Umwaka wa 2015 waranzwe n’ibikorwa bitandukanye by’imyidagaduro mu Rwanda birimo ibitaramo by’ibyamamare isi yose ihora yifuza kubona.
Umuhanzi Kid Gaju asanga uburyo Album ye ikomeye atayimurikira mu kabyiniro kandi ngo ntiyayimurika Radio na Weasel badahari ngo anabashimire.
Umuhanzi w’Umunyarwandakazi Princess Priscilla arahakana amakuru avugwa ko yaba akundana n’umuhanzi The Ben.
Runyange Dan umuhanzi Nyarwanda uhanga indirimbo z’Imana, ari mu bikorwa by’ibitaramo bishishikariza urubyiruko kwitandukanya n’ibiyobyabwenge abanyujije mu ndirimo zihimbaza Imana.
Karangwa Lionel wamenyekanye cyane nka Lil G, watangiye umuziki ku myaka 13 akaba amaze kuri 21 agiye gushyira hanze alubumu ye ya kabiry yise “Ese ujya unkumbura?”
Umuhanzi Mariya Yohana ahamya ko mu muco Nyarwanda bitemewe kubyinana igisabo kuko iyo bibaye bityo kiba cyabaye igicuma.
Itorero Intayoberana rigeze kure imyiteguro y’igitaramo cyo guha urubuga no kugaragaza agaciro k’umwana, kikazaba kuri uyu wa gatatu tariki 23.12.2015.
Itorero ry’Igihugu Urukerereza ryateguye igitaramo Ndangamuco bise “Indamutso” kikaba ari igitaramo kizaba tariki 20 Ukuboza 2015 muri Kigali Serena Hotel.
Groove Awards yatanzwe ibihembo ku bahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana bakoze cyane kurusha abandi mu 2015 mu Rwanda.
Mucyo Shaffy utegura “Rwandan Fashion Show” arakangurira urubyiruko bagenzi be gutinyuka nabo bakaba bakabya inzozi zabo nk’uko nawe byamugendekeye.
Umunya-Jamaica, Konshens, w’icyamamare muri muzika ku wa 1 Mutarama 2016 saa 4.00PM azataramira Abanyarwanda muri "East African Party".
Umuhanzikazi Knowless Butera yashyize ahagaragara amashusho ya "Te amo " yakoranye n’Umunyazambia Roberto, nyuma y’ibizazane yahuye na byo kuri video ya mbere.
Umuhanzi Alpha Rwirangira, yasoje amasomo y’icyikiro cya kabiri cya kaminuza mu bucuruzi ariko yiyemeza ko atazigera areka umuziki.
Umuhanzi Ndayisenga Flavien, uzwi ku izina rya The Pax Masunzu, avuga ko byamusabye guhimba ibinyoma ngo abashe gutereka umusatsi binatuma atega amasunzu.
Umunyarwandakazi Butera Jeanne d’Arc uzwi nka Knowless wegukanye PGGSS5 yashyizwe ku rutonde rw’abazitabira Kora Award 2016.
Miss Erica Urwibutso Nyampinga w’Ibidukikije mu Rwanda (Miss Earth Rwanda), yabuze ubushobozi bwo kwitabira irushanwa rya Miss Earth ku rwego rw’isi.
Irushanwa rihuza abahanzi b’uturere twa Nyamasheke na Rusizi, Kinyaga Award, ryatangiranye udushya n’ibintu bidasanzwe.
Knowless arasaba abafana kwihangana ku bw’amashusho y’indirimbo Te Amo yakererewe, kubera ikibazo cy’uko amashusho hari ibyari bikibura bituma basaba ko byakosoka.
Umuhanzi Munyangango Audace uzwi nka Auddy Kelly yashyize hanze amashusho y’indirimbo “Sinkakubure” yari yarifashishijwemo Miss Mutoni Balbine mu kuyamamaza.
Manzi James uzwi ku izina rya Humble Gizzo wo mu itsinda Urban boys aritegura kurushinga n’umunyamereka kazi Amy Blauman mu minsi iri imbere.
Umuhanzi Queen Cha yasobanuye ko izina akoresha mu muziki rikomoka ku mazina y’ababyeyi be yafashe akayahuza mu rwego rwo kubashimira.
Nyampinga w’Umurage, Keza Joannah, yabaye uwa kane mu marushanwa y’Ubwiza bushingiye k’Umurage ku Isi mu birori byabereye muri Afurika y’Epfo.
Koffi Olomidé, umuhanzi wo muri Repubulika Iharanira Demokrasi ya Kongo, avuga ko nyuma yo gukora umuziki yifuza kuba Perezida wa Afurika.
Aimable Kubana ari mu Rwanda aho yaje kumenyekanisha no kugeza ku Banyarwanda bimwe mu bikorwa bye by’ubuhanzi harimo n’igitabo yanditse.
Umuhanzi Danny Vumbi yaraye afashe indege yerekeza muri Canada aho afite ibitaramo bitandukanye azahuriramo n’umuhanzi w’umurundi Farious.
Amakimbirane amaze iminsi hagati ya Bull Dogg na P Fla ngo yababaje bikomeye Green P, kuko yatumye abaraperi bongera gutakarizwa icyizere.
Miss Sandra Teta yizihirije isabukuru y’amavuko muri gereza akaba yarafunzwe azira kongeragutanga sheki zitazigamiye, n’ubu akaba akirimo .
Katy Perry, umuririmbyikazi wo muri Amerika, ni we uyoboye urutonde rw’abaririmbyi b’abagore binjije amafaranga menshi mu mwaka wa 2014-2015.
Frank Joe, yishimiye kuzagaragara muri filime ya Hollywood akaba ari filime abona ko izamukingurira amarembo ku rwego mpuzamahanga.
Umuhanzi Nyarwanda w’injyana ya Reggae, Jah Bone D arahamagarira Abanyarwanda kwamagana abarwanya u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo abinyujije mu ndirimbo.