Philippe Mpayimana wahataniye umwanya wa Perezida wa Repubulika nk’umukandida wigenga mu matora yo muri 2017, yongeye gushyikiriza Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), ibyangombwa bisaba kuba umukandida wigenga nanone ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora yo muri Nyakanga 2024.
Habimana Thomas, uyobora ishuri ry’imyuga n’ubumenyi ngiro rya ‘Hope TSS’, riherereye mu Murenge wa Gisenyi w’Akarere ka Rubavu, yatanze ibyangombwa bisaba kuba umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora azaba muri Nyakanga 2024.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), yakiriye ibyangombwa bya Barafinda Sekikubo Fred, bisaba kwemererwa kuba umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora azaba muri Nyakanga uyu mwaka wa 2024.
Kuri uyu wa Mbere tariki 27 Gicurasi 2024, u Rwanda na Mali byasinye amasezerano 19 y’ubufatanye mu nzego zirimo ubuzima, umutekano, umuco, ubuhinzi, ubukerarugendo, ikoranabuhanga n’ibindi.
Pasiteri Cleophas Barore, usanzwe anayobora Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA), aravuga ko kuba umuntu yaminuza mu masomo ajyanye n’Ubumenyamana (Theology), bitamubuza kuyobya abo yigisha.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Gicurasi 2024, nibwo Komisiyo y’Amatora yakiriye Manirareba Herman, ushaka kuba umukandida wigenga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora azaba muri Nyakanga 2024.
Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda buvuga ko dosiye iregwamo Jean Baptiste Habineza, uyobora Umurenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza, yashyinguwe by’agateganyo. Gitifu Habineza yashinjwaga ibyaha birimo guhisha amakuru ku cyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kunyereza imibiri y’abazize Jenoside.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana, yavuze ko kugeza ikoranabuhanga muri Koperative Imirenge SACCO, ubu bigeze ku ijanisha rya 94%, yizeza ko mu bihe bya vuba ibi bigo by’imari byose bizaba byagejejejwemo ikoranabuhanga.
Nyuma ya Kicukiro na Bugesera, ibikorwa byo kwibuka abana n’impinja bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, byaguriwee mu Karere ka Nyabihu mu Ntara y’Uburengerazuba.
Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta y’umwaka wa 2022-2023, yagaragaje ko imishinga umunani y’iterambere, ifite agaciro ka miliyari 564 z’amafaranga y’u Rwanda yadindiye, bitewe n’uko igihe yari yagombaga gukorwamo cyararangiye cyangwa kikaba kiri hafi kurangira, iyo mishinga itaragera ku musozo.
Umwanditsi w’ibitabo Gashema Emmanuel, avuga ko bidakwiye ko abanyamahanga bandika amateka y’u Rwanda nyamara Abanyarwanda bahari kandi babishoboye.
Depite Solange Uwingabe avuga ko amateka y’u Rwanda kuva mu gihe cy’ubukoloni, mu gihe cya Repubulika ya mbere n’iya kabiri, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse na nyuma yayo, akwiye kujya yigishwa kandi akavugwa uko ari nta kuyagoreka.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 20 Gicurasi 2024, Dr. Frank Habineza watanzwe n’Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda, yashyikirije Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), ibyangombwa bisaba guhagararira iryo shyaka nk’umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, mu matora ateganyijwe muri Nyakanga 2024.
Dusingizimana Jean Népomuscène wifuza kuba umukandida wigenga mu matora y’Abadepite ateganyijwe muri Nyakanga uyu mwaka wa 2024, aravuga ko urugendo rwo gushaka ibyangombwa bisabwa rwamugoye cyane.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), ivuga ko kugeza ubu hari Abanyarwanda barenga ibihumbi 53 bamaze kujya kuri lisiti y’itora, bazatorera mu bihugu by’amahanga baherereyemo.
Kuva tariki ya 14 kugera ku ya 16 Nyakanga 2024, Abanyarwanda 9,500,000 bafite kuva ku myaka 18 kuzamura, bazitabira amatora ya Perezida wa Repubulika ndetse n’ay’Abadepite.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora iravuga ko hari abantu 8 basabye impapuro zibemerera kujya gushaka imikono mu turere ibemerera kwiyamamariza kuba Perezida wa Repubulika.
Sandrine Uwase w’imyaka 21, utuye mu Kagari ka Rusheshe, mu Murenge wa Masaka w’Akarere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, yatangiye kunywa ikiyobyabwenge cy’urumogi afite imyaka 18 y’amavuko.
Kuva ku wa Mbere tariki 13 Gicurasi 2024, amakuru yatangiye gukwirakwira avuga ko hari abakozi icyenda b’Akarere ka Rusizi basezeye ku mirimo yabo ku mpamvu zabo bwite, ariko abandi bakavuga ko batabikoze ku bushake ahubwo babitegetswe n’ababakuriye.
Mukamana Annonciata (izina twahinduye), acururiza inkweto mu Mujyi wa Kigali mu nyubako izwi nka ‘Down Town’ kuva mu mwaka wa 2018. Avuga ko kuva icyo gihe yishyura ubukode bw’umuryango acururizamo mu madolari ya Amerika, kandi ko buri mwaka igiciro kizamuka bitewe n’agaciro k’idolari.
Hagamijwe guha umurongo n’icyerekezo ubucuruzi bw’ibikoresho by’amashanyarazi n’iby’ikoranabuhanga byakoreshejwe, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw’Ubuziranenge, Ihiganwa mu bucuruzi no kurengera Umuguzi (RICA), ku bufatanye n’inzego z’umutekano bakomeje gukora ubugenzuzi hirya no hino mu Gihugu bakangurira (…)
Mu mwaka ushize wa 2023, ni bwo Ufitese Assia wo mu Murenge wa Kigarama w’Akarere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali yatewe inda, agisoza umwaka wa gatandatu w’amashuri abanza.
Bamwe mu baturage batuye mu Mudugudu w’Intiganda, Akagari ka Tetero, mu Murenge wa Muhima w’Akarere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, baratabaza bavuga ko hari umuturanyi wabo bita ‘umunyabubasha’, wabafungiye inzira yerekeza mu ngo zabo.
Tariki 03 Gicurasi 2024, umunyamakuru wa Kigali Today yinjiye muri Farumasi imwe mu zikorera mu Karere ka Nyarugenge, atagamije kugura umuti, ahubwo agamije kureba urujya n’uruza rw’abakiriya baza kugura imiti muri iyo Farumasi.
Esther Masengesho w’imyaka 21, yarangije amasomo ya tekiniki, imyuga n’ubumenyi ngiro, mu mwaka wa 2023, mu Ishuri ryigisha Tekiniki Imyuga n’Ubumenyi Ngiro ryahoze ryitwa EAV Gitwe, ubu ryahindutse TSS Gitwe ryo mu Karere ka Ngoma. Yize amasomo ajyanye no gukora za Porogaramu za Mudasobwa (Software Development).
Mu ijoro rya tariki 16 Mata 2024, Nsanzimana Jean w’imyaka 40 yarokotse urupfu rwamutwaye umugore we Mukandekezi Francine wari ufite imyaka 35, ndetse n’umwana wabo Kagame Hamdan wari ufite imyaka ibiri. Yasigaranye n’umwana wabo mukuru w’imyaka itandatu gusa.
Perezida Kagame yavuze ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, u Rwanda rwahisemo kubakira ku bumwe n’ubwiyunge, nk’igishoro cy’ibanze ku kubasha kubaka u Rwanda rubereye Abanyarwanda.
Ikigo Zipline kiyoboye mu gukwirakwiza ibikoresho birimo n’amaraso ahabwa abarwayi kwa muganga cyifashishije utudege tutagira abapilote, kivuga ko mu Rwanda kigira uruhare rwa 75% mu kugeza amaraso ku bitaro byo hanze ya Kigali.
Gakumba Patrick uzwi nka ‘Super Manager’, yagizwe ushinzwe kwamamaza ibikorwa ‘Brand Ambassador’ w’inyubako ikorerwamo siporo ya KT Fitness Gym, ikorera i Remera ku Gisimenti mu Mujyi wa Kigali.
Abategura amarushanwa y’urubyiruko yo gusoma no gufata mu mutwe Igitabo Gitagatifu cya Korowani, bavuga ko imyemerere y’iri dini ishingiye ku mahoro, kandi ko amahoro adashobora kugenda mu murongo umwe n’ubuhezanguni n’urugomo.