Masai Ujiri, umwe mu banyabigwi mu buyobozi b’umukino wa basketball, binyuze mu kuba yarabaye Perezida w’ikipe ya Toronto Raptors yo muri Canada, yatangajwe nk’umwe mu banyamigabane b’ikipe nshya ya Toronto Tempo, igiye gukina muri shampiyona y’abagore muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (WNBA).
Umutoza Haringingo Francis yongeye kugirwa umutoza wa wa Rayon Sports yatoje hagati ya Nyakanga 2022 na Kamena 2023.
Kuri uyu wa Mbere, Amavubi yegukanye Igikombe cya FIFA Series 2026, nyuma yo gutsindira Estonia ibitego 2-0 kuri Stade Amahoro mu mukino wa nyuma w’itsinda rya mbere.
Kuva ku gicamunsi, inzira zose ziragana kuri Stade Amahoro i Remera, aho ikipe y’u Rwanda y’Umupira w’Amaguru - Amavubi icakirana n’iya Estonia ku mukino wa nyuma wa FIFA Series, uhuza amakipe aturanye ku rutonde rwa FIFA.
Kuri uyu wa Mbere, hatashywe ku mugaragaro ibikorwa byagizwemo uruhare n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) birimo Hoteli y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda yari imaze imyaka hafi 10 yubakwa, ndetse n’ibibuga by’umupira w’amaguru.
Ikipe ya RSSB-Tigers ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL yabonye intsinzi ya kabiri yiyongerera amahirwe yo gukina imikino ya nyuma izabera i Kigali.
Kuri iki Cyumweru, kuri Kigali Pelé Stadium hasorejwe Imikino ya gicuti Mpuzamahanga ’FIFA Series’ mu itsinda rya kabiri aho ikipe y’igihugu ya Aruba yegukanye igikombe naho Tanzania ikegukana umwanya wa gatatu inyagiye Macau 6-0.
Ku wa Gatandatu, tariki ya 28 Werurwe 2026, hateganyijwe ibirori bikomeye by’umukino w’iteramakofe bizwi nka Kigali Fight Night, bigiye kuba ku nshuro ya kabiri bikazabera muri rond-point ya Kigali Convention Centre, ahazitibara abakinnyi baturutse hirya no hino ku mugabane wa Afurika.
Ikipe ya RSSB-Tigers ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL i Pretoria muri Afurika Yepfo, yatangiye itsinda Al Ahly yo muri Libya
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi yanyagiriye ikipe y’igihugu ya Grenada imbere ya Perezida Paul Kagame ibitego 4-0, mu mukino wo mu itsinda rya mbere wabereye kuri Stade Amahoro, mu mikino ya FIRA Series 2026, iri kubera i kigali.
Ikipe y’igihugu ya Tanzania yatunguwe na Liechtenstein itsindwa igitego 1-0, mu mukino wa kabiri mu itsinda rya Kabiri ry’imikino Mpuzamahanga ’FIFA Series 2026’, wabereye kuri Kigali Pele Stadium, kuri uyu wa Kane mu gihe Maccau yatsinzwe na Aruba ibitego 4-1.
Ikipe ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL ihuza amakipe yabaye ayambere iwayo “RSSB-Tigers” yerekeje muri Afurika yepfo aho iri rushanwa rizabera.
Igihugu cy’u Rwanda kigiye kwakira imikino ya gicuti Mpuzamahanga itegurwa n’Ishyiraramwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi FIFA ’FIFA Series’, iteganyijwe kuba hagati ya tariki 26 kugeza 30 Werurwe 2026, aho ibihugu umunani bigabanyije mu matsinda abiri.
Kuri uyu wa Kabiri, Mohamed Salah yasezeye ikipe ya Liverpool azavamo mu mpera z’umwaka w’imikino 2025-2026 nyuma y’imyaka icyenda ayikinira.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yakoze imyitozo ya mbere yitegura irushanwa rito rikubiyemo imikino ya gicuti Mpuzamahanga izabera mu Rwanda hagati y’itariki 26 na 31 Werurwe 2026.
Mu gihe imikino ya kamarampaka ikomeje muri shampiyona ya volleyball mu Rwanda, amakipe ya Gisagara VC na Kepler VC yayoboye umwaka w’imikino usanzwe, yisanze yasezerewe bitunguranye.
Nyuma y’uko Gasogi United yanze gukina umukino w’umunsi wa 25 wa Shampiyona yatewemo mpaga na Rayon Sports ku wa 22 Werurwe 2026, hakomeje kwibazwa impamvu yaba yarabiteye ahavugwa nyinshi zirimo no kuba yarifuzaga guhabwa amafaranga yatanzwe na Al Hilal SC kugira yemere impinduka zakozwe.
Ku Cyumweru, tariki 22 Werurwe 2026, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatangiye umwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti izakinirwa mu irushnwa rito rizabera mu Rwanda kuva tariki 26 Werurwe 2026.
Ikipe ya 1º de Agosto yatewe mpaga na Petro de Luanda mu mukino w’umunsi wa 19 wa shampiyona wagombaga kuba ku wa 22 Werurwe 2026 ariko iyi kipe ikabura ku kibuga.
Ikipe ya Gasogi United itewe mpaga y’ibitego 3-0 nyuma yo kubura ku kibuga ku mukino w’umunsi wa 25 wa Rwanda Premier League yagombaga kwakirwamo na Rayon Sports kuri Stade Amahoro kuri iki Cyumweru tariki ya 22 Werurwe 2026.
Kuri iki Cyumweru, ikipe ya Manchester City yatsindiye Arsenal ibitego 2-0 kuri Stade ya Wembley ku mukino wa nyuma wa Carabao Cup iyitwara igikombe.
Ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani ariko iri gukina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda yasezerewe muri CAF Champions League nyuma yo gutsindirwa na RS Berkane kuri Stade Amahoro igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wabaye kuri iki Cyumweru.
Ikipe Police FC yanganyije na Etincelles FC mu mukino w’umunsi wa 25 wa Rwanda Premier League wabereye kuri Kigali Pele Stadium igitego 1-1 wabaye kuri iki Cyumweru, Kiyovu Sports itsinda Rutsiro FC.
Ikipe ya Police VC na REG VC mu bagabo na APR WVC zageze ku mukino wa nyuma uzagena uwegukana shampoyona 2025-2026 binyuze muri kamparamaka (Playoffs) nyumo yo gutsinda imikino itatu zasabwaga gutsinda Gisagara VC, Kepler VC na RRA WVC.
Umunyezamu wa Rayon Sports Kwizera Olivier yongerewe mu ikipe y’igihugu y’u Rwanda iri kwitegura imikino ya gicuti iri mu mpera za Werurwe 2026.
Ishyirahamwe rya Ruhago muri Guinea ryasabye ko Maroc yamburwa igikombe cya Afurika cyo mu 1976, ivuga ko ibyatumye Senegal yamburya icya 2025 bitewe n’uko abakinnyi bivumbuye bakava mu kibuga umukino ugikomeje, Maroc nayo yabikoze mu mukino wa nyuma wabahuje wagombaga kugena uwegukana igikombe.
Ikipe APR FC yatsinze Amagaju FC mu mukino w’umunsi wa 25 wa Rwanda Premier League wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Werurwe 2026, ifata umwanya wa mbere ku urutonde rwa Shampiyona by’agateganyo.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko ku bwumvikane yatandukanye n’umutoza Bruno Ferry wari umaze amezi atatu ayitoza.
Ikipe ya Rayon Sports yageze muri 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro nyuma yo gusezerera Police FC kuri penalito 4-2 mu mukino wo kwishyura wa 1/4 wabereye kuri Kigali Pelé Stadium kuri uyu wa Kabiri, aho umukino usanzwe warangiye ari 0-0.
Mu gihe imikino ya kamarampaka (Playoffs) irimbanyije, amakipe ya Police ndetse na REG ari munzira zerekeza ku mukino wa nyuma naho Gisagara na Kepler bo nti borohewe.