Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru mu Rwanda yamaze gutegurirwa umukino wa gicuti ugomba kuyifasha kwitegura Uganda bazakina bashaka itike ya CHAN 2018.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Uganda (FUFA) ryemeje Moses Basena nk’umutoza mushya w’ikipe y‘igihugu ugiye gusimbura Micho uherutse gusezera muri iyo kipe.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru (Amavubi), Antoine Hey atangaza ko ikipe ye yiteguye kuzasezerera Uganda mu mikino ya nyuma yo gushaka itike ya CHAN 2018.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura Victory Sports buratangaza ko bwamaze kugura Iragire Said myugariro w’Umunyarwanda wakinaga muri shampiyona y’i Burundi.
U Rwanda rwamaze gushyikiriza FIFA icyifuzo cyo guhatanira kwakira igikombe cy’isi mu mupira cy’abatarengeje imyaka 17 mu mu mwaka wa 2019, aho ubu rutegereje igisubizo ku busabe rwatanze.
Rutahizamu ukomoka muri Mali witwa Alassane Tamboura yamaze kugera i Kigali aho aje gukinira ikipe ya Rayon Sports.
Rutahizamu ukomoka muri Mali wakinaga muri Mali ategerejwe i Kigali kuri uyu mugoroba aho aje mu ikipe ya Rayon Sports
Milutin Sredojević Micho, usanzwe utoza ikipe y’umupira w’amaguru ya Uganda ntabwo ari kumvikana n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Uganda (FUFA) mbere yo guhura n’ Amavubi.
Karekezi Olivier, umutoza mushya wa Rayon Sports mu nshingano yahawe harimo kugeza iyo kipe mu matsinda y’imikino Nyafurika y’amakipe yabaye aya mbere iwayo (CAF Champions League).
Mwanafunzi Albert uzaba ahanganye na Nzamwita Vincent de Gaulle mu matora ya FERWAFA yahawe na komisiyo ishinzwe amatora muri FERWAFA amasaha 48 yo kuzuza ibyangombwa.
Itsinda riharanira impinduka mu mupira w’amaguru mu Rwanda (Rwanda Football Coalition for changes) riratangaza ko ritigeze ritanga umukandida Mwanafunzi Albert mu kwiyamamariza kuyobora FERWAFA.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mupira w’Amaguru inganyije n’iya Tanzania igitego 1-1 mu mukino ubanza wo gushaka itike yo gukina imikinoya CHAN.
Nzamwita Vincent de Gaulle umaze imyaka ine ayobora Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) na Mwanafunzi Albert nibo bazahatanira kuyobora FERWAFA.
Ikipe ya AS Kigali, yatumiye amakipe y’ibihangange nka Wydad Casablanca, TP Mazembe , AS Vita Club n’ayandi, mu irushanwa irimo gutegura ryiswe Inter- cities Tournament.
Kasire Onesphore, w’imyaka 92 y’amavuko wakinnye mu ikipe y’Amagaju avuga ko mu gihe cye gukina byari bishingiye ku ishyaka kuburyo ngo gutsindwa byari kirazira.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Antoine Hey yamaze gutangaza abakinnyi 18 bazerekeza muri Tanzaniya mu mukino ubanza wo gushaka itike yo gukina imikino nyafuria y’abakina imbere mu gihugu(CHAN)
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kongerera amasezerano y’imyaka ibiri kapiteni wayo Ndayishimiye Eric uzwi ku izina rya Bakame.
Nyuma y’uko Murenzi Abdallah atangaje ko atakiyamamaje ku mwanya wo kuyobora FERWAFA, itsinda riharanira impinduka muri ruhago ryatangaje ko ritazatanga umukandida.
Rusheshango Michel wakiniraga APR Fc na Danny Usengimana wakiniraga Police Fc bamaze kwerekanwa mu ikipe ya Singida Fc yo muri Tanzania iherutse kubagura.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura Victory Sport buratangaza ko bwamaze gushyiraho umutoza mushya witwa Haringingo Christian Francis.
Kwizera Pierrot wa Rayon Sport yisubije igihembo cy’umukinnyi wahize abandi muri shampiyona 2016/2017, nyuma y’uko ari we wari wacyegukanye muri shampiyona y’umwaka ushize.
Umukinnyi wakiniraga Rayon Sports Nshuti Dominique Savio aratangaza ko azakumbura bikomeye abafana ba Rayon Sports.
Nyuma y’umukino wa gicuti wahuzaga Rayon Sports na Azam FC yo muri Tanzania warangiye Rayon Sports iwutsinze ihabwa igikombe umutoza wayo Masoud Djuma ahita yegura.
Nyuma y’umukino wa gicuti wayihuzaga na Azam FC yo muri Tanzania, Rayon Sports yahise ihabwa igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda 2016/2017 yatsindiye.
Ubuyobozi bwa FERWAFA buratangaza ko nta burangare bwagize mu kudatangira igihe igikombe cya Shampiyona Rayon Sports yatsindiye mu mwaka w’imikino wa 2016-2017.
Ikipe y’igihugu Amavubi yazamutse umwanya umwe ku rutonde ngarukakwezi rw’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA.
Kuri uyu wa kabiri Tariki ya 4 Nyakanga 2017,APR yatsinze Amagaju ku mukino wa nyuma yegukana igikombe naho Rayon Sport yegukana umwanya wa 3.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi, abatoza n’abasifuzi bazakurwamo abahize abandi muri Shampiona y’icyiciro cya mbere 2016/2017
Kuri uyu wa mbere Tariki ya 3 Nyakanga 2017 nibwo umutoza w’ikipe y’igihugu AMAVUBI yatangaje urutonde rw’abakinnyi 23 bagomba gukina na Tanzaniya mu mukino wo gushaka itike ya Chan 2018.
Abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Huye batanze icyifuzo cy’uko ingengo y’imari akarere kagenera Mukura FC ikwiye kongerwa.Abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Huye batanze icyifuzo cy’uko ingengo y’imari akarere kagenera Mukura FC ikwiye kongerwa.