Abahanzi barimo Charlie, Nina na Big Farious, bateguye igitaramo kizabera i Rugende mu rwego rwo gushimisha abizihiza umunsi w’abakundana.
Itsinda rya Trezzor riritegura kumurika album yabo ya kabiri bise “Urukumbuzi” izaba igizwe n’indirimbo 10 zicuranze ku buryo bw’umwimerere (live).
Bisangwa Nganji Benjamin yamaze gusezerana imbere y’Imana na Ufitinema Yvette bari bamaranye imyaka irenga ibiri bakundana.
Masamba Intore agiye guhuriza hamwe ibirori by’isabukuru ye y’amavuko, iy’umuziki we no kumurika alubumu ye nshya muri Nyakanga uyu mwaka.
Teta Diana yanyuzwe cyane no kubona indirimbo ye "Velo" ikinwa kuri televiziyo mpuzamahanga kandi atarayitanzeyo.
Umuhanzikazi Teta Diana yasinye amasezerano na Africori, ikigo mpuzamahanga gicuruza umuziki w’abahanzi banyuranye bo muri Afurika.
Active yashyize hanze indirimbo bise “Amafiyeri” ikaba ari indirimbo ngo bakoze kugira ngo izasetse abakunzi babo ndetse inabaruhure mu mutwe.
Umuhanzi Danny Vumbi avuga ko ari we watoranyijwe mu bandi bahanzi ngo akore indirimbo y’intwari.
Miss Carine Rusaro umwe mu batoranya abahatanira ikamba rya Miss Rwanda 2016, yemeza ko ubwiza bugenerwa amanota make mu gutoranya.
Nyampinga Balbine Mutoni wongeye kwiyamamariza kuba Nyampinga muri uyu mwaka ashimangira ko iri rushanwa rigenda rirushaho gutera imbere.
Mu gihe byari bimenyerewe ko Boston Records n’ikigo cy’urubyiruko cya Nyamasheke bategura Kinyaga Award,kuri ubu hagiye gutorwa abazajya bayitegura by’umwihariko.
Abagize itorero “Indatwa n’abarerwa” ry’akagari ka Kagina mu Murenge wa Runda, ngo bakeneye amakikoro yo kubyaza inganzo zabo umusaruro.
Benshi mu byamamare hano mu Rwanda bakomeje kugaragaza ibyishimo batewe n’uko ikipe y’u Rwanda, Amavubi, yatsinze ku mukino wa mbere.
Nyuma y’amasaha make ashyize hanze indirimbo yakoreye Amavubi n’Abanyarwanda kubera CHAN, Danny Nanone yashimishijwe no gukabya inzozi Amavubi agatsinda.
Nyuma y’iminsi ibiri gusa umugabo wa Celine Dion, Réné Angelil, yishwe na kanseri, musaza we, Daniel Dion, na we yitabye Imana azize iyi ndwara.
Abakobwa bane muri barindwi bahataniraga itike yo guhagararira Intara y’Amajyepfo mu marushanwa ya Miss Rwanda 2016, baraye batambutse kuri uyu wa 16 Mutarama 2016.
Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne atangaza ko muri uyu mwaka inyubako z’imyidagaduro ziziyongera n’abashoramari bagashishikarizwa gushora imari mu myidagaduro.
Abahanzi bafatwa n’ibihangange mu karere k’Ikinyaga banegukanye Kinyaga Award, kuri uyu wa 09 Mutarama 2015 barataramira i Nyamasheke muri Café de l’Ouest.
Abareba filime Nyarwanda bavuga ko ari ngombwa ko abazikora bongera ubunyamwuga kugira ngo zibashe guhangana n’inyamahanga.
Umuhanzi Danny Nanone yinjiye muri business, aho yakoze amakaye yamwitiriwe azajya anyuzamo ubutumwa bunyuranye bugenewe urubyiruko cyane cyane abanyeshuri.
Nyuma y’iminsi ibiri gusa amashusho y’indirimbo “Velo” ya Teta Diana asohotse, amaze kurebwa inshuro zirenga 8407, ibintu bitaba ku ndirimbo nyinshi
Umukobwa wa Senderi w’imyaka 8 yamaze kwinjira mu muziki akaba arimo gukora indirimbo yise “Icyizere” izasohoka tariki 15 Mutarama 2016.
Tariki 30/12/2015, abanyeshuri biga umuziki ku Nyundo bagejeje ku banyehuye umuziki wihuse(live). Igitaramo cyitabiriwe n’abantu bake, ariko abaje cyarabashimishije.
Umuhanzi Konshens yemeza ko itangazamakuru ryo mu Burengerazuba bw’isi ridaha u Rwanda isura nyayo, kandi rwarashoboye kwiteza imbere mu gihe gito nyuma ya Jenoside.
Umuhanzi w’umunya-Jamaica Garfield Spence uzwi cyane nka Konshens yageze mu Rwanda muri iri joro aje gutaramira Abanyarwanda k’ubunani.
Minisitiri Uwacu Julienne atangaza ko kwidagadura bikwiriye gukorwa n’uwabihisemo gusa ariko bigakorwa ku buryo bitabangamira undi udafite aho ahuriye nabyo.
Harerimana Olivier uzwi nka Pusher ni we waraye wegukanye irushanwa rikomeye Kinyaga Award 2 rihuza abahanzi ba Nyamasheke na Rusizi.
Mu ijoro ryo ku wa 27 Ukuboza 2015, Korari Ijuru ya Paruwasi Katedarari ya Butare yasusurukije Abanyehuye mu gitaramo cy’urunyurane rw’indirimbo za Noheri.
Ku bufatanye na Cogebank habaye inama itegura Miss Rwanda 2016, ku gikorwa gitegurwa Rwanda Inspiration Back Up cyatangijwe ku mugaragaro.