Kuri uyu wa Gatatu, Depite Nizeyimana Pie yasabye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere guhagurukira ikibazo cya Rayon Sports kuko abakunzi bayo bakwiriye kurindwa agahinda.
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’Amaguru muri Afurika(CAF) yatangaje impinduka mu mikino yo guhatanira itike y’igikombe cya Afurika 2027, kizabera mu bihugu bitatu Uganda,Kenya na Tanzania.
Nyuma y’imyaka umunani u Rwanda rutangiye ubufatanye n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza binyuze muri Visit Rwanda, kuri ubu impande zombi zatangaje ko zemeranyije binyuze mu bwumvikane guhagarika amasezerano y’imikoranire, mu mpera z’uyu mwaka w’imikino 2025/2026.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Rayon Sports yatandukanye n’Umunya-Tunisia Mohamed Chelly wari wayigezemo mu mpeshyi y’uyu mwaka.
Ba rutahizamu babiri ba Rayon Sports Fall Ngagne na Ndikumana Asoumani bari bamaze igihe baravunitse bavuze ko bagarutse mu kibuga aho byitezwe bakina umukino wa AS Kigali mu mpera z’iki cyumweru.
Abakinnyi Hirwa Kelia na Ndekwe Kellys mu cyiciro cy’abakuru ni bamwe mu bakinnyi begukanye irushanwa rya Chinese Ambassador’s Table Tennis Cup 2025 ryabereye mu mujyi wa Kigali.
Nyuma yo kugera mu ijonjora rya nyuma rya kamparamaka mpuzamigabane mu gushaka itike cy’isi 2026, isezereye Nigeria kuri penaliti 4-3 banganyije igitego 1-1 mu minota 120, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo isigaje nibura imikino ibiri ngo yongere gukina iri rushanwa iherukamo mu myaka 51 ishize mu 1974.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere nibwo binyuze mu itangazo ryatanzwe na Paul Muvunyi uyobora Inama y’Ubutegetsi, hatangajwe ko Inteko Rusange idasanzwe ya Rayon Sports yari yatumije isubitswe.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, Perezida w’Inama y’Ubutegetsi ya Rayon Sports Paul Muvunyi, yatangaje ko Inteko Rusange idasanzwe yari yatumije isubitswe.
Mu mikino ya shampiyona ya volleyball yakomezaga kuri uyu wa gatanu taliki ya 14 Ugushyingo, Ikipe ya Police VC y’abagore bigoranye yatsinze Kepler naho APR VC yihaniza Gisagara yari itaratsindwa muri shampiyona
Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Rayon Sports, Paul Muvunyi, yatumije Inama y’Inteko Rusange idasanzwe ya Rayon Sports amenyesha inzego zirimo Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere.
Kuri uyu wa Gatanu, habaye tombola y’Igikombe cya Afurika muri Handball mu bagabo kizabera mu Rwanda muri Mutarama 2026, aho rwahuriye mu itsinda rya mbere ririmo Algeria.
Mu gihe shamiyona ya volleyball mu Rwanda ikomeje ku munsi wayo wa gatanu, ikipe ya APR volleyball club ibitse igikombe cya shampiyona iresurana na Gisagara VC itaratsindwa.
Umunyezamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda ’Amavubi’ Ntwari Fiacre agiye kumara amezi abiri adakina nyuma yo kubagwa.
Umutoza w’Ikipe y’Igihugu "Amavubi", Umunya Algeria Adel Amrouche, yahamagaye ikipe y’igihugu y’abakinnyi bakina imbere mu gihugu mu mwiherero w’iminsi ine.
Amakipe ahagarariye u Rwanda mu mikino y’akarere ka gatanu mu mikino ya basketball mu cyiciro cy’abagore REG WBBC na APR WBBC akomeje kwitwara neza muri Kenya.
Ikipe ya Maroc y’abatarengeje imyaka 17, yatsinze iya New Caledonia ibitego 16 - 0, ica agahigo ko gutsinda ibitego byinshi mu mukino umwe muri iki cyiciro.
APR FC yatsindiye Rayon Sports3-0 mu mukino w’umunsi wa karindwi wa shampiyona y’icyiciro cya mbere Rwanda 2025-2026 wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatandatu.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu taliki ya 7 ugushyingo, nibwo hakomezaga shampiyona ya volleyball aho POLICE VC yatsinze REG, APR y’abagore igatsinda EAUR.
Ku wa 8 Ugushyingo 2025, Zaria Court izakira irushanwa rishya ry’ iteramakofi rya Kigali Fight Night, riteganyijwe guhindura isura y’umukino w’iteramakofe muri Afurika y’Iburasirazuba.
Umusifuzi wo ku ruhande Karangwa Justin yahagaritswe ibyumweru bine adasifura nyuma yo kwanga igitego cya APR FC cyari kuba ari icya kabiri ku mukino yanganyijemo na Rutsiro FC 1-1.
Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yavuze ko nta kipe y’igihugu izongera gusohokera u Rwanda igiye kuba ingwizamurongo gusa.
Mu gihe shampiyona ya volleyball mu Rwanda igeze ku munsi wa kane, imikino yo y’umunsi wa kane iteganyijwe mu mpera ziki cyumweru yashyizwe mu kibuga gishya kiri mu mujyi wa Kigali muri St Famille.
Imikino isoza umunsi wa Gatandatu yasize Rayon Sports itsinze Marine FC igitego 1-0, Kiyovu Sports itsinda AS Kigali ibitego 3 -0 Gicumbi FC igwa miswi na Etincelles FC, mu mikino yakinwe kuri iki Cyumweru.
Amakipe ya Gisagara volleyball club ndetse na Kepler VC zatanze ubutumwa kuri Police na APR nyuma yo kubatsindira I Gisagara badakozemo.
Ikipe ya APR FC yanganyirije na Rutsiro FC 1-1 kuri Stade Umuganda, Mukura VS ihagama Police FC kuri Kigali Pele Stadium, mu mikino y’umunsi wa gatandatu wa shampiyona wongeye gusiga imisifurire igarukwaho.
Irushanwa rya Golf rya NCBA, rimaze kuba igice cy’ingenzi ku ngengabihe y’akarere, ryagarutse ku nshuro ya kabiri mu Rwanda rifite intego nshya: kugaragaza uko siporo ishobora guhuza ubukungu, imiryango, n’impano mu bihugu bitandukanye.
Kuri uyu wa Gatatu, Komisiyo ishinzwe imisifurire yashyize hanze raporo y’imisifurire ku mikino y’umunsi wa gatanu wa Rwanda premier league yasize babiri mu basifuye umukino AS Muhanga yatsinzemo Bugesera FC bahagaritswe ukwezi.
Mu gihe shampiyona ya volleyball 2025-2026 mu cyiciro cya mbere mu Rwanda irimbanyije, umunsi wa gatatu urimo imikino ikomeye urakinirwa I Gisagara.
Ku wa Gatanu tariki 24 Ukwakira 2025, nibwo ishyirahamwe ry’umupira w’amagaru hano mu Rwanda, FERWAFA ryemeje ko amakipe atatu yo muri Sudan, Al Merriekh, Al Hilal Omdurman na Al Ahli Wad Madani azakina shampiyona y’u Rwanda 2025-26.