Johnattan McKinstry wahoze atoza Amavubi ari ku rutonde rw’abahatanira gusimbura Milutin Micho wasezeye ku gutoza ikipe y’igihugu ya Uganda.
Tady Etekiama uzwi nka Daddy Birori wahoze akinira Amavubi, yatoranyijwe mu bakinnyi 30 bazavamo uwitwaye neza muri Afurika uyu mwaka
Mitsindo Yves w’imyaka 15 ukinira ikipe ya Sporting Charleroi, yamaze guhamagarwa n’umutoza w’ikipe y’igihugu y’Ububiligi y’abatarengeje imyaka 15.
Imikino igera kuri itandatu ya Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda yasubitswe kubera umukino w’Amavubi na Ethiopiya wamenyekanye bitunguranye.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abakinnyi bakina imbere mu gihugu yatangiye imyitozo yo kwitegura imikino ibiri izabahuza na Ethiopia mu gushaka itike ya CHAN.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda mu mpera z’iki cyumweru yari igeze ku munsi wa kane, aho isize police Fc yicaye ku mwanya wa mbere by’agateganyo.
Umukino w’umunsi wa kane wa Shampiyona y’u Rwanda wahuje AS Kigali na Gicumbi FC warangiye AS Kigali inyagiye Gicumbi FC ibitego 4-0.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda n’iya Ethiopia zizakina imikino ibiri mu kwezi gutaha yo gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cya CHAN kizazera muri Maroc
Abakiinnyi 24 ni bo bahamagawe mu ikipe y’igihugu Amavubi yitegura Ethiopia mu mukino ushobora gutuma u Rwanda rusubira muri CHAN izaberamuri Maroc
Ku munsi wa Kane wa Shampiyona ikipe ya Kiyovu Sports ibashije gutsinda APR 1-0, ibintu byaherukaga mu 2005.
Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Kane yakoreye imyitozo ku kibuga cya Ferwafa nyuma yo kwimwa Stade Mumena
Umusifuzi Hakizimana Ambroise wasifuye umukino APR Fc yatsinzemo AS Kigali 2-1 yahanishijwe imikino ine adasifura.
Ikipe ya Rayon Sports iracyashakisha ikibuga cyo gukoreraho imyitozo nyuma yo kwirukanwa ku kibuga cya Skol yitorezagaho, ni nyuma y’aho yifuje gusubira ku kibuga cyo ku Mumena yakoreragaho mbere ariko ba nyiracyo bakayangira.Ubu noneho igiye ku kibuga cya Ferwafa.
Umutoza Antoine Hey utoza Amavubi yandikiwe ibaruwa na Ferwafa imusaba gutanga ibisobanuro byo kuba yarataye akazi atabimenyesheje abakoresha be
Ikipe y’Isonga FC yamaze gutangaza abakinnyi 23 bagomba gutangira umwiherero bitegura irushanwa mpuzamahanga yatumiwemo muri Cote D’ivoire.
Guhera ku itariki ya 24 Ukwakira 2017 ikipe ya Rayon Sports ntiyemerewe gukorera imyitozo ku kibuga cyubatswe n’umuterankunga wayo Skol.
Umukinnyi w’umunyarwanda Jacques Tuyisenge byavugwaga ko azaza muri APR Fc mu kwa mbere, yasinye imyaka ibiri muri Gor Mahia
Mu Rwanda abasaga 250 bamaze gusoza amasomo ya Kaminuza mu ishami rya Siporo, ndetse benshi banabarizwa mu bikorwa bitandukanye bya Siporo hano mu Rwanda ndetse no hanze.
Umutoza wa Police FC, Seninga Innocent atangaza ko icyo abwiye abakinnyi atoza bagikurikiza akaba ariyo mpamvu bakomeje kubona intsinzi.
Ikipe ya Police Fc niyo ibashije gutsinda Amagaju yari ataratsindwa aho yayitsinze ibitego bine kuri kimwe.
Kuri iki cyumweru abanyamuryango b’ikipe ya Rayon Sports bateranye batora komite nshya, aho batoye Paul Muvunyi wigeze no kuyobora iyi kipe ku mwanya wa Perezida.
Ikipe ya Bugesera FC itsinze Rayon Sports igitego 1-0 bituma Rayon Sports ibura amahirwe yo gusatira mukerab wayo APR FC.
Abari bagize Komite y’ikipe ya Kirehe bose bamaze gukurwaho n’ubuyobozi bw’akarere nyuma y’aho ikipe itari gutanga umusaruro.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro RRA (Rwanda Revenue Authority) kirasaba FERWAFA ko amakipe ataratanga imisoro yayitanga bitarenze mu kwezi k’Ukwakira 2017.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA buratangaza ko amakipe y’abari n’abategarugori nayo agiye kujya akinira igikombe cy’amahoro.
Ikipe ya Rayon Sports itsinze Kiyovu ibitego 2-0, mu mukino w’umunsi wa kabiri wa Shampiyona wabereye i Nyamirambo.
Mu mikino y’umunsi wa kabiri ya SHampiona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, APR Fc yanganyirije i Rubavu na Marines
Seninga Innocent utoza ikipe ya Police Fc yiteguye kwitwara neza imbere y’ikipe ya Mukura bazakina kuri uyu wa Gatanu i Huye
Ubuyobozi bw’ikipe y’Isonga buratangaza ko n’ubwo bwamaze gufata icyemezo cyo gusezera mu marushanwa ategurwa na FERWAFA bishoboka ko igihe nikigera ikipe izagaruka guhatana.
Muhire Kevin usanzwe ukinira Rayon Sports aratangaza ko atigeze yongera amasezerano n’iyo kipe, ko ahubwo bamugurije amafaranga yiteguye kwishyura vuba.