Ikipe ya AS Kigali, yatumiye amakipe y’ibihangange nka Wydad Casablanca, TP Mazembe , AS Vita Club n’ayandi, mu irushanwa irimo gutegura ryiswe Inter- cities Tournament.
Kasire Onesphore, w’imyaka 92 y’amavuko wakinnye mu ikipe y’Amagaju avuga ko mu gihe cye gukina byari bishingiye ku ishyaka kuburyo ngo gutsindwa byari kirazira.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi Antoine Hey yamaze gutangaza abakinnyi 18 bazerekeza muri Tanzaniya mu mukino ubanza wo gushaka itike yo gukina imikino nyafuria y’abakina imbere mu gihugu(CHAN)
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kongerera amasezerano y’imyaka ibiri kapiteni wayo Ndayishimiye Eric uzwi ku izina rya Bakame.
Nyuma y’uko Murenzi Abdallah atangaje ko atakiyamamaje ku mwanya wo kuyobora FERWAFA, itsinda riharanira impinduka muri ruhago ryatangaje ko ritazatanga umukandida.
Rusheshango Michel wakiniraga APR Fc na Danny Usengimana wakiniraga Police Fc bamaze kwerekanwa mu ikipe ya Singida Fc yo muri Tanzania iherutse kubagura.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura Victory Sport buratangaza ko bwamaze gushyiraho umutoza mushya witwa Haringingo Christian Francis.
Kwizera Pierrot wa Rayon Sport yisubije igihembo cy’umukinnyi wahize abandi muri shampiyona 2016/2017, nyuma y’uko ari we wari wacyegukanye muri shampiyona y’umwaka ushize.
Umukinnyi wakiniraga Rayon Sports Nshuti Dominique Savio aratangaza ko azakumbura bikomeye abafana ba Rayon Sports.
Nyuma y’umukino wa gicuti wahuzaga Rayon Sports na Azam FC yo muri Tanzania warangiye Rayon Sports iwutsinze ihabwa igikombe umutoza wayo Masoud Djuma ahita yegura.
Nyuma y’umukino wa gicuti wayihuzaga na Azam FC yo muri Tanzania, Rayon Sports yahise ihabwa igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda 2016/2017 yatsindiye.
Ubuyobozi bwa FERWAFA buratangaza ko nta burangare bwagize mu kudatangira igihe igikombe cya Shampiyona Rayon Sports yatsindiye mu mwaka w’imikino wa 2016-2017.
Ikipe y’igihugu Amavubi yazamutse umwanya umwe ku rutonde ngarukakwezi rw’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA.
Kuri uyu wa kabiri Tariki ya 4 Nyakanga 2017,APR yatsinze Amagaju ku mukino wa nyuma yegukana igikombe naho Rayon Sport yegukana umwanya wa 3.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi, abatoza n’abasifuzi bazakurwamo abahize abandi muri Shampiona y’icyiciro cya mbere 2016/2017
Kuri uyu wa mbere Tariki ya 3 Nyakanga 2017 nibwo umutoza w’ikipe y’igihugu AMAVUBI yatangaje urutonde rw’abakinnyi 23 bagomba gukina na Tanzaniya mu mukino wo gushaka itike ya Chan 2018.
Abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Huye batanze icyifuzo cy’uko ingengo y’imari akarere kagenera Mukura FC ikwiye kongerwa.Abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Huye batanze icyifuzo cy’uko ingengo y’imari akarere kagenera Mukura FC ikwiye kongerwa.
APR Fc isanze Espoir ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’amahoro nyuma yo kunyagira Amagaju ibitego 5-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Ubwo Espoir yasezereraga Rayon Sports mu mikino y’igikombe ry’Amahoro abatuye i Rusizi birukiye mu mihanda kubera ibyishimo imodoka zibura uko zitambuka.
Mu mukino wo kwishyura wabereye kuri stade Nyamirambo, Rayon yishyuye igitego kimwe muri bibiri yatsindiwe i Rusizi ihita isezererwa. Rayon sports yatsinze igitego ku munota wa 18 w’umukino gitsinzwe na Mutsinzi Ange.
Mu rwego rwo kwitegura yubile y’imyaka 100 y’Ubusaseridoti mu Rwanda, abapadiri bo mu Rwanda bakoze amarushanwa mu mikino itandukanye batangaza abayikurikiye.
Mu mukino ubanza 1/2 cy’irangiza cy’igikombe cy’Amahoro wahuje ikipe y’Amagaju n’iya APR FC kuri uyu wa 26 Kamena 2017, APR FC ntiyorohewe n’Amagaju aho ibashije kunganya nayo igitego 1-1 mu buryo bugoranye.
Ikipe y’Amagaju ikoze mateka yo kugera muri 1/2 bwa mbere mu gikombe cy’Amahoro, nyuma yo gusezerera AS Kigali kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
Mu mikino ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro, Amagaju asezereye AS Kigali, APR nayo isezerera Bugesera.
Laudit Mavugo wahoze muri shampiyona y’u Rwanda arahakana yivuye inyuma ko ari mu Rwanda kuvugana n’ikipe ya As Kigali ngo abe yayikinira umwaka utaha wa 2017-2018.
Ndikumana Hamadi Katauti ni umwe mu bashobora gusimbura Sogonya Hamiss wahagaritswe n’ikipe ya Kirehe n’ubwo we abihakana
Ikipe ya Rayon Sports igeze muri 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro isezereye Police Fc nyuma yo gutsinda Police ibitego 6-1 mu mikino ibiri
Itsinda rishinzwe kugenzura imirimo yo kubaka ibibuga mu turere ku bufatanye na Maroc baratangira gusura uturere kuri uyu wa gatatu.
Umutoza Nduhirabandi Abdulkharim uheruka guhagarikwa na Marines ababazwa cyane no kuba imyaka 18 amaze muri Marines atarigeze atsinda APR Fc kandi yari yarabishyize mu mihigo
Amarushanwa y’Umurenge Kagame Cup yaraye asojwe amakipe y’akarere ka Rutsiro mu bagabo n’abagore atwaye ibikombe ku rwego rw’igihugu.