Ku bufatanye n’Akarere ka Kayonza n’ikigo nderabuzima cya Nyamirama, Shooting Touch Rwanda yateguye irushanwa rya mbere muri uyu mwaka wa 2022 nyuma y’imyaka ibiri nta marushanwa itegura. Iri rushanwa ryabaye mu cyumweru gishize ku kibuga cya Shooting Touch Nyamirama.
Nyuma y’uko u Burusiya bushoje intambara ku gihugu cya Ukraine, umuherwe w’Umurusiya, Roman Abramovich, wari usanzwe ari nyiri ikipe ya Chelsea FC yo mu Bwongereza, akaba inshuti ya hafi ya Perezida Vladimir Putin, yabwiwe n’Inteko Ishinga Amategeko y’u Bwongereza ko atemerewe kugira umutungo muri icyo gihugu, ahita afata (…)
Perezida Kagame yitabiriye umuhango wo gutangiza agace ka nyuma k’isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda rizwi nka Tour du Rwanda, riherutse gusozwa mu Rwanda. Ubwo bwitabire bw’Umukuru w’Igihugu ni kimwe mu bikorwa byarushijeho gushimisha abakurikiranye iri siganwa ry’amagare.
Rutahizamu wa APR FC Bizimana Yanncik yatawe muri yombi na Polisi, ashinjwa gutwara imodoka yanyweye
Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 28 Gashyantare 2022 nibwo uwari Perezida w’ikipe ya Gicumbi FC, Urayeneza John, yandikiye ibaruwa y’ubwegure bwe Ubuyobozi bw’Akarere iyi kipe ibarizwamo avuga ko avuye mu nshingano yari afite muri iyi kipe (Perezida).
Mu cyumweru gitaha hateganyijwe gutangira irushanwa ry’igikombe cy’Amahoro, kikazitabirwa n’amakipe 24 arimo umunani yo mu cyiciro cya kabiri
Abakora imirimo inyuranye mu mujyi wa Musanze no mu nkengero zawo, barishimira impinduka mu iterambere Tour du Rwanda yabasigiye, mu gihe cy’iminsi itatu yahamaze.
Uwari umutoza wungirije mu ikipe ya Etoile de l’Est, Banamwana Camarade Issa, ntakibarizwa muri iyi kipe nyuma y’amezi 6 n’iminsi 4 yari amaze ari umutoza w’iyi kipe.
Claude Muhawenimana ni umwe mu bafana bakomeye b’ikipe ya Rayon Sports, akaba yarabaye umukuru w’abafana b’iyo kipe igihe kinini, akavuga ko yakunze Rayon Sports akiri umwana kuko abantu bo mu muryango we bayifanaga, na we atangira kuyikunda no kuyihebera.
Ku Cyumweru tariki 27 Gashyantare 2022 mu mukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona, ikipe ya Kiyovu Sports yatsinze Gicumbi FC 6-0. Ni umukino wabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo, aho Kiyovu Sports yari yakiriye Gicumbi FC iri ku mwanya wa nyuma kugeza ubu. Kiyovu Sports yatangiye ibona igitego ku munota wa 23 gitsinzwe (…)
Mugisha Moise abaye Umunyarwanda wa mbere wegukanye agace (Etape) muri Tour du Rwanda kuva yajya ku rwego rwa 2.1, naho umunya-Eritrea Natnael Tesfazion yegukana Tour du Rwanda.
Kuri iki Cyumweru tariki 27 Gashyantare 2022 ubwo hakinwaga agace ka nyuma ka Tour du Rwanda 2022, Perezida Kagame ni we watangije agace ka nyuma k’iri siganwa.
Wari umukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Gashyantare 2022. Rayon Sports yari yakiriye yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino witabiriwe n’abafana benshi. Abitabiriye ntibakanzwe n’ibiciro byari bihanitse, dore ko itike y’amafaranga make yari ibihumbi bitanu (5000Frw).
Alan Boileau ukinira ikipe ya B&B Hotels yo mu Bufaransa ni we wegukanye agace ka karindwi ka Tour du Rwanda, kakinwe bava i Kigali bakanyura Gicumbi bakagaruka gusoreza kuri Mont Kigali.
I Dakar mu gihugu cya Senegal hatangiye ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike yo gukina imikino y’igikombe cy’Isi cya Basketball kizabera mu Buyapani mu 2023, u Rwanda rutangira rutsindwa na Sudani y’Epfo amanota 68-56.
Nyirimana Fidèle watozaga UVC yahoze ari UTB yamaze gusubira ku ivuko mu ikipe ya Gisagara VC nk’umutoza mukuru. Nyirimana yageze mu ikipe ya UTB mu mwaka wa 2018 ubwo yari avuye mu ikipe ya Gisagara VC yari amaze guhesha igikombe cya Shampiyona.
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’i Burayi (UEFA) yatangaje ko umukino wa nyuma wa Champions League wari uteganyijwe kubera mu Burusiya i St. Petersburg uyu mwaka utakihabereye. Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’inama idasanzwe ya komite nyobozi.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Gashyantare 2022 saa 15h30 Rayon Sports irakira APR FC mu mukino wo kwishyura ukaba uw’umunsi wa 19 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda 2021-2022 aho umukino ubanza APR FC yatsinze Rayon Sports ibitego 2-1.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Gashyantare 2022, hatangiye gukinwa umunsi wa 19 wa shampiyona haba imikino ine, aho Police FC yabonye intsinzi.
Budiak Anatoli ukinira ikipe ya Terenganu Polygon Cycling Team, ni we wegukanye agace kavaga Musanze berekeza mu Mujyi wa Kigali.
Umufaransa Alexandre Geniez ukinira ikipe ya Total Direct Energies ni we wegukanye agace kahereye i Muhanga berekeza i Musanze, akoresheje amasaha 3h12’14".
Mu gihe hategerejwe umukino ukomeye uzahuza APR FC na Rayon Sports, uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 26 Gashyantare 2022, umutoza wa Rayon Sports Jorge Manuel da Silva Paixão Santos, we avuga ko ari umukino usanzwe.
Umunya-Afurika y’Epfo, Main Kent, ukinira ikipe ya ProTouch yo muri Afurika y’Epfo, ni we wegukanye agace ka kane kavaga i Kigali berekeza i Gicumbi
Ikipe y’igihugu ya Basketball iri mu gihugu cya Sénégal, aho yagiye mu irushanwa ry’amajonjora yo guhatanira itike y’igikombe cy’isi kizaba umwaka utaha wa 2023, yatsinze Misiri mu mukino wa gishuti, amanota 75 kuri 67.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 26 Gashyantare 2022, APR FC irakirwa na Rayon Sports mu mukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona.
Kuri uyu wa Kabili tariki 22 Gashyantare 2022, Muri Sénégal mu muhango wo gutaha Stade Olympique de Diamniadio, hateganyijwe umukino uhuza abakinnyi b’ibihangange bakanyujijeho mu mupira w’amaguru bo muri Sénégal ndetse no kunmugabane wa Afurika muri rusange.
Restrepo Jonatan Valencia ukinira ikipe ya Androni Giocattoli, ni we wegukanye agace katurutse i Kigali berekeza Rubavu, ahita anambara Maillot Jaune.
Abafana b’ikipe ya Arsenal mu Rwanda bibumbiye mu itsinda rya RAFC (Rwanda Arsenal Fans Community), basuye ingoro y’amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu iherereye mu Karere ka Gicumbi, banakina umukino wa gicuti n’abasirikare bagize uruhare mu kubohora igihugu bakina mu ikipe ya Mulindi FC, banatanga mituweli ku baturage (…)
Titans BBC ni yo yegukanye igikombe cy’irushanwa ribanziriza shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagabo, ‘FERWABA PRE-SEASON TOURNAMENT 2022, Division 2’, itsinze Orion ku mukino wa nyuma, amanota 70 kuri 61.
Kuri uyu wa Mbere tariki 21 Gashyantare 2021 hasojwe imikino y’umunsi wa 18 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda. APR FC yisubije umwanya wa mbere itsinze Etincelles.