Abahanga mu by’imirire bavuga ko atari byiza gutekesha amavuta y’ubuto inshuro nyinshi, kuko bigira ingaruka ku buzima bw’umuntu.
Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Biruta Vincent, yabwiye Abadepite bagize Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no kurwanya Jenoside ko ingamba Leta yashyizeho zatangiye gutanga umusaruro ku bucucike buri mu magororero hirya no hino mu gihugu kuko bwagabanutseho 46,8%.
Ku cyicaro gikuru cya Banki ya Kigali (BK) tariki ya 9 Werurwe 2026 habereye igikorwa cyo kwizihiza umunsi mukuru w’Umugore, abakiriya bahabwa impano nk’abafatanyabikorwa beza.
Abasenateri bagize Komisiyo y’Ubukungu n’Imari ubwo bagezaga ku Nteko Rusange ya Sena raporo ku gikorwa cyo kugenzura ibikorwa bya Guverinoma byo kugeza amazi meza ku baturage, bavuze ko WASAC Group ikwiye gushyiraho uburyo buhamye bwo gupima ubuziranenge bw’amazi yose atangwa mu baturage.
Waba warigeze wumva abantu bavuga ko umwana muto uriye ubwonko bw’Ifi agira ubwenge bwinshi mu ishuri ndetse akaba n’umuhanga mu bintu bitandukanye.
Abahanzi Nyarwanda baganiriye n’Abadepite bagize Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco, Siporo n’Urubyiruko ku ruhare rw’abahanzi mu gusigasira ururimi rw’Ikinyarwanda bavuze ko ikoreshwa ry’Ikinyarwanda cy’umwimerere ryagabanutse bitewe n’ikwirakwira ry’amagambo n’imvugo z’amahanga.
Abagize Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco, Siporo n’Urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko basabye Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) gushyira imbaraga mu nshuti z’umuryango kugira ngo zifashe imiryango ibana mu makimbirane kuyakemura.
Abanyarwanda biganjemo abakunzi b’inyama, ariko abenshi ntibasobanukiwe inyama nziza iyo ari yo ndetse n’uko bagomba kubika iki kiribwa kugira ngo kidatakaza ubuziranenge n’uburyohe.
Abahanga mu by’imirire bavuga ko guha umwana utaragira umwaka amata y’inka bimutera uburwayi butandukanye burimo no kubura amaraso mu mikurire ye.
Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro guhanisha igihano cy’igifungo cy’imyaka itanu abantu batanu bakekwaho gusakaza amashusho agaragaza Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano ari gukora imibonano mpuzabitsina.
Abahanga mu by’imirire bavuga ko ifunguro rya mu gitondo ari ryo rifasha umubiri n’ubwonko gukora neza kuko umuntu aba arifashe nyuma y’amasaha menshi y’ifunguro rya nijoro.
Ibitaro bya Kaminuza bya Kigali, CHUK, bizatangira kwimukira i Masaka muri Werurwe uyu mwaka.
Ingengo y’imari y’u Rwanda y’umwaka wa 2025/2026 yagabanutseho Miliyari 80,4 Frw iva kuri miliyari 7.032,5 Frw igera kuri miliyari 6.952,1 Frw.
Umujyi wa Kigali wasabye ko mu kuvugurura itegeko ryo gutanga amasoko ya Leta harebwa uburyo Isoko rinini ritahabwa umuntu umwe gusa, kugira ngo bitazajya bidindiza ibikorwa biteganyijwe gukorwa muri iryo soko.
Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta ku bigo by’igororamuco igaragaza ko uko imyaka yagiye ihita umubare w’abajya mu bigo ngororamuco wagiye wiyongera. Depite Mukabalisa Germaine yabajije igituma uwo mubare wiyongera ndetse n’icyo Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango irimo gukora kugira ngo ugabanuke.
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwavuze ko bugitegereje Ishimwe Dieudonné uzwi ku mazina ya Prince Kid ufungiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kugira ngo arangize igifungo yakatiwe n’inkiko z’u Rwanda.
Perezida w’Urukiko rw’ikirenga MUKANTAGANZWA Domitilla yabwiye abakozi bo mu nkiko barimo abacamanza kwirinda gusiragiza ababagana.
Senateri Mureshyankwano Marie Rose yavuze ko hari ibintu bitatu by’ingenzi bituma akunda Inkotanyi mu buryo buhebuje. Senateri Mureshywankano ntabwo ajya avuga urukundo akunda Inkotanyi ngo rusigane n’uburyo zamuvanye mu mashyamba ya Congo ahunguka kugeza ubwo yinjiye muri Politiki.
Haherutse kumvikana inkuru ivuga ko mu Karere ka Musanze habereye amabonekerwa aho umubyeyi Bikira Mariya yabonekeye abana babiri ariko nyuma Kiliziya Gatolika yitandukanya n’ibivugwa kuri ayo mabonekerwa ivuga ko yemerwa ari uko habanje gukorwa ubugenzuzi mbwimbitse kugira ngo yemezwe ko ari yo koko.
Mudenge Boniface akaba n’umurinzi w’igihango waturutse mu Karere ka Rubavu witabiriye Umushyikirano, yabajije ikibazo kijyanye n’imiturire kuko mu karere atuyemo abaturage bakiri mu gihirahiro cyo kumenya ahagenewe gutura no guhinga.
Perezida Paul Kagame yavuze ko inama zitandukanye zihuza Abanyarwanda mu gushakira hamwe ibisubizo by’ibibazo bafite zikwiye kuba zitanga umusaruro wifuzwa. Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Gatanu, ubwo yasozaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 20 yaberaga muri Kigali Convention Centre tariki 5-6 Gashyantare 2026.
Depite Mukabalisa Germaine avuga ko umushyikirano ari umwanya mwiza wo guha ijambo buri wese mu biganiro bigamije kureba ibyagezweho no kuganira kuri gahunda za Guverinoma no gusuzuma ahagomba kongerwamo imbaraga.
Mushimiyimana Marie Rose witabiriye Umushyikirano w’Igihugu aturutse mu Karere ka Ruhango yabajije uko ubukungu bw’Igihugu buhuzwa n’izamuka ry’ibiciro ku masoko.
Niyishobora Kamo Faustin, umwe mu batunganyije amazi y’uruganda rwa Nzove yabwiye abitabiriye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ko yishimira kuba abatuye mu Mujyi wa Kigali babasha kubona amazi meza ku kigero cya 87%.
Minisitiri w’Intebe, Dr Nsengiyumva Justin, yabwiye abitabiriye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yateranye kuri uyu wa Kane tariki 5 Gashyantare 2026 ko ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse ku kigero cya 8,9%.
Isheja Butera Sandrine, Umuyobozozi Mukuru Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA) akaba ari we musangiza w’amagambo mu Nama y’Umushyikirano irimo kubera i Kigali kuva tariki 5 kugeza tariki 6 Gashyantare 2026, yagaragaje ko yishimira iterambere agezeho, aho yavuze ko inama nk’iyi ya mbere yabaye mu mwaka wa (…)
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu Dr Bizimana Jean Damascene yabwiye Abasenateri ko bakwiye gusobanurira abakiri bato kwirinda gukoresha ijambo ‘Gutwika’ kuko ari ijambo ridasobanura ibirori no kwishima kuko mu gisobanuro cy’amateka ya kera rivuga kwica.
Nibakure Florence, Umuyobozi Mukuru w’Agateganyo w’Ikigega cyihariye cy’ingoboka ku bwishingizi bw’uburyozwe bw’impanuka z’ibinyabiziga bifite moteri bigenda ku butaka n’izikomoka ku nyamaswa aherutse kubwira Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore, ko ikinyabiziga kidafite (…)
Claude Muhayimana, Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’u Bufaransa, yongeye kwitaba Urukiko rwa Rubanda (Cour d’assises) i Paris kugira ngo aburane mu bujurire, nyuma y’uko yari yarakatiwe igifungo cy’imyaka 14 mu mwaka wa 2021.
Perezida Kagame yavuze ko nta muntu ushobora gufata Igihugu cy’u Rwanda ngo agihindure uko ashaka, kuko atari we wakiremye.