Urukiko Rukuru rw’i Nyanza ku wa Kabiri tariki ya 20 Ukwakira 2020 ntirwaburanishije urubanza rw’ubujurire rwa Musabyuwera Madeleine n’umuhungu we Kayihura Cassien, bari barakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye igifungo cya burundu, nyuma yo guhamwa n’icyaha cya muri Jenoside.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwandanda Dr. Vincent Biruta n’uw’u Burundi Albert Shingiro, bahuriye ku mupaka wa Nemba mu Karere ka Bugesera, mu biganiro bigamije kugarura umubano hagati y’ibihugu byombi. Ni ibiganiro biri kuba kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Ukwakira 2020.
Uwizeyimana Evode uri mu Basenateri bane bashyizweho na Perezida wa Repubulika Paul Kagame ku wa gatanu tariki ya 16 Ukwakira 2020, avuga ko umuntu adakwiye gusanishwa n’amakosa runaka yaguyemo, ko ahubwo hakwiye kurebwa uburyo akosora ayo makosa.
Mu Kagari ka Bweya, Umurenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, umuturage witwa Sindikubwabo Makezi, yahawe akazi na Singayirimana Emmanue ko gukura mu musarane wa metero 25 ingurube ye ( Singayirimana) yari yaguyemo, asezeranywa guhembwa amafaranga 2000Frws, ariko mu gushaka kuyikuramo ahasiga ubuzima.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA), rwatangaje ko hashingiwe ku byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa 12 Ukwakira 2020 rumenyesha Abaturarwanda bose ko ibijyanye n’ingendo mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange, amabwiriza azatangira kubahirizwa kuwa Kane, tariki ya 15 Ukwakira 2020 hamaze gushyirwaho ibiciro (...)
Abagize umuryango wa Disi Didace wari utuye mu Murenge wa Ntazo mu Karere ka Nyanza, baravuga ko bahangayikishijwe no kuba imibiri y’abana babiri bo muri uwo muryango bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, imaze imyaka ibiri idashyingurwa mu cyubahiro.
Umukozi w’Akarere ka Kirehe ushinzwe guhuza abafatanyabikorwa n’akarere (DJAF Officer), Bititi Fred, afunze akekwaho kunyereza amafaranga 4,837,500 y’u Rwanda.
Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa Leta (PAC), yirukanye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyamagabe Ngarambe Alfred, mu cyumba abayobozi muri ako karere batangiragamo ibisobanuro kuri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, ku bibazo byagaragaye mu (...)
Abanyarwanda batatu bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, batawe muri yombi ku wa Kabiri no ku wa Gatatu w’iki cyumweru i Buruseli no muri Hainaut mu Bubiligi.
Minisitiri w’Uburezi Dr. Uwamariya Valentine, aratangaza ko hagati muri uku kwezi k’Ukwakira 2020, hari zimwe muri kaminuza n’amashuri makuru bigiye gutangira gutanga amasomo abanyeshuri bari ku mashuri, ndetse bikanakoresha ikoranabuhanga.
Urukiko Rusesa imanza rwa Paris rwategetse ko Kabuga Félicien yohererezwa Urwego rwasigariyeho Inkiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, (IRMCT) rukaba ari rwo rumuburanisha.
Imvura iguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Nzeri 2020, isambuye inzu yangiza n’imyaka myinshi ku musozi wa Gasogi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buravuga ko bwatangije gahunda yo gutuburira imbuto y’ibirayi muri ako karere, ku buryo abahinzi babyo bose bazajya babasha kuyibona bitabasabye kujya kuyihaha mu tundi turere.
Umugore witwa Nyiraminani Julienne wo mu Mudugudu wa Cyiha, Akagari ka Rwantonde mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe, arakekwaho gufatanya n’abana be batatu bagatemagura umugabo we Habineza Francois, ari na we se w’abo bana kugeza apfuye.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) kiratangaza ko ku wa Kabiri tariki 22 Nzeri 2020, cyakiriye impano y’imyambaro 1,650 igenewe kurinda abaganga bita ku barwayi ba Covid-19, yatanzwe n’igihugu cya Brazil, mu rwego rwo gufasha u Rwanda guhangana n’icyo cyorezo.
Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEAMA), iratangaza ko imvura yaguye mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 22 Nzeri 2020, yateye Ibiza byakomerekeje abantu batatu, bisenya inzu zirenga 50, byangiza hegitari 60 z’imyaka, bisenya ishuri, ipoto y’amashanyarazi ndetse n’ikiraro, mu turere dutandukanye tw’igihugu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze buratangaza ko bwahagaritse mu kazi Aimable Nsengimana wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busogo, wavuzweho gutwara umuturage witwa Mbonimana Fidele muri ‘butu’ y’imodoka, hanyuma bikamuviramo gukomereka bikomeye.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Nzeri 2020, mu Rwanda umuntu wa 26 yishwe na COVID-19. Uwo muntu wishwe na COVID-19 ni Umunyarwandakazi w’imyaka 26 witabye Imana ari i Kigali.
Urwego rwasigariye Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwashyiriweho u Rwanda, IRMCT, rwanze ubusabe bwa Laurent Semanza wahamijwe ibyaha bya Jenoside ubu akaba arimo kurangiriza igihano muri Benin, wasabye gufungurwa kandi atararangiza igihano.
Ambasade ya Uganda mu Rwanda yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Nzeri 2020, icyiciro cya kabiri cy’abaturage b’Abagande 75 bari baraheze mu Rwanda kubera icyorezo cya Covid-19 batashye mu gihugu cyabo.
Umuryango Mabawa ukorera mu Karere ka Nyaruguru, uratangaza ko uhangayikishijwe n’ikibazo cy’abana b’abangavu batwara inda z’imburagihe, bikabaviramo guta amashuri no gutakaza andi mahirwe bari kuzabona mu buzima bwabo.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 09 Nzeri 2020, Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwashyikirije Ubushinjacyaha dosiye ya Paul Rusesabagina, ukekwaho kurema no kuyobora umutwe n’ihuriro ry’imitwe y’iterabwoba yitwara gisirikare igizwe n’abahezanguni, irimo MRCD na PDR-Ihumure, ikorera mu bice bitandukanye mu karere no mu mahanga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, avuga ko abakoze ibyaha byagize ingaruka ku mateka y’Abanyarwanda ndetse n’ibindi byaha ibyo ari byo byose, ubutabera buzabasanga aho bazaba bari hose.
Mu masaha ya saa sita z’amanywa kuri iki Cyumweru tariki ya 06 Nzeri 2020, igice cya Motel City Valley hamwe n’isoko ry’ibiribwa byegeranye mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, byafashwe n’inkongi y’umuriro.
Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki ya 05 Nzeri 2020, abantu 77 bafatiwe mu gishanga kigabanya Akarere ka Gisagara n’aka Huye basenga, barenze ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.
Mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 04 Nzeri 2020, abakozi batanu barimo abo ku Bitaro bya Kirinda mu Karere ka karongi, bafatiwe mu Mudugudu wa Nyarubanga, Akagari ka Shyembe mu Murenge wa Murambi bifungiranye mu kabari banywa inzoga, barenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19.
Ku Cyumweru tariki ya 30 Kanama 2020, Umuryango Geraldine Trada Foundation (GT Foundation) watanze inkunga ku miryango 15 itishoboye ifite abana barwaye diyabete yo mu bwoko bwa mbere bivuriza ku Bitaro bya Muhima mu Mujyi wa Kigali.
Karemera Edouard wari ufungiye muri Senegal nyuma yo gukatirwa igifungo cya burundu kubera ibyaha bya Jenoside yahamijwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), yaguye muri gereza.
Urwego rw’Igihugu rishinzwe Ubugenzacyaha (RIB), ruramenyesha Abanyarwanda n’amahanga ko binyuze mu bufatanye n’amahanga, Paul Rusesabagina yafashwe ubu akaba ari mu maboko ya RIB.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Kanama 2020, Perezida wa Repubulika yayoboye Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro.