Marchal Ujeku uvuka ku kirwa cya Nkombo yahisemo kuririmba mu rurimi rwaho kugira ngo n’abahavuka bahihakana babone ko ari ahantu nk’ahandi.
Bihoyiki Deo wahanze indirimbo “Akabura Ntikaboneke” avuga ko nta muhanzi n’umwe w’ubu umwemeza ariko ngo abona bazatera imbere.
Abaririmbyi The Ben, King James na Rider Man bagiye gutaramira Abanyehuye n’Abanyarubavu mu kwamamaza serivise nshya ya Airtel yitwa “Tera Stori”.
Umuririmbyikazi Oda Paccy amaze iminsi muri Tanzaniya aho ari gukorera imishinga ye ya muzika mu nzu itunganya umuziki yitwa Wasafi Records y’umuririmbyi Diamond Platinumz.
Muri iki gihe abantu batandukanye biganjemo ibyamamare bakunze kwambara amadarubindi arinda izuba (sunglasses/fumées) ariko hari bamwe batazi inkomoko yayo.
Abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA) bashakisha abaziga umuziki batunguwe n’impano y’umuziki basanze i Rubavu.
Umuhanzi wo hambere Buhigiro Jacques avuga ko atangazwa n’ukuntu indirimbo z’abaririmbyi b’iki gihe ziba ziganjemo amarira n’amaganya aho gutanga ubutumwa.
The Ben, umuririmbyi wo mu Rwanda uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika avuga ko kuba akunze kugaragaza amarangamutima akarira ari ibintu bimubaho atabishaka.
The Ben, umuririmbyi wo mu Rwanda uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yageze i Kigali aho aje mu gitaramo cya "East African Party".
Abarangije mu ishuri ry’umuziki rya Nyundo batangaza ko biteguye kwerekana ubudasa mu muziki bityo muzika nyarwanda ikagera ku yindi ntera.
Umuririmbyi Tom Close atangaza ko indirimbo yise “Ferrari” yashyize hanze, ayiririmba agira inama abakundana kutagendera ku mafaranga cyangwa ubutunzi.
Mastola, ukora akazi ko gutunganya umuziki avuga ko afite inzozi zo guhindura imikorere y’umuziki wo mu Rwanda ukagera ku rundi rwego.
Umuryango wa Knowless na Ishimwe Clement wamaze kwibaruka umwana wabo w’imfura w’umukobwa ku wa kabiri tariki ya 22 Ugushyingo 2016.
Umuraperi Danny Nanone atangaza ko umukobwa yifuza wazamubera umutima w’urugo ari umukobwa w’umutima aho kuba asa n’inzobe cyangwa igikara gusa.
Bobo Bonfils atangaza ko agiye kumurika umuzingo w’indirimbo ze (Album) ku buntu mu rwego rwo gutura igitambo ashimira Imana.
Umuhanzi Danny Vumbi atangaza ko yishimira ko zimwe mu ndirimbo yandikira abahanzi batandukanye bo mu Rwanda zikundwa bigatuma n’abandi bahanzi bamwitabaza.
Bimenyerewe ko abahanzi bakunzwe cyane mu Rwanda, bakorera ibitaramo mu Mujyi wa Kigali. Bamwe bavuga ko abafana b’umuziki wabo benshi baba i Kigali, abandi bakavuga ko mu zindi ntara bigoye kubona ahantu hakwakira ibitaramo hisanzuye.
Umuhanzi Senderi International Hit avuga ko yahisemo kuririmbira mu masoko nyuma yo kubona ko indirimbo ze zitagicurangwa ku maradio.
Bamwe mu bahanzi batabashije kwitabira umuganda udasanzwe w’abahanzi wabereye i Nyanza, batangaza ko kuba batarawitabiriye bahombye byinshi.
Itsinda rya Sauti Sol niryo ryegukanye intsinzi ku mwanya w’itsinda rihiga ayandi muri Afurika mu bihembo bya MTV AMAs 2016.
Abahanzi Charly na Nina batangaza ko Meddy atanga icyizere gikomeye cy’iterambere ry’umuziki nyarwanda nyuma yo kujya mu bahatanira ibihembo bya MTV AMAs.
Umuhanzikazi Grace Abayizera uzwi nka Young Grace agiye gusubukura guhanga imideli no kwigisha urubyiruko rubyifuza kudoda.
Ihuriro ry’abafana ba Riderman bibumbiye mu muryango bise RFC (Riderman Fan Club) batanze ubwisungane mu kwivuza ku bantu130 bibumbiye mu miryango 28.
Studio Ingenzi yatangije gahunda y’ibitaramo ku bahanzi bakorana nayo mu rwego rwo kubafasha kurushaho kumenyekana no kwiyegereza abakunzi babo.
Umuhanzi Nyarwanda, Ngabo Medard uzwi nka "Meddy" ari mu bahatanira ibihembo bya MTV Africa Music Awards (AMA), bihabwa abahanzi bahize abandi muri Afurika.
Abaririmbyi n’abandi bakora ibijyanye na muzika mu Rwanda bahamya ko igitaramo Sauti Sol yakoreye mu Rwanda cyabasigiye isomo bazagenderaho.
Abahanzi b’Abanyakenya bagize itsinda rya Sauti Sol batangaza ko nubwo baririmbiye Perezida Barack Obama bajyaga bamwoherereza indirimbo ntazumve.
Igitaramo cy’itsinda ry’abahanzi bo mu gihugu cya Kenya bazwi nka Sauti Sol, baje gutaramira i Kigali cyahinduriwe aho cyagombaga kubera habura amasaha make.
Amapantaro y’amakoboyi acikaguritse azwi nka “Déchiré” yambarwa n’abantu batandukanye mu Rwanda, nyamara abenshi batanazi inkomoko yayo n’impamvu aba acikaguritse.