Farious ngo iyo ari mu Rwanda yiyumva nk’uri mu rugo kubera inshuti ahafite, abavandimwe n’abakunzi bityo bigatuma yumva yahora aza.
Farious asanga itike y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 100 mu gitaramo cya Stromae atari menshi kubera urwego Stromae agezeho.
Umuhanzi Big Farious asanga Stromae yari akwiye guha amahirwe abahanzi bo mu Rwanda yo kugaragara mu gitaramo cye, amahanga akamenya ko atari wenyine.
Kwinjira mu gitaramo umuhanzi Stromae azakorera i Kigali, mu myanya y’icyubahiro umuntu azishyura ibihumbi 100Frw ariko hakaba n’abazinjirira ibihumbi bibiri.
Irushanwa rikomeye rihuza abahanzi bakomeye mu karere ka Nyamasheke na Rusizi, Kinyaga award, rigiye kongera kugaruka mu dushya twinshi.
Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka icumi itorero Inganzo Ngari rimaze ribayeho, rirateganya ibitaramo n’izindi gahunda zizamara umwaka wose mu gihugu hose.
Bruce Melody na Super Level baritana bamwana k’ukwiye kwishyura Boston wambitse Bruce Melody muri Guma Guma akiri muri Super Level.
Ambasaderi w’Abakonsomateri arasobanurira urubyiruko uko rwakoresha impano zarwo mu kwiteza imbere abasaba kurebera ku bahanzi babegereye mbere yo kujya kure.
Mu cyumweru kimwe, tariki 17.10.2015, Stromae arataramira mu Rwanda nyuma y’uko yagombaga kuza mu kwezi kwa Kamena bikabangamirwa n’uburwayi.
Umuhanzi MC Fab ngo agiye gushinga “Maison de Publication”, ikigo kizajya kirengera ibihangano by’abahanzi Nyarwanda bikoreshwa mu buryo bunyuranye n’amategeko.
Nyampinga w’Umurage Bagwire Keza Joannah akeneye amajwi y’Abanyarwanda ngo abashe kwegukana intsinzi mu marushanwa y’ubwiza bushingiye k’umurage ku rwego rw’isi.
Hasohotse Film Unzi Igice igaragaza uko Abanyarwanda bari mu mahanga badatahuka kubera ko bababeshya uko u Rwanda rutari, kugira ngo bagumane imitungo.
Ama-G The Black arasaba abahanzi bakizamuka kuririmba ibifasha Abanyarwanda aho kwitaka kuko ngo ari yo ntwaro izabafasha kumenyekana.
Muneza Christophe uzwi nka Christopher arahamagarira abahanzi bakizamuka gukora imishinga y’igihe kirekire, aho gushaka kuba ibyamamare by’ako kanya kuko bitaramba.
Abahanzi bo mu Rwanda n’abo muri Swede bahuriye mu gitaramo cyabereye mu kigo cya Inema Art Center, ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki 25 Nzeri 2015.
Puff Daddy ni we uza ku isonga ku rutonde rw’abaririmbyi b’injyana ya Hip Hop binjije amafaranga menshi mu mwaka wa 2014-2015
Paul Van Haver, uzwi kwa Stromae, yamaze kwemeza ko azaza mu Rwanda tariki 17 Ukwakira 2015 gutaramira Abanyarwanda.
Umuhanzi Stromae yajyanywe mu bitaro igitaraganya nyuma y’impanuka yagize bituma igitaramo yari afite Minneapolis muri Amerika kiburizwamo abakitabira bamaze kuhagera.
Abahanzi bo ku Nyundo bakomeje kwitwara neza muri Canada mu rugendoshuri barimo bakaba bagaragaje ubuhanga mu Iserukiramuco rya Axis Mundi.
Mu Rwanda hagiye gutorwa Nyampinga uhiga abandi bo muri za Kaminuza, akazanitabira irushanwa rya Nyampinga wa kaminuza ku rwego rw’isi.
Abahanzi biga umuziki mu ishuli rya muzika ryo ku Nyungo bagiye muri Canada mu rugendoshuri ruzabafasha kunononsora umuziki biga.
Ubuyobozi bwa Nilekast buravuga ko bugiye gutangiza gahunda yabwo mu Rwanda yo gufasha abahanzi kubamenyekanisha ibihangano byabo ku isi.
Umuhanzi Jay Polly atangaza ko kuba hadutse itsinda rishya ririmo abo bahoranye muri Tough Gang nta kibazo abifiteho kandi ntazanarijyamo.
Umunyamakuru Sandrine Isheja yashimiye abamufashije n’abamuririmbiye mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 27 amaze avutse.
Umuhanzikazi Nirere Shanel uba mu Bufaransa ari mubyishimo byo kwibaruka imfura ye y’umukobwa.
Abategura igitaramo cya Hobe Rwanda batangaje ko kwinjira byagizwe ubuntu mu rwego rwo guha umwanya urubyiruko ngo rwigishwe umuco nyarwanda.
Dj Pius ahamya ko mu gihe cy’ibyumweru bibiri yamaze akorana indirimbo na Bobby Ngarambe ubwo yari mu Rwanda yamwigiyeho ubunyamwuga.
Chad Hurley, yemeye guha Kim Kardashian na Kanye West, amadorali y’Amerika ibihumbi 440 kubera kugaragaza video yabo atabifiye uburenganzira.
Itsinda rya Two 4Real na Syntex bagiye guhurira mu gitaramo muri Kaizen Club kuri uyu wa 29 Kanama 2015 mu rwego rwo kwegera abafana babo.
Umuhanzi Gatsinzi Emery wamenyekanye cyane ku izina ry’ubuhanzi rya Riderman, kuri uyu wa 16 Kanama 2015, yasezeranye imbere y’Imana kubana akaramata na Miss Agasaro Nadia Farida.