Nate Ament, Umunyarwanda ugiye gukina shampiyona ya basketball muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NBA), akaba umwe mu bakinnyi bakiri bato bari kuzamuka neza muri uyu mukino, yagarutse ku rugendo rwe yatangiye akiri umwana, agaragaza ko rutari rworoshye ariko yarufashijwemo n’inkunga idasanzwe ya Maman we.
Umutoza w’ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa (Les Bleus), Didier Deschamps, ntazatoza umukino wa nyuma wo mu itsinda mu gikombe cy’Isi, buzahuramo na Norway, nyuma yo gusubira mu Bufaransa kujya gushyingura nyina witabye Imana.
Rutahizamu ukiri muto wa Espagne, Lamine Yamal, yongeye gukurura amaso y’abakunzi b’umupira w’amaguru ubwo yaserukaga yambaye inkweto ziriho amabendera abiri mu mukino we wa mbere mu Gikombe cy’Isi akinira Espagne.
Rutahizamu wa Manchester City n’u Bubiligi ukina aca ku ruhande, Jeremy Doku, yateje impaka nyuma yo kuva mu mwiherero w’ikipe y’igihugu iri mu gihe cy’Igikombe cy’Isi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ajya kuba hafi umugore we wibarutse umwana wabo wa mbere.
Kapiteni w’ Ikipe y’Igihugu ya Argentine, Lionel Messi, yongeye kwandika amateka akomeye mu Gikombe cy’Isi nyuma yo kuzuza ibitego 18 muri iri rushanwa rikomeye ku rwego rw’Isi bituma aba uwa mbere ubikoze.
Ishyirahamwe rya Basketball mu Rwanda (FERWABA) ryatangaje ko ryahagaritse abakinnyi babiri, Ntore Habimana na Axel Olenga Mpoyo igihe cy’umwaka umwe (1 year suspension) batitabira ibikorwa byose bya Basketball biri mu nshingano zaryo.
Amakipe ya Kepler VC na Kenya Pipeline Compan yegukanye irushanwa ryo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 naho Gisagara VC iterwa mpaga kubera kutagera ku kibuga.
Umutoza Niyoyita Alice wari usoje amasezerano, yongereye umwaka umwe mu ikipe y’Indahangarwa WFC kuri uyu wa Mbere tariki ya 22 Kamena 2026, nyuma y’imyaka ine ayitoza.
Ku wa 21 Kamena 2026, mu karere ka Bugesera hasorejwe irushanwa ry’Umurenge Kagame Cup 2026, Umujyi wa Kigali wiharira ibikombe byinshi birimo icy’umupira w’amaguru cyatwawe na n’ikipe y’umurenge wa Masaka watsinze Nyarugenge 6-3.
Ikipe ya Karate ya APR y’abagabo n’ikipe y’abagore ya Club Rafiki zitwaye neza zegukanye irushanwa ry’umunsi umwe ryateguwe na FERWAKA mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni irushanwa ryabereye mu Karere ka Karongi.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports bwatangaje kuva mu mwaka w’imikino 2026-2027, izakorana na Banki ya Kigali nk’umuterankunga wayo mukuru mu gihe cy’imyaka itanu.
Ikipe ya APR FC yashimiye Niyomugabo Claude wari umaze imyaka irindwi ayikinira inyuma ku ruhande rw’ibumoso, nyuma yo kutongera amasezerano ikamusimbuza Ishimwe Christian yagaruye avuye muri Police FC yasinyishije kuri uyu wa Gatatu.
Ikipe y’igihugu ya Argentina n’u Bufaransa zatangiye Igikombe cy’Isi 2026 zitsinda Algeria na Senegal, Lionel Messi na Mbappe bakora amateka.
Umunyabigwi mu mukino w’iteramakofe, Floyd Mayweather, akurikiranyweho ibyaha bibiri bikomeye, nyuma y’iperereza ryagaragaje ko yatanze sheki itazigamiwe ubwo yashakaga kwishyura isaha ihenze ifite agaciro k’ibihumbi 200 by’Amadolari ya Amerika (Ni ukuvuga arenga miliyoni 297Frw)
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije rutahizamu Nizeyimana Mubarak wakiniraga Marine FC.
Umunyezamu w’Ikipe y’Igihugu ya Cape Verde, Josimar José Évora Dias uzwi cyane nka Vozinha, akomeje kuvugisha benshi nyuma yo kwitwara neza bidasanzwe yagaragaje mu mukino w’amateka wahuje ikipe ye na Espagne mu Gikombe cy’Isi 2026.
Uyu munsi, ibitangazamakuru mpuzamahanga byacitse ururondogoro, nyuma y’uko FIFA itangaje ko abana ba Palestine n’aba Israel ari bo bagomba gufungura Igikombe cy’Isi cy’abana bari munsi y’imyaka 15.
Umunya-Romania Laurențiu Reghecampf wari umaze umwaka atoza Al Hilal SC yo muri Sudani iri gukina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, yasubiye muri Espérance de Tunis yari yaje aturukamo.
Irushanwa Mpuzamahanga ryo Gusiganwa ku Maguru, Kigali International Peace Marathon ya 2026 ryasize amateka mashya mu mujyi wa Kigali, haba mu mubare w’abayitabiriye, uburyo ryakinwemo, ibihembo byatazwe ndetse no mu musaruro udasanzwe w’Abanyarwandakazi mu cyiciro cya Half-Marathon.
Abakinnyi bose b’ikipe y’Igihugu ya Portugal bahawe udukomo two kwambara ku maboko twanditseho amazina ya Diogo Jota witabye Imana aguye mu mpanuka y’imodoka yabereye muri Espagne.
Umusifuzi w’Umunyasomaliya azahabwa amafaranga yose yagombaga kubona mu irushanwa ry’igikombe cy’Isi yagombaga gusifura, nyuma yo kwangirwa kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kimwe mu bihugu bitatu byakiriye iki gikombe.
Mu rwego rwo kwishimira intsinzi y’amateka y’ikipe ya RSSB Tigers yegukanye igikombe cya Basketball Africa League (BAL 2026), hateguwe igikorwa cyihariye cyo kurasa ibishashi by’umuriro (fireworks).
Mu gihe Igikombe cy’Isi 2026 cyirimbanyije, mu bakinnyi bakitabiriye harimo 11 bahembwa amafaranga menshi kurusha abandi, haba mu mishahara bahabwa n’amakipe bakinamo ndetse no mu masezerano y’ubucuruzi n’iyamamaza bagirana n’ibigo bikomeye.
Ikipe y’igihugu y’Ubwongereza y’umupira w’amaguru The Three Lions, yahuye n’uruva gusenya nyuma y’uko ibikoresho byinshi byayo byibwe mbere y’umukino wayo wa mbere w’Igikombe cy’Isi uzayihuza na Croatia, ku wa 17 Kamena 2026.
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yatangije ku mugaragaro Marathon Mpuzamahanga y’Amahoro ya Kigali iri kuba ku nshuro ya 21, aho ku munsi wayo wa mbere hakinwe icyiciro cy’abatarabigize umwuga.
Ikipe ya Police FC, Kiyovu Sports irifuza umutoza Hammadi watozaga w’Amagaju FC nayo yifuzaga kugumana.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsinze Malawi mu mukino w’umunsi wa kabiri w’irushanwa ryo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 riri gukinirwa kuri Stade Mpuzamahanga ya Gahanga mu Mujyi wa Kigali, kuva ku wa Gatatu w’iki Cyumweru aho rwari rwatsinzwe na Zimbabwe.
Ikipe ya Mexico iri mu bihugu bitatu byakiriye Igikombe cy’Isi 2026 yafunguye iri rushanwa itsinda Afurika y’Epfo ibitego 2-0 mu mukino wo mu itsinda rya mbere wabaye ku wa 11 Kamena 2026.
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku mugabane w’i Burayi(UEFA) yemeje ko umusifuzi Omar Artan wo muri Somalia uherutse kwangirwa kwinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yari gusifura Igikombe cy’Isi 2026, ariwe uzayobora umukino wa UEFA Super Cup 2026, uteganyijwe ku wa 12 Kanama i Salzburg.