U Bufaransa buri mu iperereza ku Banyarwanda 36 bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yahitanye Umwamikazi Rosalie Gicanda wari utuye mu Mujyi wa Butare, akaba yari umugore w’Umwami Mutara III Rudahigwa, wiciwe i Bujumbura mu Burundi mu 1959.
Ubuhamya bwatanzwe na Gatamba Jean de Dieu warokokeye mu murenge wa Mwulire mu Karere ka Rwamagana kuru uyu wa Gatandatu tariki 18 Mata 2026 mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 yavuze ko Abatutsi bari bahungiye kuri uyu musozi babashije kwirwanaho kugeza ubwo abicanyi bahuruje (…)
Abantu benshi bakunze gufata ifunguro ririho ibiribwa bitandukanye kubera kutamenya intungamubiri zibigize ndetse bamwe ugasanga ifunguro ryabo rigizwe ahanini n’ibiribwa bifite intungamubiri zimwe.
Urwego rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) rwagaragarije Abasenateri bagize Komisiyo y’Ubukungu muri Sena ko bafite imbogamizi zo kudashora imari mu nganda kubera ikiguzi cy’ubutaka buhenze cyane.
Inteko rusange y’umutwe w’Abadepite yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 13 Mata 2026 itora umushinga w’itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y’inguzanyo hagati y’u Rwanda na Banki ya Standard Chartered ingana na miliyoni magana abiri na cumi n’eshatu, ibihumbi ijana na mirongo itandatu na bine na magana atatu mirongo (…)
Mu gikorwa cyo kwibuka Abanyepolitike bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 ku nshuro ya 32, cyabereye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Rebero, kuri uyu wa 13 Mata ubwo hasozwaga Icyumweru cy’Icyunamo, Ihuriro ry’imitwe ya Politike mu Rwanda ryasabye abagizwe ingwate n’abasize bakoze Jenoside kwitandukanya na bo bakagaruka (…)
Perezida wa IBUKA, Dr. Philibert Gakwenzire, asanga imyitwarire y’Ingabo z’Ababiligi ari igihamya y’uko batigeze bifuriza u Rwanda na Afurika amahoro.
Madamu Jeannette Kagame ageza ijambo ry’ihumure ku bitabiriye inama mpuzamahanga ku kurwanya Jenoside yabereye i Rusororo kuri Intare Conference Arena kuri uyu wa Gatatu tariki 8 Mata 2026 yabibukije ijambo babwiwe n’Inkotanyi bwa mbere rivuga riti ‘Baho ntugipfuye’.
Mu nama mpuzamahanga ku kurwanya Jenoside iri kubera i Rusororo kuri Intare Conference Arena kuri uyu wa Gatatu tariki 8 Mata 2026 hagaragajwe uburyo igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ifite ingengabitekerezo ya Jenoside yibasira Abanyekongo b’Abanyamurenge bavuga ururimi rw’ikinyarwanda bo mu bwoko (…)
Perezida wa IBUKA, Dr Philbert Gakwenzire, yasabye abitabiriye umugoroba wo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 kwegera abarokotse Jenoside ndetse no kubahumuriza kuko ari ibihe bituma batonekara kubera ibikomere basigiwe n’ibyo bahuye na byo mu gihe cya Jenoside.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye Urugendo rwo Kwibuka ruzwi nka ’Walk to Remember’ rwabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 7 Mata 2026.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yavuze ko kuzirikana Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igahagarikwa na FPR Inkotanyi, bikwiye kwibutsa ibihugu kubahiriza inshingano zo gukumira Jenoside, zemejwe n’Umuryango w’Abibumbye.
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije Icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi ijana yo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Ikigo cy’imari cya BK Group Plc, cyatangaje ko cyabonye inyungu ya Miliyari 110 na Miliyoni 100 Frw mu 2025, avuye kuri miliyari 91 Frw yari yungutse mu mwaka wari wabanje. Ikaba yarabonye inyongera ingana ya 22.9%.
Banki ya Kigali yeretse Abakiriya bayo b’imena uburyo System ya ‘BK Open API’ izabafasha ikanaborohereza kubona serivisi mu buryo bworoshye batarinze gutegereza igihe kinini ndetse no kujyayo.
Mbere y’umwaka wa 2030, u Rwanda ruzaba rushobora gutanga intanga z’inka ibihumbi 840, bivuye ku ntanga ibihumbi 120 zitangwa uyu mwaka.
Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, tariki 30 Werurwe yerekanye Filimi ‘Beyond the Clouds’ mu kigo cy’Amashuri yisumbuye ya FAWE Girls School riherereye ku Gisozi mu mujyi wa Kigali igaruka ku guha uburezi abana baturuka mu miryango ikennye.
Perezida w’Umuryango AVEGA Agahozo, Hon. Mukamugema Alphonsine, yagaragaje uburyo urugendo rw’Ubudaheranwa rwafashije Abapfakajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 kongera kwiyubaka.
Perezida Kagame yemereye Abayisilamu gusubizaho umuhamagaro w’isengesho rya mu gitondo cya kare, hifashishijwe indangururamajwi uzwi nko gutora Adhana. Perezida Kagame yabibemereye mu kiganiro cyamuhuje n’Abayisilamu bo mu Rwanda cyabereye muri BK Arena kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Werurwe 2026.
Mufti w’u Rwanda Sheikh Mussa Sindayigaya yashimiye Perezida Kagame uburyo yasubije agaciro Abayislamu bakaba batakitwa amazina y’amahimbano arimo no kubita Abaswayile. Mufti Sheikh Mussa Sindayigaya yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Werurwe 2026 mu gikorwa cyo guhura no kuganira na Perezida wa Repubulika, Paul (…)
Abayisilamu bo mu Rwanda bavuga ko kwiteza imbere babikesha umutekano bazaniwe na Perezida Paul Kagame. Babitangaje Kuri uyu wa Gatutu tariki 25 Werurwe 2026 mu gikorwa cyo guhura no kuganira na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame muri BK Arena.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi, Amb. Bazivamo Christophe, yasabye urubyiruko rusaga 2000 rwitabiriye Inama Nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi kwirinda ibihuha bica ku mbuga nkoranyambaga no kurwanya ibinyoma bivugwa ku Rwanda.
Imikoreshereze y’ururimi ry’Ikinyarwanda ni kimwe mu byatinzweho mu nama y’Urubyiruko rwitabiriye Inama Nkuru ya gatandatu y’Urugaga rw’Urubyiruko rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi, rusaba abayobozi kujya bakoresha ururimi rw’Ikinyarwanda igihe batanga serivisi, bakirinda kuvanga indimi.
Umuyobozi Wungirije w’Umuryango FPR Inkotanyi, Uwimana Consolée, afungura Inama Nkuru y’urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi yarusabye kwirinda kwishora mu ngeso z’ubusambanyi n’izindi ngeso mbi kuko bigira ingaruka ku buzima bwabo kandi bikaba ari icyaha gihanwa n’amategeko.
Mu nama Nkuru ya Gatandatu y’urugaga rw’Abagore rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi, yabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Werurwe 2026 hatowe Komite nshya iyobowe na Uzamukunda Pudencienne.
Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ntawavuga umuryango RPF Inkotanyi atavuze uruhare abagore n’abana babo bagize mu rugamba rwo kubohora u Rwanda no mu bufatanye bw’iterambere ry’Igihugu.
Minisitiri w’lbikorwa Remezo, Dr. Jimmy Gasore, yagaragaje ko imirimo yo kubaka inganda zitunganya amazi mu mijyi igeze kure aho hari kubakwa inganda nshya, izindi zikongererwa ubushobozi mu rwego rwo kugeza amazi meza ku baturage.
Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore basabye Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi gufasha aborozi bo muri Gicumbi kwishyuza Koperative IAKIB amafaranga agera kuri Miliyari 1 frw bivugwa ko yabambuye.
Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore babajije impamvu Akarere ka Kayonza gakunze kwibasirwa n’inzara ndetse n’uko icyo kibazo cyakemuka burundu.