Abasenateri n’abadepite n’abakozi bakora mu inteko inshingamategeko, basuye uributso rwa Murambi, mu rwego rwo gukomeza kunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Kagari ka Gisari na Kibanda mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Ruhango baravuga ko bahangayitse cyane kuko bashobora kwimurirwa mu midugudu bagasiga imibiri y’ababo mu matongo.
Kuri uyu wa 26 Kamena 2015 abibumbiye mu Muryango w’Abasilamu mu Rwanda wo mu Karere ka Rutsiro AMUR/RUTSIRO bibutse abazize Jenoside yakorewe Abatutsi banenga bagenzi babo bayigizemo uruhare ndetse baniyemeza kwirinda icyatuma yongera kuba.
Mu muhango wo kwibuka abarezi n’abanyeshuri bo mu mMurenge wa Mugina ho mu Karere ka Kamonyi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, abarezi bibukijwe ko ingengabitekerezo ya Jenoside yigishwaga mu mashuri, maze basabwa kurinda abo barera inyigisho ziganisha ku macakubiri.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ku ngengo y’imari y’akarere y’uyu mwaka 2015-2016, hazifashishwaho miliyoni 400 mu kubaka Urwibutso rwa Jenoside rwa Nyundo kugira ngo imibiri 800 y’abazize Jenoside icumbikiwe kuri Cathedral ya Nyundo ishyingurwe mu cyubahiro.
Hibukwa abari abakozi b’icyahoze ari Sous Prefecture (Superefegitura) ya Gisagara bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, abayobozi batandukanye bongeye kwibutsa abakozi b’akarere n’abaturage kurwanya ikitwa ingengabitekerezo ya Jenoside cyose, kandi bakarinda abarokotse Jenoside kwiheba.
Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside, CNLG, irasaba abakozi bose mu byiciro byabo kujya bibuka abari abakozi ba Leta bazize Jenoside baharanira no kurwanya ingengabitekerezo yayo kugira ngo itazongera kubaho ukundi.
Abakiri bato bo mu karere ka Ngororero barasaba ababyeyi n’abandi bakuru kutabahisha amateka yaranze igihugu cyane cyane aya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kugira ngo bayahereho bubaka ejo hazaza.
Urubyiruko rw’abanyeshuri biga mu ishuri rya GS Nyagasambu ryo mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza, ruvuga ko ruri mu rugamba rwo guhindura imyumvire y’ababyeyi bacyigisha abana ingengabitekerezo ya Jenoside.
Bamwe mu bakoze Jenoside n’abayikorewe bo mu Karere ka Rusizi ku wa 23/06/2015, bagendereye abagororwa bo muri Gereza ya Rusizi mu rwego rwo kubashishikariza kubohoka bagasaba imbabazi abo bahemukiye .
Ubuyobozi bw’ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (IPRC North) bavuga ko bashyize imbaraga mu gusura inzibutso hirya no hino mu gihugu, kuko bibafasha kugira uburakari buhagije bwo kwanga ikibi no gutegura ejo heza.
Imiryango y’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, irangajwe imbere na IBUKA, AERG, GAERG, AVEGA yakoze urugendo rwo kunamira inzirakarengane zaguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 inakora urugeno rwo kwamagana ifatwa rya Lt Gen Karenzi Karake.
Urwunge rw’Amashuri rya Nyakarambi kuri uyu wa 24 Kamena 2015 rwibutse inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 baremera n’abatishoboye basizwe iheruheru na Jenoside.
Ishyirahamwe ry’Abacukuzi b’Amabuye y’Agaciro mu Rwanda ( RMA: Rwanda Mining Association), kuri uyu wa 24 Kamena 2015 ryashyikirije inka 10 zitanga umukamo imiryango y’abacitse ku icumu itishoboye yo mu Karere ka Musanze mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere.
Umuryango IBUKA urengera inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, urasaba ababyeyi n’abarezi kurinda abana inyigisho zabaganisha ku macakubiri nk’ayagejeje u Rwanda kuri Jenoside rwavuyemo mu myaka 21 ushize.
Dr Bizimana Jean Damascene, umunyamabanga nshingwabikorwa wa Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside CNLG, yatangaje ko gukora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ikandikwabo ibitabo ari imwe mu ntwaro ikomeye yo kurwanya abayipfobya.
Itorero rya ADEPR mu Rwanda riravuga ko nyuma yo kubabazwa cyane bakekwaho mibi ya bamwe mu bapasiteri baryo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ko ubu ngo rigiye guhaguruka rigashakisha urutonde rw’abo bapasiteri rugashyirwa ahagaragara bakamenyekana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buributsa abakozi bose ko bafite inshingano yo guhora bazirikana uruhare rwabo mu kurwanya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo, no kuzirikana kubaka umuryango Nyarwanda washegeshwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abakozi 101 b’iyahoze ari perefegitura ya Butare, Gikongoro na Gitarama bamenyekanye ko bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda, bibutswe ku nshuro ya 21 n’ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo.
Mu muhango wo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, mu Ishuri Rikuru ryigenga rya IPB (Institut polytechnique de Byumba) urubyiruko rw’abanyeshuri bahiga basabwe kwirinda ibikorwa by’amacakubiri kuko ari byo ngo bikurura Jenoside.
Urwunge rw’Amashuri rwa APPEGA Gahengeri ruherereye mu Murenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana, kuri uyu wa 21Kamena 2015, rwibutse abari abanyeshuri n’abarimu barwo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.
Itorero rya ADEPR mu Karere ka Ruhango ryifatanyije n’abakiristo baryo batuye Kibanda na Gisali mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Ruhango, kwibuka abakirisitu baryo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Komiseri Mukuru w’Umuryango w’Abagide mu Rwanda AGR, Ruhumuriza Aline, aratangaza ko hakiri imbogamizi zo kumenya umubare wanyawo w’abagide bazize Jenoside yakorewe batutsi ,kugira ngo bose babashe kwibukwa.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Gisagara rurakangurirwa kugira umuco wo kwihatira kumenya amateka nyakuri yaranze u Rwanda kugira ngo banagire uruhare mu kurwanya abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abakozi b’isosiyete itanga amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba Mobisol baremeye abarokotse Jenoside batishoboye bo mu Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera babaha ihene ndetse banabishyurira ubwisungane mu kwivuza.
Ubuyobozi bwa Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) butangaza ko butazihanganira umuganga cyangwa umukozi wese w’ibitaro uzarangwa n’ivangura n’indi ngengabitekerezo ya Jenoside ku baje bamugana.
Abagize Urwego Rwunganira Ubuyobozi bw’Akarere mu gucunga Umutekano (DASSO) bo mu Karere ka Rwamagana, bafashije umukecuru w’incike ya jenoside yakorewe Abatutsi utuye mu Mudugudu wa Kangerero, mu Kagari ka Bwiza mu Murenge wa Kigabiro wo mu Karere ka Rwamagana, bamuha ibikoresho byo mu nzu, ibiribwa bamukorera imirimo (…)
Abakozi b’Ibitaro bya Butaro mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru nyuma yo gusura urwibitso rwa Jenoside rwa Nyamata baravuga ko bizabafasha mu kazi bakora.
Nyuma y’uko igikorwa “More Than Music” kibaye ku nshuro ya gatatu kuri iki cyumweru tariki 14.6.2015, igikorwa gihurirwamo n’abahanzi batandukanye n’amakorali bose baririmba indirimbo zihimbaza Imana (Gospel) mu rwego rwo kwibuka Abanyarwanda bazize Jenoside yakorewe Abatutsi ngo hagiye gusohorwa umuzingo (alubumu) ikubiyemo (…)
Mufti w’u Rwanda Kayitare Ibrahim yasabye Aba Islam guhora bibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi anabibutsa ko kwibuka ari ngombwa kandi ari n’itegeko muri islam.