Abatutsi barokokeye mu yahoze ari Komine Ntongwe mu gace k’Amayaga ubu ni mu Karere ka Ruhango, bavuga ko mbere y’uko batangira kwicwa, babanje gukusanyirizwa ku biro bya Komine Ntongwe amazi yajyagayo bakayafunga mu gihe kingana n’icyumweru bahamaze.
Mu kwibuka abanyarwanda basaga miliyoni bazize Jenoside yakorewe abatutsi, hirya no hino mu gihugu baganira ku mateka y’uburyo Jenoside yakozwe n’uko yateguwe. Mu gihe ahenshi abagabo aribo bagize uruhare mu bikorwa by’ubwicanyi, aho abagore bakoze Jenoside ngo bayikoranye ubugome bukabije.
Habarurwa abantu bagera muri 20 barokowe Jenoside na Ntamfura Silas wari Kaporari (Caporal) mu Ngabo zatsinzwe (Ex-FAR), we avuga ko bamwe muri bo babaga babamuhaye ngo abice ariko we agahitamo kubahungishiriza mu Burundi.
Abarokokeye Jenoside mu rwunge rw’amashuri rwa Gihundwe mu w’1994 baranenga abahoze ari abashumba n’abayobozi bakuru b’itorero ADEPER babatereranye ubwo bicwaga n’interahamwe, nyamara kandi Imana yarabimitse kugira ngo baragire neza umukumbi wayo.
Abakunzi b’ikipe ya Arsenal mu Rwanda bahuriye mu muryango witwa "Rwanda Arsenal Fan Club/(RAFC)", bifatanyije n’imiryango 36 yarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 iherereye mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana, bayiha umuganda banayigabira ihene z’amashashi 72 n’amasekurume 2.
Bamwe mu bapfakazi n’incike za Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Gisagara, barashima ubufasha bahabwa muri iki gihe cyo kwibuka, amatungo bahawe bakaba bavuga ko bazayabyaza umusaruro.
Ijambo Jenoside ryamenywe na benshi mu w’1994 ariko ngo ryakoreshwaga mu yandi mazina bitewe n’ibikorwa by’ubwicanyi byabaye mu Rwanda, kutita ku burenganzira bwa muntu, kwangirizwa imitungo n’amacakubiri.
Abakozi n’abayobozi b’ikigo R Switch basuye, kuri uyu wa 1 Gicurasi 2015, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Mudugudu wa Nyagatovu mu Kagari Kayumba mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera babaha inkunga irimo ibiryamirwa, amatungo na mituweri.
Umugore witwa Juliette Mukakabanda avuga ko iyo ingabo zari iza FPR-Inkotanyi zidahagarika Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994, bamwe mu batarahigagwa bari barashatse mu batutsi nabo baba barishwe kuko umugambi w’abicaga kwari ukumaraho abatutsi n’abafitanye nabo isano.
Jeannette Nikuze utuye mu Murenge wa Tumba ho mu Karere ka Huye ari naho yari atuye mbere ya Jenoside, avuga ko atinya kurira bisi ya Onatracom kubera ko abo yabonye bayurijwe mu gihe cya Jenoside babaga bagiye kwicwa.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bafite abantu babo biciwe kuri Komini Rouge yari iri mu karere ka Rubavu, bavuga ko hari abantu babo batarashobora kubona ngo bashyingurwe mu cyubahiro kandi barajyanywe kwicirwa Komini Rouge.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), ibigo biyishamikiyeho ndetse na Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), bavuga ko batewe impungenge n’uko Jenoside yakorewe abatutsi ikomeje gukorwa binyuze mu mvugo n’ingiro zo kuyipfobya, kuyihakana ndetse no kugoreka amateka yayo.
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ku itariki ya 29 Mata 2015, muri kaminuza ya Tilburg mu Buholandi habereye ikiganiro ku nsanganyamatsiko igira iti “it is not fair, how do we deal with injustice” ugenekereje bishatse kuvuga ngo “Ntibikwiye kugenda uku, ese twakira akarengane dute”.
Abagize Ihuriro ry’Ibigo by’Imari (AMIR) bikorera mu turere twa Muhanga, Kamonyi na Ruhango, basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kamonyi ku wa 30 Mata 2015 maze nyuma yo kwirebera amasanduku ashyinguyemo imibiri isaga ibihumbi 47 by’abatutsi bashyinguyemo, batangaje ko ibyo babonye bihagije mu kugaragaza ukuri kwa Jenoside (...)
Bizimungu Théogene, uvuka ku Rutabo mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Ruhango warokokeye Jenoside yakorewe abatutsi muri Komine Tambwe, avuga ko mu gihe cya jenoside yagiye ahura n’ibihe bikomeye, gusa ngo ntazibagirwa igihe yakizwaga n’inzuki atazi iyo zaturutse.
Ku nshuro ya 21, abakozi n’abayobozi b’uruganda rwa Bralirwa kuri uyu wa 29 Mata 2015 bibutse abari abakozi ba Bralirwa bazize Jenoside yakorewe abatusi mu 1994.
Abayobozi batandukanye barasaba abaturage batuye ahari amateka yihariye kuri Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 kujya bagaragariza abayihakana ko bo ubwabo babyiboneye n’amaso, kandi amateka n’amakuru nk’ayo akandikwa akabikwa kugira ngo atazibagirana.
Sibomana Cyrille wo Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi wari ufite imyaka 23 y’amavuko mu gihe cya Jenoside ngo yarokoye abatutsi benshi bahigwaga none yagororewe kuri uyu wa 29 Mata 2015 ahabwa inka n’izindi mpano nyinshi.
Bamwe mu rubyiruko n’abasheshe akanguhe barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bagize umwanya wo gusubiza amaso inyuma bakibukiranya amateka mabi banyuzemo ubwo bahigwaga, ariko banishimira intambwe bamaze gutera babifashijwemo n’umuryango “Mustard Seed Institute” urahanira amahoro n’ubwiyunge mu Karere k’Ibiyaga Bigari.
Nyuma y’uko 62% by’imitungo yangijwe mu gihe cya Jenoside mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Huye ari byo bimaze kwishyurwa kugeza ubu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinazi, Vital Migabo, avuga ko bafashe ingamba zo guhuza abangije imitungo n’abayangirijwe, nk’uburyo bwo gukemura iki kibazo burundu.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Ruboneza Gedeon ,hamwe na bamwe mu baturage b’aka karere bemeza ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” yamaze gucengera abaturage akana ari yo yatumye mu Karere ka Ngororero ingengabitekerezo igabanuka mu gihe cy’icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 21, Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubwo mu Murenge wa Kinazi ho mu Karere ka Huye bibukaga abazize Jenoside yakoreye Abatutsi kuri uyu wa 28 Mata 2015, hashyinguwe mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kinazi, imibiri 98 yakuwe mu mirenge ya Rusatira, Rwaniro, Ntyazo na Kinazi.
Claudette Uwimana ukomoka mu Murenge wa Maraba, mu Karere ka Huye ariko akaba yararokokeye Jenoside yakorewe abatutsi mu Murenge wa Karama ari umwana w’imyaka itandatu, yishimira ko hari intambwe yatangiye gutera mu kwigira, ariko na none akababazwa no kuba atazabasha kubisangiza abamwibarutse.
Minisitiri w’Umutungo Kamere, Dr. Vincent Biruta arasaba abanyarwanda bose kujya bibuka abatutsi bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 kuko nta n’umwe itagizeho ingaruka.
Senateri Prof. Laurent Nkusi atangaza ko kuvuga ukuri kuri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu mwaka w’1994, aribwo buryo nyabwo bwo guhangana n’abayihakana n’abayipfobya, kuko bo ngo bifuza ko ukuri kutamenyekana.
Kuri uyu wa 26 Mata 2015, ku Rwibutse rwa Jenoside rwa Kinazi mu Karere ka Ruhango, habereye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi hanashyingurwa mu cyubahiro imibiri 105 y’abazize Jenoside yabonetse.
Abanyeshuri biga uburezi mu ishami ry’ishuri nderabarezi rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Rukara mu Karere ka Kayonza bavuga ko bazaharanira kwereka abazabanyura imbere ububi bwa Jenoside n’ingaruka yagize ku muryango nyarwanda, kuko uburezi bwo hambere bwaranzwe no kubeshya no gutanga inyigisho zidafitiye umumaro Abanyarwanda.
Ubwo hibukwaga ku nshuro ya 21 abatutsi baguye mu Murenge wa Mugina, tariki 26 Mata 2015, hasabwe ko ubuhamya bwa Jenoside yakorewe abatutsi bwajya bubikwa mu nzibutso ndetse n’amateka y’imibereho y’abazize Jenoside akandikwa.
Ubwo mu Murenge wa Karama ho mu Karere ka Huye bibukaga ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi, kuri uyu wa 26 Mata 2015, abafashe ijambo bose bagarutse ku gusaba ababa bazi ahajugunywe imirambo y’ababo bishwe muri Jenoside kuhabarangira kugira ngo babashe kubashyingura mu cyubahiro.
Rwagasana Ernest, umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya Cogebanque arasaba abanyarwanda kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 bimika ubumuntu, kugira ngo itazasubira ukundi.