Polisi y’u Rwanda yatangiye kugirana ibiganiro nyunguranabitekerezo n’abagura ibikoresho byakoreshejwe ndetse bakanabicuruza, ibikunze kwitwa ubucuruzi bwa ‘okaziyo’, mu rwego rwo kujya hafatwa ibiba byibwe.
Intumwa y’u Rwanda Ihoraho mu Muryango w’Abibumbye (UN), Valentine Rugwabiza, yavuze ko Leta y’u Rwanda ibabazwa no kuba hari ibihugu by’ibinyamuryango bitagaragaza ubushake bwo guta muri yombi abashinjwa Jenoside babihungiyemo mu myaka 27 ishize, agasaba Loni gushyiraho akayo.
Mu rwego rwo kurushaho kwicungira umutekano, abatuye mu Murenge wa Kamubuga, wo mu Karere ka Gakenke, bishatsemo ibisubizo bakusanya miliyoni ebyiri n’ibihumbi magana inani (2,800,000 FRW) bagurira DASSO ikorera muri uwo murenge moto nshya, bubakira n’ubukarabiro ibiro by’Umurenge.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze, baratangaza ko “Imihigo ya ba Mutima w’Urugo”, irimo gufasha kuzana impinduka mu midugudu kubera gushyigikira iterambere rirambye ry’abayituye.
Ku wa Kabiri tariki ya 8 Kamena 2021, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, yasuye abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), abashimira akazi keza bakora ariko anabibutsa gukomeza kwirinda Covid-19.
Umwanditsi w’ibitabo, Jean Nepo Ndahimana Ruhumuriza, avuga ko isambanywa ry’abana ari ishyano ritagira gihanura kandi bikwiye kubabaza buri munyarwanda wese, bityo agafata ingamba zigamije kurirandura.
Mu kiganiro ubyumva ute cyo ku wa Mbere tariki 07 Kamena 2021 kuri KT Radio, umukobwa wari umutumirwa muri icyo kiganiro, mu buhamya bwe yagaragaje inzira z’inzitane yanyuzemo aho umugabo wari umukozi mu bitaro yamusambanyije amutera inda ubwo yajyaga kwivuza, ibyari inzozi zo kuba umubikira bihinduka umuruho.
Mu ruzinduko Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille akomeje kugirira mu Mirenge inyuranye igize uturere tw’Intara y’Amajyaruguru, aributsa abavuga rikumvikana kuba intangarugero ku bo bayobora, banoza n’izindi nshingano zifasha abaturage kugana iterambere.
Abakozi b’Akarere ka Ruhango baratangaza ko kuganira kuri ‘Ndi Umunyarwanda’ bizagira uruhare mu kongera kububakamo ubumwe mu kazi kabo ka buri munsi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko ubucuruzi buciriritse bwambukiranya umupaka bwasubiye inyuma kubera icyorezo cya Covid-19, bukaba bumaze guhomba ku kigero cya 70%.
Abaturage bo mu Karere ka Muhanga bakoze mu bikorwa byo kubaka imihanda n’ibyumba by’amashuri ntibahembwe, baravuga ko kutabonera amafaranga yabo ku gihe byakomeye mu nkokora imihigo y’ingo bahize.
Niyomugabo Alphonse warumwe n’igitera mu mwaka wa 2019 yaravuwe arakira ndetse ubu ariga nk’abandi.
Abana biga mu ishuri rya Wisdom School babifashijwemo n’ubuyobozi bw’ishuri n’ababyeyi babo, bakusanyije amafaranga 1,356,600 FRW, bafasha abarwayi bakennye cyane bari mu bitaro bya Ruhengeri.
Madamu Mujawashema Candide, Umunyarwandakazi uba mu gihugu cy’u Bufaransa, yakusanyije Amafaranga y’u Rwanda miliyoni 76 binyuze mu muryango “Africa Jyambere” yashinze, yiyemeza kuza ku ivuko mu Murenge wa Ruli yubakira abaturage umuyoboro w’amazi ureshya na 9.5 Km.
Hari abaturage bo mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko mu myaka ine bamaze bahawe inka muri gahunda ya Girinka, bamaze kuva mu cyiciro cy’abakene cyane ubu bakaba bari mu cy’abifashije.
Abamotari bakomeje gusaba ubuyobozi bufite mu nshingano ibijyanye n’ubwishingizi bw’ibinyabiziga gukurikirana ikibazo cy’izamurwa ridasanzwe ry’ubwishingizi bwa moto, aho bemeza ko ari umwanzuro ukomeje kubagiraho ingaruka, bamwe bakaba batangiye kuva muri ako kazi.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) iratangaza ko imicungire y’umutungo n’abantu ikozwe kinyamwuga izatuma abanyerezaga bakanakoresha nabi ibya rubanda bakurikiranwa kandi bagacika ku mikorere itanoze.
Mu gitabo cy’umuhanuzi Amosi muri Bibiliya (Amosi 4:9) havuga ko ’gikongoro’ ari inzara iterwa no kurumbya imyaka cyangwa konerwa n’uburima. Akarere ka Nyamagabe kahoze ari Perefegitura ya Gikongoro, na ko kagiye kavugwamo inzara, bitewe n’ubutaka burumba kubera guhora butembanwa n’isuri.
Mu mbwirwaruhame z’abayobozi batandukanye mu Karere ka Musanze, usanga babwira abaturage ko Umujyi wabo ari uwa kabiri nyuma ya Kigali. Bamwe muri abo baturage na bo bemeza ibivugwa n’ubuyobozi bakaba basanga Umujyi wa Musanze, nta gushidikanya ari umujyi ukurikira Kigali mu iterambere.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) yakoze impinduka mu ngabo z’u Rwanda, hakaba harimo abazamuwe mu ntera ndetse bahabwa n’inshingano nshya.
Mu duce tunyuranye two hirya no hino mu gihugu cy’u Rwanda, hagenda humvikana amazina yibazwaho na benshi byumwihariko abatemberera muri utwo duce basanzwe batahatuye, abenshi bagasetswa n’ayo mazina ndetse bakagira n’amatsiko yo kumenya inkomoko yayo.
Abana n’abarezi mu Karere ka Kamonyi baravuga ko gahunda y’umukuru w’umudugudu mu ishuri yagaruye kandi yimakaza ubumwe bw’abanyeshuri, ikanagira uruhare mu kurwanya ikibazo cy’abana bata amashuri.
Umubikira Sr Solange Uwanyirigira, watangije gahunda yitwa ’Huye-Kundwa Kibondo’ muri 2017, ubu ni umwe mu basurwa n’abakozi b’utundi turere tw’Amajyepfo, aho baba baje kureba uko yarwanyije imirire mibi n’igwingira mu bana bato.
Inama Njyanama y’Akarere ka Ruhango yatangije icyumweru bise icy’umujyanama kigamije gusura ibyo abajyanama bateganyiriza abaturage kugira ngo harebwe aho bigeze bishyirwa mu bikorwa, hagendewe kuri gahunda z’icyerecyezo cy’imyaka irindwi.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Rurangwa Steven, avuga ko iyubakwa ry’umuhanda Ryabega-Nyagatare rizoroshya ubuhahirane ndetse n’ubwikorezi biteze imbere akarere binyuze mu bucuruzi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buratangaza ko imiryango 2504 imaze guhabwa ubutabazi bw’ibiribwa n’ibikoresho by’ibanze nyuma yo kwangirizwa n’imitingito.
Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Rubavu bukurikiranye abantu batandatu barimo n’Umuyobozi w’umudududu wa Nyarusozi, bakekwaho gukubita inkoni umuntu bamufashe avuye kwiba bikaza kumuviramo gupfa.
Ibitaro bya Gisenyi byongeye kwakira ababigana bose nyuma y’icyumweru byari byarimuriye serivisi ahandi kubera imitingito yakurikiye iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo, ikangiza inyubako z’ibyo bitaro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko ikibazo cy’imitingito yumvikanye muri ako Karere, kizatuma abakeneye kubakirwa biyongera.
Ku wa Gatatu tariki ya 02 Kamena 2021, Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Malawi, IGP Dr. George Hadrian Kainja, ari kumwe n’intumwa ayoboye, basuye ishuri rikuru rya Polisi (NPC) riherereye mu Karere ka Musanze, uwo muyobozi ashima amasomo ahatangirwa, aniyemeza kureba uko aba Ofisiye bo mu gihugu cye bazaza kwiga muri iryo shuri.