Bamwe mu bahinzi bahinga mu bishanga biherereye mu Mujyi wa Kigali, baravuga ko bamaze gusobanukirwa ingaruka zo guhinga bavangavanga imyaka, kuko bituma umusaruro utaboneka uko wari witezwe ndetse n’ubonetse kuwubonera isoko bikagora.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko Paul Kagame ari we watorewe kuba Umukuru w’Igihugu n’amajwi 99.18%.
Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rukwiye kubaka ubushobozi bwisumbuyeho mu nzego z’ubuvuzi, ku buryo nta Banyarwanda bazongera kujya bajya kwivuza mu bihugu by’amahanga, ahubwo abaturage bo mu bihugu byo mu Karere bakajya baza gushaka serivisi z’ubuvuzi mu Rwanda.
Abahesha b’Inkiko b’Umwuga, basabye Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ko yabemerera kuba ba noteri, kugira ngo bajye borohereza abaturage kubonera serivisi zose ahantu hamwe mu gihe cyo kurangiza inyandiko-mpesha.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko Paul Kagame ari we ukomeje kuza imbere mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’amajwi 99.18%, mu gihe Frank Habineza afite 0.50% naho Philippe Mpayimana akagira 0.32%.
Dr. Frank Habineza wiyamamarizaga umwanya wa Perezida wa Repubulika ku itike y’Ishyaka Riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), yashimiye Paul Kagame watangajwe ko yatsinze amatora by’agateganyo.
Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Dr. Frank Habineza watanzwe n’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green party of Rwanda), yatangaje ko agifite icyizere cyo gutsinda amatora.
Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), ryashimiye abaturage b’uturere twose tw’u Rwanda, uburyo bakiriye abakandida baryo mu bikorwanbyo kwiyamamaza mu mayora ateganyijwe mu cyumweru gitaha.
Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), ryasezeranyije abaturage bo mu Turere twa Burera na Musanze ko nibaritora, rizaharanira ko buri mwana agira itungo rigufi (amatungo magufi) yorora, hagamijwe gutoza abana gukora bakiri bato.
Dr. Frank Habineza wiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika ku itike y’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), yavuze ko bakurikije uko ibikorwa byo kwiyamamaza biri kugenda, bizeye kuzongera gutsinda amatora y’Abadepite, ndetse ko n’ay’Umukuru w’Igihugu (...)
Abaturage bo mu Kagari ka Gakamba, Umurenge wa Mayange, ndetse n’abo mu Kagari ka Murama, Umurenge wa Nyamata, mu Karere ka Bugesera bari bamaze ibyumweru bibiri gusa baterewe imiti mu nzu, ariko bakomeza kubona umubu mu nzu kandi mbere umubu waramaraga igihe warashize.
Dr. Frank Habineza wiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika ku itike y’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), yijeje abaturage bo mu Karere ka Gicumbi ko nibamugirira icyizere bakamutora, muri aka Karere hazubakwa uruganda rutunganya umukamo w’amata.
Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Dr. Frank Habineza watanzwe n’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), yabwiye abaturage b’Akarere ka Muhanga ko nibamutora, azanoza ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ku buryo buteza imbere abatuye aho bukorerwa.
Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika watanzwe n’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), Dr. Frank Habineza yabwiye abaturage bo mu Karere ka Bugesera ko natorwa, mu Rwanda hazubakwa uruganda rukora amagare.
Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika watanzwe n’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), yabwiye abaturage bo mu Turere twa Nyaruguru na Nyamagabe, ko nibamugirira icyizere bakamutora, azanoza imitangire y’ingurane z’imitungo y’abaturage bimurwa ku (...)
Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), ririzeza Abanyarwanda ko nibatora umukandida waryo ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Dr. Frank Habineza, rizashyiraho nkunganire igamije kubafasha kugura Gaz badahenzwe.
Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika watanzwe n’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), Dr. Frank Habineza, yavuze ko mu minsi 11 iri shyaka rimaze mu bikorwa byo kwiyamamaza, ryabangamiwe mu Karere ka Ngoma gusa.
Bwa mbere mu mateka y’amatora mu Rwanda, ni bwo bwa mbere amatora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite, ahujwe akaba azabera umunsi umwe ku itariki ya 15 Nyakanga 2024.
Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), riravuga ko umukandida waryo ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Dr. Frank Habineza naramuka atsinze amatora, ikibazo cy’ifungwa ry’imipaka ihuza u Rwanda n’ibihugu by’ibituranyi kizahinduka amateka.
Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda), ryabwiye abaturage bo mu Karere ka Huye ko umukandida waryo ku mwanya wa Perezida wa Repubulik, Dr. Frank Habineza natorwa, rizavugurura imitangire y’amafaranga y’ikiruhuko cy’izabukuru ‘Pension’, uwiteganyirije akajya yemerererwa (...)
Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda, (Democratic Green Party of Rwanda) rivuga ko umukandida waryo natorerwa kuyobora u Rwanda, rizashyiraho uburyo abaturage batanga ibitekerezo kandi byagera ku 1000 bigahinduka umushinga w’itegeko.
Abakora akazi ko gucunga abakozi babigize umwuga (Human Resource Managers), mu bigo bya Leta n’ibyigenga, baravuga ko aho Isi igeze, gushingwa abakozi mu kigo atari uguha akazi abakozi bashya, guhana abakosheje cyangwa gutanga imishahara gusa.
Dr. Frank Habineza wiyamamariza kuba Perezida wa Repubulika ku itike y’Ishyaka riharanira demukarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda - DGPR), yavuze ko Abanyarwanda nibamugirira icyizere bakamutora, azazamura imishahara y’abaganga n’abakora kwa muganga.
Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika watanzwe n’Ishyaka riharanira demukarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda - DGPR), Dr. Frank Habineza, yijeje abaturage bo mu Karere ka Kirehe ko nibamutora batazongera kugira ikibazo cy’amazi meza.
Dr. Frank Habineza urimo kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika, ku itike y’Ishyaka riharanira demukarasi no kurengera ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda – DGPR), yavuze ko naramuka atsinze amatora azakuraho burundu umusoro w’ubutaka.
Mu bikorwa byo kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika ndetse n’imyanya mu Nteko Ishinga Amategeko, Ishyaka riharanira demukarasi no kurengera ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda - DGRP), ryavuze ko ari ishyaka ritabeshya abayoboke baryo, kuko ibyo ribasezeranyije bikorwa.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA), kiratangaza ko guhera mu mwaka utaha w’ingengo y’imari 2024-2025, hirya no hino mu Gihugu hazubakwa ibiraro (amateme) byinshi byo mu bwoko bwa ‘Stone Arch Bridges’, bizwiho kudasohora imyuka yangiza ikirere.
Ihuriro ry’abaganga b’igitsina gore bavura bifashishije kubaga ‘Women in Surgery Rwanda’ (WiSR), rirahamagarira abakobwa n’abagore biga ubuganga kwitabira ishami ryo kuvura hifashishijwe kubaga, kuko umubare w’abagore bari muri iri shami kugeza ubu ukiri muke ugereranyije na bagenzi babo b’abagabo.
Ku munsi wa mbere w’ibikorwa byo kwiyamamaza, Ishyaka Riharanira Demukarasi n’Imibereho Myiza y’Abaturage (PSD), ryatangaje ko nirihagararirwa mu Nteko Ishinga Amategeko rizaharanira ko umusoro ku nyongeragaciro uva kuri 18% ukagera kuri 14%.
Binyuze mu Mushinga Give Directly, ufatanya na Leta y’u Rwanda muri gahunda ya ‘Gira Wigire’ igamije kuvana abaturage mu bukene, ingo zisaga ibihumbi 23 zimaze guhabwa amafaranga y’u Rwanda arenga miliyari 28, yo kuzifasha kwivana mu bukene.