Hashize amezi ane mu kagali ka Cyome mu murenge wa Gatumba hatangiye gahunda yo kugomera umugezi wa Nyabarongo wari warataye inzira yawo maze ukangiza imirima y’abaturage wegera umuhanda wa kaburimbo.
Nyuma y’iminsi ibiri inkongi y’umuriro itwitse ishyamba rya Nyungwe ku buso burenga hegitari imwe, ubuyobozi bwatunze agatoki abahigi ko baba aribo nyirabayazana w’iyi nkongi.
Itsinda rishinzwe gusubiranya ikiyaga cya Karago kiri mu karere ka Nyabihu cyari kirimo gukama biturutse ku isuri, rivuga ko imirimo yo kukibungabunga igeze ku kigero cya 60%.
Urubura rutwikiriye imisozi yo mu kirwa cya Groenland kiri hagati y’Uburayi na Amerika kuva mu kwezi kwa Nyakanga kwatangira rwagaragaje gushonga gukabije ku kigero cya 97%.
Ikigo nyarwanda gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA), kiri mu gikorwa cyo kumva ibitekerezo by’abasheshe akanguhe, ku buryo abakurambere bamenyaga iteganyagihe, kugira ngo hasuzumwe niba hari ibyo Abanyarwanda bagenderaho muri iki gihe isi yugarijwe n’imihindagurikire y’ibihe.
Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi wongeye kwiyemeza kugabanya ubwinshi bw’imyuka mibi imodoka zohereza mu kirere ku buryo mu mwaka wa 2020 imodoka imwe itazaba irenza iyo myuka ku kigero cya garama 95 ku kilometero kimwe.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko mu minsi mike haraba hatangiye imirimo yo kubaka ikimoteri rusange kizatwara amafaranga miliyoni 316.
Igihugu cya Polonge ntikivuga rumwe n’ibindi bihugu kuri gahunda byihaye yo kugabanya ibyuka byangiza ikirere, kibuza Ministiri wacyo gushinya amasezerano yo kugabanya ibyuka bihumanya ikirere.
Koperative COVAGA ikora ububoshyi mu murenge wa Gashora, kuri uyu wa gatanu tariki 15/06/2012 yashyikirijwe igihembo National Energy Globe Rwanda 2011, kubera ibikorwa by’indashyikirwa igaragaza mu kurengera ibinyabuzima byo mu biyaga biyaga n’imigezi by’akarere ka Bugesera.
Komite y’akarere ka Nyamasheke ishinzwe gucunga Ibiza itegerejweho guhindura byinshi mu mikorere yayo, nyuma yo guhugurwa ku kurwanya Ibiza, yagenewe na Minisiteri ishinzwe gucyura impunzi no kurwanya Ibiza (MIDIMAR).
Komite y’akarere ka Nyamasheke ishinzwe gucunga Ibiza itegerejweho guhindura byinshi mu mikorere yayo, nyuma yo guhugurwa ku kurwanya Ibiza, yagenewe na Minisiteri ishinzwe gucyura impunzi no kurwanya Ibiza (MIDIMAR).
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali burimo gutegura igishushanyombonera cyo kuyoborera amazi y’imvura n’akoreshwa mu bishanga, nyuma y’uko ayo mazi agaragaje kuba yangiza byinshi birimo ibikorwaremezo n’imitungo y’abantu.
Mu gihe hategurwa umunsi mpuzamahanga w’ibidukikije (WED) uba buri tariki 05 Kamena, Ministeri y’Umutungo kamere (MINIRENA) iravuga ko u Rwanda ruri mu nzira iganisha ku iterambere rirambye rishingiye ku ifatwaneza ry’ibidukikije.
Akarere ka Ngoma katangiye umushinga w’uruganda rubyaza umusaruro imyanda iva mu mujyi wa Kibungo mu rwego rwo kurengera ibidukikije. Uwo mushinga watangiye kwigwaho mu 2008 uzarangira mu 2013 utwaye akayabo k’amafaranga miliyoni 120.
Komisiyo ishinzwe kubungabunga ikiyaga cya Vigitoriya (LVBC) ivuga ko buri mwaka abantu barenga 5000 batuye icyogogo (basin) cy’icyo kiyaga bicwa n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe n’ibikorwa bya muntu.
Uhagarariye umushinga w’Ababiligi ugamije gutera ibiti harengerwa ibidukikije mu murenge wa Rurenge mu karere ka Ngoma arasaba gukurikiranira hafi iterwa ry’ibyo biti kugira ngo intego z’uwo mushinga zizagerweho.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Rwempasha mu karere ka Nyagatare buratangaza ko abantu munani bamaze gukatarirwa n’inkiko ubu bakaba bari muri gereza nkuru ya Nsinda kubera kwangiza ibiti biteye ku nkengero z’umugezi w’Umuvumba.
Lamprichytys Tanganicanus ni ubwoko bw’isamake ziba mu kiyaga cya Kivu. Ubushakashatsi bwagaragaje ko izo samake zazanywe mu kiyaga cya Kivu ahagana mu 1959. Zaziye rimwe n’ubundi bwoko bw’isamake bita Isambaza zikunzwe cyane mu Rwanda hose.
Uburyo u Rwanda ruteye ntibyorohera isanwa rya bimwe mu bigize urusobe rw’ibinyabuzima kuko igice kinini gituweho n’abantu kandi hari aho bisaba ko nta bantu bagomba kuhatura kugira ngo urusobe rw’ibinyabuzima rubeho neza.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi, arasaba abaturage kurushaho kubungabunga ibikorwa bibakorerwa mu rwego rwo kurwanya isuri ndetse no kubungabunga ikiyaga cya Karago.
Mu kagari ka Nyarwaya ,umurenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi isambu ya Leta yibasiwe n’inkongi y’umuriro batazi icyawuteye utwika hegitari zigera muri eshatu.
Inama y’umutekano y’akarere ka Gatsibo yateranye tariki 28/02/2012 yemeje ko abatwika amashyamba muri ako karere bagomba gushakishwa bagahanwa kuko bangiza gahunda za Leta zo kongera ubuso bw’amashyamba.
Murema Alphonse yatwitse icyokezo cy’amakara maze tariki 27/02/2012 umuriro uratomboka uba mwinshi ufata umusozi wose urashya urakongoka mu kagari ka Ngange umurenge wa Muko akarere ka Gicumbi.
Ihuriro Nyarwanda riharanira kubungabunga ikibaya cy’uruzi rwa Nili (NBDF) ryifatanije n’abaturage bo mu murenge wa Nyamata y’Umujyi mu karere ka Bugesera batera ibiti ku nkenyero z’ikiyaga cya Kamatana, tariki 25/02/2012, mu rwego rwo kwizihiza umunsi
Abaturage bo mu murenge wa Murunda, akarere ka Rutsiro, barasabwa gutera ibiti bifata ubutaka no kwitabira gahunda yo gukomeza gucukura imirwanyasuri, kuko aribwo buryo bushoboka bwo guhangana n’inkangu ndetse n’isuri.
Leta y’u Rwanda irashishikariza inganda zo mu gihugu gukorana n’inganda zikomeye zo mu bihugu byateye imbere mu bucuruzi bwo kugabanya ibyuka bihumanya ikirere (Clean Development Mechanism).
Ahitwa Muremure mu murenge wa Nduba mu karere ka Gasabo niho hazajya hamenywa imyanda hagasimbura aho yari isanzwe imenywa i Nyanza.
Kajyimbwami Eric utuye mu mudugudu wa Gasarasi, akagari ka Rwanteru mu murenge wa Kigina, akarere ka Kirehe, tariki 11/02/2012, mu ma saa tanu z’amanywa yatwitse ahantu hangana na hegitari 15.
Ubuso bugera kuri hagitari 50 z’ishyamba ryo mu kagari ka Runga mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza ryafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa kumi z’umugoroba tariki 01/02/2012.
Inkeragutabara zigera kuri 30 zashyikirijwe impapuro z’ubumenyi n’ishimwe (certificate) zerekana ko zizi gukora amaterasi y’indinganire ku buryo bwiza kubera igikorwa cyo gukora amaterasi ari kuri hegitari 100 mu gace k’ishyamba rya Gishwati.