Nyampinga w’Umurage Bagwire Keza Joannah akeneye amajwi y’Abanyarwanda ngo abashe kwegukana intsinzi mu marushanwa y’ubwiza bushingiye k’umurage ku rwego rw’isi.
Hasohotse Film Unzi Igice igaragaza uko Abanyarwanda bari mu mahanga badatahuka kubera ko bababeshya uko u Rwanda rutari, kugira ngo bagumane imitungo.
Ama-G The Black arasaba abahanzi bakizamuka kuririmba ibifasha Abanyarwanda aho kwitaka kuko ngo ari yo ntwaro izabafasha kumenyekana.
Muneza Christophe uzwi nka Christopher arahamagarira abahanzi bakizamuka gukora imishinga y’igihe kirekire, aho gushaka kuba ibyamamare by’ako kanya kuko bitaramba.
Abahanzi bo mu Rwanda n’abo muri Swede bahuriye mu gitaramo cyabereye mu kigo cya Inema Art Center, ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki 25 Nzeri 2015.
Puff Daddy ni we uza ku isonga ku rutonde rw’abaririmbyi b’injyana ya Hip Hop binjije amafaranga menshi mu mwaka wa 2014-2015
Paul Van Haver, uzwi kwa Stromae, yamaze kwemeza ko azaza mu Rwanda tariki 17 Ukwakira 2015 gutaramira Abanyarwanda.
Umuhanzi Stromae yajyanywe mu bitaro igitaraganya nyuma y’impanuka yagize bituma igitaramo yari afite Minneapolis muri Amerika kiburizwamo abakitabira bamaze kuhagera.
Abahanzi bo ku Nyundo bakomeje kwitwara neza muri Canada mu rugendoshuri barimo bakaba bagaragaje ubuhanga mu Iserukiramuco rya Axis Mundi.
Mu Rwanda hagiye gutorwa Nyampinga uhiga abandi bo muri za Kaminuza, akazanitabira irushanwa rya Nyampinga wa kaminuza ku rwego rw’isi.
Abahanzi biga umuziki mu ishuli rya muzika ryo ku Nyungo bagiye muri Canada mu rugendoshuri ruzabafasha kunononsora umuziki biga.
Ubuyobozi bwa Nilekast buravuga ko bugiye gutangiza gahunda yabwo mu Rwanda yo gufasha abahanzi kubamenyekanisha ibihangano byabo ku isi.
Umuhanzi Jay Polly atangaza ko kuba hadutse itsinda rishya ririmo abo bahoranye muri Tough Gang nta kibazo abifiteho kandi ntazanarijyamo.
Umunyamakuru Sandrine Isheja yashimiye abamufashije n’abamuririmbiye mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 27 amaze avutse.
Umuhanzikazi Nirere Shanel uba mu Bufaransa ari mubyishimo byo kwibaruka imfura ye y’umukobwa.
Abategura igitaramo cya Hobe Rwanda batangaje ko kwinjira byagizwe ubuntu mu rwego rwo guha umwanya urubyiruko ngo rwigishwe umuco nyarwanda.
Dj Pius ahamya ko mu gihe cy’ibyumweru bibiri yamaze akorana indirimbo na Bobby Ngarambe ubwo yari mu Rwanda yamwigiyeho ubunyamwuga.
Chad Hurley, yemeye guha Kim Kardashian na Kanye West, amadorali y’Amerika ibihumbi 440 kubera kugaragaza video yabo atabifiye uburenganzira.
Itsinda rya Two 4Real na Syntex bagiye guhurira mu gitaramo muri Kaizen Club kuri uyu wa 29 Kanama 2015 mu rwego rwo kwegera abafana babo.
Umuhanzi Gatsinzi Emery wamenyekanye cyane ku izina ry’ubuhanzi rya Riderman, kuri uyu wa 16 Kanama 2015, yasezeranye imbere y’Imana kubana akaramata na Miss Agasaro Nadia Farida.
Umuhanzikazi Butera Jeanne d’Arc uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Knowless ni we wegukanye ku uru wa 15 Kanama 2015, intsinzi ya Primus Guma Guma Super Star, ku nshuro yayo ya gatanu nyuma y’urugendo rutamworoheye na gato dore ko igeze hagati yari yasezeye bikaza kurangira asubiyemo.
Itsinda ry’abahanzi bo mu Burundi baririmba indirimbo zihimbaza Imana “Heavenly Melodies” rigiye kumurikira umuzingo (album) waryo wa gatanu mu Rwanda, mu gitaramo “Overflow Concert” kizaba ku wa 6 Nzeri 2015 kuri Christian Life Assembly (CLA) i Nyarutarama mu Mujyi wa Kigali.
Knowless asanga aramutse atsinze ryaba ari itafari ryiyongera kucyo yari asanzwe yubaka, mu gihe hasigaye gusa iminsi itanu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ku nshuro yaryo ya gatanu rigasozwa.
Paul Van Haver, umuhanzi w’icyamamare ku isi ndetse no ku mugabane w’Uburayi uzwi cyane ku izina ry’ubuhanzi rya Stromae, nyuma yo gusubika ibitaramo bye kubera impamvu z’uburwayi mbere gato y’uko aza kuririmbira mu Rwanda, kuri ubu yamaze gutangaza ko azasubukura ibitaramo bye muri Nzeri 2015 ariko nta gihugu cy’Afurika (…)
Umuhanzi Bisangwa Nganji Benjamin wamenyekanye cyane ku izina ry’ubuhanzi rya Ben Nganji aratangaza ko intego ze yabashije kuzigeraho nyuma y’igitaramo “Inkirigito Concert” yakoze mu mpera z’uku kwezi.
Nyuma y’iminsi ibiri gusa indirimo y’umuhanzi Teta Diane yise “Tanga Agatego, isohotse mu mashusho imaze kurebwa n’abantu barenga ibihumbi bitanu, ibi bigafatwa nk’ikimenyetso ko ikunzwe cyane.
Producer David utunganya indirimbo muri Studio ya Future Records avuga ko nubwo yatandukanye na MC Anita Pendo bahoze bakundana bishoboka ko igihe cyazagera bagasubirana.
Nyuma y’imyaka igera hafi kuri itatu umuhanzi Sgt. Robert atakigaragaraza cyane muri muziki, aho yari ari mu rwuri yororeramo mu Kagari ka Kageyo mu Murenge wa Mwili mu Karere ka Kayonza, yadutangarije ko uretse kuba ari umusirikari, mu bimuhugije harimo ubworozi no kubaka.
Umuhanzi Audace Munyangango uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Auddy Kelly aratangariza abakunzi be ko batazongera kumubura dore ko ngo yari ahugijwe n’amasomo none akaba yayarangije.
Twahirwa Theogene uzwi ku izina rya Dj Theo arahakana amakuru avuga ko yaba yaratandukanye na Alex Muyoboke bari bafatanyije ikompanyi izwi ku izina rya Decent Entertainment dore ko Dj Theo amaze iminsi ashinze indi kompanyi ikora bimwe neza neza n’iya mbere ariyo Decent Entertainment.