Nubwo hafashe ingamba zo guca amashashe mu gihugu mu rwego rwo kurengera ibidukikije mu karere ka Rusizi haracyari abaturage bakiyagurisha. Kuri uyu wa 14/02/2013 Polisi yageze mu mazu y’ubucuruzi ndetse hanatoragurwa amasashe yo mu muhanda mu mujyi wa Kamembe haboneka imifuka 10.
Nyuma yo kwimura ikimoteri cyashyirwagamo imyanda yo mu mujyi wa Byumba kigashyirwa mu kagari ka Nyarutarama hepfo yo Kumukeri ahitwa ku Kasehoma na n’ubu gikomeje kubangamira ibidukikije.
Nyuma y’amezi atatu imirenge ya Kitabi na Kamegeri yari imaze mu kato ko gusarura no gucuruza ibikomoka ku mashyamba, ubu yakuwe muri ako kato nyuma y’uko igaragaje ubushake mu gukora iyo mirimo harengerwa ibidukikije kandi bubahiriza amabwiriza abigenga.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Pekin, umurwa mukuru w’igihugu cy’Ubushinwa bwafunze by’agateganyo inganda zirenga 100 kubera kohereza ibyuka byinshi mu kirere.
Umuganda ngarukakwezi wabaye tariki 26/01/2013 mu karere ka Rutsiro wabereye mu murenge wa Mushubati aho minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi, ari kumwe n’abakozi b’akarere ka Rutsiro bifatanyije n’abaturage bo muri uwo murenge mu gikorwa cyo kurwanya isuri.
Mu muganda rusange ngarukakwezi wakozwe kuwa gatandatu tariki 26/01/2013, abawitabiriye basabwe kugira uruhare rugaragara mu kunoza isuku by’umwihariko kurwanya ikoreshwa ry’amashashi kuko yangiza ibidukikije.
Ubuyobozi bwa pariki y’igihugu ya Nyungwe buratangaza ko hagiye gushyirwaho ubwiherero rusange abagenzi bazajya bakoresha ndetse n’utuntu twagenewe gushyirwamo imyanda tukazashyirwa hirya no hino ku muhanda uca muri pariki.
Nkuko amateka abivuga ku isi habayeho inyamaswa zari akataraboneka mu bunini, mu miterere no mu mibereho yazo ariko zarazimye. Izo nyamaswa ngo zabayeho mbere y’umuntu zitwaga Dinozoru cyangwa Dinosaures.
Amerika, igihugu cya mbere mu bukire ku isi kikaba na kimwe mu byohereza ibyuka bihumanya ikirere byinshi ku isi cyibasiwe n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere kigiramo uruhare rukomeye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi bwatangiye kugenzura niba nta bantu bakorera ibikorwa bitandukanye ku nkengero z’i Kivu ahatemewe bigatuma icyo kiyaga cyangirika.
Uturere twa Nyamagabe, Nyamasheke na Rusizi duhuriye ku muhanda uca muri pariki y’igihugu ya Nyungwe dufatanije n’ingabo z’igihugu na polisi y’igihugu, bakoze umuganda udasanzwe wo gusukura inkengero z’uyu muhanda mu rwego rwo kugirira isuku iyi pariki.
Abacukuzi b’imicanga n’amabuye yo kubakisha bo mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Byumba barasabwa kubireka kuko byangiza ibidukikije ndetse bigatuma n’imisozi n’ubutaka bitwarwa.
Mu gihe bimenyerewe ko ibikoresho byo mu nzu, nk’intebe utubati, inzugi biba ari ibikomoka ku mbaho z’ibiti, Euruganda rutunganya imyanda ikongera kuvamo ibikoresho bishya rwitwa ECOPLASTIC, rwashyize ahagaragara imbaho zikozwe mu bisigazwa bya pulasitiki.
Hamwe mu hakorewe imirimo y’ubucukuzi mu karere ka Kamonyi, hasigaye ibyobo bishobora guteza impanuka kubahanyura cyangwa abahaturiye. Ubuyobozi bw’akarere ariko bukavuga ko bwatangiye igikorwa cyo kubisiba n’abacukuzi bafite inshingano zo gusiba aho bakoreye.
Inzego ziyobowe na Ministeri y’Umutungo kamere (MINIRENA) n’ikigo gishinzwe iterambere cy’u Buhollandi (SNV), basaba ko imikoreshereze y’umutungo kamere w’amazi ikwiye kujyana no kongera ibikorwa byo kuyabungabunga, kugira ngo adahumana cyangwa akaba mucye.
Kuri uyu wa 29/11/2012 Minisitiri w’umutungo Kamere yagiriye urugendo mu karere ka Kirehe mu rwego rwo kureba uko amashyamba yatewe muri iki gihembwe gishize ahagaze n’uko gahunda yo kurwanya isuri n’ibiza ihagaze muri aka Karere.
Imyanda ijugunywa hirya no hino ahatarabugenewe mu mujyi wa Ngororero ikomeje kubangamira abantu ndetse n’ibidukikije muri rusange, bityo abayijugunya bene aho hantu bakaba bakwiye gufatirwa ibyemezo.
Minisitiri w’Umutungo kamere, Stanislas Kamanzi, yifatanyije n’abaturage ba Nyabihu mu gikorwa cyo gutera ibiti cyabereye mu misozi ya Cyamabuye yo mu duce twa Muderi na Matyazo mu murenge wa Karago, kuri uyu wa Gatandatu tariki 24/11/2012.
Mu majyaruguru ashyira Uburengerazuba bw’u Rwanda hagiye guterwa ishyamba rya kijyambere, rizafasa mu kongera kuzahura umutungo kamere n’ibidukikije byagiye byangizwa, biturutse ku ngaruka z’iyangirika ryabyo n’isuri muri rusange.
Isuzuma ryakozwe na komisiyo ishinzwe kurengera ibidukikije mu karere ka Nyabihu ryerekanwe ko hacyiri ibikorwa bitandukanye bikorwa ahanini n’abaturage bituma ibidukikije byangirika bikabije ndetse bikanateza isuri. Ahakunze kuboneka ibyo bikorwa cyane ni mu mirenge wa Rambura, Jomba, Karago na Shyira.
Mu karere ka Nyagatare, Umurenge wa Rukomo, haravugwa isuri ikabije ahanini iterwa n’amazi y’imvura, icyakora ngo n’imiturire yo muri centre ya Rukomo ni imbogamizi mu gukumira zimwe mu ngaruka mbi ziterwa n’iyo suri.
Sosiyete yo mu Bwongereza icukura ikanacuruza peteroli (BP) yemeye icyaha cy’uburangare no kwishyura amande ya miliyari 4.5 z’amadolari y’Amerika, kubera iyangizwa ry’ikigobe cya Mexico cyamenetsemo peteroli y’iyo sosiyete.
Mu muganda wabaye kuri uyu wa gatatu tariki 14/11/2012 mu karere ka Kirehe, umurenge wa Gahara ku gasozi ka Rununga hatewe ibiti ibihumbi 15 mu rwego rwo kubungabunga amashayamba.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango burasaba ko bwafashwa mu kongera amashyamba mu gace k’Amayaga kari muri aka karere kuko bigaragara ko hasigaye inyuma mu byerekeranye n’ibidukikije.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanslas Kamanzi, arasaba ko buri Munyarwanda wese yagira uruhare mu kumva ko nta butaka bw’u Rwanda bwaba aho butabyazwa umusaruro.
Ikigo gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ibidukikije(UNEP), bivuga ko imikoreshereze idahwitse y’ingufu zikoreshwa mu Rwanda, ari imbogamizi yo kutagera ku “bukungu butoshye”(green economy).
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, arasaba abatuye umurenge wa Gacaca mu karere ka Musanze gushyira imbaraga nyinshi mu kurwanya isuri nk’uko bazishyize mu kurwanya ubukene.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi yifatanyije n’abaturage bo mu murenge wa Nyabirasi mu karere ka Rutsiro, mu muganda rusange wo kubungabunga inkengero z’umugezi wa Sebeya, abasaba gucukura imirwanyasuri ihagije mu mirima yabo.
Mu rwego rwo kurengera ibimera bigenda bicika, ishuri rikuru INES-Ruhengeri, ririmo gukora ubusitani buzajya buhingwamo ibimera by’ubwoko butandukanye bigaragaza ko bigenda bicika mu ruhando rw’ibimera biboneka mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’akarere n’imirenge bwatangiye gusaba abaturage gufata amazi yo kumazu, kuko agira uruhare mu gutera ibiza, bitewe n’uko agenda yinjira mu butaka bworoshye bikaba intandaro y’inkangu.