Ahitwa Ku Mukore wa Karuranga hafite amateka habumbatiye yo mu bihe byo ha mbere kuko ariho hari igiti cyavagamo ibikoresho byifashishwaga mu gihe cy’urugamba.
Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Santrafurika (MINUSCA), basuye abanyeshuri biga mu ishuri rya Bossembélé, babaganiriza ku burenganzira bwabo.
Umwe mu bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Nduwamungu Pauline, w’imyaka 66 y’amavuko warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano.
Polisi y’u Rwanda yafashe abasore umunani bo mu Karere ka Kamonyi mu Mirenge ya Rukoma, Ngamba na Kayenzi bari mu bikorwa byo gucukura amabuye mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) kivuga ko indwara ya Malariya yikubye inshuro ebyiri ugereranyije kuva mu kwezi kwa cyenda k’umwaka ushize wa 2023 n’ukwezi kwa Nzeri 2024 aho abarwayi bavuye ku bihumbi 43 bikuba inshuro ebyiri.
Igitero Israel yagabye muri Libani mu mpera z’icyumweru gishize cyahitanye umuvugizi w’umutwe wa Hezbollah. Amakuru yemejwe n’umwe mu bayobozi ba Hezbollah utashatse ko amazina ye atangazwa yavuze ko Mohammed Afif yiciwe i Beirut hagati mu murwa mukuru wa Libani.
Abaturage bimuwe Kangondo muri Nyarutarama bagatuzwa mu mudugudu w’icyitegererezo mu Murenge wa Kanombe, barasaba ko bakwagurirwa isoko ry’ubucuruzi kugira ngo babashe kubona imyanya yo gukoreraho bibafashe gutunga imiryango yabo.
Abanyamuryango ba Unity Club Intwararumuri, bahuriye mu Ihuriro rya 17 ry’uyu muryango nyuma y’ibiganiro byatanzwe n’abayobozi batandukanye, hafashwe ibyemezo bitandukanye.
Mu Karere ka Kamonyi, mu Murenge wa Runda, Akagari ka Ruyenzi, Umudugudu wa Nyagacaca, Polisi yakoze igikorwa cyo gushaka abasore batatu bakekwaho ubujura bwo gutega abantu bakabambura telefone n’ibindi.
Mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyamata, kuri uyu wa Kane tariki 14 Ugushyingo 2024 Ubushinjacyaha bwasabiye Rurangirwa Wilson uzwi nka Salongo gufungwa iminsi 30 y’agateganyo kubera ko hari impamvu zikomeye zituma akekwaho ibyaha akurikiranyweho.
Perezida Paul Kagame yavuze ko Afurika ifite intego yo gukomeza kugira uruhare mu guhangana n’imihindagurikire y’ibihe, n’ubwo hakiri ubushobozi buke mu bijyanye n’ishoramari ku mishinga irengera ibidukikije.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump yashyize abayobozi batandukanye muri Guverinoma ye barimo n’umuherwe wa mbere ku isi Elon Musk.
Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ibihugu bya Afurika bikeneye gushyiraho uburyo abana bahabwa uburere n’ubumenyi bw’ibanze ku buryo bakurana indangagaciro zikwiye kuranga umuntu.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa kabiri tariki 12 Ugushyingo 2024 yageze i Baku muri Azerbaijan aho yifatanije n’abandi bayobozi ku Isi mu Nama ya 29 y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku mihindagurikire y’ibihe (COP29).
Urwego rw’u Rwanda rushinzwe lgorora (RCS) rwirukanye abakozi 411 barimo na Komiseri. RCS yasobanuye ko aba bakozi birukanywe kubera imyitwarire mibi mu kazi, ruswa n’ibindi byaha.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere, Gen (Rtd) James Kabarebe, yifatanyije na Ambasade ya Angola mu Rwanda mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 49 iki gihugu kimaze kibonye Ubwigenge.
Kuva Israel yatangira kugaba ibitero mu gihugu cya Liban, abantu basaga ibihumbi 3,130 bamaze guhitanwa na byo, abandi barakomereka.
Polisi y’u Rwanda yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abapolisi 154 barimo ba Komiseri barindwi na ba Ofisiye bakuru 15.
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC) tariki ya 8 Ugushyingo 2024 cyafashe amaraso abayobozi bakuru mu ngabo z’u Rwanda yo gufasha abantu barembye.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere Ka Kicukiro, Antoine Mutsinzi niwe warahije abanyamahanga 72 bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda, tariki 7 Ugushyingo 2024 mu Karere ka Kicukiro.
Umugabo witwa Harindintwari Niyongana Innocent w’imyaka 69 ukomoka mu mudugudu wa Akarubumba, Akagari ka Rwamiko, Umurenge wa Muganza mu Karere ka Gisagara yafatiwe ku mupaka wa Rusumo mu Karere ka Kirehe, nyuma y’imyaka myinshi yihisha ubutabera kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 akurikiranyweho.
Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafunze Bigwi Alain Lolain, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara, ukurikiranyweho icyaha cyo kwaka indonke.
Mu gihugu cya Mozambique imyigaragambyo yahagaritse ibikorwa by’ubucuruzi, imipaka imwe n’imwe irafungwa.
Mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Kimisagara, akagari ka Kimisagara, umudugudu w’Akabeza muri Nyabugogo ku isoko ry’Inkundamahoro umugabo w’imyaka 44 witwa Muvunyi François bakunze guhimba ‘general Pardon’ yasimbutse muri Etage ya 4 ahita ahasiga ubuzima.
Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Gatatu tariki 6 Ukwakira rwahanishije Miss Muheto Divine igihano cy’igifungo cy’amezi atatu gisubitse mu gihe cy’umwaka umwe n’ihazabu y’ibihumbi 190 Frw.
Umurepubulikani Donald Trump w’imyaka 78 y’amavuko yamaze kubona amajwi arenga ayo yari akeneye kugira ngo yegukane intsinzi mu matora ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni amatora yari ahanganiyemo n’umukandida w’Abademokarate, Kamala Harris w’imyaka 60.
Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’inzego z’ibanze, kuri uyu wa kabiri tariki ya 05 Ugushyingo 2024, yafashe abantu 41 bacyekwaho gukora ubucukuzi bw’amabuye butemewe mu bice bitandukanye byo mu Ntara y’Amajyepfo.
Sengabo Jean Bosco wamamaye nka Fatakumavuta, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 5 Ugushyingo 2024, yaburanye ifunga n’ifungura ry’agateganyo, Ubushinjacyaha bwo mu rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro bumusabira gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Aba Badepite bo muri Somalia, bagize Komisiyo y’Uburinganire n’Uburenganzira bwa Muntu bari mu ruzinduko rw’iminsi itanu mu Rwanda, aho baje kureba uko u Rwanda rwiyubatse mu bikorwa bitandukanye by’iterambere, kuko rumaze kuba icyitegererezo ku Mugabane wa Afurika kubera iterambere rugeraho mu nzego zitandukanye.