Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente, ku wa Kabiri tariki 13 Gashyantare 2024 yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko imitwe yombi, ishyirwa mu bikorwa ry’ingamba za Guverinoma zigamije kuzahura ubukungu bw’Igihugu nyuma y’icyorezo cya Covid-19, avuga ko u Rwanda rwagerageje kwitwara neza mu kurinda abaturage n’Igihugu muri rusange, (…)
Mu Karere ka Muhanga, Umurenge wa Shyogwe, Akagari ka Ruli, Umudugudu wa Karama kuri uyu wa kabiri tariki 13 Gashyantare 2024 inzu y’umuturage yafashwe n’inkongi y’umuriro ihitana umwana we w’umwaka umwe n’amezi abiri.
Mu Karere ka Gisagara, Umurenge wa Kibilizi, Akagari ka Ruturo, Umudugudu wa Akabagoti, kuri uyu wa kKbiri tariki 13 Gashyantare 2024, inkuba yakubise abantu batatu barimo bahinga bahita bajyanwa kwa muganga, nyuma umwe yitaba Imana.
Inzobere mu mitekerereze ya muntu zivuga ko Kuvuga amateka y’ibibi umuntu yakoze mu bihe byahise bigira ingaruka ku buzima bw’umuntu n’abamukomokaho ndetse n’umuryango we.
Mu Karere ka Huye, mu Murenge wa Kigoma, mu Kagari ka Karambi tariki 13 Gashyantare 2024, habereye impanuka y’ikamyo ya Mercedes Benz Actros, ifite Pulaki nomero RAE591V, yavaga i Huye yerekeza i Rusizi yanyereye ibirinduka mu muhanda.
Umunyakenya Kelvin Kiptum, waciye agahigo ku Isi muri Marathon n’Umunyarwanda Hakizimana Gervais wari umutoza we, baguye mu mpanuka yabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki ya 11 Gashyantare 2024, mu gace ka Elgeyo-Marakwet ko muri Kenya.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere, Meteo Rwanda, cyatangaje ko mu gice cya kabiri hagati ya tariki ya 11-20 z’ukwezi kwa Gashyantare 2024, ingano y’imvura iteganyijwe izaba iri hejuru y’ikigero mpuzandengo cy’imvura isanzwe igwa mu bice byose by’igihugu.
Ivatiri yo mu bwoko bwa Toyota Corolla yafashwe n’inkongi tariki 10 Gashyantare 2024 irashya irakongoka. Byabereye mu Mudugudu w’Amajyambere mu Kagari k’Agatare mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge.
Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame yageze muri Namibia, tariki 10 Gashyantare 2024, aho yagiye gufata mu mugongo Madamu Monica Geingos n’umuryango we, nyuma y’urupfu rwa Perezida Hage Geingob.
Mu rwego rwo guca ubujura bwa telefone na mudasobwa, Polisi yatangiye ibikorwa byo gusaka mu mujyi wa Kigali, ifata telefone zigendanwa 194 na mudasobwa ngendanwa 15 n’iza Desktop 9 zagurishijwe mu buryo abaziguze batabasha gusobanura inkomoko yazo.
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishije mu mizi Kazungu Denis ukekwaho ibyaha 10 birimo icy’ubwicanyi no guhisha imirambo y’abo yishe. Ubushinjacyaha bwamusabiye igihano cyo gufungwa burundu no gutanga ihazabu ya miliyoni 10 z’Amafaranga y’u Rwanda bitewe n’uburemere bw’ibyaha yakoze cyane cyane icyo kwica abantu 14.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 9 Gashyantare 2024, inkongi y’umuriro yibasiye ikigo Nyarwanda cy’Ubuzima Bushingiye ku Muco, kiyoborwa n’umupfumu Rutangarwamaboko, giherere mu Murenge wa Gisozi, Akagari ka Musezero, Umudugudu wa Nyakariba mu Karere ka Gasabo.
Nubwo abantu benshi bakoresha imbuga nkoranyambaga, hari abashyiraho ibihabanye n’umuco nyarwanda bakishyiriraho amashusho n’ibindi biganiro by’urukozasoni, nyamara batazi ko bihanwa n’amategeko.
Mu mudugudu wa Sovu, Akagari ka Niboyi, Umurenge wa Niboyi mu Karere ka Kicukiro, mu masaha ya saa mbiri z’ijoro tariki 08 Gashyantare 2024, inzu y’umuturage yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoko, ibyarimo byose birangirika.
Ababyeyi bo mu Karere ka Rulindo bishimira ko begerejwe serivisi za Echographie (guca mu cyuma) ku bigo nderabuzima, kandi bakoresheje ubwishingizi mu kwivuza bwa Mituweli.
Rucagu Boniface avuga ko impamvu akunze kwambara ishati iriho amafoto ya Perezida Paul Kagame, ari agaciro amuha ndetse no kuzirikana ibyiza yagejeje ku Banyarwanda.
Umuryango Uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (IBUKA), tariki 4 Gashyantare 2024 basuye aharimo kubera igikorwa cyo gushakisha imibiri u Mudugudu wa Ngoma ya 5 uherereye mu Kagari ka Ngoma, Umurenge wa Ngoma, Akarere ka Huye, mu rwego rwo gufata mu mugongo no guhumuriza Abarokotse Jenoside bo (…)
Ku munsi wa mbere wa Rwanda Day i Washington D.C, tariki 2 Gashyantare 2024, ba rwiyemezamirimo, abayobozi mu rwego rw’imari n’abashoramari bahuriye mu Nama yiga ku Bukungu, yateguwe n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB).
Abagabo babiri bari bagwiriwe n’ikirombe mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Rugarika, Akagari ka Nyarubuye mu Mudugudu wa Ndagwa tariki 31 Mutama 2024, umwe yabashije kuvamo ari muzima nyuma yo kumaramo umunsi umwe n’amasaha 5.
Ku mugoroba tariki 1 Gashyantare 2024, icyumba cya Paruwasi ya Sainte Famille gikoreshwa nk’ibiro, cyafashwe n’inkongi y’umuriro, ibyarimo byose birakongoka.
Ikigo gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n’Imiti mu Rwanda (Rwanda FDA), cyatangaje ko amakuru arimo gukwirakwizwa ko hari ibinini bya Paracetamol byanditseho P500 birimo virusi yitwa ‘Machupo’ yica, nta shingiro afite ndetse ko nta bwoko bw’iyi miti buri ku isoko ry’u Rwanda.
Igitaramo gisingiza Intwari z’u Rwanda ni kimwe mu bikorwa byabanjirije umunsi nyirizina wo kwizihiza Intwari z’u Rwanda. Iki gitaramo cyabaye mu ijoro tariki 31 Mutarama 2024 muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali, gihuza abayobozi mu Nzego Nkuru z’Igihugu, urubyiruko rwaturutse mu bice (…)
Inteko Rusange ya Sena yemeje itangira ry’inshingano z’abayobozi barimo Bugingo Emmanuel, wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia na Ngango James woherejwe guhagararira u Rwanda mu Busuwisi, akanaruhagararira mu Biro by’Umuryango w’Abibumbye i Genève.
Mu karere ka Kamonyi, umurenge wa Rugarika, akagari ka Nyarubuye, umudugudu wa Ndagwa tariki 31 Mutama 2024 habereye impanuka abagabo babiri bari bagiye gucukura amabuye y’urugarika baheze mu kirombe umwe avanwamo yapfuye undi akaba agikomeje gushakishwa.
Ikigo cy’igihugu cy’iteganyagishe Meteo Rwanda cyatangaje ko Mu kwezi kwa Gashyantare 2024, mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hagati ya milimetero 50 na 250.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Wellars Gasamagera, tariki 29 Mutarama 2024 yagiriye uruzinduko rw’akazi mu Bushinwa, ku butumire bw’ishyaka riri ku butegetsi muri icyo gihugu, rya Communist Party of China (CPC).
Perezida wa Sena, Dr Kalinda François Xavier, ku wa Mbere tariki 29 Mutarama 2024, yakiriye itsinda ry’Abasenateri bo muri Somalia bari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, bagirana ibiganiro bitandukanye ry’Igihugu.
Umuhanda Gakenke-Musanze wari wafunzwe n’inkangu kuva mu ma saa sita z’ijoro rya tariki 30 Mutarama 2024, mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke ahitwa Buranga, ubu wabaye nyabagendwa nyuma yo kuwutunganya.
Leta y’u Rwanda yaguze imashini igezweho izwi nka ‘Flow Cytometry’ ipima kanseri zose, ziganjemo izo mu maraso zapimirwaga hanze, serivisi zo kuyipima zikazajya zitagirwa no kuri Mituweli.
Perezida wa Guinée Conakry, Lt Gen Mamadi Doumbouya na Madamu we Lauriane Darboux Doumbouya, basoje urugendo rw’iminsi itatu bagiriraga mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Mutarama 2024, baherekezwa na Perezida Paul Kagame na Madamu we ku kibuga cy’indege i Kanombe.