Umunyarwenya Nkusi Arthur nyuma yo kugaruka mu Rwanda asezerewe mu marushanwa ya Big Brother Afurika, yatangaje ko ibanga ryo kugira ngo Frankie Joe azabashe gukomeza ari uko yatorwa n’abantu bari mu bihugu bitandukanye kuko ngo gutorwa n’abanyarwanda gusa nta mahirwe menshi bizamuha kabone n’ubwo bamutora ari bose.
Nyuma y’uko Arthur Nkusi na Frankie Joe bari bahagarariye u Rwanda mu marushanwa ya Big Brother Africa (BBA) bashyizwe ku rutonde rw’abashobora gusezererwa, byaje kurangira Arthur Nkusi asezerewe ku mugoroba wa 02/11/2014 naho Frankie Joe we abasha gukomeza.
Umuhanzi Semanza Jean Baptiste uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Jabastar Intore, yemeza neza ko umuntu wese ugiye mu itorero abikunze, byanze bikunze ngo byamutunga nk’uko yajya mu kandi kazi gasanzwe.
Abahanzi Arthur Nkusi na Frankie Joe, abanyarwanda bahagarariye u Rwanda mu marushanwa ya Big Brother Africa (BBA) ari kubera muri Afurika y’Epfo, bakeneye gutorwa kenshi na buri munyarwanda kugira ngo badasezererwa muri aya marushanwa u Rwanda rugasigara rudahagarariwe.
Abahanzi bibumbiye mu itsinda “Active” ku bufatanye n’itorero Inganzo Ngari n’umuryango Hope for The Future, kuri uyu wa 25/10/2014 bashyikirije inkunga abana b’impfubyi bo mu karere ka Gicumbi irimo ibyo kurya, imyambaro n’ibindi bikoresho bitandukanye byo mu rugo ndetse banasana amazu 3 aho bayasize irangi bakanayatera (...)
Mu gikorwa cyo gutangiza ishuri ry’umuziki mu Rwanda, Minisitiri w’umuco na Siporo Joseph Habineza yagaragaje ko n’abayobozi bafite impano yo kuririmba no gucuranga badakwiye kuyihisha ahubwo bakagaragaza icyo bazi.
Ku Kimisagara ahazwi nko kuri Maison des Jeunes, kuri iki cyumweru tariki 26/10/2014, hazabera igikorwa cyo gutoranya abasore n’inkumi bo kumurika imideli (models) hatagendewe ku ngano cyangwa imiterere yabo.
Frank Joe uhagarariye u Rwanda mu marushanwa ya Big Brother Africa (BBA) wari washyizwe ku rutonde rw’abashobora gusezererwa mu gihe yaba adatowe n’umubare munini w’abanyarwanda yabashije gukomeza, maze umugandekazi Esther, umunyakenya Sabina na Lilian wo muri Nigeria barasezererwa.
Korari Abatambyi yo mu mudugudu wa Rurenge ya mbere muri paruwasi ya Rukomo mu itorero Pantekote, yashyize ahagaragara umuzingo (album) w’indirimbo zayo za mbere zaririmbiwe Imana yitwa “Umukiranutsi”.
Umwe mu Banyarwanda babiri bitabiriye amarushanwa ya Big Brother Africa, Frank Joe, yashyizwe mu bantu umunani bafite amahirwe macye yo gukomeza muri aya marushanwa mugihe adatowe n’umubare munini w’Abanyarwanda.
Urubyiruko rwo mu karere ka Musanze rwumvise ubuhanga bwa Paul Jacques usubiramo amajwi y’inyamaswa zitandukanye rusanga ari impano idasanzwe ikwiye gutezwa imbere cyane cyane mu rubyiruko narwo rukaba rwayigishwa kugira ngo itazazima.
Umuhanzi Meddy usigaye abarizwa muri Amerika aho akomeje ibikorwa bye by’ubuhanzi, yakoze impanuka y’imodoka Imana ikinga ukuboko, nk’uko yabitangaje abinyujije ku rubuga rwa facebook.
Abanyarwanda Arthur Nkusi na Frank Joe babashije gukomeza mu marushanwa ya Big Brother mu gihe hamaze gusezererwa babiri muri bagenzi babo bari kumwe muri iri rushanwa ririmo kubera muri Afurika y’Epfo.
Ikigo nyarwanda cy’urubyiruko cyitwa Creative for Africa n’akarere ka Gasabo, bafatanyije umushinga wo kujya bakoresha amarushanwa y’abahanzi bakiri bato mu mwuga, mu rwego rwo guteza imbere impano y’urubyiruko kugira ngo umwuga w’ubuhanzi ubashe gutunga nyirawo.
Umunyamakuru, umukinnyi wa filime, Dj akaba n’umushyushyarugamba Anita Pendo akomeje kubabazwa n’abantu banyuranye bakomeje kugenda bamutera urubwa kubera gutandukana n’uwari umukunzi we Producer David.
Abahanzi bagize itsinda rya CNIRBS ryo mu Budage bazataramira muri Kigali Serena Hotel ku cyumweru tariki 12/10/2014, aho kwinjira bizaba ari ubuntu ku bantu bose.
Kayibanda Mutesi Aurore, Nyampinga w’u Rwanda 2012 akaba na Nyampinga wa Festival Panafricaine (FESPAM) 2013, arahamagarira abana b’abakobwa kudatinya kwitabira amarushanwa ya Nyampinga kuko yabageza kuri byinshi byiza batari kuzabasha kugeraho cyangwa bakabigeraho bibagoye iyo bataba Nyampinga.
Umukinnyi wa filime wo mu gihugu cya Nigeria, Ramsey Nouah avuga ko kugira ngo abakina filimi mu Rwanda batere imbere bakwiye kubanza gukunda umwuga wa bo, kandi bakirinda gushaka inyungu za vuba.
Nikuze Gabriel uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Umutare Gaby asanga bikiri imbogamizi kuzamuka k’umuhanzi n’ubwo yaba afite impano kubera abashora imari mu muziki bakiri bake cyane, ndetse na bamwe babikoze bakibanda ku bahanzi bamaze kugira aho bagera cyangwa se kubaka izina nk’uko bikunze kuvugwa.
Umuhanzi Karangwa Lionel wamenyekanye ku izina ry’ubuhanzi rya Lil G agiye gutangiza inzu itunganya umuziki (studio) yise “High Level Records” kugira ngo izamufashe gutunganya ibihangano bye ndetse no gufasha abahanzi bakizamuka ariko bafite impano.
Kuri iki cyumweru tariki 5.10.2014 hateganyijwe kuba igitaramo cyo gushyigikira umuryango wa Patrick Kanyamibwa witabye Imana azize impanuka ya moto mu kwezi kwa cyenda k’uyu mwaka, bikaba biteganyijwe ko n’abahanzi bazaririmba muri iki gitaramo nabo bazishyura mu kwinjira.
Umuhanzi Mavenge Sudi wamenyakanye cyane mu myaka ya 1998 kubera indirimbo nka “Agakoni k’abakobwa”, “Isimbi” atangaza ko we atifuza kumenyekana nk’abahanzi bakomeye mu Rwanda muri iki gihe nka Jay Polly na Tom Close kuko yaramenyekanye bihagije, ngo yabahaye inda ya bukuru.
Abahanzi batandukanye barimo Riderman, King James, Miss Jojo, Urban Boys na Tom Close bagiye kuzenguruka u Rwanda mu bitaramo (roadshows) bakangurira abaturage kurya ibishyimbo bikungahaye ku butare.
Umuhanzi Seminega Ferdinand yamaze gushyira hanze indirimbo yise MWAMI DUTABARE irimo ubutumwa busaba abantu guhinduka bakava mu byaha, bagakurikira inzira nyayo izabageza mu ijuru.
Abagize ikompanyi ya Decent Entertainment aribo Muyoboke Alex na Twahirwa Theophile uzwi ku izina rya Dj Theo bateguye igitaramo cyo kumurika iyi kompanyi yaje gufasha abahanzi kumenyekanisha ibikorwa byabo no kubibyaza umusaruro (Management).
Nubwo avuga ko atarakira agakiza ku buryo bufatika, umuraperi Major X ubarizwa mu itsinda rya Flat Papers ngo agiye kwagurira ubuhanzi bwe mu ndirimbo zihimbaza Imana.
Icyamamare muri muzika Emmanuel Bezhiwa Idakula bita BEZ ukomoka muri Nijeriya arahamya ko iterambere u Rwanda rugezeho riri ku rwego rwiza mu nzego zose, agasaba abahanzi n’abakora umuziki mu Rwanda kudasigara inyuma kandi bakihatira gukora umuziki w’umwimerere niba bashaka gutera imbere.
Raoul Rugamba, umuyobozi w’ikigo Mobile Application ventures (MAV) ari nacyo gitegura igitaramo ngarukamwaka cyiswe “Hobe Rwanda” kigamije gutuma umuco Nyarwanda udacika asobanura ko kimwe mu byamuteye gutekereza icyo gitaramo ari uko yabonaga urubyiruko rugenda ruburira mu muco wo mu mahanga bityo afata iya mbere mu kurugarura.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Joseph Habineza mu gihe gito amaze agarutse kuba Minisitiri w’Umuco na Siporo, hakomeje kugenda hagaragara impinduka nyinshi zigamije guteza imbere abahanzi no kugira ngo babashe gutungwa n’impano zabo.
Sibomana Emmanuel ukina mu ikinamico Urunana yitwa Patrick Musonera akaba abihuza no gukora kuri Radio 10 na TV 10 aho akora nka Cameraman (gafotozi) na Editor (atunganya) w’amakuru, arasaba abakurikirana inkinamico kujya bamenya gutandukanya ibyo bumvamo bakina n’uko babayeho mu buzima busanzwe.