Amakipe ya Police VC mu bagabo na RRA WVC mu bagore yegukanye irushanwa rya Climate Action ryateguwe n’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda rifatanyije n’Ikigo Gishinzwe Kurengera Ibidukikije ’REMA’ atsinze REG VC na Police WVC.
Perezida Paul Kagame yashimiye Ikipe ya Paris Saint Germain yegukanye igikombe cya Shampiyona y’Amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’Uburayi, UEFA Champions League
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya PSG yatsindiye Arsenal ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League, penaliti 4-3 nyuma yo kunganya 1-1 mu minota 120 itwara iri rushanwa ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.
Ubuyobozi butegura irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) bwatangaje ku mugaragaro impeta ikoze muri zahabu izahabwa ikipe izegukana igikombe, mu rwego rwo kongera guha agaciro iri rushanwa rikomeye ku mugabane wa Afurika.
Amakipe ya REG VC na Police VC mu bagabo na RRA WVC na Police WVC mu bagore yageze ku mukino wa nyuma w’irushanwa rya Climate Action ryateguwe n’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda rifatanyije n’Ikigo Gishinzwe Kurengera Ibidukikije ’REMA’.
Ikipe ya Rayon Sports izahagararira u Rwanda mu mikino ya CAF Confederation Cup ya 2026 - 2027 nyuma yo kunganya na Kiyovu Sports igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa nyuma wa Shampiyona, wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 29 Gicurasi 2026.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Etoile de l’Est yazamutse mu cyiciro cya mbere nyuma y’uko Unity yari yazamukanye na Sunrise FC isezeye kubera ubushobozi bucye.
Ikipe ya Petro de Luanda yasezereye ikipe ya Al Ahly Benghazi iyitsindiye amanota 94-88 muri BK Arena mu mukino wa 1/2 cy’irushanwa rya BAL 2026 warebwe na Perezida Paul Kagame.
Ikipe y’Umurenge wa Masaka muri Kicukiro mu mupira w’amaguru mu bagabo kuri uyu wa Kane yakatishije itike y’umukino wa nyuma w’irushanwa Umurenge Kagame Cup 2026, nyuma yo gusezerera ikipe y’Umurenge wa Mbazi wo muri Huye iyitsinze igitego 1-0 mu mukino wa 1/2 wabereye kuri Sitade ya Bugesera.
Bamwe mu bakinnye umukino wo gusiganwa ku magare n’abakibikora, basanga kwizihiza umunsi w’amagare ku Rwanda ari iby’agaciro, kuko umukino w’amagare watumye igihugu kirushaho kumenyekana ku rwego rw’Isi kandi mu isura nziza.
Amakipe ane ya mbere mu bagabo n’abagore mu mwaka usanzwe wa shampiyona ya Volleyball 2025-2026 agiye guhatana mu irushanwa ryateguwe n’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kurengera Ibidukikije (REMA).
Ikipe ya RSSB-Tigers ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL ikomeje kubera i Kigali, yakoze amateka yo kugera ku mukino wa nyuma (Final) nyuma yo gutsinda Ah Ahly yo mugihugu cya Misiri amaonta 106-97.
Kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya APR FC yatsindiye Al Merrikh SC ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 33 wa BK Pro League wabanjirijwe no guhabwa icyubahiro cy’uko yatwaye igikombe.
Mu nama ya BAL Innovation Summit yabereye i Kigali, ku wa Kabiri tariki 26 Gicurasi 2026, umukino w’intoki wa Basketball wagaragajwe nk’isano ihuza ibice byinshi by’ubuzima n’ubukungu bw’Ibihugu bya Afurika.
Noam Fritz Emeran wakiniye Manchester United yahamagawe mu bakinnyi 24 b’Amavubi bazakina imikino ya gicuti iteganyijwe muri Kamena 2026.
Imikino ya Basketball Africa League (BAL) irakomeza hakinwa imikino ya 1/2 aho RSSB Tigers yo mu Rwanda iza gu cakirana na Al Ahly yo mu gihugu cya Misiri.
Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Bugesera FC ibitego 2-0 mu mukino w’Umunsi wa 33 wa BK Pro League, wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Kabiri tariki ya 26 Gicurasi, igira amanota 55, ishimangira ko ifite amahirwe yo kwegukana umwanya wa kabiri mu makipe y’imbere mu gihugu.
Leonard Craig Randall II ukinira ikipe ya RSSB Tigers akaba akomeje no kwandika amateka mu mikino ya Basketball Africa League (BAL 2026) iri kuba ku nshuro ya Gatandatu, yasinyanye amasezerano y’imikoranire n’iduka Nyafurika rikora imyenda ya Siporo rya Flexx Now aho azajya yamamaza ibikorwa bya ryo.
Ikipe ya APR VC yegukanye irushanwa ryo kwibuka Alphonse Rutsindura wishwe muri jenoside yakorewe abatutsi.
Kuri iki Cyumweru, hasojwe Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bwongereza 2025-2026, Arsenal ishyikirizwa igikombe yegukanye nyuma y’imyaka 22 itagikoraho.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya APR FC yegukanye Igikombe cy’Amahoro 2026 itsindiye Rayon Sports ku mukino wa nyuma penaliti 4-2 nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu minota 90.
Ku wa Gatanu tariki 22 Gicurasi 2026, ikipe ya Al Hilal SC yanganyije na Al Merrikh SC igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa 25 wa BK Pro League utarabereye igihe wabereye kuri Kigali Pele Stadium, isoza shampiyona idatsinze uyu mucyeba wayo umukino n’umwe.
Perezida Paul Kagame yavuze ko ishoramari rikomeje kwiyongera u Rwanda rushyira mu mikino ari ingamba zateguwe neza zigamije guhanga imirimo, gukurura abashoramari no kugira igihugu igicumbi cy’imikino n’imyidagaduro mu karere.
Mu mukino warebwe n’abarimo perezida Kagame, ikipe ya RSSB Tigers ihagarariye u Rwanda mu mikino ya kamarampaka ya BAL 2026, yatsinze FUS Rabat yo mu gihugu cya Maroke amanota 95-72.
Mu mukino ufungura irushanwa ryo kwibuka Rutsindura Alphonse wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, usize ikipe ya Gisagara VC yitwaye neza.
Perezida Paul Kagame yashimye Arsenal yegukanye igikombe cya Shampiyona, avuga ko ari umuhigo ukomeye besheje nyuma y’umwaka w’imikino utari woroshye, bikiyongeraho ko bari bamaze imyaka 22 bagishakisha ariko ntibakibone.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, ikipe ya Arsenal yongeye gutwara igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza yari imaze imyaka 22 idatwara, nyuma y’uko Man City bari bahanganye inganyije na AFC Bournemouth igitego 1-1 ikegukana icya 2025-2026.
Kuri uyu wa Kabiri, i Cairo mu Misiri habereye tombola y’uko amakipe agabanyije mu matsinda yo gushaka Itike y’igikombe cya Afurika 2027, yasize Amavubi yisanze mu itsinda rimwe na Mali, Cape Verde na Liberia.
Abakinnyi bane barimo umunyezamu Kwizera Olivier basubukuye imyitozo mu ikipe ya Rayon Sports iri kwitegura APR FC ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro uteganyijwe tariki 23 Gicurasi 2026 nyuma y’uburwayi butandukanye bari bafite.
Ivuye inyuma, Ikipe ya REG VC yegukanye igikombe cya shampiyona nyuma yo gutsinda Police VC naho APR WVC yo yisasira Kepler VC.