Mu isiganwa ry’amagare rizazenguruka umujyi wa Kigali kuri uyu wa gatandatu,ikipe ya Republika iharanira demokarasi ya Congo irahatana n’abanyarwanda
Bamwe mu bafite ubumuga bo muri Nyamasheke baravuga ko kwitinya kubera kubura bimwe mu bice by’ingingo zabo bidindiza iterambere ryabo.
Amagaju yarangije shampiona ya 2014/2015 ku mwanya wa 8,yahaye intego umutoza wayo kuza ku mwanya wa kane,nawe ayizeza amanota 40
Umufana usanzwe ari uwa Rayon Sports uzwi nka Rwarutabura biravugwa ko agiye kwerekeza mu ikipe ya Police Fc aguzwe.
Rushenguziminega ukina mu ikipe ya FC Lausanne-Sport,yo mu cyiciro cya kabiri mu Busuwisi yamaze kugera mu Mavubi ari kwitegura Ghana.
Umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare mu Rwanda Nathan Byukusenge yerekeje mu marushanwa y’isi muri Espagne azaba kuva taliki 01/09 kugeza 06/09/2015.
Ikipe y’Amagaju iratangaza ko yiteguye kurekura rutahizamu Muhindo Jean Pierre, mu gihe amakipe ya SUnrise ariyo avugwa ko ashobora kumwegukana
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru I Burayi ryatoye umunya Argentine Lionel Messi nk’umukinnyi witwaye neza mu mupira w’amaguru ku mugane w’I Burayi.
Kuri uyu wa gatanu kuri Stade Amahoro harabera umukino wa gicuti hagati y’Amavubi na Ethiopia guhera i Saa cyenda n’igice
Bidasubirwaho Manchester United ikimara gutsinda Club Brugge mu mikino yombi, yerekeje mu matsinda y’amakipe yabaye aya mbere iwayo I Burayi.
Mu ikipe y’igihugu ya Volleyball igomba kwerekeza mu mikino nyafurika izabera muri Congo-Brzzaville,byatunguranye ubwo Ndamukunda Flavien na Ntagengwa Olivier batagaragayemo
Umutoza wa w’imyitozo ngororamubiri Muvunyi Eric atangaza ko gukora imyitozo buri gihe ari inkingi zirinda ubuzima zikanafasha mu iterambere.
Mu mpera z’iki cyumweru kuri Petit Stade Amahoro harakinirwa amarushanwa ya Taekwondo aterwa inkunga n’ambassade ya Korea,akazitabirwa n’abagera ku ijana.
Ikipe y’ingabo z’u Rwanda mu mukino wa Handball yegukanye igikombe gihuza ingabo muri Afrika y’iburasirazuba,mu mikino yaberaga muri Uganda
Mu gihe ishyirahamwe ryo kumasha mu Rwanda rimaze igihe gito ritangiye,abakinnyi icumi baratoranijwe ngo bitabire amahugurwa azabafasha gutoza abandi bakinnyi.
Muri ½ cy’amarushanwa y’Agaciro development Fund,Sunrise yasezereye Rayon Sports,yerekeza ku mukino wa nyuma aho izahura na Police Fc yasezereye Musanze
Minisiteri ya Siporo n’Umuco (MINISPOC) irakangurira abaturage kumva ko siporo atari iy’abafite amafaranga ahubwo ko ifitiye akamaro kanini umubiri wabo.
Nyuma yo gusesekara i Karongi ari uwa mbere,Patrick Byukusenge wo mu ikipe ya Benediction y’i Rubavu,niwe wegukanye isiganwa ry’amagare ryavaga i Muhanga ryerekeza i Karongi mu gace kuri uyu wa gatandatu.
Mu gihe habura iminsi mike ngo imikino nyafurika (All African Games),ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mukino wa Karate iripima n’igihugu cy’u Burundi, mbere y’uko iyi kipe yerekeza muri Congo-Brazzaville.
Nyuma y’igihe kinini nta siganwa ry’amagare babona,abatuye mu karere ka Karongi kuri uyu wa gatandatu baraza kwakira isiganwa ry’amagare riva i Muhanga ryerekeza mu karere ka Karongi
Mu rwego rwo kwitegura umukino wa gicuti wa Ethiopia ndetse n’umukino uzahuza u Rwanda na Ghana taliki ya 05 Nzeli 2015,abakinnyi 26 bamaze guhamagarwa mu mwiherero w’ikipe y’igihugu .
Ikipe ya Rayon Sports yerekeje muri 1/2 nyuma yo gutsinda ikipe ya Mukura ibitego 2-1, mu gihe ikipe ya APR Fc isezerewe na Police kuri Penaliti 4-3,nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu mikino y’Agaciro Development Fund.
Kuri uyu wa gatatu harakomeza imikino y’Agaciro Development Fund,aho ikipe ya Rayon Sports iza kwisobanura na Mukurai Muhanga, mu gihe APR Fc nayo iza kuba ikina Police Fc ku Kicukiro.
Mu gihe habura amezi hafi atatu ngo isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda rizwi ku izina rya Tour du Rwanda ngo ritangire,ubu hamaze gushyirwaho umutoza uzaba utoza iyo kipe ariwe Sterling Magnell
Mu mikino ihuje abasirikare bo mu bihugu by’Afurika y’Iburasirazuba yatangiye kuri iki cyumweru tariki 16 z’ukwa munani 2015,abakinnyi bahagarariye u Rwanda batangiye begukana intsinzi aho mu mukino wa Basketball na Handball batangiye batsinda naho Netball baza kunyagirwa na Uganda,mu mikino izasozwa taliki ya 28 Kanama 2015.
Ku munsi wa kabiri w’imikino y’Agaciro Development Fund,ikipe ya Rayon Sports itangiye itsinda ikipe y’Amagaju iyisanze iwayo mu Karere ka Nyamagabe,aho yayitsinze ibitego 2-0 byatsinzwe n’umukinnyi uri mu igerageza witwa Davies.
Shampiona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu gihugu cy’ubwongereza yari yakomeje,aho ikipe ya Manchester City ku kibuga cyayo yanyagiye ikipe ya Chelsea ibitego 3-0,mu mukino w’umunsi wa kabiri w’iyo shampiona.
Ku munsi wa mbere w’imikino y’Agaciro Development Fund yabaye kuri uyu wa gatandatu,ikipe ya Mukura yaje kwihererana ikipe y’Amagaju iyinyagira ibiotego 4-0, mu gihe ikipe ya Marines yasubiye mu cyicro cya kabiri yaje gutsinda Musanze 1-0
Umuryango mpuzahamahanga wa Action Aid ku bufatanye n’umuryango nyarwanda ugamije guteza imbere i Busoro (APIDERBU) bumvikanishije uburemere bw’ikibazo cy’abana bata ishuli mu buryo bw’ubukangurambaga bwifashishije imikino.
Mu gihe haburaga umunsi umwe ngo imikino y’agaciro Development Fund itangire,haje ku ba impinduka ku ngengabihe y’ayo marushanwa,aho amakipe yahise ashyirwa mu matsinda maze amakipe yombi akazagenda ahura hashingiwe ku turere aherereyemo.