Abantu bafite ubumuga bw’uruhu, barasaba Leta y’u Rwanda ko binyuze muri Minisiteri y’Ubuzima, hashyirwaho uburyo ngarukamwaka bwo kubasuzuma kanseri y’uruhu.
Bamwe mu bavuka mu Karere ka Huye ariko batahatuye, baratangaza ko bishimira uburyo umujyi w’aka Karere ukomeje gutera imbere.
Ikigo gikora ubushakashatsi kuri gahunda zitandukanye za Leta (IPAR Rwanda), kigaragaza ko mu bushakashatsi cyakoze, byagaragaye ko abagore ari bo bakora amasaha menshi kurusha abagabo.
Mu Mirenge ya Juru na Mwogo yo mu Karere ka Bugesera, kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Werurwe 2024, hatashywe umuyoboro w’amazi w’ibilometero 45, ugeza amazi meza mu tugari tune tugize iyi mirenge tutayagiraga.
Bamwe mu babyeyi barererera mu Rwunge rw’Amashuri rwa APACOPE, ruherereye mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, baratangaza ko banezezwa n’uburyo abana babo bagaragaza ubuhanga bakiri bato.
Abayobozi batandukanye baturutse hirya no hino ku Isi, bagaragaje uruhare rukomeye rw’ikoranabuhanga mu gukemura ibibazo byugarije urwego rw’ubuvuzi ku Mugabane wa Afurika.
Umuryango wa Bibliya mu Rwanda watangije gahunda igamije kongerera ubushobozi urubyiruko muri gahunda zitandukanye z’ubuzima nk’ubuzima bw’imyororokere, uburinganire n’ubwuzuzanye, ubugwaneza ndetse n’izindi.
Imirimo ikoreshwa abana ikomeje kuba ikibazo mu Karere ka Nyarugenge, umuryango Children Voice Today (CVT), uharanira uburenganzira n’imibereho myiza y’abana mu karere ndetse n’inzego z’ubuyobozi bw’ibanze, bakaba biyemeje kurangiza burundu iki kibazo.
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, avuga ko urubyiruko rukeneye kugira ubumenyi bukenewe, kugira ngo rubashe gutanga umusanzu warwo mu iterambere. Ibi yabitangaje ku wa Gatandatu tariki 02 Ukuboza 2023, ubwo yatangizaga ihuriro ry’imishinga y’udushya, ryateguwe n’Urubuga Mpuzamahanga (UNLEASH).
Perezida Kagame avuga ko Umugabane wa Afurika ukomeje kwikorera umutwaro uturuka ku ngaruka z’imihindagurikire y’ibihe, nyamara ari wo mugabane ugira uruhare ruto mu guhumanya ikirere.
Mu gihe habura igihe gito ngo abana batangire ibiruhuko bisoza umwaka w’amashuri 2022-2023, abayobozi b’amashuri barasaba ababyeyi gushakira abana umwanya wo kuganira no gusabana, mu rwego rwo kumenya gahunda zabo no kubasha gukurikirana imyitwarire yabo.
Urugaga rw’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga mu Rwanda, rurasaba abakora mu rwego rw’ubutabera gutanga ubutabera bwunga, birinda icyakongera gutandukanya Abanyarwanda.
Ku nshuro ya mbere, Fondasiyo Ndayisaba Fabrice isanzwe itegura ibikorwa byo Kwibuka Abana n’Impinja bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yaguriye ibi bikorwa mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye yo mu Karere ka Bugesera.
Umuryango Nyarwanda w’Abafite Ubumuga bw’Uruhu (OIPPA), uratangaza ko abenshi mu barimu hirya no hino mu gihugu, batarasobanukirwa uburyo bwo gufasha abana bafite ubumuga bw’uruhu.
Urubyiruko rw’Abayisilamu rwize mu mahanga, rwibumbiye mu muryango witwa ‘HODESO’, rwubatse ibiro bishya by’Akagari ka Cyabararika mu Murenge wa Muhoza w’Akarere ka Musanze.
Urubyiruko rw’Abayisilamu rwitabira amarushanwa yo gusoma no gufata mu mutwe Igitabo gitagatifu cya Korowani, ruratangaza ko abamaze gucengerwa n’inyigisho zikubiye muri iki gitabo, badashobora kwishora mu bikorwa by’iterabwoba.
Urugaga rw’abakozi mu Rwanda (CESTRAR) ruvuga ko abakozi bose bahembwa umushaha w’ibihumbi ijana no munsi badakwiye gusora, kuko ari bo bagize igice kinini cy’abakozi baremerewe no kubona iby’ibanze nkenerwa ku muturage wese.
Ishuri ry’Incuke ‘Ecole Maternelle Fondation Ndayisaba Fabrice’, rirahamagarira abakiri bato guharanira gukurana umutima wo gukunda igihugu, kurwanya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo ndetse no guharanira kumenya amateka y’Igihugu cyabo.
Bamwe mu bashoferi batwara amakamyo manini yambukiranya imipaka, barasaba inzego zitandukanye kubakorera ubuvugizi, kugira ngo uyu murimo wabo uhabwe agaciro ukwiriye.
Bamwe mu bakobwa n’abagore bakiri bato barimo abiga mu mashuri abanza n’ayisumbuye biga bibagoye kubera ubukene bagera kuri 4,794 bo mu karere ka Kicukiro, bahawe ibikoresho by’ishuri hagamijwe kubafasha kwiga batekanye no kwirinda uwabashuka akabajyana mu ngeso zibashora mu busambanyi bwabakururira kwandura virusi itera (…)
Ikigo mpuzamahanga cy’ikoranabuhanga ‘Direca Technoligies’, kiratangaza ko cyiyemeje kugoboka inzego zitandukanye zirimo imiyoborere, uburezi, ubuvuzi, ubuhinzi n’ubworozi, ibigo by’imari, ibidukikije, ubukerarugendo n’izindi mu rugendo rw’ikoranabuhanga.
Bamwe mu babyeyi bafite abana bafite ubumuga, barasaba bagenzi babo kwita kuri bene abo bana, bakirinda kubafungirana mu nzu, kuko baramutse bitaweho bavamo abantu bafite akamaro.
Umuryango uharanira uburenganzira bw’abana Children’s Voice Today (CVT), uratangaza ko abana bafite ibibazo ari abana nk’abandi, bityo ko ari byiza ko basabana na bagenzi babo, bikabarinda kwigunga no kwiheba.
Abana b’abakobwa baributswa ko guha agaciro imibiri yabo, ari imwe mu ntwaro zabarinda ababangiriza ubuzima.
Abagize ihuriro ry’amadini n’amatorero mu karere ka Nyanza, biyemeje kugira uruhare mu guhindura ubuzima bw’abayoboke babo.
I Gahini mu Ntara y’Uburasirazuba hateguwe urugendo nyobokamana rwiswe ‘Gahini Revival Trip’, rugamije kumenyekanisha amateka y’ubukirisitu ndetse no kwigira ku birango by’ubukirisitu bihari mu rwego rwo gukomeza urugendo rugana mu ijuru.
Urugaga rw’Abahesha b’Inkiko b’Umwuga na Sosiyete y’Ubwishingizi mu Rwanda (Radiant), basinyanye amasezerano agamije gushoboza Abahesha b’Inkiko b’Umwuga kubona Ubwishingizi mu buvuzi.
Mufti w’u Rwanda, Sheikh Hitimana Salim, avuga ko gufata mu mutwe igitabo gitagatifu cya Korowani ari ingenzi cyane ku bayisilamu, kuko ibikubiyemo ari ryo zingiro ry’imyemerere yabo n’imyitwarire myiza.
Urubyiruko rw’Abayisilamu rwaturutse mu bihugu 31 byo ku Mugabane wa Afurika, rwitabiriye amarushanwa yo gusoma igitabo gitagatifu cya Korowani (Coran), ruratangaza ko rwiyemeje kwigisha amahanga kwirinda ivangura iryo ari ryo ryose.
Dr Nicodeme Hakizimana, Umunyarwanda wa mbere ufite ubumuga bw’uruhu, yasoje icyiciro gihanitse cya kaminuza, gituma agira impamyabumenyi ihanitse (Doctorat) mu bijyanye na Tewolojiya (iyobokamana).