Igitaramo kimaze kumenyerwa ku izina rya Happy People cyagarutse ku nshuro yacyo ya gatatu. Iki kirori kizabera mu nyubako nshya izwi ku izina rya KCT (Kigali City Tower) ku wa gatanu tariki 19/07/2013 guhera ku isaha ya saa yine za nijoro (10pm) kugeza bukeye.
Korali Promise and Mission izamurika alubumu yayo ya kabiri y’amashusho ku cyumweru tariki 14/07/2013; nk’uko twabitangarijwe n’umuyobozi wayo Rwangabwoba Jean Paul.
Kuri uyu wa kane tariki 11/07/2013, Gakondo Group irangajwe imbere na Masamba Intore, irerekeza muri Congo Brazaville kwitabira iserukiramuco rya muzika muri Africa FESPAM (Festival Panafricain de la Musique).
Kayibanda umaze kumenyekana cyane mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba kubera gukina publicites “kwamamaza” cyane cyane muri Uganda n’u Rwanda, ni umugabo w’imyaka 45 arubatse afite umugore umwe n’abana 12 kugeza ubu abarizwa ahitwa Nasana muri Uganda. Avuga ko kugeza ubu atazi neza inkomoko ye ndetse ngo nta n’umuntu wo (…)
Umuhanzikazi Josiane Uwineza uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Jozy yashyize hanze indirimbo « Toi Mon Petit Bebe » iri mu rurimi rw’igifaransa yahimbiye umwana we yenda kwibaruka .
Mu ijoro ryo ku wa 04 rishyira uwa 05/07/2013, abacuranzi ba Orchestre Impala de Kigali bifatanyije n’abatuye akarere ka Musanze babasusurutsa mu ndirimbo zabo zakunzwe cyane mu myaka yo hambere.
Abanyarwanda barimo uwitwa Emmy Kul Kid na Empress Claudine bafatanyije na bagenzi babo, bateguye igitaramo bise “Ikirori Nyarwanda” kizabera mu gihugu cya Afurika y’Apfo kuri uyu wa gatandatu tariki 06/07/2013.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 05/07/2013, umuhanzikazi wo mu gihugu cya Uganda Grace Nakimera arataramira Abanyarwanda mu kabari kazwi ku izina rya Posh ahazwi nko ku cya Mitzing ugana i Kanombe ku Kibuga cy’indege.
Abanyarwenya (comedians) baje baturutse Uganda na Kenya kwitabira igitaramo cya Kings of Comedy gitegurwa na MTN barashishikariza Abanyarwanda gushyigikir¬¬¬¬a abanyarwenya bo mu Rwanda bakitabura ibitaramo baba bateguye, kubatera inkunga, ndetse no kutabagereranya n’abandi banyarwenya bo mu bindi bihugu.
Abanyekongo baba mu bice bitandukanye by’akarere ka Nyanza bifatanyije n’inshuti zabo mu kwizihiza umunsi igihugu cyabo cyahoze cyitwa Zaire ubu kikaba ari Repubulika iharanira Demokarasi ya congo cyaboneyeho ubwigenge tariki 30/06/1960.
Umuhanzi Thomas Muyombo uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Tom Close, arasusurutsa Abanyarwanda baba muri Uganda mu gitaramo yise “Rwanda nite”, kuri uyu wa Gatandatu tariki 29/06/2013.
Senderi International Hit afite gahunda ko natwara Guma Guma azigisha amategeko y’umuhanda urubyiruko rutagize amahirwe yo gukomeza amashuri. Ngo azishyurira urubyiruko 100 kuri buri site yigisha amategeko y’umuhanda.
Nyuma y’umwaka wose Karamuka Junior uzwi nka producer Junior Multisystem avuye muri Bridge Records benshi banemeza ko yahavuye nabi, yagarutse avuga ko muri Bridge Records ari ku ivuko kandi ko nta kibazo yigeze agirana nabo.
Patient Bizimana, Gaby Irene Kamanzi na Alphonse Bahati batorewe guhatanira igihembo cy’umuhanzi nyarwanda muri African Gospel Music Awards kuri ubu bari kwitegura urugendo rwerekeza i Londre mu muhango wo gusoza ayo marushanwa tariki 06/07/2013.
Umuhanzi Auddy Kelly aherutse gushyira hanze indirimbo « Sinzagutererana » yakoranye na Jody nyuma y’uko ngo bakomeje kuvugwaho urukundo hagati yabo.
Umuririmbyikazi wo muri Amerika Christina Aguilera ari mu nzira aza mu Rwanda mu gikorwa cy’urukundo aho azagera kuwa gatatu tariki 26/06/2013.
Mu gihe hirya no hino mubafite uruhare mu iterambere rya muzika bari kwiga uburyo umuziki nyarwanda watera imbere ndetse ukaba wanatunga abawukora, ELE Rwanda yiteguye gufasha abahanzi bazaba bateguye neza inyigo y’umushinga wabo (Business plan) mu by’ubuhanzi.
Ku cyumweru tariki 23/06/2013, korari ijuru yijihije yubile y’imyaka 25 imaze itangiye umurimo wo guhimbaza Imana ibinyujije mu majwi agoroye.
Umuhanzi Ellion Victory uzwi mu njyana ya Afrobeat, amazina ye bwite ni Ngarambe Victoire. Uyu muhanzi wamenyekanye mu ruhando rw’umuziki nyarwanda kubera indirimbo nka “Marita” na “Amafaranga”.
Orchestre Impala irataramira abakunzi bayo n’Abanyarwanda muri rusange, mu gitaramo bateguye kuri uyu wa Gatandatu tariki 22/06/2013 i Nyamirambo kuri Stade Regional guhera ku isaha ya saa munani z’amanywa.
Dj Adams nyuma yo kuregwa icyaha cyo gusambanya no gutera inda umwana w’umukobwa wari utaruzuza imyaka 18 akajyanwa mu nkiko mu mpera z’umwaka wa 2011 yagizwe umwere.
Umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana, Olivier Ndatimana, uzwi nka Papa Hero ni umuhanzi ubarizwa mu itorero rya ADEPR-Matyazo mu karere ka Huye.
Umuhanzi Ngarambe Victoire uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Ellion Victory, avuga ko itangazamakuru ryo mu Rwanda rirangwa n’amarangamatima aho rizamura bamwe mu bahinzi batanafite ubuhanga, abandi bagahera hasi.
Abinyujije ku rubuga rwa Facebook, Anita Pendo yagize ati : «Beef hari igihe yinjiza cash mu bindi bihugu ubu ndimo ndibaza niba izo mbona mu bahanzi bacu muri iyi minsi niba zituma bunguka!»
Mu gihe hategerejwe ibitaramo by’umwimerere (live) mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star 3, abantu banyuranye bakurikiranira hafi umuziki basanga ari ikintu gikomeye kigiye kugaragaza koko umuhanzi w’umuhanga.
Abinyujije mucyo yise “umusanzu w’umuhanzi mu burere mboneragihugu ku matora”, umuhanzi Kizito Mihigo ku bufatanye na komisiyo y’igihugu y’amatora, yataramiye Abanyangoma tariki 16/06/2013 abakangurira kwitabira amatora y’abadepite yo muri Nzeri 2013.
Ikinyamakuru TMZ kiratangaza ko Paris Jackson, umukobwa wa nyakwigendera Michael Jackson ngo yanga cyane umuhanzi Justin Bieber ngo ku ko yavuze ko adashobora kugira icyo avuga ku bakobwa bikeba bakikomeretsa.
Umuhanzikazi Charly wamenyekanye cyane ku ndirimbo ye “Ntawe ukuruta” akaba ari n’umwe mu bahanzi bafasha kuririmba (becking) abahanzi bari mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star yabaye ahagaritse kuririmba kubera amasomo no kwandika igitabo.
Nyuma y’igihe kinini Tete Roca atigaragaza mu muziki ndetse akaba yari yaranatangaje ko yahagaritse muzika, kuri ubu ngo asigaye aririmba mu makwe, bityo ntiyahagaritse umuziki burundu.
Umuhanzi Alexis Dusabe ufite igitaramo tariki 30/06/2013, avuga ko imyiteguro we n’abandi bahanzi bazaba bari kumwe bayigeze kure kubera ko yihaye intego yo kugirango igitaramo cye kizabe ari ntamakemwa.