afite amateka akungahaye mu muziki w’u Rwanda dore ko afite indirimbo nyinshi zakunzwe kuva kera zimenyerewe ku izina ry’ibisope.
Nzayisenga Sophie ni umubyeyi wubatse ufite imyaka 43 akaba umuhanzi gakondo n’umucuranzi w’inanga wabigize umwuga akiri umwana muto.
Umuraperi w’Umunyamerika, Kanye West, yahinduye izina ku mugaragaro, ubu akaba asigaye yitwa Ye.
Umuhanzi Mukankuranga Marie Jeanne bakunze kwita Mariya Yohana, ni umwe mu Banyarwanda bagize uruhare rukomeye mu rugamba rwo kubohora Igihugu, ndetse na we ubwe akaba yari afite abana bagiye ku rugamba nyirizina guhera mu ntangiriro za (1987-1990), kugeza muri Nyakanga 1994 ubwo ingabo za FPR Inkotanyi zahagarikaga Jenoside (…)
Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 13 Ukwakira, ahagana mu ma saa kumi n’ebyiri, mu Murenge wa Muhima, akagari ka Kabeza umudugudu wa Sangwa, abagizi ba nabi bagabye igitero ku mu ajenti (agent) wa MTN ucururiza ku muhanda unyura imbere y’ibiro bya ARDI (munsi y’ahahoze RIAM), baramushimuta bamujyana mu gashyamba bamwambura (…)
Umuyobozi w’Umujyi wa Mexico yemeje ko ikibumbano cy’umugore w’umusangwabutaka ari cyo kigomba gusimbura icya Christopher Columbus, cyari kiri mu murwa mukuru wa Mexico.
Umuhanzi Uwamariya Joseph bakundaga kwita ‘Salton’ yavukiye ahahoze ari muri Komini Nyabikenke, Perefegitura ya Gitarama (Akarere ka Muhanga) mu 1954 atabaruka muri 2009 azize uburwayi butunguranye nk’uko bivugwa na Niyotwagira Léocadie bashakanye.
Urubuga nkoranyambaga rwa YouTube rwahagaritse shene ebyiri z’umuhanzi R. Kelly, nyuma yo guhamwa n’ibyaha icyenda mu kwezi gushize, byo gusambanya abantu ku gahato.
Kagame Alexis akaba impanga ya Kagambage Alexandre, na we yari umuhanzi kimwe n’umuvandimwe we gusa bagatandukanira ku kuba Kagambage yari yarabigize umwuga, Kagame akabikora mu rwego rw’amarushanwa gusa cyangwa akijyanira indirimbo ze kuri Radio Rwanda ku buntu, kuko nta na album (cassette) yigeze akora.
Ragera Jean de Dieu ni umwe mu baririmbyi ba Orchestre Nyampinga yamamaye cyane mu Rwanda ahagana mu myaka ya 1980 kugeza mu 1990, by’umwihariko ahahoze ari muri perefegitura ya Butare (Huye) aho yaboneye izuba.
1. Kuguhamagara cyangwa kukwandikira yasomye ku nzoga zisembuye Abantu benshi bemera ko amagambo umuntu avuga yasinze akenshi biba ari na byo bitekerezo bye iyo atasinze, no mu cyongereza baravuga ngo “A drunk’s person’s words are a sober person’s thoughts”. Ibi rero babishingira ku kuba inzoga zisembuye akenshi zituma (…)
Sentore Athanase, umwe mu bahanzi b’abahanga basize umurage ukomeye mu buhanzi gakondo nyarwanda, ni se wa Massamba Intore, akaba sekuru wa Jules Sentore, na bo bakaba abahanzi mu njyana ikomatanyiriza hamwe gakondo, nyafurika n’iya kizungu.
Bwanakweri Nathan wabayeho kuva mu 1922 kugeza muri 2003, yari umuhanzi, umuririmbyi, umubyinnyi n’umutoza wo mu rwego rwo hejuru, akaba yaramamaye cyane mu Itorero Gakondo ry’Igihugu ry’Urukerereza ryakomotse ku matorero atandukanye arimo iry’Urukatsa ryari irya Bwanakweri ryagiye bwa mbere muri Canada mu 1967.
Kirusu Thomas ni umwe mu bahanzi gakondo u Rwanda rukesha ibihangano byinshi birimo inyigisho zitandukanye, cyane cyane izirebana n’ubuzima bwa buri munsi n’izikangurira abantu kwitabira umurimo by’umwihariko ubuhinzi.
Karasira Jean Jacques ni umwe mu bari bagize Orchestre Pakita yamamaye cyane ahagana muri za 80, mu ndirimbo nka Kanyota, Kariya gacaca, Leoncia, Icyampa umuranga, Mutima ukeye n’izindi.
Ubushize twaberetse ibimenyetso bitanu (5) bigaragariza umukobwa ko umuhungu amukunda, ibi bikaba ari ibindi byiyongera ku by’ubushize.
Pastor Ezra Mpyisi wo mu itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, avuga ko ubwo Ababiligi bahaga ubwigenge Abanyarwanda mu 1962, ngo babuhaye abatari babukeneye.
Nyakabwa Lucien waririmbye Rubunda ku mazi, Nyiragitariro, Dina, Ihogoza, Mwana wa mama, Ikica amahirwe gitera uburwayi n’izindi, yatabarutse mu 1995 afite imyaka 41 gusa asiga ibihangano bitari byinshi kuri Radio Rwanda ariko yigeze no kuririmbana na Nkurunziza François mu ndirimbo Uko nagiye i Buganda.
Kagambage Alexandre wamenyekanye cyane mu ndirimbo z’ibirori by’ubukwe, ni umwe mu bahanzi bafite ibigwi byihagazeho muri muzika nyarwanda, akaba yaracuranze mu matsinda atandukanye yo hambere arimo Les Unis, Super Alouette na Uruyanjye ariko nyuma yaje kwicurangira wenyine (solo).