Abayobozi bahagarariye ibihugu byabo mu muryango w’abibumbye (UN) bafashe umunota wo kunamira miliyoni isaga y’inzirakarengare zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 banacana urumuri mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside cyabaye tariki 11/04/2012 ku cyicaro cya UN i New York muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Jean Damascene Ntawukuriryayo, yifatanije n’urubyiruko rugera ku 2248 mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 18 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Abanyamakuru ba siporo mu Rwanda baribuka, ku nshuro ya kabiri, abakinnyi, abanyamakuru ba siporo, abakunzi ndetse n’abandi bose bagize uruhare muri siporo bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Abagize ishyirahamwe Nyarwanda ry’abavuzi gakondo bahuriye mu ishyirahamwe AGA Rwanda Network bavuga ko buri Munyarwanda wese afite uruhare mu gikorwa cyo kwibuka.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu karere ka Rulindo barasaba ko mu gihe ku nzibutso handikwa amazina y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi, hanateganywa umwanya w’amazina ya ba ruharwa mu kuyishyira mu bikorwa.
Umuyobozi w’intara y’amajyaruguru arakangurira Abanyarwanda kurushaho gufata iya mbere bakikemurira ibibazo igihugu cyabo gifite kuko amateka agaragaza ko amahanga ntacyo yafashije.
Mbere y’uko icyunamo gitangira, abacitse ku icumu batuye mu murenge wa Muhura akarere ka Gatsibo bashyikirijwe urwandiko rubatera ubwoba rubabwira ko icyunamo kizarangira barangije kubica.
Nyuma y’imyaka 18 Abanyaruhango bibuka ababo baguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nibwo bwa mbere babonye ikigo gikomeye kiza kwifatanya nabo kikanabatera inkunga.
Abapolisi b’Abanyarwanda 189 bari mu butumwa bw’amahoro muri Haiti bitafanyije n’abandi Banyarwanda bakora muri icyo guhugu ndetse n’abakozi b’umuryango w’abibumbye mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi muri mata 1994.
Abanyarwanda baba mu Buyapani, Guverinoma y’icyo gihugu n’ishuti z’u Rwanda, kuri uyu wa mbere tariki 09/04/2012 bakoze igikorwa cyo kunamira inzirakarengane zaguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abanyarwanda batuye mu mujyi wa Ottawa-Gatineau n’inshuti zabo, tariki 07/04/2012, bahuriye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 18 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Abahanzi batorewe gukomeza mu kiciro cya kabiri cya Primus Guma Guma Super Star 2 n’abayobozi ba Bralirwa na East African Promotors ndetse n’abanyamakuru bakurikirana iby’imyidagaduro bo mu bitangazamakuru binyuranye, basuye urwibutso rwa Ntarama n’urwa Nyamata mu Bugesera tariki 09/04/2012.
Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba, Uwamariya Odette, arahamagarira Abanyarwanda b’ibyiciro byose kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside kuko igisebo kuyikomokaho cyambitswe Abanyarwanda bose imbere y’amahanga.
Nubwo benshi bibwira ko ihungabana ari iry’abacitse ku icumu gusa kuko aribo bakorewe Jenoside, umunyamabanga w’inama njyanama y’akarere ka Muhanga, Nyirabahire Speciose, avuga ko ihungabana ritagirwa n’abacitse ku icumu gusa kuko n’abandi bashobora guhungabana.
Mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 18 Jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994, Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke yabwiye abaturage ko kwibuka iyo Jenoside ari ibya buri Munyarwanda ariko abaturage ba Nyamasheke bakaba bagomba kubyitabira kurushaho kuko bafite umwihariko kuri Jenoside.
Umuhanzi Rwibutso Innocent uvuka mu murenge wa Ntongwe akarere ka Ruhango, avuga ko guhanga indirimbo z’icyunamo bituma yumva aruhutse umuzigo munini yikorejwe na Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka 1994.
Polisi y’u Bubiligi yataye muri yombi Umunyarwanda utavuga rumwe na Leta ya Kigali witwa Boniface Rutayisire, tariki 07/04/2012 mu mujyi wa Bruxelles, ubwo yashakaga gukora imyigaragambyo yo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Mu gihe Abanyarwanda bibuka ku nshuro ya 18 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hari abagihura n’ihungabana baterwa n’ibyo banyuzemo uretse ko abantu bose badapfa kwemera ko abo bantu koko baba bahuye n’ihungabana.
Abayobozi ba guverinoma y’u Buhinde, abahagarariye ibihugu byabo, abashoramari n’inshuti z’u Rwanda zifatanyije n’Abanyarwanda baba mu Buhindi tariki ya 07/04/2012 ubwo u Rwanda rwatangizaga icyumweru cy’icyunamo hibukwa inzirakarengane zaguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Kaminuza Nkuru y’u Rwanda irateganya gushyingura mu cyubahiro imibiri 15 y’abazize Jenoside bakuwe mu miringoti no mu mirima iri mu ishyamba rikikije iyi kaminuza, mu gikorwa kizaba tariki 21/04/2012.
Akarere ka Rulindo kavuze ko mu cyunamo cy’umwaka utaha abandi Banyarwanda batahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi bazatanga ubuhamya bw’ibyabaye kuko nabo babizi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burasaba abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bo muri ako karere kwiyumanganya kugira ngo uwashatse ko batabaho atazabona bababaye akishima.
Abaturage bo mu karere ka Gatsibo barahamagarira buri Munyarwanda guharanira ubumwe kugira ngo yiyubakire igihugu. Ubumwe n’ubwiyunge byagarutseho henshi mu midigudu igize akarere ka Gatsibo ubwo hatangizwaga icyunamo cyo kwibuka ku nsuro ya 18 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi bwifatanyije n’abandi Banyarwanda kwibuka ku nshuro ya 18 inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Akarere ka Ruhango kifatanyije n’abandi Banyarwanda ndetse n’isi yose kwibuka ku nshuro ya 18 inzirakarengane zazize Jenoside ya korewe Abatutsi mu 1994.
Muri iki gihe twibuka ku nshuro ya 18 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, abaturage b’umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke biyemeje gukusanya amafaranga miliyoni zirenga gato icyenda mu rwego rwo gufasha abacitse ku icumu batishoboye.
Abarokotse Jenoside i Mwurire mu karere ka Rwamagana bavuga ko kurokoka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ari igitangaza gikomeye ku buryo batabona uko bashimira uwo ari we wese wagize uruhare mu kurokora abahigwaga.
Ubwo hatangizwaga icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 18 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu karere ka Rubavu, abana b’imfubyi basabye Abanyarwanda kurushaho kubegera bakababera ababyeyi.
Perezida Kagame arihanangiriza abatavuga rumwe na Leta baba hanze y’igihugu ko nta ngaruka n’imwe bashobora guteza umurongo u Rwanda rugenderaho wo kwiteza imbere.
Umuyobozi w’umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside (IBUKA) arasaba Leta gushyira ingufu mu kubonera ubufasha bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.