Irushanwa ngarukamwaka rya Volleyball ryo kwibuka Alphonse Rutsindura, wabaye umwarimu mu ishuri rya Petit Séminaire Virgo Fidelis (Memorial Rutsindura) rirarimbanyije, aho ibyiciro bimwe byamaze kugera ku mikino ya nyuma.
Umukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona wahuje Bugesera FC na Rayon Sports ku wa 17 Gicurasi 2025 ugasubikwa utarangiye kubera imvururu uzasubukurirwa ku munota wa 57 wari ugezeho ku wa 21 Gicurasi 2025.
Nyuma yo gutwara shampiyona ya Sitting Volleyball 2024-2025 mu bagabo, umutoza Musanze SVB Ngabonziza Mandela Steven avuga ko ubu ahanze amaso kwagura imbibi akajya gutoza no hanze y’u Rwanda.
Amakipe ya APR HC na Police HC yageze ku mukino wa nyuma w’imikino ya kamarampaka izagena izegukana shampiyona Handball asezereye ADEGI na Musanze HC.
Mu mikino y’umunsi wa kabiri w’imikino y’itsinda rya Nile Conference ririmo kubera i Kigali mu Rwanda, ikipe ya APR Basketball Club ihagarariye u Rwanda muri iyi mikino, yatsinze Made By Ball Basketball yo muri Afurika y’Epfo amanota 103 kuri 81 yuzuza imikino 2 idatsindwa.
Ikipe ya APR BBC yatsinze NCT yo muri Kenya amanota 92-63 mu mukino warebwe na Perezida Kagame, ku munsi wa mbere w’imikino yo gushaka itike yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 mu gace ka Nile yatangiye mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu.
Ikipe ya APR FC yongeye kuyobora urutonde rwa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda nyuma yo gutsinda Gorilla FC.
Umukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona wahuzaga Bugesera FC na Rayon Sports wasubitswe kubera umutekano mucye watewe n’ibyemezo by’abasifuzi bitanyuze Aba-Rayons.
Banki nyafurika yitwa NCBA hamwe n’Ikigo gishinzwe imicungire y’icyanya cy’imikino ya Golf, Rwanda Ultimate Golf Course Ltd, byagiranye amasezerano afite agaciro ka Miliyoni imwe y’Amadolari ya Amerika (arenga Miliyari imwe na miliyoni 400 z’Amafaranga y’u Rwanda), hagamijwe kwinjiza abakiri bato mu mukino wa Golf no gutera (…)
Nyuma y’uko kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Rayon Sports yandikiye FERWAFA ibaruwa ndende iyisaba kwitonda mu gushyiraho abazasifura umukino uzayihuza na Bugesera FC kuri uyu wa Gatandatu, iri shyirahamwe ryayisabye gutuza kuko ibihe shampiyona igezemo ribizi.
Mu ijoro ryo ku wa Kane, abatoza Ndayishimiye Eric Bakame utoza abanyezamu na Peter Otema wongerera imbaraga abakinnyi muri Bugesera FC, babwiwe ko batazatoza umukino izakiramo Rayon Sports bari bamaze icyumweru bitegura.
Ikipe ya Rayon Sports y’Abagore igowe n’imibereho yandikiye Ubuyobozi bw’Umuryango wa Rayon Sports yishyuza imishahara y’amezi atandatu n’uduhimbazamusyi tw’imikino 14 buyibereyemo, bitaba ibyo hakiyambazwa inzengo zisumbuye zibifite mu nshingano.
Kuri uyu wa Gatanu ikipe ya Rayon Sports yandikiye FERWAFA ibaruwa ndende iyisaba kwitonda mu gushyiraho abazasifura umukino uzayihuza na Bugesera kuri uyu wa Gatandatu
Ikipe ya FC Barcelona yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya Espagne ku nshuro ya 28, nyuma yo gutsindira mu rugo mukeba wayo Espagnol basangiye Umujyi ibitego 2-0 ku wa 15 Gicurasi 2025, ikuzuza amanota 85 irusha Real Madrid ya kabiri amanota arindwi.
Kuri uyu wa Kane, Ubuyobozi bwa Shampiyona y’icyiciro cya Mbere mu Rwanda bwatangaje ko abakinnyi bitwaye neza muri shampiyona 2024-2025 bazabihemberwa.
Abakinnyi b’ikipe ya AS Kigali bahagaritse imyitozo kubera kudahemberwa igihe, basabwa gukina imikino itatu ya shampiyona isigaye nk’ikiraka babitera utwatsi.
Kuri uyu wa Gatatu, Ubuyobozi bw’Ikipe ya APR FC, abatoza ndetse n’abakinnyi bahagarariwe na kapiteni basezeye kuri Darko Nović uheruka gutandukana n’iyi kipe ku bwumvikane.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi y’Abangavu batarengeje imyaka 20, yaguye miswi n’iya Zimbabwe 0-0 mu mukino wo kwishyura mu ijonjora rya mbere mu yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Pologne, isanga iya Nigeria mu cyiciro gikurikiyeho.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya APR FC yatandukanye n’uwari umutoza wayo mukuru Umunya-Serbia Darko Novic.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwada [FERWAFA] ryahagaritse burundu Amida Hemedi, Mbarute Djihadi na Uwimana Ally mu mwuga wo gusifura kubera ibikorwa birimo kugena ibiva mu mikino biciye mu buriganya “Match Fixing” no gutega ku mikino "Betting" bakoze.
Abakina umukino wa biyari mu Rwanda bavuga ko bafite intego yo guhindura uko umuryango mugari ufata abawukina, bavuga ko ari uw’abasinzi cyangwa wo mu kabari bizatuma isura wari ufite ihinduka ikaba nziza kugeza ubwo wakinwa kinyamwuga.
Abanyarwanda Fidèle Gatete na Jean Paul Ntambara bahesheje ikipe ya Malatya Spor Kulübü yo muri Turukiya (Turkey) itike yo kujya muri shampiyona ya ruhago y’abafite ubumuga (Turkish Amputee Super League), nyuma yo kwegukana igikombe cya diviziyo ya 1 ku Cyumweru.
Mu gihe Rayon Sports isabwa gukorera hamwe ngo irangize shampiyona 2024-2025 ibura imikino itatu itwaye igikombe, bamwe mu babigiramo uruhare kuva ku batoza ntabwo bari mu mwuka mwiza nyuma yo kwizezwa guhembwa inshuro nyinshi, ibirarane bikaba bigeze mu mezi atatu.
Shampiyona ya volleyball mu Rwanda yashyizweho akadomo kuri iki cyumweru tariki 11 Gicurasi 2025, aho amakipe ya APR VC mu bagabo na Police VC mu bagore, ari yo yegukanye ibikombe.
Kuri iki Cyumweru, Ikipe ya Rayon Sports bigoranye yatsindiye Police FC igitego 1-0 kuri Kigali Pele Stadium mu mukino w’umunsi wa 27 wa shampiyona yongera gufata umwanya wa mbere uyiganisha ku gikombe.
Kuri iki cyumweru, Ikipe ya FC Barcelona yatsinze Real Madrid ibitego 4-3 mu mukino w’umunsi wa 35 wa shampiyona biyongerera amahirwe yo kwegukana igikombe.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abakobwa batarengeje imyaka 20 yatsindiwe na Kenya ku mukino wa nyuma w’imikino y’Akarere ka Gatanu muri Handball yasojwe ku wa 10 Gicurasi 2025 muri Uganda mu gihe abatarengeje imyaka 18 batahanye umwanya wa kane.
Kuri uyu wa Gatandatu, Ikipe ya APR FC yatsindiye Amagaju FC kuri Kigali Pele Stadium ibitego 3-1 mu mukino w’umunsi wa 27 wa shampiyona ifata umwanya wa mbere by’agateganyo ku rutonde.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abakobwa batarengeje imyaka 20 yageze ku mukino wa nyuma w’imikino y’Akarere ka Gatanu muri Handball iri kubera muri Uganda, nyuma yo gutsinda iki gihugu cyakiriye muri 1/2.
Kuri uyu wa Gatanu, myugariro Fitina Omborenga yongeye kugaragara mu myitozo ya Rayon Sports yamusubije ku byo gusesa amasezerano yari yayandikiye ayisaba.