Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yabwiye Abadepite ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ikwiye kugaragaza ubushake bwa Politiki mu kurandura umutwe wa FDLR.
Ibihugu by’u Rwanda na Tanzania, tariki 26 Nyakanga 2025, byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu guteza imbere ubuhinzi, ndetse n’agamije gushyira i Kigali ibiro by’Ikigo gishinzwe ibyambu muri Tanzania (TPA).
Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abayobozi bashya bagize Guverinoma barimo na Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, abasaba gukora cyane bageteza imbere Igihugu ndetse bakuzuza inshingano bahawe.
Minisitiri w’Intebe mushya Dr Justin Nsengiyumva yavuze ko icyizere yagiriwe na Perezida Paul Kagame kitazaraza amasinde, kuko agiye gukora inshingano ze ndetse akanarenzaho.
Ni amasezerano yasinyiwe i Alger murwa mukuru wa Algeria, tariki ya 23 Nyakanga 2025, na Minisitiri w’Ingabo Juvenal Marizamunda n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu, Army General Saïd Chanegriha.
Abofisiye babiri muri Polisi y’u Rwanda, IP. Vedaste Nsabimana na IP. Gaston Gatsinzi, bari mu basoreje amasomo mu Ishuri Rikuru rya Polisi ya Turukiya.
Inteko rusange ya Sena yavuze ko Ikirwa cya Nkombo aricyo gikwiye guturwa cyonyine, mu gihe ibindi birwa cumi na bitatu bisigaye byose bikwiye kwimurwaho abaturage, kuko bitujuje ibyangombwa.
Inteko rusange ya Sena yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Nyakanga 2025, yatoye umushinga w’itegeko ngenga rigena imikorere ya Sena, urimo ingingo 131 ivuga ku bihano bihabwa Umusenateri biturutse ku ikosa yakoreye mu nama.
Inteko Rusange umutwe w’Abadepite yateguye umushinga w’imyanzuro wo gusaba Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), gukemura ibibazo byagaragaye mu ikoreshwa rya Sisitemu y’ikoranabuhanga ‘Integrated Education Business Management Information System/IEBMIS’ ya Kaminuza y’u Rwanda, bituma idatanga umusaruro yari itegerejweho, hagamijwe (…)
Abakoze ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bavuga ko Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro yabafashije gukira ipfunwe batewe n’ubwicanyi bakoze bongera kwisanga mu muryango nyarwanda nyuma yo kurangiza ibihano.
Kuri uyu wa Mbere tariki 21 Nyakanga 2025, bamwe mu Badepite bagize Komisiyo zihoraho zitandukanye, ndetse n’abagize Ihuriro ry’Abadepite b’Abagore mu Rwanda (FFRP), bahuye n’intumwa ziturutse mu Nteko Ishinga Amategeko ya Madagascar, zari ziri kumwe n’abahagarariye Ikigo cy’Amatora kigamije Demokarasi irambye muri Afurika (…)
Perezida wa Repuburika Paul Kagame yagize Alice Uwase Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Mine, Peteroli na Gazi.
Mu gikorwa Abadepite bagize Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no Kurwanya Jenoside barimo hirya no hino mu gihugu, basanze urubyiruko rukomoka ku babyeyi bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 ndetse n’urukomoka ku bayirokotse, ruhura n’ikibazo cyo kudahabwa amakuru y’ukuri n’ababyeyi babo bigatuma (…)
Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Kazarwa Gertrude, kuri uyu wa Kane tariki 17 Nyakanga 2025, mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yagiranye ibiganiro na Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Khalid Musa Dafalla Musa, bigamije gushimangira umubano n’ubufatanye bw’ibihugu byombi.
Gatabazi Jean Marie Vianney wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yongeye kugirirwa icyizere.
Perezida wa Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no Kurwanya Jenoside, Depite Ndangiza Madina, yatangaje ko hakwiye urundi rugendo rwo guherekeza abarangije ibihano ku bakoze ibyaha bya Jenoside, nyuma yo gusubira mu miryango yabo.
Umujyi wa Kigali watangaje ko ibibazo byakunze kugaragara mu mafaranga acibwa abasaba impushya zo kubaka byakemutse, binyuze ku rubuga rushya rwitwa ‘Kubaka’ rwashyizweho kugira ngo rujye rusabirwaho ibyangombwa byo kubaka.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), yabwiye Abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta, PAC, ko u Rwanda rukeneye Miliyoni 130 z’Amadolari (Miliyari 187.9Frw) yo gutunganya ibyanya by’inganda byose mu gihugu.
Ubwo ibitaro bya CHUK byitabaga Komisiyo y’Umutwe w’Abadepite ishinzwe kugenzura Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu, PAC, yagowe no gusobanura uburyo yatanze isoko ryo kubaka ‘Parking’ kuri rwiyemezamirimo wari usanzwe ukorana n’ibi bitaro.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko irimo kwiga uburyo amafaranga y’agahimbazamusyi agenerwa abakozi bo kwa muganga azwi nka ‘PBF’, yazajya atangirwa rimwe n’umushahara.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu, PAC, yabajije ibitaro bya CARAES Ndera amakosa yagaragajwe n’Umugenzuzi w’Imari ya Leta, y’ubwiyongere bw’amafaranga aba yateganyijwe gukoreshwa aho bigaragarira cyane cyane mu itangwa ry’amasoko.
Inteko Rusange Umutwe w’Abadepite, irasaba ko inzego zishinzwe ibikorwa by’iterambere birimo iby’ubuhinzi, ibyo kubaka imihanda, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ibindi byanoza imikorarere n’imikoranire, hagamijwe ko ibibazo biri mu buhinzi bibangamira kwiyongera k’umusaruro byakemuka byihuse.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu, PAC, yabajije ibitaro bya Kibirizi biherereye mu Karere ka Gisagara mu Ntara y’Amajyepfo, impamvu bidafata ubwinshingizi bw’inyubako ndetse n’ibikoresho by’ibitaro.
Depite Emma Furaha Rubagumya, Perezida wa Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco, Siporo n’Urubyiruko ageza ku Nteko rusange Umutwe w’Abadepite yateranye kuri uyu wa Kane tariki 10 Nyakanga 2025, Raporo ku isesengura ry’ishyirwa mu bikorwa rya Politiki y’urubyiruko yo muri Nzeri 2015, yavuze ko mu mirimo yahanzwe igera (…)
Inteko rusange ya Sena yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 9 Nyakanga 2025, igezwaho inafata umwanzuro kuri raporo ya Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano, ku bikorwa mu guteza imbere ubutwererane hagati y’u Rwanda n’ibihugu biri mu nzira y’amajyambere, yagaragaje ko u Rwanda rwungukira mu mubano mwiza (…)
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Murangwa Yussuf yabwiye Abadepite ko SACCO 238 zahuye n’ibibazo by’ubujura, ahanini kubera ko zitakoreshaga ikoranabuhanga.
Umujyi wa Kigali watangaje ko urimo gushaka undi mushoramari mushya uzasubukura umushinga w’inzu ziciriritse wa Rugarama (Rugarama Park Estate), uherereye mu Murenge wa Nyamirambo, nyuma yo gusesa amasezerano n’umushoramari wa mbere.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo by’Igihugu, PAC yabwiye Umujyi wa Kigali ko itanyuzwe n’ibisobanuro Abayobozi b’Umujyi batanze ku makosa yakozwe mu itangwa ry’amasoko.
Perezida wa Sena, Dr Kalinda François Xavier yakiriye Ambasaderi wa Ukraine mu Rwanda, Viacheslav Viktorovych Yatsiuk. Muri uru ruzinduko rwo kuri uyu wa Mbere tariki 07 Nyakanga, aba bayobozi baganiriye ku gushimangira umubano n’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, guteza imbere imikoranire mu nzego zirimo uburezi, (…)
Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) yatanze ibisobanuro ku mpamvu amafaranga igenera imishinga yo guteza imbere impunzi yatinze kubageraho, ndetse amwe mu masoko agatangwa harimo amakosa.