Imiryango 806 y’abatuye mu Murenge wa Rugerero bangirijwe n’imitingito imaze iminsi mu Karere ka Rubavu, bahawe ubufasha bw’ibiribwa, ibiryamirwa n’ibikoresho by’isuku baba bifashisha mu gihe hagikorwa urutonde rw’izu zasenyutse zigomba gusanwa n’izindi zigomba kubakwa bundi bushya.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 30 Gicurasi 2021, Polisi yerekanye abantu batatu harimo abiyitaga abapolisi bakambura abaturage bababwira ko bazabaha impushya zo gutwara ibinyabiziga (Perimi) batiriwe bakora ibizamini.
Urubyiruko rw’abakorerabushake mu Karere ka Musanze, biyemeje gufasha igihugu muri duke babona bakusanya asaga miliyoni enye z’Amafaranga y’u Rwanda boroza amatungo magufi abatishoboye, mu mafaranga ibihumbi 10 bahabwa ku kwezi yo kubafasha mu kazi.
Umukuru w’umudugudu wa Nkunamo mu Murenge wa Gishubi mu Karere ka Gisagara, Félix Nshimiyintwali, avuga ko kuri bo gutanga amafaranga ya mituweli bitakiri umuhigo, kuko basigaye babikora nk’ibintu bisanzwe.
Abaturage bo mu mu Karere ka Burera, barasaba ubuyobozi kongera gusana amatiyo manini ayobora amazi mu mavomo, kuko aheruka kwangizwa n’ibiza byatewe n’amazi y’imvura yaturutse mu Birunga.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Habyarimana Gilbert, atangaza ko bifuza ko ibikorwa byose mu mujyi wa Gisenyi ku wa mbere tariki 31 Gicurasi 2021 bizasubukura, agahamagarira ba nyiri ibyo bikorwa gufungura bagakora kuko hagarutse ituze.
Umugore witwa Mukandayambaje Venansiya avuga ko agendana abana be bane aho agiye hose nyuma y’uko agaragaje ko iwe nta mutekano uhari, kubera ko ngo umwe mu bana be mukuru w’imyaka icyenda afatwa ku ngufu n’abagabo, yajya kurega bakamutera utwatsi.
Mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki ya 29 Gicurasi 2021 ahagana saa tanu, Polisi y’u Rwanda yafashe abantu 54 barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19, bafatiwe mu muhango wo gusaba no gukwa. Bafatiwe mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyakabanda mu Kagari ka Nyakabanda ya II mu Mudugudu wa Kirwa, bari muri Moteli (…)
Amazi y’amashyuza asanzwe aboneka mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu ku nkombe z’ikiya cya Kivu yaburiwe irengero nyuma y’imitingito yazahaje ako gace k’igihugu.
Ubuyobozi Bukuru bw’Abinjira n’Abasohoka (DGIE) bwavuze ko pasiporo nyarwanda yari isanzweho izaba itagikora guhera tariki 28 Kamena 2022, kuko biteganyijwe ko abazisaba bose bazaba bafashe iz’ikoranabuhanga, ari na byo bakangurirwa, cyane ko iyo Pasiporo nshya ari n’iy’ibihugu bya Afurika y’Ibirasirazuba.
Mu gihe habura ukwezi kumwe ngo umwaka w’imihigo 2020-2021 urangire, mu Murenge wa Cyahinda bavuga ko urebye imihigo bamaze kuyesa 100%, hakaba n’iyo bamaze kurenza 100%.
Minisiteri ishinzwe itumanaho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yavuguruje amakuru yari yatangaje yavugaga ko ikirunga cya Nyamulagira cyarutse, ikemeza ko habayeho kwibeshya.
Abanyekongo bari bahungiye mu Rwanda kubera iruka rya Nyiragongo ryakurikiwe n’imitingito myinshi, bakomeje gusubira mu gihugu cyabo nyuma yo kubona ko iyo mitingito yacishije makeya.
Abatuye mu Kagari ka Cyabararika mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, barasaba Leta kubakemurira ikibazo cy’amazi aturuka mu birunga, aho akomeje gufunga imihanda n’ibiraro, abanyeshuri bakaba bakomeje gusiba ishuri kubera kubura inzira.
Umugenzuzi w’Imari ya Leta, Obadiah Biraro, avuga ko inkomoko y’ibihombo ibigo bikomeye byo mu Rwanda bihura na byo ari ukutagira ababaruramari b’umwuga.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François, yatangaje ko ubuzima bwagarutse mu Karere ka Rubavu, nyuma y’icyumweru imitingito yatewe n’iruka rya Nyiragongo yatangiye ku wa 22 Gicurasi 2021, ikangiza byinshi muri ako karere.
Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), kuri wa Kane tariki ya 27 Gicurasi 2021, ryafashe abantu babiri bafite udupfunyika 2,836 tw’urumogi. Abo ni Byukusenge Angelique w’imyaka 21 wafatanwe udupfunyika 1,000 na ho Uwiduhaye Marie Therese w’imyaka 25 afatanwa udupfunyika 1,836 bombi bakaba (…)
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu, Ignacienne Nyirarukundo, avuga ko gutangira mituweli ku gihe byagombye kujyana na serivise abaturage bahabwa.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François, atangaza ko bamaze guhumurizwa ko amazi n’ikirere byo mu Karere ka Rubavu bimeze neza.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yasezeye mugenzi we w’u Bufaransa Emmanuel Macron wari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.
Abanyecongo bahungiye mu Rwanda batinya iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo bamwe batangiye gusubira iwabo bashingiye ku ituze ry’imitingito.
Umunyarwandakazi akaba n’umwanditsi w’ibitabo, Annick Kayitesi Jozan warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 agahita ahungira mu Bufaransa, ni umwe mu bazanye na Perezida Emmanuel Macron, wasuye u Rwanda kuva ku wa 27 Gicurasi 2021, agasaba Abanyarwanda kubyaza umusaruro indimi nyinshi bazi bandika amateka yabo.
Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi (MINERMA) itangaza ko inzu zirenga 1,500 zamaze kwangirika, ndetse igasaba ba nyirazo kuzijya kure kugira ngo hatagira abo zigwira.
Abaturage batuye mu turere turimo kubonekamo ibyuka bituruka mu kirunga cya Nyiragongo, barasabwa kurushaho kwambara agapfukamunwa neza birinda ko ibyo byuka bibinjiramo kuko bigira ingaruka ku buzima bwabo.
Uruvunganzoka rw’Abanyekongo bakomeje kwinjira mu Rwanda batinya ko ikirunga cya Nyiragongo cyangongera kuruka.
Perezida Emmanuel Macron akigera mu Rwanda yagiye gusura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruherere ku Gisozi mu Mujyi wa Kigali.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 27 Gicurasi 2021 yakiriye Perezida Emmanul Macron w’u Bufaransa uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 27 Gicurasi 2021, Umukuru w’Igihugu cy’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yasesekaye i Kigali mu ruzinduko rw’iminsi ibiri rwitezweho kunoza umubano w’u Bufaransa n’u Rwanda.
Abasigajwe inyuma n’amateka b’i Mata mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko iyo birebye babona hari intambwe bateye bajijuka, bakifuza korozwa no guhabwa aho guhinga kugira ngo babashe kwikura no mu bukene.
Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi, Kayisire Marie Solange, yatangaje ko abantu batuye kuri metero 200 uvuye ku murongo waciwe n’imitingito mu karere ka Rubavu, bagomba kuhava mu gihe babona inzu zabo zatangiye kuzana imitutu.