Ingabire Butera Jeanne d’Arc uzwi nka Knowless mu muziki wo mu Rwanda, ku isabukuru ye y’imyaka 29, avuga ko ashimira Imana ku byo amaze kugeraho mu gihe amaze ku isi, kandi ngo isabukuru ye imwereka ko Imana imutije iminsi myinshi yo kubaho. Urugendo rwe rwa muzika rwaranzwe n’inzira z’inzitane ariko ubu ni inkingi ya (…)
Umunyarwandakazi Peace Hoziyana wahabwaga amahirwe yo kujya mu cyiciro cya nyuma yasezerewe muri East Africa’s Got Talent, bituma itsinda ry’abana bitwa Intayoberana risigara ari ryo Abanyarwanda bahanze amaso mu cyiciro cya nyuma.
Irushanwa rihuza abanyempano bo mu gace ka Afurika y’Iburasirazuba ryitwa ‘East Africa’s Got Talent’ rigeze ahashyushye ndetse Abanyarwanda bari mu bahabwa amahirwe yo kuryegukana hakurikijwe ubushobozi bagaragaje mu byiciro by’iri rushanwa bitandukanye.
Bamwe mu batangira gukora umuziki mu Rwanda, bavuga ko hari urwango bataramenya ikirutera, bagirirwa na bagenzi babo bawumazemo igihe. Bavuga ko nubwo wakoresha imbaraga ugakora umuziki mwiza, hari uburyo bwinshi aba bitwa bakuru babo babakomanyiriza ngo ntibacurangwe ku ma radiyo no kuri televiziyo, ubundi ngo (…)
Bamwe mu bakora umuziki gakondo nyarwanda bavuga ko mu myaka iri imbere ngo uwo muziki ushobora kuzimira nihatagira igikorwa ngo usigasirwe.
Nyuma y’inkuru yasohotse kuri Kigali Today ifite umutwe ugira uti : Ahupa ntiyambuye abahanzi, amafaranga arahari », Ivuga ko abahanzi ari bo bafite ikibazo, abahanzi babeshyuje ibyo AHUPA yatangarije Kigali Today muri iyo nkuru, naho StarTimes yateraga inkunga iki gikorwa inyomoza ibyo kuba itaratanze amafaranga ku gihe.
Umuhanzi nyarwanda Lambert Mugwaneza uzwi nka Social Mula yagaragaye ku rutonde rw’abahanzi 10 bashyizwe mu cyiciro cya nyuma cy’abahanzi b’Abanyafurika bahatanira ibihembo byitwa Prix découvertes bitanagwa na Radio mpuzamahanga y’Abafaransa RFI.
Kuva mu cyumweru gishize, bamwe mu bahanzi batsindiye ibihembo bya Salax Award 2019, bagaragaje ko batishimiye kuba kugeza ubu batarahabwa amafaranga yagombaga guherekeza ibikombe bahawe. Ibi bihembo bya Salax Award, byateguwe na AHUPA, ifitanye amasezerano na ‘Ikirezi Group’ yo kubitegura mu gihe kingana n’imyaka 3, (…)
Imibyinire ya Ne-Yo iri ku rwego rwo hejuru kuko ni ibintu amaze igihe kirekire akora kandi abizi neza. Mbere y’uko ajya ku rubyiniro afite itsunda ry’abantu babanza kureba niba buri kintu kiri uko kigomba kuba kimeze mu mwanya wacyo.
Pasiteri Emmanuel Mutangana uyobora itorero ‘River City Church’ rikorera i Washington DC muri Leta zunze ubumwe za Amerika, yatangaje ko mu kwezi kwa Nyakanga umwaka utaha wa 2020, azagaruka mu Rwanda azanye n’Abanyamerika basengana bakunze u Rwanda batararukandagiramo.
Ne-Yo ni we muhanzi ukomeye uzitabira akanasusurutsa igitaramo cyo Kwita Izina kizabera mu nyubako nshya ya Kigali Arena ku itariki 07 Nzeri 2019 kimwe n’abandi bahanzi nyarwanda barimo Meddy, Charly&Nina, Bruce Melody na Riderman.
Urwego rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda (RIB) rwanyomoje amakuru y’ifungwa rya Nsengiyumva François uzwi nka Igisupusupu, nyuma y’ibyari byakwiriye ku mbuga nkoranyambaga ko uyu muhanzi yafungiwe kuri Station ya Polisi ya Kicukiro, nyuma yo kumusangana udupfunyika tw’urumogi mu myenda ye.
Umuhanzi Harmonize umaze kwandika izina muri Tanzania no muri Afurika muri rusange, ashobora kuryozwa umurengera w’amafaranga yatakajweho mu gihe cyose yamaze muri Wasafi nk’umuhanzi watangiriye muri iyi nzu atangwaho umurengera ngo yamamare, ariko agasohoka muri iyi nzu impande zombi zitabyumvikanyeho.
Ku cyumweru tariki 25 Kanama 2019, umuraperi Young Grace Abayizera yibarutse umwana w’umukobwa yise Amata Anca Ae’eedah Ai yahaye akabyiniriro ka DIAMANTE.
Umuhanzi w’Umunyekongo-Kinshasa, Fally Ipupa N’simba wamenyekanye nka Fally Ipupa azataramira Abanyakigali mu gitaramo gisoza umwaka.
Umunyamategeko Alain Mukuralinda akaba n’uhagarariye inyungu z’umuhanzi Nsengiyumva Francois wiswe n’abafana be Igisupusupu, yanditse itangazo rigenewe rubanda asaba ko Pasiteri Zigirinshuti Micheal avuguruza amagambo yavugiye imbere y’abakiristitu ubwo yigishaga agaragaza ko mu kwamamara kwa ‘Igisupusupu’ hifashishijwe (…)
Babinyujije ku rukuta rwa Facebook, RG Consult itegura ibitaramo bya Kigali Jazz Junction, kuri uyu wa kabiri batangaje ko umuhanzi w’Umurundi uzwi ku izina rya Kidumu yiyongereye ku bazataramira abakunzi ba Kigali Jazz Junction, tariki ya 27/09/2019.
Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben mu muziki w’u Rwanda, yahakanye ibyari bimaze igihe bivugwa ko akundana na bamwe mu bakobwa b’ibizungerezi yashyize mu mashusho y’indirimbo ze, cyane cyane umukobwa ugaragara muri ‘VAZI’ iheruka na ‘Naremeye’ yari yayibanjirije.
Ngabo Medard umwe mu Banyarwanda bakora umuziki bakunzwe imyaka irenga 10, yakurikiye imiririmbire ya Nsengiyumva Francois mu gitaramo gisoza Iwacu Muzika Festival ahita asaba ko ababishinzwe bamufasha agakorana indirimbo n’uyu musaza ukunzwe mu gihe gito kubera umuduri.
Umunyatanzaniya Diamond Platnumz umaze kwamamara muri muzika avuga ko ibyo akora byose abishobozwa n’Imana.
Umunyatanzaniya Diamond Platnumz watumiwe gusoza iserukiramuco ryiswe Iwacu Muzika Festival, yavuze ko indirimbo yakoranye na Meddy yatinze gusohoka kuko byagoranye guhuza umwanya, kubera imiterere y’ibitaramo byabo no kutabonana, anavuga ko umuhanzikazi ukizamuka Sunny yifuza kumwumva no kumubona.
Muri iyi minsi, mu Rwanda hari kugaragara abahanzi bakora umuziki biyongera umunsi ku munsi. Ibi ahanini biterwa n’uko urwego rw’umuziki rugenda ruzamuka mu buryo mpuzamahanga, ndetse abawukora benshi, bakaba batangiye gusobanukirwa uko abawukoze mbere ubabyarira inyungu.
Umuhanzi Ngabo Medard uzwi nka Meddy yateye utwatsi ibyo kuba Mimi Mehfira, umukobwa benshi bajya bita ko ari uwo benda kurushingana ko atari byo, ahubwo ko ari umukunzi usanzwe.
Ishimwe Clement, umuyobozi w’inzu ya Kinamusic itunganya umuziki, aherutse muri Leta Zunze Ubumwe bw’ Amerika (USA) mu nama yitwaga ASPEN IDEAS FESTIVAL, bituma agira amahirwe yo kubonana n’abantu batandukanye bakora umuziki na filimi bamusangiza ubunararibonye bwabo mu ruganda rw’umuziki w’abanyemerika.
Umuhanzi Abayizera Marie Grace uzwi nka Young Grace, yashyize hanze amafoto yishimisha, ari mu bwato ndetse no mu nkengero z’ikiyaga cya Kivu yambaye utwenda tugaragaza inda ye y’imvutsi.
Guhera ku itariki ya 4 Kanama 2019, igihugu cya Gabon cyabonye umuturage wiyongeraye ku rutonde rw’abenegihugu bacyo. Samuel Leroy Jackson umaze icyumweru muri Gabon, yashyikirijwe pasiporo ye ya Gabon ayihawe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga ushinzwe Abanya-Gabon baba mu mahanga.
Benshi Mu baririmba indirimbo zihimbaza Imana zizwi nka ‘Gospel music’, ntibakunze kwerura ngo bavuge ko bakura amafaranga mu muziki wabo. Usanga bavuga ko bakora uwo muziki bagamije gutanga ubutumwa bwiza, cyangwa kwibutsa abantu ko Imana iriho, ariko batagamije inyungu z’amafaranga.
Kuri uyu wa kane tariki 25 Nyakanga 2019, umuhanzi Knowless Butera yashyize hanze amashusho y’indirimbo nshya yise Inshuro 1000 yari amaze iminsi mike ashyize hanze, aririmba ku rukundo, amashusho yakoreye mu nzu yabo nshya bivugwa ko bagiye kwimukiramo mu gihe gito, iherereye mu karere ka Bugesera ahitwa mu Karumuna.
Abitabira ibihembo bitangirwa mu Rwanda cyane cyane ibyo mu mikino n’imyidagaduro bakomeje kwinubira ababitegura kuko babemerera ibihembo biherekejwe n’amafaranga ariko bakabaha impapuro z’amashimwe n’ibirahuri by’ibihembo ntibabahe ako gashimwe ko mu mafaranga baba babemereye.
Mu buryo butunguranye, umuhanzi Nsengiyumva wamamaye kubera indirimbo ye Igisupusupu, yongewe mu iserukiramuco ryitiriwe impeshyi rizabera mu mugi wa Kigali, nyuma yo kugaragaza ko akunzwe mu bitaramo aherutse kuzengurutswamo bya Iwacu Muzika Festival.