Kuri uyu wa Kane muri BK Arena hakinwaga umunsi wa kabiri wa Shampiyona ya Afurika ya Taekwondo, ahasojwe icyiciro cyo kwiyerekana kizwi nka Poomsae
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “FERWAFA” ryakiriye abakinnyi bane bakina mu gihugu cy’u Bubiligi mu rwego rwo gukangurira abakina hanze gukinira Amavubi
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko itazakomenya n’abakinnyi batandatu barimo umunyezamu Kwizera Oliver na Nizigiyimana Karim bakunda kwita Mackenzie wari umaze umwaka umwe ayigarutsemo.
Mu gihe habura iminsi itageze no kuri 30 kugira ngo mu bihugu bimwe na bimwe shampiyona z’umupira w’amaguru zitangire, amakipe yo akomeje kongera imbaraga aho babona bitagenze neza n’aho byagenze neza bakahakomeza bongeramo abakinnyi.
Rutahizamu ukomoka mu gihugu cya Uganda, Musa Esenu, avuga ko nyuma yo gusozwa k’umwaka w’imikino mu Rwanda hari amakipe menshi yamuvugishije harimo nayo mu Rwanda, gusa we akavuga ko yayabwiye ko yavugana na Rayon Sports, kuko agifite amasezerano n’iyo kipe y’amabara y’ubururu n’umweru.
Mu nama yahuje FERWAFA n’abayobozi b’amakipe y’icyiciro cya mbere, bemeranyijwe ku ngengabihe y’umwaka w’imikino wa 2022/23
Ferdinand Rutikanga uzwi cyane ku kuba ari we watangije umukino w’iteramakofe mu Rwanda, yitabye Imana mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere aho bivugwa ko yaba yazize uburwayi
Nyuma y’igihe ikipe ya Kiyovu Sports iri mu biganiro n’umutoza ukomoka mu gihugu cy’u Bubiligi Patrick Aussems bamaze kwemeranya kuzayitoza kuva mu mwaka w’imikino wa 2022-2023 asinya amasezerano y’imyaka itatu.
Kuri uyu wa Mbere ikipe ya AS Kigali yatangaje ko yamaze gusinyisha amasezerano y’imyaka ibiri umunya-Cameroun Man Ykre Dangmo Ngnowa Hapmo
Ku wa Gatandatu tariki ya 9 Nyakanga 2022, mu Rwanda hasojwe irushanwa mpuzamahanga rya Tennis “Davis Cup 2022 by Rakuten Africa Group IV”, aho ikipe y’u Rwanda yatsindiwe ku mukino wa nyuma na Togo Imikino 3-0.
Ni umukino watangiye isaa kumi n’iminota itanu, ikipe ya APR FC yari yabanjemo ahanini abakinnyi batabanza mu kibuga, yiharira igice cya mbere ariko ntiyabona izamu, kuko umukino warangiye ari ibitego 2 bya Sunrise ku busa bwa APR FC.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko ubu igiye gutangiza ikipe y’umupira w’amaguru y’abagore, ndetse n’irerero ry’abana "Académie"
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda, avuga ko Stade Umukuru w’Igihugu yemereye Abanyenyanza iri mu nzira zo kubakwa, kuko inyigo yayo yo yarangiye, bikaba biteganyijwe ko izakira abantu ibihumbi 20.
Kuri uyu wa gatanu tariki ya 8 Nyakanga 2022,ikipe ya APR FC kumugaragaro yaguze umukinnyi Nkundimana Fabio wakiniraga Musanze FC wanifuzwaga n’ikipe ya Rayon Sports.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yamaze gusinyisha amasezerano y’imyaka ibiri umukinnyi Ndekwe Felix wari usanzwe akina mu ikipe ya AS Kigali
Mu kwezi gutaha kwa Munani mu karere ka Bugesera, hazabera irushanwa ryo gusiganwa ku maguru rizahuza ibigo 30, ryateguwe n’ibigo SMARK ifatayije na Jabalee Sports.
Mu gihe bivugwa ko Rayon Sports yaba yaguze Nkundimana Fabio ukinira ikipe ya Musanze FC, muri iyi kipe baravuga ko batari bumvikana ku mafaranga agomba gutangwa kuri uwo musore ukina hagati mu kibuga, ariko unifuzwa n’ikipe ya APR FC.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gusinyisha Tuyisenge Arsène wakinaga mu ikipe ya ESPOIR nka rutahizamu uca ku mpande, aho yamusinyishije amasezerano y’imyaka ibiri
Mu gihe umwaka w’imikino mu Rwanda wamaze gusozwa amakipe arimo APR FC, Rayon Sports na Kiyovu Sports akomeje kwiyubaka agura abakinnyi bashya ndetse anongerera abandi amasezerano
Mu gihe isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi rikomeje mu Rwanda, imwe mu nkuru zirimo kuvugwa ni iya Niyibizi Ramadhan ukinira AS Kigali, ariko bivugwa ko yamaze kumvikana na APR FC ndetse na we yifuza kujyamo, gusa akazitirwa no kuba agifite amasezerano y’umwaka umwe muri AS Kigali.
Nyuma y’iminsi 15 yari amaze yarahagaritswe ku kazi, Muhire Henry yasubiye mu kazi nk’Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA
Ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza yemeje ku mugaragaro ko yaguze rutahizamu, Gabriel Jesus wakiniraga Manchester City, bikaba byatangajwe ku wa Mbere tariki 4 Nyakanga 2022, uwo mukinnyi akaba yishimiye kujya mu ikipe ikomeye.
AKarere ka Gicumbi katangiye urugendo rwo kongera kuba igicumbi cy’umukino wa Handball mu Rwanda, aho hatangiye ibikorwa byo kuzamura impano z’abakiri bato muri uyu mukino
Guhera kuri uyu wa Mbere tariki ya 4 Nyakanga 2022, i Kigali mu Rwanda haratangira irushanwa mpuzamahanga ry’umukino wa Tennis rizwi nka “Davis Cup”, akaba ari bwo bwa mbere rihabereye mu mateka yarwo.
Komite y’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) yatangaje ko Igikombe cya Afurika cya 2023 cyari giteganyijwe mu mpeshyi ya 2023 cyimuriwe mu mwaka wa 2024 n’ubundi kikazabera muri Côte d’Ivoire cyagombaga kubera.
Ikipe y’umupira w’amaguru y’Umurenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga ni yo yegukanye igikombe kijyanye no kwizihiza ku nshuro ya 28 umunsi wo Kwibuhora, nyuma yo gutsinda Umurenge wa Nyamabuye ibitego bitatu ku busa (3-0), ukaba wabaye ku Cyumweru tari 3 Nyakanga 2022.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Basketball yasezerewe mu gushaka itike y’igikombe cy’Isi nyuma yo kunanirwa kwerekeza mu gice cya nyuma cyo gushaka itike y’igikombe cy’Isi. Nyuma yo gutsindwa na Tunisia amanota 76 kuri 66 ku mugoroba tariki 03 Nyakanga 2022 byatumye urugendo rw’ikipe y’Igihugu rushyirwaho akadomo bituma u (…)
Mu gihe hari gusozwa shampiyona y’icyiciro cya mbere ndetse n’icya kabiri muri Handball, ikipe ya Gicumbi na Police HC ni zo zigiye guhatanira igikombe
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda, Dr Cheikh Sarr nta mpinduka yari yakoze ugereranyije n’ababanje mu kibuga ubwo u Rwanda rwakinaga na Sudani y’Epfo ku munsi wari wabanje.
Kuri uyu wa gatanu tariki ya 1 Nyakanga 2022, ikipe ya Liverpool yongereye amasezeramo umukinnyi wayo Mohamed Salah ukomoka mu gihugu cya Misiri amaezerano y’imyaka ibiri.