Abakinnyi 26 batarengeje imyaka 20 ni bo bahamagawe n’umutoza Mashami Vincent ngo bitegure irushanwa rizabera muri Maroc ndetse na COSAFA izabera muri Afurika y’Epfo
Guhera ku wa Gatanu taliki 28 Ukwakira 2016, Shampiona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru yari yakomeje isiga Sunrise iyoboye urutonde rw’agateganyo
Ku munsi wa gatatu wa Shampiyona y’umupira w’amaguru, icyiciro cya mbere, ikipe ya Kiyovu Sports yanyagiwe na Gicumbi FC, 4-1, abafana bikoma umutoza.
Nyuma y’iminsi ikibuga cy’ikipe y’Amagaju, Sunrise na Gicumbi Fc bihagaritswe mu kwakira Shampiona, ubu Ferwafa yamaze kwemerera Amagaju na Sunrise kwakirira ku bibuga byayo
Ngarambe Vanilly na Ntungane Emery bakinira ikipe y’igihugu ya Karate, ntiborohewe n’amarushanwa yo ku rwego rw’isi.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Gicumbi FC butangaza ko bugiye kwandikira FERWAFA bujuririra umwanzuro wafashwe wo kongera kwangirwa gukinira kuri Sitade ya Gicumbi.
Mu gikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 23 muri Volleyball, u Rwanda kuri uyu wa Kane rurakina na Kenya itsinda ibone itike y’igikombe cy’isi.
Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 mu mupira w’amaguru yashyizwe mu itsinda D mu mikino ya COSAFA yatumiwemo gusimbura Madagascar itazaboneka.
Ubuyobozi bw’ikipe y’Isonga FC buratangaza ko gahunda z’iyi kipe ari ukurera abakinnyi atari uguhangana n’andi makipe.
Shampiyona y’umupira w’amaguru mu cyiciro cya mbere yabaye mu mpera z’icyumwru gishize yasize APR FC na Rayon Sports zinganyije imikino yazo.
Mu isiganwa ryavaga i Rusizi ryerekeza i Huye, Areruya Joseph ukinira Les Amis Sportifs ni we uje ku mwanya wa mbere ku ntera ya 140.7Kms
Imyiteguro ya Tour du Rwanda igeze ku munsi wa kabiri, aho kuri iki cyumweru abakinnyi berekeza Huye bava Rusizi, bakaba bahagurutse ku isaha ya saa tatu z’iki gitondo.
Mu irushanwa ritegura Tour du Rwanda ryabaye kuri uyu wa Gatandatu, Nsengimana Jean Bosco ni we ubaye uwa mbere mu gace ka Karongi-Rusizi (Kivu Belt).
Mu gihe hasigaye iminsi mike ngo Tour du Rwanda itangire, amakipe azayitabira ubu akomeje imyiteguro, aho kuri uyu wa Gatandatu hakinwa isiganwa riva Karongi kugera Rusizi, ku Cyumweru hagakinwa iriva Rusizi kugera Huye
Ubuyobozi bw’ikipe y’Iburasirazuba, Sunrise Fc, buratangaza ko muri shampiyona y’umupira w’amaguru ya 2017-2018 bafite intego yo gushaka igikombe.
Abakinnyi ba Musanze FC batunguye abitabiriye umukino wabahuje na Kirehe FC ku ya 16 Ukwakira 2016, binjira mu kibuga banyuze mu myenge y’ibiti by’uruzitiro rugikikije.
Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY) ritangaza ko ibyasabwaga byose kugira ngo "Tour Du Rwanda 2016" ibe byamaze kuboneka.
Ubuyobozi bwa Rayon Sports buratangaza ko bateganya guhura n’abafana babo baba mu gihugu cy’Ububiligi mu gikorwa bise “Rayon Sports Day”.
Umurundi Mohamed Roshanali niwe bemeje ko ari we wabaye uwa mbere, agakurikirwa na Gakwaya Jean Claude, kuri uyu wa kabiri tariki ya 18 Ukwakira 2016.
Ikipe ya Sunrise FC y’iburasirazuba n’ubwo yangiwe gukinira ku kibuga cyayo ntibyayibujije gutsindira AS Kigali, i Kigali, igitego 1-0.
Guhera kuri uyu wa Gatandatu kugera ku Cyumweru i Huye haberaga isiganwa ry’amamodoka na moto "Memorial Gakwaya", aho abarikurikiye banejejwe cyane na za moto zakoze ibyo benshi batari bamenyereye mu Rwanda
Ku munsi wa mbere w’isiganwa ry’amamodoka ryiswe Memorial Gwakaya, abatuye Huye bashimishijwe na moto n’imodoka batari basanzwe babona.
Nyuma y’uko Ikipe ya Rayon Sports itsinze Police FC mu mikino itegura Shampiyona yongeye kuyitsinda iyinyagira ibitego 3 - 0 mu mukino ufungura Shampiyona.
FERWAFA yanzuye ko umukinnyi witwa Iminishimwe Emmanuel aba umukinnyi wa APR FC bidasubirwaho nyuma yo gusuzuma ikirego cyari cyatanzwe na Rayon Sports.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gufata icyemezo cy’uko itagikinnye umukino ufungura shampiyona yagombaga gukina na Police FC kuwa tariki ya 14 Ukwakira 2016.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryahagaritse by’agateganyo ibibuga bitatau byagombaga kuzakinirwaho Shampiyona y’icyiciro cya mbere kuko bitujuje ibyangombwa bisabwa.
Sunrise FC, ikipe y’akarere ka Nyagatare yanganyije na Bugesera FC 0-0, nyuma yo gukinira mu kibuga cyuzuye ibidendezi by’amazi n’isayo.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga aratangaza ko abakinnyi b’ikipe ya AS Muhanga bakwiye kwigenga aho kwitwara nk’abakozi b’akarere bagasaba byose.
Mu mukino wo kwishyura wahuje APR Hc na Police Hc, urangiye amakipe yombi anganya 31-31, bituma Police Handball Club ihita yegukana igikombe cya Shampiona
Kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 08 Ukwakira 2016 Ikipe ya Rayon Sport yatsinze iya As Kigali 2-0 mu mukino wa Gicuti,,maze As Kigali Ivuga ko yagowe n’ikibuga.