Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda izatangira ku itariki 29/09/2017, isozwe tariki 01/07/2018 ubwo hazaba habura iminsi itatu ngo hakinwe umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro
Ikipe ya Rayon Sports yegukanye Shampiona na APR zegukanye igikombe cy’Amahoro zizahurira i Rubavu mu gikombe kiruta ibindi mbere y;uko Shampiona itangira
Ikipe ya Mukura yamaze gusinyisha amasezerano y’imyaka ibiri, umukinnyi wakiniraga ikipe ya Vital’o n’ikipe y’igihugu y’u Burundi.
Ikipe ya Polisi yabonye itike yo gukina umukino wa nyuma mu mikino ya gipolisi ihuza amakipe ya gipolisi muri Afurika yo hagati n’iy’Iburasirazuba iri kubera i Kampala muri Uganda.
Amagaju yabihije ibyishimo bya Rayon Sports ku munsi wo kwerekana igikombe cya Shampiyona i Huye, aho yayitsinze ibitego 2-1 .
Ikipe ya Polisi yerekeje muri Uganda kwitabira imikino ihuza amakipe y’abapolisi yo mu karere ka Afurika y’iburasirazuba izabera i Kampala guhera tariki ya 24 kugeza tariki ya 30 Kanama 2017.
Kuri uyu wa 22 Kanama 2017 nibwo ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje urutonde rw’abakinnyi izifashisha mu mwaka w’imikino wa 2017-2018.
Nyuma yo gusabwa ibisobanuro bitarenze amasaha 48 ku mikoreshereze y’umutungo, Umuyobozi wa FERWAFA yamenyesheje abamuhaye ayo masaha ko nta burenganzira babifitiye
Ubuyobozi bw’Akagari ka Gahana mu Murenge wa Kinazi muri Huye bwatangije irushanwa ngarukamwaka ry’umupira w’amaguru rigamije gushishikariza abaturage gahunda za leta zitandukanye.
Abagize inama y’ubutegetsi ya Ferwafa bandikiye umuyobozi wa Ferwafa bamusaba gutanga ibisobanuro by’amafaranga yashyize kuri konti ye kandi atayagenewe.
Rutahizamu w’Amavubi ndetse wari umaze umwaka akinira AS Kigali ari we Mubumbyi Barnabe yamaze gusinya amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Bugesera.
Ikipe y’igihugu Amavubi yatsinzwe na Uganda ibitego 3-0 mu mukino ubanza wo gushaka itike ya CHAN ibashije kuyigaranzura iyitsinda 2-0 ntibyagira icyo biyimarira kuko yahise isezererwa.
Ikipe y’igihugu ya Uganda yamaze kugera i Kigali aho ije gukina n’Amavubi y’u Rwanda umukino wo kwishyura uzaba kuri uyu wa Gatandatu kuri Stade ya Kigali
Abakinnyi b’ikipe ya Espoir baratangaza ko bemerewe agahimbazamusyi mu gikombe cy’amahoro cy’uyu mwaka wa 2017 ariko ngo kugeza ubu ntibarayahabwa.
Ikipe ya Police igiye kwerekeza mu gihugu cya Uganda kwitabira imikino izahuza amakipe ya gipolisi yo mu karere ka Afurika yo hagati n’iburairazuba.
Imyitozo ya mbere y’Amavubi yo kwitegura umukino wo kwishyura wa Uganda isize Sugira Ernest agize imvune ikomeye bituma ihita isubikwa
Lydia Nsekera, Umurundikazi uzwi ku isi muri Siporo, asanga umuco w’ibihugu bimwe byo mu biyaga bigari ukiri inzitizi ku bagore baho ngo batere imbere mu mikino itandukanye.
Umunyarwanda mpuzamahanga ukina umupira w’amaguru Sugira Erneste wakiniraga ikipe ya As Vita Club yo mu gihugu cya Kongo-Kinshasa yamaze gutandukana n’iyi kipe amasezerano bari bafitanye atarangiye.
Sugira Ernest uheruka gusinyira APR na Mugisha Gilbert wa Rayon Sports biyongereye mu basatirizi b’Amavubi yitegura umukino wo kwishyura uzabahuza na Uganda.
Ikipe y’igihugu Amavubi yatsindiwe i Kampala ibitego 3 ku busa, mu marushanwa y’ibihugu ku bakinnyi bakinira iwabo muri Afurika CHAN.
Mu rwego rwego rwo kwitegura shampiyona y’umwaka wa 2017-2018 ikipe y’Amagaju FC ikomeje gushaka abakinnyi bazayifasha kwitwara neza muri iyo shampiyona.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yamaze gusesekara mu mujyi wa Kampala aho igomba gukinira n’ikipe ya Uganda kuri uyu wa Gatandatu
Ubuyobozi bw’ikipe ya As Kigali buratangaza ko bwamaze gusezerera abakinnyi 7 barimo Sebanani Emmanuel Crespo ndetse ikanasubiza APR Ndori Jean Claude na Mubumbyi Barnabe yari yababatije.
Izina Romami si rishya ku bakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda kuko hari abakinnyi bitwa gutyo bakinnye mu makipe atandukanye yo mu Rwanda.
Ikipe ya Simba Sports Club yo mu gihugu cya Tanzaniya yatsinze ikipe ya Rayon Sports igitego 1-0 mu mukino wa gicuti yayitumiyemo.
Mu rwego rwo gukomeza gukusanya amafaranga ashyirwa mu kigega "Agaciro Development Fund" hateguye irushanwa ry’umupira w’amaguru rizahuza amakipe akomeye mu gihugu.
Ikipe y’igihugu Amavubi iri kwitegura umukino wa Uganda mu rwego rwo gushaka itike ya CHAN imaze gutsinda Sudani ibitego 2 kuri 1 mu mukino wa gicuti.
Mukura Victory Sports iratangaza ko yamaze guha amasezerano y’imyaka ibiri Umurundi Gael Duhayindavyi wakinaga muri Vital’o Fc
Mu kiganiro umutoza Okoko Godefroid yagiranye na KT Radio, mu kiganiro cyayo cya KT Sports yikomye bikomeye abantu bamushinja gukoresha amarozi.