MENYA UMWANDITSI

  • Perezida Kagame na Madamu batangije #Kwibuka30 (Amafoto)

    Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame hamwe n’abandi banyacyubahiro n’inshuti z’u Rwanda, kuri iki Cyumweru tariki 7 Mata 2024 ku rwibutso rwa Kigali ruri mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, bacanye urumuri rutazima mu rwego rwo gutangiza ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.



  • Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia

    Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed Ali, wageze mu Rwanda mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki 6 Mata 2024 aho yaje kwifatanya n’Abanyarwanda mu bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.



  • Dore uko ingendo z’abanyeshuri zo gutangira igihembwe cya gatatu ziteye

    Hashingiwe ku ngengabihe y’umwaka w’amashuri yatangajwe na Minisiteri y’Uburezi, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), kiramenyesha abayobozi b’amashuri, abarezi ndetse n’ababyeyi, ko abanyeshuri biga bacumbikirwa bazatangira gusubira mu ku mashuri gutangira igihembwe cya gatatu tariki 15 Mata (…)



  • Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we Général Petr Pavel wa Repubulika ya Czech

    Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki 6 Mata 2024 yakiriye muri Village Urugwiro mugenzi we wa Repubulika ya Czech, Général Petr Pavel, uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu.



  • IBUKA irasaba amahanga guta muri yombi abakoze Jenoside bakihisheyo

    Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda (IBUKA), urasaba amahanga gutanga ubutabera ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 ita muri yombi abagize uruhare mu Jenoside.



  • Nyarugenge: Yafatiwe mu cyuho acukura inzu y’umucuruzi

    Mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyamirambo, Akagari ka Gasharu, Umudugudu wa Rwintare, mu ijoro ryo ku itariki 23 Werurwe 2024 umujura yafatiwe mu cyuho arimo acukura inzu y’umucuruzi.



  • Gisagara: Umuturage yakomerekejwe na Gerenade

    Harindintwari François wo mu Karere ka Gisagara mu Murenge wa Mamba, Akagari ka Kabumbwe, Umudugudu wa Nyarugenge, biravugwa ko yageregeje kwiyahura akoresheje Gerenade ntiyapfa ahubwo iramukomeretsa bikomeye ku maguru no ku maboko.



  • Impanuka yatumye umuhanda utaba nyabagendwa

    Impanuka y’imodoka yafunze umuhanda Kigali-Rwamagana

    Kuri iki Cyumweru tariki 24 Werurwe 2024 mu muhanda Rwamagana-Kigali umanuka mu Kabuga ka Musha, habereye impanuka y’imodoka nini ‘trailer tank’ ya mazutu yagonganye n’ivatiri, iyo modoka nini ya rukururana ifunga umuhanda ku buryo nta modoka n’imwe yashoboraga gutambuka.



  • Ruhurura bayipfunduye babura umuntu winjiyemo

    Kigali: Umusore yibye telefone ahita yinjira muri ruhurura

    Kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Werurwe 2024, umusore yashikuje telefone umuntu wigenderaga n’amaguru, ahita yinjira muri ruhurura aburirwa irengero.



  • Abajyanama b

    Abajyanama b’Ubuzima bashimiwe uruhare rwabo mu kurwanya Igituntu

    Ubwo u Rwanda rwizihizaga umunsi mpuzamahanga wo kurwanya Igituntu, umunsi wizihirijwe mu Karere ka Rubavu, abajyanama b’ubuzima 15 bo muri aka Karere bashimiwe uruhare bagize mu kumenyekanisha abafite ibimenyetso by’igituntu no gukurikiranira hafi abari ku miti, bahabwa amagare yo kubafasha gukora akazi kabo neza.



  • Impande zombi zahuriye mu biganiro

    Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) kigiye guha u Rwanda miliyoni 165 z’Amadolari ya Amerika

    Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF), kigiye guha u Rwanda Miliyoni 165 z’Amadolari ya Amerika azarufasha muri gahunda z’iterambere no gukomeza kuzamura ubukungu bw’Igihugu.



  • Polisi y’u Rwanda yaburiye abishora mu bujura

    Polisi y’u Rwanda iraburira abantu bose bakora ibikorwa by’ubujura butandukanye ariko cyane cyane abiba insinga z’amashanyarazi ko batazihanganirwa igihe bazaba bafatiwe muri iki cyaha.



  • Ururimi rw’igifaransa rushobora gufasha urubyiruko guhanga udushya no kwihangira imirimo

    Perezida wa Sena, Dr.Kalinda Francois Xavier yagaragaje uburyo ururimi rw’igifaransa ari ururimi rwakwifashishwa n’abatuye Isi bakagera ku bikorwa by’iterambere igihe barwifashishije bahanga udushya.



  • Impunzi 91 zageze mu Rwanda

    Izindi mpunzi 91 zivuye muri Libya zageze mu Rwanda

    Minisiteri y’Ubutabazi yatangaje ko ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 21 Werurwe 2024, u Rwanda rwakiriye icyiciro cya 17 cy’impunzi 91 zivuye muri Libya, aho zari zimaze igihe zibayeho nabi zishaka kujya gushakira imibereho ku mugabane w’u Burayi.



  • Eric Nshimiye arakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

    Amerika yataye muri yombi Eric Nshimiye ukekwaho uruhare muri Jenoside

    Umunyarwanda Eric Nshimiye ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, wari umaze igihe kinini yihisha Ubutabera, yatawe muri yombi na Leta zunze Ubumwe za Amerika, aho yari amaze igihe kinini muri icyo gihugu.



  • Abadepite bavuga ku bibazo byugarije abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

    Inkunga y’ingoboka igenerwa abarokotse Jenoside batishoboye iracyari nke - Abadepite

    Inteko rusange y’Umutwe w’Abadepite yagaragaje ko inkunga ihabwa abarokotse Jenoside batishoboye ikiri nto, ugereranyije n’imibereho y’abagize umuryango.



  • Leo Varadkar weguye

    Minisitiri w’Intebe wa Ireland yeguye

    Minisitiri w’Intebe wa Ireland, Leo Varadkar, yatangaje ko yeguye ku nshingano ze za Minisitiri w’Intebe, ndetse n’izo kuyobora Ishyaka Fine Gael.



  • Nkundineza Jean Paul (wambaye indorerwamo) yasabiwe gufungwa imyaka 10

    Umunyamakuru Nkundineza Jean Paul yasabiwe gufungwa imyaka 10

    Umunyamakuru Nkundineza Jean Paul ukurikiranyweho ibyaha birimo gutukana mu ruhame, guhohotera uwatanze amakuru, gukoresha ibikangisho no gutangaza amakuru y’ibihuha, kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Werurwe 2024 Ubushinjacyaha bwamusabiye igihano cy’igifungo cy’imyaka 10 n’ihazabu ya miliyoni 5 Frw.



  • Dore uko ingendo z

    Dore uko ingendo z’abanyeshuri bajya mu biruhuko ziteye

    Hashingiwe ku ngengabihe y’umwaka w’amashuri yatangajwe na Minisiteri y’Uburezi, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), kiramenyesha abayobozi b’amashuri, abarezi ndetse n’ababyeyi, ko abanyeshuri biga bacumbikirwa bazatangira gusubira mu miryango yabo mu biruhuko, guhera tariki 25/03/2024 (…)



  • Vladimir Putin yongeye gutorerwa kuyobora u Burusiya

    Vladimir Putin yongeye gutorerwa kuba Perezida w’Uburusiya mu matora yabaye kuva tariki 15 Werurwe kugeza tariki 17 Werurwe 2024, akaba yegukanye intsinzi n’amajwi 87,9% naho Umukandida Nikolai Kharitonov w’ishyaka rya Gikomunisiti abona amajwi 4%.



  • Umuvugizi wa Polisi y

    Nta mutwe w’Abuzukuru ba Shitani uba mu Rwanda - Umuvugizi wa Polisi

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface, yatangaje ko nta mutwe cyangwa agatsiko k’abantu bitwa Abuzukuru ba Shitani baba mu Rwanda ndetse nta n’ababarizwa mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba.



  • Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame basobanuriwe ibyakozwe n

    Ikoreshwa rya Robots n’ubwenge bw’ubukorano, byafasha abanyeshuri kwiga neza siyansi n’ikoranabuhanga

    Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame tariki 16 Werurwe 2024 bitabiriye isozwa ry’icyiciro cya nyuma cy’amarushanwa mpuzamahanga ya First Lego League, agamije guteza imbere uburezi by’umwihariko amasomo ya Siyansi, Ikoranabuhanga n’Imibare hifashishijwe ikoreshwa rya Robots n’ubwenge bw’ubukorano (artificial intelligence).



  • Imwe mu modoka zibasiwe n

    Inkongi zibasira imodoka ziterwa n’iki?

    Mu bugenzuzi bwakozwe na Polisi ku nkongi zagiye zibasira imodoka mu bihe bitandukanye, basanze zimwe mu mpamvu zishobora gutera izi nkongo, harimo gukoranaho kw’insinga ndetse no kudashyira amazi ahabugenewe ku modoka zo hambere, bikaba byanaterwa n’impanuka igihe lisansi cyangwa mazutu ihuye n’igishashi cy’umuriro.



  • Abantu batatu bagwiriwe n

    Rwamagana: Abantu batatu bagwiriwe n’itaka barapfa

    Abantu batandatu bakoraga ubucukuzi bwa Gasegereti mu kirombe giherereye mu Karere ka Rwamagana, Umurenge wa Kigabiro, Akagari ka Bwiza mu Mudugudu wa Rutaka, kuri uyu wa Gatandatu tariki 16 werurwe 2024, bagwiriwe n’itaka ryari ryacukuwe muri icyo kirombe batatu bahasiga ubuzima.



  • Dr Usengumukiza Félicien (iburyo) na Kadigwa Gashongore ubwo barahiraga

    Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abayobozi baherutse guhabwa inshingano

    Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Werurwe 2024, muri Village Urugwiro, yakiriye indahiro z’abayobozi aherutse guha inshingano, ari bo Dr Usengumukiza Félicien, uherutse kugirwa Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) na Kadigwa Gashongore, Visi Perezida w’Urukiko Rukuru rw’Ubucuruzi.



  • Abarusiya babyukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu

    Kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Werurwe 2024 Abarusiya babyukiye mu matora y’umukuru w’igihugu azamara iminsi itatu akazarangira ku cyumweru tariki 17 Werurwe 2024.



  • Karitsiye Mateus, agace kari mu Mujyi wa Kigali rwagati

    Menya inkomoko y’izina ‘Karitsiye Mateus’

    Iyo uvuze Karitsiye Mateus buri muntu utuye mu Mujyi wa Kigali ndetse n’abacuruzi benshi bo mu Ntara, bahita bamenya ko ari mu mujyi rwagati mu gace gakorerwamo ubucuruzi bw’ibintu bitandukanye.



  • Menya ibyo ukwiye kwirinda ngo udahanirwa gutendeka

    Mu gikorwa by’ubukangurambaga Polisi irimo ikora byo kwigisha abatwara ibinyabiziga kwirinda gutendeka no gutwara imizigo myinshi iyirusha uburemere yafatiye abamotari barenga 291 muri ayo makosa .



  • Abadepite ba Amerika batoye umushinga w’itegeko rikumira ‘TikTok’

    Abadepite bo mu Nteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, batoye umushinga w’itegeko rikumira urubuga rwa TikTok gukorera muri iki gihugu, kubera impamvu zirimo iz’uko yifashishwa mu kuneka.



Izindi nkuru: