Umuhanzi The Ben yahawe igihembo cya “Tamin Awards of Honor 2015”, kubera indirimbo ye “I can see” yimakaza amahoro.
Umuhanzi uririmba indirimbo z’Imana Murenzi Sam agiye gukora igitaramo cyo Gushima Imana ngo azatumiramo abahanzi b’ibyamamare mu guhimbaza Imana.
Umuhanzi Roberto wamamaye ku ndirimbo "Amarula" yamaze gusesekara mu Rwanda aho aje mu gitaramo cyo kumurika alubumu "Nyumva" y’itsinda Two 4Real.
Umuhanzi akaba n’umukinnyi wa filime w’Umunyarwanda Frank Rukundo uzwi nka Frankie Joe, azagaragara muri filime yakorewe Hollywood yiswe The PainKillers.
Tricia Niyoncuti, umugore wa Tom Close aramuvuga imyato ku isabukuru ye y’amavuko akanashimira Imana yamumuhaye ayisaba no kumurinda.
Umuhanzi MC Fab nyuma yo kurangiza icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu ishami ry’amategeko ngo agiye kurengera abanyamuziki bagenzi be.
Umuhanzi w’icyamamare akaba n’umuvandimwe wa Roberto wamenyekanye mu ndirimbo Amarula yamaze gusesekara i Kigali aje kwitabira igitaramo cya Two 4Real
Manzi James uzwi nka Humble Jizzo akaba umwe mu bagize itsinda rya Urban Boys, arahakana yivuye inyuma ubutinganyi burimo kumuvugwaho.
Irushanwa rikomeye rihuza abahanzi ba Rusizi na Nyamasheke, Kinyaga Award, ryamaze kubona abahanzi 10 bazarihatanamo.
Umuhanzi Kid Gaju asanga Abanyarwanda nibaha agaciro ibikorwa by’abahanzi Nyarwanda bazabasha gutera imbere nabo bakaba ba Diamond bo mu Rwanda.
Tom Close arahishurira abahanzi bato ko kudacika intege ariyo ntwaro itumye abasha kugera aho ageze, akabasaba nabo kuyigira iyabo.
Umuhanzi ukomeye mu turere twa Rusizi na Nyamasheke, Dig Dog yashyize hanze indirimbo,”komeza imihigo” ivuga ibigwi by’umukuru w’igihugu Paul Kagame.
Umuhanzi Roberto waririmbye indirimbo “Amarula” yemeje ko azaza mu Rwanda mu gitaramo kibanziriza kumurika alubumu “Nyumva” y’Itsinda Two 4Real.
Umuhanzi Uncle Austin nyuma yo kubura amahirwe yo gukorana indirimbo na Roberto kuri ubu ari kuyikorana n’umuvandimwe we General Ozzy.
Intore Tuyisenge aratangaza ko iyo amenya kare ko ibyishimo byo gushaka bimera uko amerewe ubu, aba yarashatse kare.
Umuhanzi w’Umubiligi ukomoka ku Munyarwanda n’Umubiligikazi Stromae, yaraye akoreye igitaramo muri Kaminuza Yigenga ya Kigali (ULK) kinezeza cyane abakitabiriye.
Ikigo Kigali Fashion Week kigiye gutora umunyamideri uhiga abandi, akazafashwa gukorana n’ibigo mpuzamahanga.
Umuhanzi Stromae arashyize ashyikirizwa igihembo cye yegukanye mu marushanwa ya Salax Awards nyuma y’igihe kirenga umwaka akegukanye, hibazwa uburyo azabasha kugihabwa.
Ubuyobozi bwa Salax bwashyikirije Stromae igihembo yegukanye mu marushanwa ya Salax Awards muri 2013, nyuma y’aho hibazwaga uko azagihabwa.
Nyuma y’amasaha macye ageze mu Rwanda Umuhanzi Stromae yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru, aho yagaragaje ko yishimiye kugaruka mu Rwanda.
Ubuyobozi bwa Soleil Records, buravuga ko bwamaze gufata icyemezo cy’uko buri mwaka buzajya bukoreshereza abahanzi bane indirimbo nta kiguzi batanze.
Farious ngo iyo ari mu Rwanda yiyumva nk’uri mu rugo kubera inshuti ahafite, abavandimwe n’abakunzi bityo bigatuma yumva yahora aza.
Farious asanga itike y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 100 mu gitaramo cya Stromae atari menshi kubera urwego Stromae agezeho.
Umuhanzi Big Farious asanga Stromae yari akwiye guha amahirwe abahanzi bo mu Rwanda yo kugaragara mu gitaramo cye, amahanga akamenya ko atari wenyine.
Kwinjira mu gitaramo umuhanzi Stromae azakorera i Kigali, mu myanya y’icyubahiro umuntu azishyura ibihumbi 100Frw ariko hakaba n’abazinjirira ibihumbi bibiri.
Irushanwa rikomeye rihuza abahanzi bakomeye mu karere ka Nyamasheke na Rusizi, Kinyaga award, rigiye kongera kugaruka mu dushya twinshi.
Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka icumi itorero Inganzo Ngari rimaze ribayeho, rirateganya ibitaramo n’izindi gahunda zizamara umwaka wose mu gihugu hose.
Bruce Melody na Super Level baritana bamwana k’ukwiye kwishyura Boston wambitse Bruce Melody muri Guma Guma akiri muri Super Level.
Mu cyumweru kimwe, tariki 17.10.2015, Stromae arataramira mu Rwanda nyuma y’uko yagombaga kuza mu kwezi kwa Kamena bikabangamirwa n’uburwayi.
Umuhanzi MC Fab ngo agiye gushinga “Maison de Publication”, ikigo kizajya kirengera ibihangano by’abahanzi Nyarwanda bikoreshwa mu buryo bunyuranye n’amategeko.