Bamwe mu bayobozi b’amashami ashinzwe imicungire y’abakozi, basaba bagenzi babo bakorera mu bigo bya Leta ndetse n’ibyigenga kuba hagati y’abakozi b’abashinzwe n’ubuyobozi bw’ibigo bakorera, hagamijwe ko nta ruhande ruryamira urundi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro buravuga ko bihaye gahunda irambye yo gufasha umuturage kwikura mu bukene, hashyirwa imbaraga mu guhugura urubyiruko, mu rwego rwo kubashishikariza kugira ubumenyi no guhatana ku isoko ry’umurimo.
Bamwe mu bacuruzi bo mu Rwanda bakorera ubucuruzi mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC), bagaragaje ko bagihura n’imbogamizi zitandukanye zidindiza ubucuruzi bwabo, bagasaba ko inzego bireba zagira icyo zikora bigakemuka.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko bitumvikana ukuntu muri Afurika abaturage batemererwa kugenderana cyangwa ngo habeho urujya n’uruza rw’ibicuruzwa biva mu bihugu bimwe bijya mu bindi.
Muri Kigali Convention Centre hatangijwe Inama ya kabiri y’Ihuriro ry’Ubukungu rigamije kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA Business Forum), izwi nka Biashara Afrika.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Prudence Sebahizi, avuga ko kugira ngo u Rwanda rubashe guhaza isoko rigari nk’Isoko Rusange rya Afurika (Africa Continental Free Trade Area- AFCFTA), hakenewe kongera umusaruro ku buryo bugaragara.
Hashize umwaka urengaho gato bamwe mu baturage bari batuye mu Mudugudu wa Kibaya, Akagari ka Nyamabuye, Umurenge wa Gatsata w’Akarere ka Gasabo basabwe kwimuka aho bari batuye kubera ko hashoboraga gushyira ubuzima bwabo mu kaga. Nyamara ariko, hafi y’aha hantu himuwe abaturage mu Mudugudu umwe, Akagari kamwe, muri metero (…)
Kuva mu Ugushyingo 2022, Mukantabana Belina, utuye mu Mudugudu wa Rwanyanza, mu Kagari ka Ngiryi, Umurenge wa Jabana w’Akarere ka Gasabo, buri munsi kuva ku wa Mbere kugera ku wa Gatanu yakira abana bari hagati ya 17-20.
Mu mwaka wa 2019, Mukamana (izina twamuhaye) yasabye kwiga muri Kaminuza y’u Rwanda, mu Ishami ry’Ubugeni n’Ubumenyi Rusange yifitiye icyizere, kuko yari yaratsinze neza mu bizamini bya Leta.
Abahagarariye Sosiyete Sivile muri Kivu zombi mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Kongo (RDC), baratabariza Abanyekongo b’Abanyamulenge bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda, bakomeje kwicwa, gusahurwa no gufungwa bazira ubusa.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Nzeri 2024, ubwo hakinwaga icyiciro cya gatatu cy’irushanwa ry’umukino wa Golf ritegurwa na Banki ya Kigali ‘Bank on the Blue, Score on Green’ iyi banki yiyemeje ko igiye kurushaho kuryoshya iri rushanwa.
Ihuriro ry’abakora umwuga wo kwita ku bakozi mu Rwanda ryitwa ‘People Matters Kigali-Rwanda’ rirasaba abakoresha kujya bafata umwanya wo kugira inama abakozi uburyo bw’imikoreshereze y’umutungo, mu rwego rwo kugira ngo barusheho gutanga umusaruro mukazi.
Umuturage witwa Nahimana Emmanuel, uvuga ko yaguze ikibanza muri site iherereye mu Mudugudu wa Gitarama, Akagari ka Karama mu Murenge wa Kanombe ho mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, akaba afite icyangombwa cy’ubutaka n’icyo kubaka ariko akaba yarabujije n’uwo bahana urubibi, aravuga ko agiye kwitabaza urukiko ariko (…)
Umujyanama mu bya Tekiniki muri Minisiteri y’Uburezi, Pascal Gatabazi, avuga ko iyo amashuri ayobowe neza haba hari icyizere ko n’abana bayigamo biga neza.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Nzeri 2024, Abasenateri 20 bagize manda ya kane ya Sena y’u Rwanda barahiriye gutangira imirimo yabo.
Binyuze mu masezerano ashyiraho Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA), kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Nzeri 2024, Leta y’u Rwanda yatangije gahunda yihariye yo kohereza mu mahanga ibicuruzwa bihurijwe hamwe.
Kuri uyu wa Mbere tariki 23 Nzeri 2024, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyizeho Abasenateri bane, ari bo Dr François Xavier Kalinda, Bibiane Gahamanyi Mbaye, Dr Usta Kaitesi na Solina Nyirahabimana.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, irashima uruhare rw’abatwara amagare batabigize umwuga bazenguruka ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (Great Africa Cycling Safari), mu bukangurambaga bugamije kumenyekanisha ibikorwa by’uyu Muryango.
Mu mwaka ushize wa 2023, ni bwo Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yashyizeho amabwiriza yemerera abantu ku giti cyabo cyangwa se ibigo ariko batakira amafaranga abitswa (Non-Deposit Taking Financial Services), gutanga serivisi z’imari, harimo no gutanga inguzanyo ku bazikeneye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yagaragaje ko imiyoborere myiza ishyira imbere umutekano, ari impamvu ikomeye yatumye abashoramari baza mu Rwanda.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare kiratangaza ko umusaruro mbumbe w’u Rwanda wageze kuri miliyari 4,525 z’amafaranga y’u Rwanda mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka wa 2024, uvuye kuri miliyari 3,972 Frw wariho mu gihe nk’icyo mu 2023.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), iributsa ababyeyi ko inshingano zo kwita ku burere bw’abana babo by’umwihariko abakobwa, zihoraho haba mu bihe bisanzwe ndetse no mu gihe umwana agize ibyago byo gutwara inda atateganyije.
Abagize uruhererekane rw’abakora n’abacuruza ibikomoka ku mpu (Kigali Leather Cluster), baravuga ko mu Rwanda hose hari toni zirenga 100 z’impu ziri kwangirikira mu bubiko kuko zitemerewe kugurishwa hanze y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC), kandi isoko rya EAC na ryo rikaba ari ritoya.
Umuturage witwa Nahimana Emmanuel, utuye mu Murenge wa Kanombe w’Akarere ka Kicukiro, aravuga ko yabujijwe kubyaza umusaruro ubutaka yaguze muri site iherereye mu Mudugudu wa Gitarama, Akagari ka Karama mu Murenge wa Kanombe ho mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, mu buryo we yita akarengane.
Bamwe mu barimu bigisha mu mwaka wa mbere, uwa kabiri n’uwa gatatu y’amashuri abanza bitabiriye ‘Gahunda Nzamurabushobozi’ yakozwe mu biruhuko, baravuga ko iyi gahunda bayifashe nk’igihano bahawe cyo kuba barigishije abana bagatsindwa.
Isangano ry’abagore baharanira amajyambere y’icyaro (Reseau des Femmes), riravuga ko mu itegeko rirebana n’ubuzima bw’imyororokere hakigaragaramo imbogamizi, ahanini zibuza abana guhabwa serivisi z’ubuzima bw’imyororokere badaherekejwe n’ababyeyi.
Polisi y’u Rwanda irasaba ibigo byigenga bitanga serivisi zo gucunga umutekano, gushishikariza abakozi babyo kurushaho gukora kinyamwuga, kugira ngo umutekano w’abantu n’ibyabo urusheho kugerwaho.
Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda (Societe Biblique u Rwanda - SBR), ugaragaza ko urubyiruko ruramutse rutigishijwe neza ndetse ngo rutozwe indangagaciro nziza, rushobora kuba ikibazo ku Mugabane wa Afurika.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), yatangaje ko imyiteguro y’amatora y’Abasenateri irimbanyije, ariko ko hari abaturage batarumva neza impamvu aba bagize Inteko Ishinga Amategeko batorwa.
Mu mpera z’umwaka ushize wa 2023, umunyeshuri w’umukobwa wigaga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza mu Rwunge rw’Amashuri rwa Nyabagendwa mu Murenge wa Rilima w’Akarere ka Bugesera, byavuzwe ko yatewe inda n’umwarimu wamwigishaga.