Minisitiri w’Umutungo kamere, Stanislas Kamanzi, yifatanyije n’abaturage ba Nyabihu mu gikorwa cyo gutera ibiti cyabereye mu misozi ya Cyamabuye yo mu duce twa Muderi na Matyazo mu murenge wa Karago, kuri uyu wa Gatandatu tariki 24/11/2012.
Mu majyaruguru ashyira Uburengerazuba bw’u Rwanda hagiye guterwa ishyamba rya kijyambere, rizafasa mu kongera kuzahura umutungo kamere n’ibidukikije byagiye byangizwa, biturutse ku ngaruka z’iyangirika ryabyo n’isuri muri rusange.
Isuzuma ryakozwe na komisiyo ishinzwe kurengera ibidukikije mu karere ka Nyabihu ryerekanwe ko hacyiri ibikorwa bitandukanye bikorwa ahanini n’abaturage bituma ibidukikije byangirika bikabije ndetse bikanateza isuri. Ahakunze kuboneka ibyo bikorwa cyane ni mu mirenge wa Rambura, Jomba, Karago na Shyira.
Mu karere ka Nyagatare, Umurenge wa Rukomo, haravugwa isuri ikabije ahanini iterwa n’amazi y’imvura, icyakora ngo n’imiturire yo muri centre ya Rukomo ni imbogamizi mu gukumira zimwe mu ngaruka mbi ziterwa n’iyo suri.
Sosiyete yo mu Bwongereza icukura ikanacuruza peteroli (BP) yemeye icyaha cy’uburangare no kwishyura amande ya miliyari 4.5 z’amadolari y’Amerika, kubera iyangizwa ry’ikigobe cya Mexico cyamenetsemo peteroli y’iyo sosiyete.
Mu muganda wabaye kuri uyu wa gatatu tariki 14/11/2012 mu karere ka Kirehe, umurenge wa Gahara ku gasozi ka Rununga hatewe ibiti ibihumbi 15 mu rwego rwo kubungabunga amashayamba.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango burasaba ko bwafashwa mu kongera amashyamba mu gace k’Amayaga kari muri aka karere kuko bigaragara ko hasigaye inyuma mu byerekeranye n’ibidukikije.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanslas Kamanzi, arasaba ko buri Munyarwanda wese yagira uruhare mu kumva ko nta butaka bw’u Rwanda bwaba aho butabyazwa umusaruro.
Ikigo gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ibidukikije(UNEP), bivuga ko imikoreshereze idahwitse y’ingufu zikoreshwa mu Rwanda, ari imbogamizi yo kutagera ku “bukungu butoshye”(green economy).
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, arasaba abatuye umurenge wa Gacaca mu karere ka Musanze gushyira imbaraga nyinshi mu kurwanya isuri nk’uko bazishyize mu kurwanya ubukene.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi yifatanyije n’abaturage bo mu murenge wa Nyabirasi mu karere ka Rutsiro, mu muganda rusange wo kubungabunga inkengero z’umugezi wa Sebeya, abasaba gucukura imirwanyasuri ihagije mu mirima yabo.
Mu rwego rwo kurengera ibimera bigenda bicika, ishuri rikuru INES-Ruhengeri, ririmo gukora ubusitani buzajya buhingwamo ibimera by’ubwoko butandukanye bigaragaza ko bigenda bicika mu ruhando rw’ibimera biboneka mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’akarere n’imirenge bwatangiye gusaba abaturage gufata amazi yo kumazu, kuko agira uruhare mu gutera ibiza, bitewe n’uko agenda yinjira mu butaka bworoshye bikaba intandaro y’inkangu.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibidukikije (REMA) kigiye gushyiraho stations 22 zizafasha mu bikorwa byo gupima iteganyagihe mu gihe kirambuye. Izo stations nshya zizaba zifite ubushobozi bwisumbuye ugereranyije n’izisanzwe mu gihugu.
Abacuruzi bo mu karere ka Burera bacuruza amashashi cyangwa bayakoresha bapfunyikamo ibicuruzwa barasabwa kubireka mu maguru mashya kuko abazafatwa bazahanwa by’intangarugero.
Ikibazo cy’isuri kigaragara mu nkambi ya Kigeme kibangamiye impunzi z’Abanyekongo ziri muri iyi nkambi, kuko iyo imvura muri iki gihe cy’imvura iguye amazi yinjira mu mashitingi cyane ko iyi nkambi yubatse ku musozi.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) gifatanyije na polisi y’igihugu cyatanze amasomo ku kubungabunga ibidukikije yitabiriwe n’abapolice bakorera ku masitasiyo ya polisi mu turere twose tw’u Rwanda.
Umuhanga mu buzima bw’inyamaswa wo mu muryango wita ku nyamaswa w’i London mu Bwongereza (zoological society of London) Ben Collen yagaragaje ko 1/5 cy’ibinyabuzima bidafite urutirigongo kimerewe nabi ndetse bimwe biri hafi yo kuzima.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi, aragaya abataracukuye imirwanyasuri ku musozi wa Karuriza uherereye mu murenge wa Busogo akarere ka Musanze, none imvura yatangiye gutembana imyaka y’abaturage.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bufatanyije n’abaturage bwubatswe umuferege w’uburebure bwa kilometero 1,8, mu rwego rwo gukumira inyamaswa ziganjemo Imbogo zoneraga abaturage ziturutse muri Pariki ya Virunga yo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
Ubucukuzi bw’amabuye akoreshwa mu bwubatsi bwagaragaye nk’ikindi kibazo kibangamiye ibidukikije mu karere ka Ngororero hamwe n’uturere buhana imbibe nka Rutsiro na Nyabihu.
Impuguke mu bya biogaz zo mu muryango wa COMESA, kuwa 25/09/2012 zasuye gereza ya Ririma mu karere ka Bugesera mu rwego rwo kunoza imikoreshereze ya Biogaz yifashishwa mu guteka ibiribwa by’imfungwa n’abagororwa.
Mu rwego rwo gukumira isuri imanuka ku misozi ikiroha mu migezi ikayangiza ndetse ikangiza aho iyo migezi yisuka by’umwihariko mu kiyaga cya Karago, kuri uyu wa 19/09/2012, mu karere ka Nyabihu hakozwe umuganda udasanzwe.
Akarere ka Ngororero kiyemeje gufatanya n’abafatanyabikorwa ndetse n’abaturage mu gusana inkombe z’utugezi twose tunyura muri Gishwati ari nako twiroha mu mugezi wa Sebeya.
U Rwanda rwahawe igihembo cyo kubungabunga ibidukikije ari nako habungabungwa agakingirizo k’izuba.
Ubushakashatsi bugaragaza ko amashyamba manini agenda agabanuka kandi ariyo atera imiyaga ikurura imvura kuruta imiyaga isanzwe. Umuyaga wo hejuru y’amashyamba magari ashobora gukurura imvura inshuro ebyiri kurusha indi miyaga yo hasi.
Mu mahugurwa agamije guhugura abaturage ku kubungabunga ibidukikije arimo kubera ku karere ka Kihere, Amini Mutaganda, umushakashatsi mu kigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku buhinzi n’ubworozi (RAB) yasobanuye ko buri muntu akwiye gusobanukirwa n’imihindagurikire y’ibihe.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Abanyamerika bwagaragaje ko kugabanya imyuka mibi yangiza ikirere bikiri ku kigero cyo hasi nubwo nubwo hari ibitekerezo n’ubushake bwo kubigabanya.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe iterambere (UNDP) riratangaza ko u Rwanda ruri mu bihugu byashoboye guhangana n’ibiza kubera ibikorwa rukora mu guhangana n’imikoreshereje mibi y’ibidukikije, ndetse no kongerera abaturage ubushobozi bwo gufata neza ubutaka no kubungabunga ibidukikije.
Nubwo inzego zishinzwe umutekano zababujije kenshi gutema ibiti, impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Kiziba mu karere ka Karongi ziravuga ko zidashobora kubura inkwi zo gucana kandi zireba amashyamba hafi yazo.