Nyuma y’uko indirimbo “Ndakabya” y’umuhanzi Christopher yegukanye umwanya wa mbere nk’indirimbo ifite amashusho meza kurusha izindi muzasohotse mu kwezi kumwe, kuri ubu hagiye kongera guhembwa umuhanzi ufite indirimbo ifite amashusho ahiga izindi mu bwiza.
Umuraperi wa mbere mu Karere ka Nyamasheke na Rusizi, aho bakunze kwita mu Kinyaga, nyuma yo kwegukana “Kinyaga award” ngo arimo gukora indirimbo izasohoka yitwa “Umusaza ni umusaza” asabamo Perezida Kagame kutazatenguha Abanyarwanda yanga icyifuzo cyabo cyo kongera kubayobora.
Ally Soudy Uwizeye wahoze ari umunyamakuru n’umushyushyarugamba mu Rwanda mbere yo kwerekeza muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika avuga ko yashimishijwe n’amashusho y’indirimbo “Mbilo Mbilo” y’umuhanzi Eddy Kenzo, agaragaramo imbyino zisa neza neza n’izikoreshwa mu muco Nyarwanda anatangaza ko ababazwa no kuba abahanzi (…)
Umuhanzi Teta Diana avuga ko yarangije amashuri yisumbuye afite inzozi zo kubona akazi mu bigo by’itumanaho ariko amaze kurangiza kwiga abona si ko bigenze ahita yiyungura igitekerezo cyo kwihangira imirimo.
Umuhanzi Ngabo Medard uzwi nka Meddy ku izina ry’ubuhanzi avuga ko kuba asohora indirimbo nyinshi kandi zitamwinjiriza aho aba muri Leta zunze ubumwe za Amerika abiterwa n’urukundo afitiye abafana be.
Ntakirutimana Danny uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Danny Nanone azamurika indirimbo ye “Imbere n’inyuma” mu gitaramo azakorera kuri Hotel The Mirror kuri uyu wa gatandatu tariki 11 Nyakanga 2015 guhera ku i saa yine z’ijoro kugeza bukeye.
Umuhanzikazi Teta Diana avuga ko indirimbo “Tanga Agatego” yasohoye yayihaye iryo zina kugira ngo abana bato barusheho kuyibonamo cyane kuko yayikoze agamije gukangurira abana bato gukunda ishuri.
Mc Tino, umuhanzi mu itsinda rya TBB akaba n’umunyamakuru ndetse akaba n’umwe mu bashyushyarugamba mu bitaramo bya Primus Guma Guma Super Star, asanga Senderi amaze kwigarurira imitima ya benshi.
Umuhanzikazi Abayizera Grace wamenyekanye ku izina ry’ubuhanzi rya Young Grace ngo asanga urubyiruko rw’u Rwanda rugifite intambwe ndende rugomba gutera kugira ngo u Rwanda rubashe kugera kure cyane hashoboka.
Umuhanzi Eric Nzaramba uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Senderi International Hit n’andi menshi agenda yiyongereraho, arahamya ko ashimshijwe cyane no kuba u Rwanda rwaribohoye akongeraho ko mu Rwanda hatari haba ibyishimo, ko ibyishimo bya mbere bizaba ari uko yegukanye insinzi muri Primus Guma Guma Super Star.
Umuhanzi ukomoka muri Uganda Radio Moses unaririmba mu itsinda rya Good Life, aratangaza ko yibonamo nk’Umunyarwanda uba hanze, akavuga ko atishimira umuntu umwita umushyitsi mu Rwanda.
Nyuma y’uko umuhanzi w’Umubiligi ufite inkomoko mu Rwanda Paul Van Haver uzwi ku izina rya Stromae ahagarikiye ibitaramo yari asigaje gukorera muri Afurika harimo n’u Rwanda ndetse n’ibyo yari afite ku yindi migabane y’isi kubera uburwayi, kuri ubu hari amakuru ari kuvugwa ko yaba yamaze koroherwa ndetse akaba yaranavuye mu (…)
Inzu y’imyidagaduro yakubise yuzuye, umuhanzi w’umunya-Uganda, Moses Ssali uzwi cyane ku mazina ya Bebe Cool yakuriye ingofero Bruce Melody avuga ko impano mu muri muzika ariko amugira inama yo kudadohoka.
Miss Sandra Teta, Igisonga cya I cya Miss SFB 2011, ariyama abantu bakivuga ko urukundo rwe na Dereck wo mu itsinda ry’abahanzi rya Active ari ibihuha.
Mu gihe bitamanyerewe kubona ibitaramo bitandukanye by’abahanzi mu Karere ka Nyamasheke, mu mpera z’iki cyumweru itsinda ry’abahanzi “Ijabo” rizwi ku izina ry’Isoko ya Nil barataramira abaturage ba Nyamasheke aho bita muri Café de L’Ouest.
Umuhanzi Eric Mucyo wamenyekanye cyane mu ndirimbo “i Bwiza” yakoranye na Jay Polly ikaba ari n’indirimbo iri mu njyana ya Afrofusion ikunzwe cyane aratangaza ko atavuye muri iyi njyana ahubwo ko agira ngo izagere kure hashoboka.
Ubuyobozi bw’ikigo cya Positive Production kirimo gutegura igitaramo cy’umuhanzi Stromae buvuga ko imwe mu mpamvu zikomeye zatumye uyu muhanzi yemera kuza gukorera igitaramo mu Rwanda ari ukugira ngo amenyane n’umuryango we uhari.
Abahanzi b’injyana ya afro beat baririmbana ari babiri bazwi ku izina rya Two 4real baratangaza ko badakora umuziki wabo bagamije kugaragara mu irushwanwa rya Primus Guma Guma ryitabirwa ku rwego rwo hejuru mu Rwanda.
Nyuma y’urupfu rwa Karangwa Yves witabye Imana kuri uyu wa 7 Kamena 2015, umunyamakuru akaba n’umushyushyarugamba, Anita Pendo, arimo gukorwaho iperereza kuko ngo yari kumwe na nyakwigendera ku wa gatandatu tariki 6 Kamena 2015 kandi ngo ari muzima.
Umuhanzi MuhireTembwe Christian uzwi ku izina rya DMS avuga ko igihe icyo ari cyo cyose ashobora kugaruka mu muzika akaririmba mu gihe yaramuka abonye ko abaririmbyi bariho ubu nta cyo bari kwiyungura mu miririmbire yabo, akava mu kazi ko kuzamura abahanzi yiyemeje akongera akigaragaza.
Muri iyi minsi bamwe mubahanzi Nyarwanda baravugwaho kwimana amakuru, nyamara ababivugwaho bamwe ntibemeranya nabyo. Mu bari kuvugwa harimo Paccy, Knowless, Queen Cha, Riderman, Ama-G The Black, Bruce Melody, Jay Polly, Social Mula, King James na Meddy.
Umuhanzikazi Young Grace nyuma yo gufatwa na Polisi ya Gisenyi (Police Station) aho yafatiwe mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, kuri ubu yamaze gushyikirizwa Polisi ya Nyamirambo aho agomba guhita ashyikirizwa Parike.
Umuhanzikazi Grace Abayizera wamenyekanye cyane ku mazina y’ubuhanzi ya Young Grace, kuri ubu ari mu maboko ya polisi kuri Police Station ya Gisenyi mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu ashinjwa gutanga sheki itazigamiye.
Mu gihe abahanzi bahatanira amarushanwa ya PGGSS5 ku wa 6 Kamena 2016 bazerekeza mu Karere ka Gicumbi muri ayo marushanwa, Active Group bo kuri ubu bari muri ako karere gusangiza abafana babo ibyo babahishiye kuri uwo munsi.
Mu gihe benshi mu byamamare badakunze kwerura ko bari mu rukundo, Producer Bob, we yeruye ko ari mu rukundo kandi ashimira umukunzi we wamubaye hafi ubwo mama we yakoraga impanuka y’imodoka akajya mu bitaro.
Umuhanzikazi, Uwimana Aisha Ciney, na we yatangariye ubuhanga bwa musaza we Yvan Buravan uherutse kwinjira mu muziki, akaba yabitangaje nyuma y’uko n’abandi bantu banyuranye bavuga ko uyu musore ari umuhanga.
Oda Paccy uri kuvugwaho gusubiza Lick Lick mu ndirimbo ari gukora yise “Ntabwo mbyicuza”, aravuga ko atayikoreye Lick Lick ahubwo ko yayikoze abwira abantu bose bibwira ko umuntu yabeshwaho na bo.
Abahanzi bahuriye muri AUM (Afro Urban Mouvement) mu Rwanda barateganya gusaba uburenganzira bwo kubyaza umusaruro indirimbo “Do for Love” ya Tupac Shakur basubiyemo, nyuma yo kubona ko yashimwe n’abatari bake mu cyumweru kimwe imaze isohotse.
Umuhanzi Maurix kuri ubu wahisemo kuzajya akoresha amazina ye asanzwe mu bikorwa bye bya muzika ari yo ‘Maurice Paul’ yagarutse nk’umuhanzi abihuza no gucuranga Piano mu njyana ya classic, by’umwihariko mu ndirimbo zo guhimbaza Imana.
Umuhanzikazi Teta Diana agiye kwerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kwitabira inama y’urubyiruko (Youth Forum) aho azaba agiye nk’umuhanzi kandi nk’umwe mu rubyiruko ruzaba ruhagurutse mu Rwanda.