Ku munsi wa mbere w’irushanwa ryo gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund, Rayon Sport, Kiyovu Sport na Mukura byabonye intsinzi, ariko Police FC iratungurwa isezererwa ku ikubitiro ry’irushanwa ryatangiye ku wa kane tariki 13/9/2012.
Amakipe 10 y’umupira w’amaguru amaze kwemeza ko azitabira irushanwa ryo gutera inkunga ikigega ‘Agaciro Development Fund’ rizatangira ku wa kane tariki 13/09/2012 hirya no hino ku bibuga byo mu Rwanda.
Sosiyete kabuhariwe mu guhererekanya amafaranga hirya no hino ku isi, Western Union, yatangaje ko guhera muri iyi saison igiye gufasha urubyiruko ruzajya rutsinda amarushanwa ya ruhago mu burayi kugira ngo bazabashe kubona uburyo bwo kujya mu ishuli.
Nyuma y’aho Rayon Sports yivangiye na Nyanza FC, Ikipe ya Espoir yagize amahirwe yo kugaruka mu cyiciro cya mbere kubera ko muri shampiyona hari kuba hasigayemo amakipe 13 kandi hakenewe 14.
Inteko rusange ya FERWAFA yateranye tariki 09/09/2012, yemeje ko shampiyona y’icyiciro cya mbere izatangira ku wa gatandatu tariki 22/09/2012, APR FC iheruka gutwara igikombe ikazakina na Marine FC.
Akarere ka Nyanza na Rayon Sports basinyanye amasezerano y’ubufatanye ashimangira ko Rayon Sport izimukira i Nyanza ndetse ako karere kakazajya gatanga miliyoni 40 muri mwaka mu rwego rwo gushyigikira iyo kipe.
Kuri uyu wa 08/09/2012, ku kibuga cya Kaminuza y’Umutara Polytechnic , hasojwe amarushanwa y’imikino y’umupira w’amaguru yahuzaga imirenge yose y’Akarere ka Nyagatare hagamijwe kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiriko.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA rirategura irushanwa rizahuza amakipe yo mu cyiciro cya mbere, mu rwego rwo gushyigikira ikigega ‘Agaciro Development Fund”. Amakipe abyifuza akazatangira kwiyandikisha ku Cyumweru tariki 09/09/2012.
Nyuma yo kuzamuka mu cyiciro cya mbere, ikipe ya Musanze FC yatangiye gushaka abaterankunga hirya no hino, cyane cyane RDB, bifuza ko yababera umutenkunga uhoraho.
Ku rutonde rw’uko ibihugu bikurikirana mu mupira w’amaguru rushyirwa ahagarara buri kwezi na FIFA, u Rwanda ruri ku mwanya wa 120, rukaba rwazamutseho imyaka 5 ugereranyije n’uko twari ruhagaze mu kwezi gushize.
Umukino wahuje umurenge wa Cyanika na Rugarama mu rwego rw’amarusanwa yo kwizihiza imyaka 25 FPR-Inkotanyi imaze ishinzwe wagaragayemo kwigusha k’umunyezamu afite umupira mu ntoki avuga ko atabona neza maze umukino uhita urangirira aho.
Muri gahunda yayo yo kwiyubaka ngo izabashe kuba ikipe ishinze imizi mu kiciro cya mbere, ikipe Musanze FC yamaze gusinyisha myugariro wa APR FC, Bebeto Lwamba.
Ikipe ya Rayon Sport na APR FC, nk’amwe mu makipe akomeye kandi afite abafana benshi mu Rwanda, zirimo kuganira uko zazakina umukino wa gicuti mu rwego rwo gukusanya amafaranga azashyirwa mu kigega ‘Agaciro Development Fund’.
Mu mukino wa gicuti wahuje Rayon Sport na Kiyovu Sport tariki 01/09/2012 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, mu rwego rwo gukusanya amafaranga yo gufasha uwahoze ari umukinnyi wa Rayon Sport Sembagare Jean Chrysostome wavunitse bikomeye habonetse miliyoni umwe n’ibihumbi 508.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 17 (U17) ndetse n’iy’abatarengeje imyaka 20 (U20), Richard Tardy, avuga ko afite icyizere cyo kuzajyana ikipe ya U17 mu gikombe cya Afurika nubwo iheruka kunyagirwa na Nigeria ibitego 8-0.
Ikipe y’u Rwanda y’umupira w’amaguru mu batarengeje imyaka 17 yanyagiwe na Nigeria ibitego 5-0, mu mikino wa gicuti wabereye kuri UJ Esuene Stadium i Calabar muri Nigeria kuri uyu wa Gatanu tariki 31/08/2012.
Inama Njyanama y’akarere ka Nyanza yemeje ko ikipe ya Rayon Sport ihabwa amafaranga yagenerwaga ikipe ya Nyanza FC ariko ikagaruka iwabo ku ivuko, mu nama yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 31/08/2012.
Mu gihe amakipe menshi yo mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yihaye gahunda yo kuzakinisha Abanyarwanda gusa muri shampiyona itaha, mu ikipe ya Etincelles bo bavuga ko uwo mushinga utahita ishyirwa mu bikorwa.
Umunya-Espagne ukinira ikipe ya FC Barcelone, Andres Iniesta, niwe wegukanye igihembo cy’umukinnyi witwaye neza kurusha abandi ku mugabane w’Uburayi (best player in Europe) mu muhango wabereye i Monaco mu Bufaransa.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru y’abatarengeje imyaka 17 (U17) igiye gukina imikino ya gicuti n’ikipe y’abatarengeje imyaka 17 yo muri Nigeria mu rwego rwo kwitegura imikino y’amajonjora yo guhatanira itike yo gukina imikino y’igikombe cy’Afurika.
Nyuma yo kwerekana ubuhanga afite mu gukina umupira w’amaguru, umwana w’imyaka 11 wavutse atagira ibirenge ubu ari gukora imyitozo mu ikipe y’abana ya Barcelona FC.
Umunya-Croatia Luka Modric yerekanywe ku mugaragaro n’ikipe ye nshya ya Real Madrid, nyuma yo kumugura mu ikipe ya Tottehnham Hotspurs imutanzeho miliyoni 30 z’ama pounds.
Ikipe ya Young Africans (Yanga), kuri uyu wa mbere tariki 27/08/2012 yasubiye muri Tanzania, nyuma yo gutsinda Police FC ibitego 2-1 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki 26/08/2012.
Umukinnyi Mambo wari usanzwe ari myugariro w’ikipe ya Rayon Sports arashaka kuva muri iyi kipe nyuma yo kwisabira ubuyobozi bwayo ko imureka akigendera kuko atibona neza muri iyi kipe.
Kuwa gatandatu tariki 25/08/2012 habaye umukino w’umupira hagati ya Polisi y’akarere ka Nyabihu b’abakozi b’ako karere wari ugamije kurwanya ibiyobyabwenge n’urugomo. Umukino warangiye abakozi b’akarere batsinze abapolisi ibitego 5-1.
Ku musozo w’uruzinduko rwayo mu Rwanda, Young Africans (Yanga) irakina umukino wa gicuti ya Police FC ku cyumweru tariki 26/08/2012 kuri stade ya Kigali i Nyamirambo, mbere yo gusubira muri Tanzania.
Ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania yatsinze rayon Sport ibitego 2-0 mu mukino wa gicuti wahuje aya makipe, kuri uyu wa Gatanu atriki ya 24/8/2012, kuri stade Amahoro i Remera.
Ikipe ya Police FC yafashe icyemezo cyo kuzakinisha abakinnyi b’Abanyarwanda gusa muri shampiyona itaha, bivuze ko abakinnyi bose b’abanyamahanga bayikiniraga batazongererwa amasezerano.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yatangaje ko inkunga atera irushanwa rya CECAFA atari ukuriteza imbere gusa, ahubwo ari n’uburyo bwo guhuza abatuye aka karere mu rwego rw’iterambere.
Ikipe ya Young Africans (yanga) iri mu Rwanda kuva ku wa gatatu tariki 22/8/2012, irakirwa na Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuri ku mugoroba wo ku wa kane tariki 23/08/2012.