Amakipe ya RAC, RBC na CHUB yegukanye ibikombe mu irushanwa ry’imikino y’abakozi ihuzwa no kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umurimo.
Umurundi Girumugisha Jean Claude ukinira ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani iri gukina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda 2025-2026 nk’umushyitsi yavuze ko Dauda Yussif ukinira APR FC ari umwe mu bakinnyi beza yabonye mu Rwanda.
Kuri iki Cyumweru hakinwe imikino itatu y’umunsi wa 29 wa BK Pro League 2025-2026 Mukura VS itsindirwa mu rugo na Rutsiro FC mu mukino umusifuzi yakubisemo umukinnyi umugeri.
Ikipe ya Al Ahly SC yo mu Misiri yegukanye igikombe cya shampiyona ya Afurika ya Volleyball iri kuba ku nshuro ya 47 i Kigali itsinze Police VC yo mu Rwanda amaseti 3-0 ku mukino wa nyuma, maze amakipe abiri muri ane yari ahagarariye u Rwanda yandika amateka yo kuza muri atatu ya mbere muri Afurika.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yanganyirije na APR FC igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa 29 wa BK Pro League 2025-2026 wabereye kuri Stade Amahoro.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Police VC yageze ku mukino wa nyuma wa Shampiyona ya Afurika ya Volleyball 2026 nyuma yo gusezerera REG VC muri 1/2 iyitsinze amaseti 3-1.
Nyuma y’uko kwerekeza muri Al Hilal SC kwa myugariro wa APR FC Niyigena Clement byanze muri Mutarama 2026, uyu musore yavuze ko bakimukeneye bavugana kandi ko nta biganiro byo kongera amasezerano arimo na APR FC.
Amakipe ane aturuka mu Rwanda no mu Misiri niyo azakina imikino ya 1/2 cya Shampiyona ya Afurika ya Volleyball iri kubera mu Rwanda giteganyijwe kuri uyu wa Gatanu.
Myugariro wo mutima w’u bwugarizi wa APR FC Niyigena Clement yavuze ko imvune atari yamera neza 100% ku buryo yakina umukino wa BK Pro League uzabahuza na Rayon Sports ku wa 2 Gicurasi 2026.
Ku nshuro ya mbere mu mateka ikipe yo mu Rwanda izakina umukino wa nyuma Shampiyona ya Afurika y’amakipe yabaye aya mbere iwayo, aho ku nshuro ya 47 iri kubera mu Rwanda kuva tariki 20 Mata 2026.
Amakipe ahagarariye u Rwanda muri Shampiyona ya Afurika ya Volleyball 2026 iri kubera i Kigali arimo Police VC, REG VC na Kepler VC zageze muri 1/4 nyuma yo gutsinda imikino yazo maze mu gihe APR VC yakiriye imikino yo yasezerewe itarenze 1/8.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe Atletico Madrid yanganyirije mu rugo na Arsenal igitego 1-1 mukino ubanza wa 1/2 cy’irangiza cya UEFA Champions wabereye muri Espagne.
Kuri uyu wa Gatatu, Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’Abagore yatomboye ikipe y’igihugu Ethiopia mu ijonjora rya kabiri ry’imikino yo gushaka itike yo kuzakina Imikino Olempike ya 2028 izabera i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Perezida Paul Kagame yitabiriye umukino wa 1/2 cya UEFA Champions League, ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 28 Mata 2026, kuri Stade Parc des Princes i Paris mu Bufaransa. Umukino warangiye ikipe ya Paris Saint-Germain (PSG), isanganywe ubufatanye na Visit Rwanda, yatsinze Bayern Munich ibitego 5–4.
Ku wa Kabiri, tariki 28 Mata 2026 ikipe y’igihugu ya Nepal yatsinze u Rwanda mu irushanwa rya ICC Women’s Challenge riri kuba bwa mbere rikabera mu Rwanda, bigabanyiriza Abanyarwandakazi amahirwe yo gutwara igikombe.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya PSG yatsindiye iwayo Bayern Munich ibitego 5-4 mu mukino ubanza wa 1/2 cya UEFA Champions League wari uryoheye ijisho ukarangwa n’irumbuka ry’ibitego ku mpande zombi
Imikino ya 1/8 mu irushanwa rya Shampiyona ya Afurika ya Volleyball 2026 igiye gutangira nyuma y’uko iy’amatsinda irangiye, aho amakipe 16 agiye guhatanira itike ya 1/4 cy’irangiza mu mikino iri kubera i Kigali, aho APR VC iri munzira ya Al Ahly.
Kuri uyu wa Mbere, ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsinze u Butaliyani mu irushanwa rya ICC Women’s Challenge riri kubera mu Rwanda kuva tariki 18 Mata 2026 yuzuza intsinzi ya kane muri iri rushanwa.
Umunsi wa Gatanu wa shampiyona ya Afurika 2026 iri kubera i Kigali, wakomeje amakipe atatu muri ane ahagarariye u Rwanda akomeza kwitwara neza naho Kepler VC iratsikira.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Rayon Sports yatsindiye Amagaju FC ibitego 2-0 kuri Stade Kamena mu mukino w’umunsi wa 28 wa BK Pro League, yongera kubona intsinzi bwa mbere nyuma y’amezi abiri ikina mu kibuga, hatabariwemo mpaga yateye Gasogi United.
Amakipe ane ahagarariye u Rwanda muri shampiyona ya Afurika 2026 ,iri kubera i Kigali akomeje kwitwara neza nyuma yo kubona intsinzi zikomeye, maze APR VC, Police VC na Kepler VC zuzuza amanota icyenda mu matsinda yayo.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umukino w’iferamakofe Niyonzima Pacifique yasinyiye ikipe ya BodyMax nk’umukinnyi wabigize umwuga avuye mu Inkuba Club.
Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 25 Mata 2026, abakinnyi bitabiriye irushanwa rya Cricket rya ’ICC Women’s Challenge Trophy’ ribaye bwa mbere mu mateka rikabera mu Rwanda bifatanye n’Abanyarwanda mu muganda usoza ukwezi kwa Mata 2026.
Kuri uyu wa Gatandatu, Ikipe ya Mukura VS yatangaje Jibu nk’umuterankunga wayo mushya uzajya ayifasha ibirimo guhemba umukinnyi mwiza w’ukwezi.
Ikipe ya APR FC yatsindiye Mukura VS ibitego 3-0 kuri Stade Kamena, mu mukino w’umunsi wa 28 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda ’BK Pro League’.
Amakipe ya APR VC, Police VC na Kepler VC ahagarariye u Rwanda yitwaye neza mu mikino yayo ya yakabiri muri Shampiyona Nyafurika y’Abagabo muri Volleyball, (CAVB Men’s Club Championship 2026) iri kubera mu Rwanda naho REG VC itsinda umukino wa mbere.
Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali Dr. Diane Karusisi yavuze ku makuru amaze iminsi avugwa y’imikoranire n’ikipe ya Rayon Sports aho ateruye ngo abihakane ngo cyangwa abyemeze.
Kuri uyu wa Gatanu, Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda rwasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano y’imyaka itanu n’igice yo kwitirirwa iyi shampiyona, afite agaciro ka miliyari 3 na miliyoni 250 Frw. Kuva ubu, iyi shampiyona yafashe izina rya ’BK Pro League’.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ryatangaje ko ryahagaritse by’agateganyo Imurora Japhet ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi mu Amagaju FC mu bikorwa byose bya ruhago kubera kubera ibyiswe imyitwarire idahwitse ifitanye isano n’amajwi yagiye hanze yumvikanamo ibisa nko kugena ibiva mu mukino banatsinzemo Musanze (…)
Amakipe ya Police VC na Kepler VC yabonye intsinzi mu mukino wa mbere wa Shampiyona ya Afurika muri Volleyball iri kubera mu Rwanda, REG VC itungurana itsindwa.